{"id":21546,"date":"2017-08-16T13:12:27","date_gmt":"2017-08-16T11:12:27","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=21546"},"modified":"2017-08-16T13:12:27","modified_gmt":"2017-08-16T11:12:27","slug":"ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/","title":{"rendered":"Ibyo batwambura barabyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore n\u2019urubyaro."},"content":{"rendered":"<p>Marato y\u2019abazunguzayi bahunga abashinzwe umutekano irakomeje mu bice bitandukanye by\u2019Umujyi wa Kigali, ari na ko hibazwa ibiribwa n\u2019imyenda bamburwa aho bijya.<\/p>\n<p>Dasso, irondo ry\u2019isuku na polisi bakomeje ibikorwa byabo bimaze imyaka byo gushakisha abazunguzayi, aho bo n\u2019abaguzi babo ufashwe acibwa amande y\u2019ibihumbi 10.<\/p>\n<p>Aya mande ariko asa n\u2019atabakanga. Yego hari bamwe bacitse intege bajya gushaka ibindi bakora, ariko hari n\u2019abagishikamye mu buzunguzayi, bafungwa, bafungurwa bakabukomeza.<\/p>\n<p>Bavuga ko ibyo bamburwa n\u2019abashinzwe kubakura mu muhanda babyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore babo n\u2019urubyaro rwabo.<\/p>\n<p>Uwase Fatuma ati \u201cBuracya ibyacu ugasanga barabyambaye kandi byitwa ngo babijyana muri polisi, tukabona abayobozi badufata ku muhanda batwambariye imyenda, amasogisi!\u201d<\/p>\n<p>Mu babafata ngo harimo na \u201cDasso zitambaye (imyambaro y\u2019akazi), hakaza n\u2019inkeragutabara, hakaza n\u2019abajura n\u2019abo batoraguye mu muhanda bose bakaza bakadufata\u201d<\/p>\n<p>Iyo uganira n\u2019aba bazunguzayi imitima yabo ntabwo iba iri mu gitereko kuko bazi ko ubucuruzi bwabo butemewe n\u2019amategeko. Muvugana akebaguza, areba ko ntawe uje kumucakira.<\/p>\n<p>Ubwo navuganaga na Fatuma, yancitse igitaraganya. \u201cDore uwo nta kindi kimuzanye, ubwo aje kumfata, \u201daya magambo yayavuze agenda, anyereka umugabo wambaye imyenda ya gisivili.<\/p>\n<p>Umugabo koko yamukurikiye, inyuma ye hahita haza pandagari irimo abandi bantu bafashwe.<\/p>\n<p>Undi muzunguzayi wari wihishe yabonye pandagari itambutse araza arambwira ati \u201cBasigaye baduteza n\u2019ibisambo, ukaba usanzwe umuzi hano ari umujura akaza akagufata.\u201d<\/p>\n<p>Ufashwe azunguza acibwa amande y\u2019ibihumbi 10, ariko abenshi ngo ntibayatanga, ahubwo banyura mu nzira y\u2019ubusamo, bagaha ka bitugukwaha abashinzwe kubajyana aho bafungirwa.<\/p>\n<p>\u201cAbenshi umuha nka bibiri (ibihumbi) akakurekura, iyo utayamuhaye akujyana kuri poste ya polisi ukahava utanze ibihumbi 10, wabibura bakakujyana i Gikondo.\u201d<\/p>\n<p>I Gikondo Asouma Nyiranizeyimana avuga, ni mu Kigo cy\u2019Umujyi wa Kigali, ahagororerwa inzererezi, abanywa ibiyobyabwenge n\u2019abazunguzayi bananiwe kwishyura amande.<\/p>\n<p>Ibyo gucibwa amande no gufungwa byo ariko abenshi basa n\u2019ababimenyereye. Icyo bacyibaza ni ukumenya niba ababafata bemerewe kubambarira imyenda no kubarira imbuto.<\/p>\n<p>Angelina twasanze acuruza amasogisi hamwe n\u2019Isoko rya Nyarugenge ati \u201cArabitwara ejo mugahura abyambaye. Akwaka imbuto agashyira umugore we agateka.\u201d<\/p>\n<p>Ibi bishimangirwa na Nyiranizeyimana ukomoka mu Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge uvuga ko amaze imyaka 19 akora ubuzunguzayi. Ngo amaze gufungwa inshuro atazi umubare.<\/p>\n<p>Ati \u201cNyine baragufunga ukishyura ibihumbi 10, ariko n\u2019iyo wishyuye ntabwo babigusubiza. Nta munsi batatwambura, nta na kimwe bagarura.\u201d<\/p>\n<p>Yunzemo ati \u201cIyo bagufashe barakujyana, ibintu bisigara muri pandagari ukajya gufungwa, ntaho wongera guhurira na byo, wongera guhura n\u2019uwabitwaye abyambaye muri karitsiye.\u201d<\/p>\n<figure id=\"attachment_60770\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-60770\" src=\"https:\/\/i0.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-abazunguzayi.jpg?resize=800%2C533\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" srcset=\"https:\/\/i0.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-abazunguzayi.jpg?w=800 800w, https:\/\/i0.