{"id":19285,"date":"2017-02-20T19:56:21","date_gmt":"2017-02-20T17:56:21","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=19285"},"modified":"2017-02-20T19:56:21","modified_gmt":"2017-02-20T17:56:21","slug":"ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/","title":{"rendered":"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e"},"content":{"rendered":"<p>Kwica no kunyereza abantu, bakaburirwa irengero, biramenyerewe mu butegetsi bwa FPR-Inkotanyi. Ibi si n\u2019umwihariko mushya kuko byatangiye kuva ubutegetsi bw\u2019aba bicanyi buhawe intebe mu Rwanda, muri nyakanga 1994. Kuva muri uwo mwaka, abantu benshi, baba abazwi n\u2019abatazwi, bagiye baburirwa irengero, abandi bakaza kuboneka ari imirambo. Izi mfu cyangwa ukuburirwa irengero, ubutegetsi bwakunze guhakana uruhare rwabwo, nyamara imiryango irengera uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu nta gihe itahwemye kwerekana ko akenshi ubutegetsi bw\u2019u Rwanda buba bubifitemo uruhare rukomeye.<\/p>\n<p>Iyi nkuru ntiri bugaruke ku murundo w\u2019abantu bagiye bahotorwa cyangwa banyerezwa n\u2019inzego z\u2019abicanyi b\u2019ubutegetsi buriho ubu mu Rwanda, kuko umubare w\u2019izi nzirakarengane ntawawurangiza. Icyo iyi nkuru iri bwibandeho ni urupfu rw\u2019agashinyaguro rwakorewe madamu Illumin\u00e9e Iragena, wakoraga ku bitaro by\u2019umwami Fai\u00e7al, akaza kuburirwa irengero. Amakuru yizewe ubu nandika, amakuru yaturutse mu nzego z\u2019abamuhotoye, akaba yemeza urupfu rwe rudasubirwaho.<\/p>\n<p>Madamu Illumin\u00e9e Iragenda yari umubyeyi w\u2019imyaka 41 y\u2019amavuko. Mu gitondo cyo ku wa 26 werurwe 2016, yabyutse nk\u2019abandi bakozi ba Leta, agiye ku kazi. Ntiyakagezeho kuko abicanyi b\u2019ubutegetsi bwa Kagame bamutegeye mu nzira, bamwirukankana mu ibagiro ryabo riri muri gereza ya Kami.<\/p>\n<p>Muri icyo cyumba cy\u2019urupfu, madamu Iragena yakimazemo amezi abiri yose, akorerwa iyicwarubozo n\u2019ibindi bikorwa bya mfurambi, bigayitse, birangwa mu batarigeze bahabwa umuco cyangwa ngo bagire aho bahurira n\u2019uburere bwa kimuntu. Nirinze kwerekana uko iryo yicarubozo ryari riteye, kuko byaba ari ukubyutsa agahinda n\u2019akababaro ku bagize umuryango wa nyakwigendera, akababaro bari batangiye kwibagirwa, nubwo kwibagirwa uwawe bidakunda koroha.<\/p>\n<p>Mu rwego rwo gushakisha irengero rya Illumin\u00e9e Iragena, hagati ya werurwe na mata muri uwo mwaka wa 2016, musaza wa Nyakwigendera yatanze ikirego kuri CID, asaba ko mushiki we yaboneka, cyangwa aho afungiwe hakamenyekana. Umugenzacyaha wa CID (mfitiye izina) yamwemereye ko Illumin\u00e9e ariho, ko atapfuye nk\u2019uko bikekwa, ko ahubwo afungiye i Kami. Uyu mugenzacyaha yahise anakora dosiye y\u2019ifatwa ndetse n\u2019iy\u2019ifungwa rye. Abicanyi bari biteguye kumuniga muri icyo gihe, bakibona ko aho uyu mubyeyi yari afungiwe hamenyekanye, barahamuvanye, bamujyana kuvurizwa mu bitaro bya Kanombe, aho yagejejwe ari intere.<\/p>\n<p>Agifata agatege, Illumin\u00e9e yaje kuvanwa muri ibyo bitaro ajyanwa ku mwicanyi mukuru w\u2019ubutegetsi, ahitwa kwa Gacinya, i Gikondo. Muri iryo bagiro rishya, riyobowe na ruvumwa (Gacinya Rugumya), Illumin\u00e9e yarimazemo amezi ane yose, mbere y\u2019uko yimurirwa muri imwe mu nzu zihishwamo abantu abicanyi ba Kagame baba biteguye kuniga burundu (Safe house). Kubera ko ntawe urenga umunsi we, taliki ya 25 nyakanga 2016, ni bwo abo bicanyi bamazemo umwuka Illumin\u00e9e Iragena, bamwishe urubozo, urw\u2019agashinyaguro. Imana imuhe iruhuko ridashira.