{"id":2502,"date":"2012-11-07T12:33:15","date_gmt":"2012-11-07T10:33:15","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=2502"},"modified":"2012-11-07T15:26:22","modified_gmt":"2012-11-07T13:26:22","slug":"obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/","title":{"rendered":"Obama yongerewe indi myaka ine yo kuyobora Amerika: ese hitezwe iki mu karere k\u2019Ibiyaga bigali?"},"content":{"rendered":"<p>Obama yongeye guhabwa andi mahirwe yo kuyobora igihugu cy\u2019igihangange cya Let zunze Ubumwe z\u2019Amerika aho atsinze Romney wakomeje kumurya isataburenge ariko abanyamerika baciye urubanza nta yandi mahitamo Romney afite niyikomereze ubuyobozi bw\u2019intara nk\u2019uko byagendekeye McCain kuri manda ishize.<!--more--><\/p>\n<p>Nyamara ariko Obama n\u2019ubwo asa n\u2019ufite amayeri adasanzwe atsindiraho ku munota wa nyuma ari nabyo bitungura benshi hari n\u2019isomo yaboneye muri uku kwiyamamaza kuko kugeza ku munsi w\u2019amatora nta mahirwe afatika yagaragazaga. Gusa harakabaho demokarasi kuko ikemura impaka ubuzima bugakomeza ntawe uryamiwe. Romney avuze ko yaryamiwe yaba abeshye kuko buriya kariya karusho Obama agize ni ukumwereka ko hari ibyo abanyamerika bemerera Obama ariko kandi na we yabonye ko banamubwiye ko hari ibyo atarangije yari yarabemereye.<\/p>\n<p>Icyo umuntu yavuga muri rusange ni uko Obama yagerageje mu by\u2019ukuri ntawe utibuka induru zari muri Amerika igihe yafataga ubutegetsi ndetse nta n\u2019uwakwirengagiza ko ibintu byari bigeze iwa ndabaga. Obama bigaragara ko nta kundi yari kubigenza kuko igihugu cyari kimaze kuba akavuyo bikaba ari nabyo byatumye abanyamerika bamutora ngo abazahure kandi koko uwavuga ko iyo ibintu bikomeza uko byari bimeze ubu Amerika yashoboraga no kuba yakamo umuriro n\u2019ubwo ibibazo by\u2019ubukungu byakomeje kuba ingorabahizi.<\/p>\n<p>Nyamara nanone Obama akomeza kugenda ahura n\u2019ibibazo byerekeranye na politiki y\u2019Amerika mu rwego mpuzamahanga aho iki gihugu kigaragara nk\u2019igihangange kigenda gihura n\u2019ibibazo cyane cyane by\u2019intambara n\u2019umutekano mucye bigenda bitutumba hirya no hino ku isi. By\u2019umwihariko mu karere k\u2019ibiyaga bigali by\u2019Afrika gahoramo umutekano mucye ariko uwanavuga ko Obama yabisanze ari uko bimeze ntiyaba abeshye, gusa wenda icyo umuntu yakwibaza ni igikorwa kugirango ibi bibazo birangizwe burundu. Cyakora nanone ntawarenganya cyane uyu mugabo kuko nibura si we watangije ibi bibazo kandi na bene byo usanga badashaka kubikemura nkanswe umuyobozi w\u2019ikindi gihugu.<\/p>\n<p>Icyo umuntu yamugayira ni ukudafatira ibyemezo bihamye ba nyirabayazana b\u2019ibyo bibazo ariko nanone ntawakwirengagiza ko bamwe muri bo bicaranye ku ntebe y\u2019ubutegetsi kandi banamutiza imbaraga kugirango abe yicaye muri iyo ntebe. Amahitamo ye ashobora kuba amugoye ariko birashoboka ko noneho ibintu bishobora guhinduka kandi ku buryo bwihuse kuko Obama ntazategeka manda ya gatatu bikazatuma wenda yirekura agafata ibyemezo atitaye kubo bicaranye ku ntebe.<\/p>\n<p><strong>Ese hari ibimenyetso byatuma umuntu yibaza ko Obama azita koko ku bibazo byo mu karere k\u2019ibiyaga bigali?<\/strong><\/p>\n<p>Nk\u2019uko byakunze kuvugwa na benshi, ibibazo bigaragara mu karere k\u2019ibiyaga bigali by\u2019Afrika bikomoka cyane cyane kuri Kagame ari we uhabwa uruhare runini mu guteza umutekano mucye muri ako karere. Urugero ni intambara ivugwa ubu mu burasirasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aho bivugwa ko afasha inyeshyamba za M23 ziregwa ibyaha by\u2019intambara n\u2019ibyaha byibasira inyokomuntu birimo kwica, gufata abagore n\u2019abakobwa ku ngufu, gushyira abana bato mu gisirikari n\u2019ibindi. Kagame anavugwa kuba yarafashije indi mitwe myinshi yabayeho muri kariya karere kazahajwe n\u2019intambara n\u2019ubwicanyi bukaze bwanahitanye za miliyoni z\u2019abagatuye.