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-abazunguzayi.jpg?resize=300%2C200 300w\" alt=\"\" width=\"697\" height=\"464\" data-attachment-id=\"60770\" data-permalink=\"http:\/\/izubarirashe.rw\/2017\/08\/ibyakwa-abazunguzayi-bijya-he-ese-koko-abadasso-barabirya-ibindi-bakabyambara\/dasso-abazunguzayi\/\" data-orig-file=\"https:\/\/i0.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-abazunguzayi.jpg?fit=800%2C533\" data-orig-size=\"800,533\" data-comments-opened=\"1\" data-image-meta=\"{&quot;aperture&quot;:&quot;4&quot;,&quot;credit&quot;:&quot;LUQMAN  MAHORO PHOTOGRAPHY&quot;,&quot;camera&quot;:&quot;Canon EOS 700D&quot;,&quot;caption&quot;:&quot;&quot;,&quot;created_timestamp&quot;:&quot;1491394454&quot;,&quot;copyright&quot;:&quot;LUQMAN MAHORO PHOTPGRAPHY&quot;,&quot;focal_length&quot;:&quot;23&quot;,&quot;iso&quot;:&quot;3200&quot;,&quot;shutter_speed&quot;:&quot;0.00025&quot;,&quot;title&quot;:&quot;&quot;,&quot;orientation&quot;:&quot;1&quot;}\" data-image-title=\"dasso abazunguzayi\" data-image-description=\"\" data-medium-file=\"https:\/\/i0.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-abazunguzayi.jpg?fit=300%2C200\" data-large-file=\"https:\/\/i0.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-abazunguzayi.jpg?fit=800%2C533\" \/><figcaption class=\"wp-caption-text\">Abadasso nyuma yo gucakira uwo basanze agurira abazunguzayi (Ifoto\/Igihe<\/figcaption><\/figure>\n<p><strong>Ubuyobozi bw\u2019akarere burabitera utwatsi<\/strong><\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019Akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, ntiyiyumvisha ukuntu ushinzwe guca abazunguzayi yahindukira ngo arye cyangwa yambare ibyo yabafatanye.<\/p>\n<p>Avuga ko abashinzwe gufata abazunguzayi bahabwa amahugurwa menshi y\u2019imyitwarire iboneye mbere yo gutangira akazi no mu gihe bari mu kazi, akavuga ko ubunyamwuga bwabo buhanitse.<\/p>\n<p>Mu kiganiro yahaye Izubarirashe.rw, yatangiye asobanura ko ibyamburwa abazunguzayi bo muri Nyarugenge byose bijyanwa mu bubiko butatu buto bwa Rwampara, mu Mujyi na kimisagara.<\/p>\n<p>Iyo bibaye byinshi nimugoroba ngo byimurirwa mu bubiko bunini buherereye mu Murenge wa Mageragere, bikahagera biherekejwe n\u2019inzego zishinzwe umutekano ku buryo bigerayo byose.<\/p>\n<p>Akomeza agira ati \u201cIbibora rero nk\u2019imbuto, imboga, turabimena, ibyo kuvuga ko Abadasso baba babitwara, navuga ko twashyizeho uburyo bwo kubikurikirana.\u201d<\/p>\n<p>\u201cImyenda kuvuga ngo yahura n\u2019umuntu ejo awambaye, na byo navuga ko atari byo kuko imyenda irasa, nshobora kuba mfite imyenda y\u2019ubururu nawe uyifite.\u201d<\/p>\n<p>Kuri Nzaramba, haramutse hari Umudasso wakoze ayo makosa yaba ari nka wa mukobwa uba umwe yakora ibara agatukisha bose. Ati \u201cuwo nitumumenya tuzamuhana ku giti cye.\u201d<\/p>\n<p>Hanyuma iyo myenda ijyanwa mu bubiko bugari bwa Mageragere igomba kuguma mu bubiko cyangwa hari ikindi iteganyirizwa? Nzaramba avuga ko ikurwamo iyo bibaye ngombwa.<\/p>\n<p>Ati \u201cTubikuramo tukabigabanya ababikeneye, iyo habaye nk\u2019igikorwa runaka gisaba kwifashisha ibyo bintu, turabitwara ababitwaye bakabisinyira.\u201d<\/p>\n<p>Asabwe gutanga ingero z\u2019ibikorwa bisaba kwiyambaza imyenda yatswe abazunguzayi, uyu muyobozi yirinze gutanga ingero, gusa avuga ko iyo myambaro idapfushwa ubusa.<\/p>\n<p>Abajijwe niba byaba bihabwa nk\u2019abakene cyangwa nk\u2019abana baba mu bigo by\u2019imfubyi bitarafungwa, uyu muyobozi yirinze kubihakana cyangwa ngo abyemeze, ati \u201cDufite ibikorwa byinshi tubijyanamo, bitewe n\u2019abantu babidusabye, rwose hari ibikorwa byinshi.\u201d<\/p>\n<p>Uwabona umuzunguzayi afashwe n\u2019umuntu utambaye imyenda y\u2019abashinzwe umutekano, ashobora gukeka ko yambaye imyenda isanzwe kugira ngo batamutahura bakiruka.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019Akarere ka Nyarugenge ariko yabwiye umunyamakuru ko ibyo kuba abazunguzayi bafatwa n\u2019abantu batampaye imyenda y\u2019akazi ari bwo abyumvise.<\/p>\n<p>Yunzemo ati \u201cNtabwo twebwe rwose dufata abasivili kugira ngo bajye gufata abazunguzayi, hari irondo ry\u2019isuku, n\u2019Abadasso, ni izo nzego ebyiri dufatikanya na zo ngo duce akajagari.