<\/p>\n<p><strong>Yazize iki?<\/strong><\/p>\n<p>Ubwo madamu Victoire Ingabire yageraga mu Rwanda taliki ya 16 mutarama 2010, abayoboke b\u2019ishyaka rye (FDU-Inkingi) batangiye gukora ibishoboka byose kugirango bandikishe ishyaka. Mu bari ku isonga ry\u2019icyo gikorwa, harimo n\u2019umugabo wa Illumin\u00e9e Iragenda (Martin Ntavuka), wari umuyobozi wa FDU-Inkingi mu mugi wa Kigali. Uyu azwi cyane mu myigaragambyo yigeze kwitabira, imyigaragambyo yasabaga ko ishyaka FDU-Inkingi ryakwandikwa, rikemerwa nk\u2019ishyaka rya politiki mu Rwanda.<\/p>\n<p>Iyi myigaragambyo, yarimo na ma\u00eetre Bernard Ntaganda w\u2019ishyaka PS-Imberakuri, yaje kuviramo Martin Ntavuka gufungwa inshuro eshanu zose, arekuwe ahunga igihugu. Muri icyo gihugu cy\u2019ubuhungiro (ntashatse kuvuga izina), abicanyi ba Kagame ntibashizwe kuko bakimukurikiyemo, baramwiba, akizwa n\u2019inzego zacyo z\u2019umutekano, ubwo yari hafi gusubizwa mu Rwanda ku ngufu. Ibi byabaye ku italiki ya 16 mutarama 2016. Nyuma y\u2019amezi abiri gusa, ku wa 26 werurwe, ni bwo n\u2019umugore we (Illumin\u00e9e Iragena) yashimuswe, aburirwa irengero, kugeza yishwe.<\/p>\n<p>Intandaro y\u2019iburirwa rengero rya Illumin\u00e9e Iragena ryaje na none gutizwa umurindi n\u2019igitabo cyanditswe na madamu Victoire Ingabire, igitabo yavugagamo ubuzima bwe bwose, n\u2019ubwo muri gereza ubutegetsi bwa Kagame bwamujugumyemo, muri iki gihe.<\/p>\n<p>Ku wa 26 werurwe 2016, ni bwo icyo gitabo cya Ingabire cyafatanywe uwitwa Gasengayire, ubwo yari agemuriye Ingabire muri gereza ya Kigali, aho agifungiwe. Indi ntandaro y\u2019iyicwa rya Illumin\u00e9e ni uko icyo gitabo cyari cyanditseho izina rya Illumin\u00e9e, bivuze ko ari we cyari cyagenewe. Birasanzwe ko umwanditsi atanga impano y\u2019igitabo cye, akandika izina ry\u2019uwo akigeneye, ibi mu rwego rwo gushimira uwakigenewe cyangwa kumumenyesha ibyanditswe mu gitabo iki n\u2019iki. Uguhabwa nk\u2019impano y\u2019icyo gitabo, umuntu akaba yakwibaza niba ari byo byagombaga kuba intandaro zo kuvutsa ubuzima nyakwigendera.<\/p>\n<p>Nk\u2019uko byavuzwe haruguru, kuri iyo taliki ni bwo madamu Illumin\u00e9e Iragena yaburiwe irengero. \u00abInterrogatoire serr\u00e9\u00bb yakorewe guhera uwo munsi, yari yerekeranye n\u2019icyo gitabo. Yabazwaga impamvu icyo gitabo cyari cyanditsemo izina rye, hakoreshejwe ikaramu; ngo kuki yari yarakigenewe; ngo yaba yari afitanye ubucuti bungana iki na madamu Ingabire; ngo niba yaba yarafashije Ingabire mu kwandika icyo gitabo, n\u2019ibindi bibazo by\u2019ubugoryi, mu by\u2019ukuri bitakagombye kuvutsa ubuzima uyu mubyeyi.<\/p>\n<p>Nibutse ko uyu mukobwa Gasengayire, wari wafatanywe icyo gitabo, na we ubu agifunzwe n\u2019inzego ziyise iz\u2019umutekano. Izi nzego, zitirirwa kurinda umutekano w\u2019abanyagihugu, byagaragaye ko, nyuma y\u2019imyaka 23 zigiyeho, icyo zishinzwe mu by\u2019ukuri ari ukuwuhungabanya.<\/p>\n<p><strong>Bakeneye ubufasha no kurindwa<\/strong><\/p>\n<p>Nk\u2019uko nabivuze hejuru na none, madame Illumin\u00e9 Iragena yaje kwicwa urubozo taliki ya 25 nyakanga 2016. Imfubyi ze uko ari enye (4), ubutegetsi bw\u2019agahotoro, buyobowe n\u2019uwitwa Paul Kagame, bwarazimenesheje, ndetse n\u2019umugabo we aba bicanyi baracyamuhigisha uruhindu aho abihishe, ku buryo n\u2019uyu munsi wakumva bamuciye umutwe. Kuri ibyo, we n\u2019abana be, bakaba bakeneye ubufasha no kurindwa, ku buryo buhagije.