<\/p>\n<p>Mu nama y\u2019umuryango w\u2019abibumbye iherutse, ikibazo cya Kongo cyari ku murongo w\u2019ibyigwa ndetse cyanahamagaje inama yihariye ku bihugu by\u2019ibihangange bigera kuri 30 abayobozi babyo bicaye ngo batorere umuti icyo kibazo. Kagame na we yari ayirimo nk\u2019urebwa n\u2019ikibazo ariko ntiyayirangije kuko yananiwe kwihanganira ibyahavugirwaga cyane cyane ko ari we byerekezagaho maze arasohoka arahunga ndetse yanatumiwe muri perezidansi y\u2019Amerika yanga kujyayo ngo afite akazi kenshi nyamara yari yatinye gukururwa amatwi n\u2019uyu muperezida mu by\u2019ukuri wakomeje kumugoragoza. Ibi byagaragarije benshi ko atiteguye gutanga umuti w\u2019ikibazo n\u2019ubwo ngo yari yizeye ko ngo azasubira muri perezidansi y\u2019Amerika mu minsi iri imbere kuko ngo yari yizeye ko Obama azatsindwa amatora none ubanza asubije amerwe mu isaho. Mbere y\u2019aho gato abayobozi b\u2019Amerika bari batangaje ko icyo gihugu gifite ibimenyetso birenze kure ibyatanzwe na raporo y\u2019akanama k\u2019impuguke za Loni ku ruhare rwa Kagame mu guteza akaduruvayo muri Kongo ndetse banavuga ko abategetsi bakuru b\u2019u Rwanda bashobora gukurikiranwa n\u2019urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa La Haye. Nyuma y\u2019aho raporo y\u2019inama y\u2019umuryango w\u2019abibumbye ushinzwe amahoro ku isi isohokeye, akanama ka Loni gashinzwe gutanga ibihano kasabye ibihugu bigize ako kanama gukora urutonde rw\u2019abagomba gufatirwa ibyo bihano. Obama na we yatangaje mu minsi ya vuba ko agiye guhana yihanukiriye ba nyirabayazana ba kariya kavuyo ko muri Kongo.<\/p>\n<p>N\u2019ubwo wenda ibintu bishobora gutinda ugereranije n\u2019uburemere bw\u2019ikibazo ariko uwavuga ko Kagame nta mahirwe afite yo gukomeza gahunda ze muri aka karere ntiyaba yibeshye cyane. Cyane cyane ko hari n\u2019ibyo yagiye atangarizwa na bamwe mu bategetsi bakomye b\u2019Amerika ku bijyanye ba demokarasi, ubwisanzure bw\u2019abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi, ubw\u2019itangazamakuru, urubuga rwo gutanga ibitekerezo mu bwisanzure n\u2019ibindi biranga demokarasi. Yanabwiwe ko niba ari iterambere arata no muri Libiya ryari rihari ariko ntibyababujije kwisasira Kadafi. Ntibishimishije nta n\u2019ubwo bifasha abanyarwanda kuba Kagame yamera nka Kadafi ngirango nta n\u2019umunyarwanda wabyifuza ariko Kagame yari akwiye kureba kure kugirango na we azashobore gusazira mu gihugu cy\u2019abasekuruza ariko ayo mahirwe n\u2019abandi banyarwanda twese tuyabone. Gusa imyifatire ye nta cyizere itanga kuri ayo mahirwe ndetse n\u2019agatsiko kamushyigikiye ntacyo gashobora kumara mu irangizwa ry\u2019ibibazo by\u2019u Rwanda n\u2019iby\u2019akarere kose muri rusange. Ibi nibyo biteye impungenge dore ko n\u2019ubwo Kagame yasabye abamushyigikiye kumufasha bakamusaba kuva ku butegetsi bo bavuniye ibiti mu matwi kubera ubwidishyi no gukoma mu mashyi bananirwa kumva imvugo ijimije ya Kagame yabasabaga ubufasha ariko nibinanirana abanyarwanda ubwabo bazihagurukira babimusabe. N\u2019ubwo ariko hari ababimusabye akanga kubyumva twizere ko nibiba ngombwa ko abanyarwanda bahaguruka bakabimusaba imbona nkubone atazatinda kubibaha nk\u2019uko yabyivugiye ko bitazamara n\u2019iminota.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/rwanda-in-liberation.blogvie.com\/2012\/11\/07\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-k%E2%80%99ibiyaga-bigali\/\">RLP<\/a><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Obama yongeye guhabwa andi mahirwe yo kuyobora igihugu cy\u2019igihangange cya Let zunze Ubumwe z\u2019Amerika aho atsinze Romney wakomeje kumurya isataburenge ariko abanyamerika baciye urubanza nta yandi mahitamo Romney afite niyikomereze ubuyobozi bw\u2019intara nk\u2019uko byagendekeye McCain kuri manda ishize.