\u201d<\/p>\n<p>Ashimangira ko ufata abazunguzayi agomba kuba yambaye impuzankano nk\u2019uko umusirikari uri mu kazi aba yambaye imyenda ya gisirikari ngo bamutandukanye na rubanda.<\/p>\n<p>Ati \u201cUtambaye impuzankano ntabwo yemerewe gufata abazunguzayi, n\u2019aho bizagaragara uwo muntu tuzamufata ku giti cye, nta n\u2019ubwo tuzamukurikirana nk\u2019urwego.\u201d<\/p>\n<p>Ikibazo cy\u2019abazunguzayi kimaze imyaka myinshi kitarangira burundu. Meya Nzaramba avuga ko guca abazunguzayi ari urugamba rukomeza, kandi ko ubuyobozi butazadohoka.<\/p>\n<p>Yishimira umusaruro urwo rugamba rugenda rutanga, agashima abemeye kuva mu bucuruzi bwo ku muhanda bakayoboka amasoko bubakiwe n\u2019ubuyobozi.<\/p>\n<p>Umwaka ushize abazunguzayi bubakiwe amasoko 12 mu Mujyi wa Kigali, bakayakoreramo batishyura amazi n\u2019umuriro ndetse batanakodesheje ibibanza mu gihe cy\u2019umwaka wose.<\/p>\n<p>Meya Nzaramba avuga ko bitumvikana ukuntu Leta yakwemera gutanga amafaranga ibihumbi 200 ku muzunguzayi umwe, ariko ugasanga bamwe baragaruka ku muhanda.<\/p>\n<p>Abavuye muri ayo masoko ku ruhande rwabo, bamwe bavuga ko ayo masoko yubatswe ahantu hatari abakiliya, abandi bakavuga ko gucururiza mu isoko bisaba ibishoro binini badafite.<\/p>\n<figure id=\"attachment_60777\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-60777\" src=\"https:\/\/i2.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-n.jpg?resize=1000%2C667\" sizes=\"auto, (max-width: 1000px) 100vw, 1000px\" srcset=\"https:\/\/i2.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-n.jpg?w=1000 1000w, https:\/\/i2.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-n.jpg?resize=300%2C200 300w\" alt=\"\" width=\"697\" height=\"465\" data-attachment-id=\"60777\" data-permalink=\"http:\/\/izubarirashe.rw\/2017\/08\/ibyakwa-abazunguzayi-bijya-he-ese-koko-abadasso-barabirya-ibindi-bakabyambara\/dasso-n\/\" data-orig-file=\"https:\/\/i2.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-n.jpg?fit=1000%2C667\" data-orig-size=\"1000,667\" data-comments-opened=\"1\" data-image-meta=\"{&quot;aperture&quot;:&quot;0&quot;,&quot;credit&quot;:&quot;&quot;,&quot;camera&quot;:&quot;&quot;,&quot;caption&quot;:&quot;&quot;,&quot;created_timestamp&quot;:&quot;0&quot;,&quot;copyright&quot;:&quot;&quot;,&quot;focal_length&quot;:&quot;0&quot;,&quot;iso&quot;:&quot;0&quot;,&quot;shutter_speed&quot;:&quot;0&quot;,&quot;title&quot;:&quot;&quot;,&quot;orientation&quot;:&quot;0&quot;}\" data-image-title=\"dasso n\u2019\" data-image-description=\"\" data-medium-file=\"https:\/\/i2.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-n.jpg?fit=300%2C200\" data-large-file=\"https:\/\/i2.wp.com\/izubarirashe.rw\/wp-content\/uploads\/2017\/08\/dasso-n.jpg?fit=1000%2C667\" \/><figcaption class=\"wp-caption-text\">Dasso ziba zambaye imyenda y\u2019icyatsi kibisi mu gihe abashinzwe irondo ry\u2019isuku bambara ubururu. Aha uturage ntiyumvikanaga na DASSO yamushinjaga ko yaguriraga abazunguzayi (Ifoto\/Igihe)<\/figcaption><\/figure>\n<p>Mu cyumweru gishize habaye imirwano hagati y\u2019abazunguzayi n\u2019abashinzwe irondo ry\u2019isuku bafatanyije n\u2019Abadasso muri Gare ya Nyabugogo.<\/p>\n<p>Iyo mirwano yakomerekeyemo abashinzwe irondo ry\u2019isuku batatu, nk\u2019uko ubuyobozi bw\u2019Akarere ka Nyarugenge bubyemeza.<\/p>\n<p>Source: izuba Rirashe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Marato y\u2019abazunguzayi bahunga abashinzwe umutekano irakomeje mu bice bitandukanye by\u2019Umujyi wa Kigali, ari na ko hibazwa ibiribwa n\u2019imyenda bamburwa aho bijya. Dasso, irondo ry\u2019isuku na polisi bakomeje ibikorwa byabo bimaze imyaka byo gushakisha abazunguzayi, aho bo n\u2019abaguzi babo ufashwe acibwa amande y\u2019ibihumbi 10. Aya mande ariko asa n\u2019atabakanga. Yego hari bamwe bacitse intege bajya gushaka [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":21547,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[36],"tags":[],"class_list":["post-21546","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-umuturage"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Ibyo