<\/p>\n<p>Urupfu rwa Illumin\u00e9e Iragena ntaho rutandukaniye n\u2019izindi mfu zishingiye ku mpamvu za politiki y\u2019abicanyi b\u2019ubu n\u2019ab\u2019ejo hazaza. Kubera izo mpamvu, abo madamu Iragenda yasize (abana bane n\u2019umugabo) bakwiye gufashwa, bagashakirwa ubundi bwihisho bwizewe, aho abicanyi (muri kamere yabo), batababona ku buryo bworoshye.<\/p>\n<p>Iyi ntabaza ni nde ireba? Ni twese. Yaba ishyaka FDU Martin Ntavuka yarimo, akirimo, ishyaka ryatumye ahunga igihugu cye, rigatuma n\u2019umugore we yicwa. Iyi ntabaza ntireba FDU gusa; irareba n\u2019andi mashyaka avuga ko aharanira impinduka mu miyoborere y\u2019u Rwanda rushya. Ni intabaza ireba twese, abari muri ayo mashyaka n\u2019abatayarimo, barwanira ukuri n\u2019impinduka mu gihugu cyacu.<\/p>\n<p>Kugera kuri ibi bisabwa, nta gikomeye kirimo: ni ukutaryama ngo tugone, twibeshya ko ngo twageze iyo tujya, iyo bweze. Ugukoresha imbaraga zose dufite, tugashakira uburyo n\u2019ubwihisho abo nyakwigendera yasize, bikwiye kutubuza gusinzira, n\u2019ubwo ngo umusonga w\u2019undi ntawe ubuza gusinzira.<\/p>\n<p>Iyi ntabaza ntinareba gusa Martin Ntavuka n\u2019abana be bane. Irareba n\u2019abandi benshi Leta y\u2019abicanyi yagize incike, abapfakazi n\u2019inkehwe. Aba bose bakwiye gufashwa mbere y\u2019uko abahamagarirwa gufasha birukanka mu byuka by\u2019amashyaka, abayahagarariye \u00a0mu by\u2019ukuri bakaba basa n\u2019aho baba barwanira inyungu zo kugera ku butegetsi batarushye, nyamara ababafashije kubufata bakiyicira isazi mu jisho.<\/p>\n<p>Uyu muco wa wa mwana w\u2019ingayi, wo kwikunda no kurwanira inyungu zacu bwite, ukaba ukwiye gucika burundu muri \u00absoci\u00e9t\u00e9\u00bb nyarwanda dusangiye twese. Ishyaka ntiryabaho ritagira abarigize; aba bantu bose uko bakabaye, bakaba bagomba kuba \u00abresponsables\u00bb, b\u2019imiryango ayo mashyaka yagize ibitambo, imfubyi n\u2019incike.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-thumbnail wp-image-13581\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/05\/nkuliza-150x150.jpg\" alt=\"\" width=\"150\" height=\"150\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/05\/nkuliza-150x150.jpg 150w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/05\/nkuliza-300x300.jpg 300w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/05\/nkuliza-696x696.jpg 696w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/05\/nkuliza-420x420.jpg 420w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/05\/nkuliza-20x20.jpg 20w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/05\/nkuliza.jpg 747w\" sizes=\"auto, (max-width: 150px) 100vw, 150px\" \/><\/p>\n<p>Amiel Nkuliza, Sweden.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kwica no kunyereza abantu, bakaburirwa irengero, biramenyerewe mu butegetsi bwa FPR-Inkotanyi. Ibi si n\u2019umwihariko mushya kuko byatangiye kuva ubutegetsi bw\u2019aba bicanyi buhawe intebe mu Rwanda, muri nyakanga 1994. Kuva muri uwo mwaka, abantu benshi, baba abazwi n\u2019abatazwi, bagiye baburirwa irengero, abandi bakaza kuboneka ari imirambo. Izi mfu cyangwa ukuburirwa irengero, ubutegetsi bwakunze guhakana uruhare rwabwo, [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":16007,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[78],"tags":[],"class_list":["post-19285","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ibitekerezo"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Kwica no kunyereza abantu, bakaburirwa irengero, biramenyerewe mu butegetsi bwa FPR-Inkotanyi. Ibi si n\u2019umwihariko mushya kuko byatangiye kuva ubutegetsi bw\u2019aba bicanyi buhawe intebe mu Rwanda, muri nyakanga 1994. Kuva muri uwo mwaka, abantu benshi, baba abazwi n\u2019abatazwi, bagiye baburirwa irengero, abandi bakaza kuboneka ari imirambo. Izi mfu cyangwa ukuburirwa irengero, ubutegetsi bwakunze guhakana uruhare rwabwo, [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-02-20T17:56:21+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/10\/Iragena.