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":2503,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[67,64],"tags":[],"class_list":["post-2502","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amahanga","category-amakuru"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Obama yongerewe indi myaka ine yo kuyobora Amerika: ese hitezwe iki mu karere k\u2019Ibiyaga bigali? - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Obama yongerewe indi myaka ine yo kuyobora Amerika: ese hitezwe iki mu karere k\u2019Ibiyaga bigali? - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Obama yongeye guhabwa andi mahirwe yo kuyobora igihugu cy\u2019igihangange cya Let zunze Ubumwe z\u2019Amerika aho atsinze Romney wakomeje kumurya isataburenge ariko abanyamerika baciye urubanza nta yandi mahitamo Romney afite niyikomereze ubuyobozi bw\u2019intara nk\u2019uko byagendekeye McCain kuri manda ishize.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-11-07T10:33:15+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2012-11-07T13:26:22+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/\",\"name\":\"Obama yongerewe indi myaka ine yo kuyobora Amerika: ese hitezwe iki mu karere k\u2019Ibiyaga bigali? - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-11-07T10:33:15+00:00\",\"dateModified\":\"2012-11-07T13:26:22+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"600\",\"height\":\"340\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Obama yongerewe indi myaka ine yo kuyobora Amerika: ese hitezwe iki mu karere k\u2019Ibiyaga bigali?\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Obama yongerewe indi myaka ine yo kuyobora Amerika: ese hitezwe iki mu karere k\u2019Ibiyaga bigali? - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Obama yongerewe indi myaka ine yo kuyobora Amerika: ese hitezwe iki mu karere k\u2019Ibiyaga bigali? - Umunyarwanda","og_description":"Obama yongeye guhabwa andi mahirwe yo kuyobora igihugu cy\u2019igihangange cya Let zunze Ubumwe z\u2019Amerika aho atsinze Romney wakomeje kumurya isataburenge ariko abanyamerika baciye urubanza nta yandi mahitamo Romney afite niyikomereze ubuyobozi bw\u2019intara nk\u2019uko byagendekeye McCain kuri manda ishize.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-11-07T10:33:15+00:00","article_modified_time":"2012-11-07T13:26:22+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/","name":"Obama yongerewe indi myaka ine yo kuyobora Amerika: ese hitezwe iki mu karere k\u2019Ibiyaga bigali? - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-11-07T10:33:15+00:00","dateModified":"2012-11-07T13:26:22+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"600","height":"340"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/obama-yongerewe-indi-myaka-ine-yo-kuyobora-amerika-ese-hitezwe-iki-mu-karere-kibiyaga-bigali\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Obama yongerewe indi myaka ine yo kuyobora Amerika: ese hitezwe iki mu karere k\u2019Ibiyaga bigali?"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2502","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2502"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2502\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2502"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2502"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2502"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}