batwambura barabyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore n\u2019urubyaro. - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ibyo batwambura barabyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore n\u2019urubyaro. - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Marato y\u2019abazunguzayi bahunga abashinzwe umutekano irakomeje mu bice bitandukanye by\u2019Umujyi wa Kigali, ari na ko hibazwa ibiribwa n\u2019imyenda bamburwa aho bijya. Dasso, irondo ry\u2019isuku na polisi bakomeje ibikorwa byabo bimaze imyaka byo gushakisha abazunguzayi, aho bo n\u2019abaguzi babo ufashwe acibwa amande y\u2019ibihumbi 10. Aya mande ariko asa n\u2019atabakanga. Yego hari bamwe bacitse intege bajya gushaka [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2017-08-16T11:12:27+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/08\/abazunguzayi.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"800\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"533\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/\",\"name\":\"Ibyo batwambura barabyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore n\u2019urubyaro. - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/08\/abazunguzayi.jpg\",\"datePublished\":\"2017-08-16T11:12:27+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/08\/abazunguzayi.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/08\/abazunguzayi.jpg\",\"width\":800,\"height\":533,\"caption\":\"DASSO yuriza imodoka bamwe mu bafatiwe mu bucuruzi bwo mu muhanda\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ibyo batwambura barabyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore n\u2019urubyaro.\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ibyo batwambura barabyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore n\u2019urubyaro. - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ibyo batwambura barabyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore n\u2019urubyaro. - Umunyarwanda","og_description":"Marato y\u2019abazunguzayi bahunga abashinzwe umutekano irakomeje mu bice bitandukanye by\u2019Umujyi wa Kigali, ari na ko hibazwa ibiribwa n\u2019imyenda bamburwa aho bijya. Dasso, irondo ry\u2019isuku na polisi bakomeje ibikorwa byabo bimaze imyaka byo gushakisha abazunguzayi, aho bo n\u2019abaguzi babo ufashwe acibwa amande y\u2019ibihumbi 10. Aya mande ariko asa n\u2019atabakanga. Yego hari bamwe bacitse intege bajya gushaka [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2017-08-16T11:12:27+00:00","og_image":[{"width":800,"height":533,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/08\/abazunguzayi.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/","name":"Ibyo batwambura barabyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore n\u2019urubyaro. - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/08\/abazunguzayi.jpg","datePublished":"2017-08-16T11:12:27+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/08\/abazunguzayi.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2017\/08\/abazunguzayi.jpg","width":800,"height":533,"caption":"DASSO yuriza imodoka bamwe mu bafatiwe mu bucuruzi bwo mu muhanda"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibyo-batwambura-barabyitwarira-ibiribwa-bakabirya-imyambaro-bakayambara-bo-nabagore-nurubyaro\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ibyo batwambura barabyitwarira, ibiribwa bakabirya, imyambaro bakayambara bo n\u2019abagore n\u2019urubyaro."}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/21546","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=21546"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/21546\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":21548,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/21546\/revisions\/21548"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/21547"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=21546"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=21546"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=21546"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}