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"585\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"780\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"6 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e\",\"datePublished\":\"2017-02-20T17:56:21+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/\"},\"wordCount\":1139,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2016\\\/10\\\/Iragena.jpg\",\"articleSection\":[\"Ibitekerezo\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/\",\"name\":\"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2016\\\/10\\\/Iragena.jpg\",\"datePublished\":\"2017-02-20T17:56:21+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2016\\\/10\\\/Iragena.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2016\\\/10\\\/Iragena.jpg\",\"width\":585,\"height\":780,\"caption\":\"llumin\u00e9e Iragena waburiwe irengero\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e - Umunyarwanda","og_description":"Kwica no kunyereza abantu, bakaburirwa irengero, biramenyerewe mu butegetsi bwa FPR-Inkotanyi. Ibi si n\u2019umwihariko mushya kuko byatangiye kuva ubutegetsi bw\u2019aba bicanyi buhawe intebe mu Rwanda, muri nyakanga 1994. Kuva muri uwo mwaka, abantu benshi, baba abazwi n\u2019abatazwi, bagiye baburirwa irengero, abandi bakaza kuboneka ari imirambo. Izi mfu cyangwa ukuburirwa irengero, ubutegetsi bwakunze guhakana uruhare rwabwo, [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2017-02-20T17:56:21+00:00","og_image":[{"width":585,"height":780,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/10\/Iragena.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"6 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e","datePublished":"2017-02-20T17:56:21+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/"},"wordCount":1139,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/10\/Iragena.jpg","articleSection":["Ibitekerezo"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/","name":"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/10\/Iragena.jpg","datePublished":"2017-02-20T17:56:21+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/10\/Iragena.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/10\/Iragena.jpg","width":585,"height":780,"caption":"llumin\u00e9e Iragena waburiwe irengero"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihe-turimo-ukuri-kose-ku-iyicwarubozo-rya-madamu-iragena-illuminee\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ibihe turimo: Ukuri kose ku iyicwarubozo rya madamu Iragena Illumin\u00e9e"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19285","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=19285"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19285\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":19286,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/19285\/revisions\/19286"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/16007"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=19285"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=19285"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=19285"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}