{"id":2621,"date":"2012-11-18T18:55:21","date_gmt":"2012-11-18T16:55:21","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=2621"},"modified":"2012-11-19T02:02:05","modified_gmt":"2012-11-19T00:02:05","slug":"ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/","title":{"rendered":"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye"},"content":{"rendered":"<p>Amakuru aturuka mu mujyi wa Goma kuri iki cyumweru aravuga ko ingabo za Congo zavuye mu mujyi wa Goma zerekeza mu gace ka Sake, naho abayobozi bamwe n\u2019intara ya Kivu y\u2019majyaruguru nk\u2019umuyobozi wayo ndetse n\u2019abasirikare bakuru ba Congo bafashe ubwato berekeza i Bukavu mu majyepfo.<!--more--><\/p>\n<p>Umuvugizi w\u2019ingabo za Congo muri Kivu y\u2019amajyaruguru Lt Col Olivier Hamuli yavuze ko ingabo za Congo zavuye muri Goma zirinda ko hameneka amaraso menshi cyane cyane ku ruhande rw\u2019abasivire.<\/p>\n<p>Ku ruhande rw\u2019inyeshyamba, umuvugizi wa M23, Lt Col Kazarama yavuze ko ingabo zabo zigeze i Munigi ariko ko nta gahunda zifite yo kwinjira muri Goma ahubwo zirimo kwigiza ingabo za Congo kure y\u2019umujyi wa Goma. Ariko yihanije MONUSCO ayisaba kureka kubarasaho ahubwo ntigire aho ibogamira.<\/p>\n<p>Amakuru dukesha ikinyamakuru Kigali today aravuga ko ngabo za M23 zamaze gufata Kibati, ubu imirwano ikaba igeze Muningi mu byahi bya Congo kubazi ibyahi bya Gisenyi. Zimwe mu mpunzi ziri guhunga ngo ziravuga ko ingabo za M23 zamaze kugera mu mujyi nta masasu avuga ariko ingabo za MONUSCO zigerageza kwihagararaho. Ngo Colonel Mboneza uyoboye abarwanyi ba M23 avuga ko bihanangiriza ingabo za MONUSCO zikomeje kubanagaho ibisasu, akavuga ko Leta ya Congo igifite amahirwe yo kwemera imishyikirano bagahagarika gufata umujyi wa Goma, n\u2019ubwo ngo yatangaje bategereje amabwiriza y\u2019abayobozi bakuru.<\/p>\n<p>Ku ruhande rwa MONUSCO yo ngo yari yiteguye kurwana ku mujyi wa Goma ifatanije n\u2019ingabo za Congo, none ingabo za Congo zahunze bikaba bitazishobokera kurwana kuri Goma zonyine. Nabibutsa ko ku munsi w\u2019ejo ku wa gatandatu tariki ya 17 Ugushyingo 2012, kajugujugu z\u2019intambara za MONUSCO zari zarashe ku ngabo za M23 ngo zizibuze gufata agace ka Kibumba ariko biranga. Abayobozi ba MONUSCO baravuga ko M23 ubu ifite ibikoresho bigezweko nk\u2019imbunda z\u2019imizinga za 120mm n\u2019amataratara abona nijoro ngo bikaba bigaragaza ko hari igihugu cyibari inyuma.<\/p>\n<figure style=\"width: 674px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\" \" src=\"https:\/\/fbcdn-sphotos-a-a.akamaihd.net\/hphotos-ak-ash4\/430606_441869429203240_1213043268_n.jpg\" alt=\"\" width=\"674\" height=\"506\" \/><figcaption class=\"wp-caption-text\">Abayobozi ba Congo ba gisivire na gisirikare bahunga Goma bakoresheje ubwato bugana i Bukavu kuri iki cyumweru tariki ya 18 Ugushyingo 2012<\/figcaption><\/figure>\n<p style=\"text-align: left\">Abayobozi ba Congo bakomeje kuvuga ko M23 yafashijwe n\u2019u Rwanda mu bitero byayo. Nk\u2019umuvugizi wa Leta ya Congo, Lambert Mende yatangaje ko abasirikare 4000 b\u2019u Rwanda binjiye muri Congo, Julien Paluku Guverineri wa Kivu ya ruguru yavuze ko icyatumye ingabo za Congo zisubira inyuma ngo zarashweho bikomeye n\u2019ingabo ziturutse ku ruhande rw\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Hari amakuru avuga ingabo z\u2019u Rwanda za batayo ya 211, iya 61, iya 69 na special forces zagize uruhere mu mirwano, umuturage utuye hafi y\u2019umupaka w\u2019u Rwanda na Congo yatangarije urubuga Veritas uko yabibonye yagize ati: <em>\u201d&#8230; niboneye n&#8217;amaso yanjye imodoka za gisirikare za Land Cruzer n\u2019amakamyo bitwaye abasirikare n&#8217;imbunda nyinshi, kandi nanabiboneye neza bambuka umupaka w&#8217;u Rwanda na Congo baciye mu Murenge wa Bugeshi, mu Akagari ka Butaka, hafi y&#8217;ishyamba ryo munsi ya Karisimbi aho bahitaga binjira muri Congo. Nabakurikiranye iminsi itatu kuva kuwa kane kugeza kuwa gatanu. Kuwa kane barinjiye, bamwe binjirira muri ako kagari, abandi banyura mu musozi wa Hehu, ubwo barasaga Position y&#8217;ingabo za Congo yari munsi y&#8217;Uwo musozi, nyuma ingabo z&#8217;u Rwanda zahise zizamura ku musozi wa Hehu imbunda nini ariyo zarimo zirashisha ingabo za Congo mukwigarurira Kibumba na Buhumba. Ku wa gatanu ku ya 16 Ugushyingo mu ijoro bucya ari kuwa gatandatu tariki ya 17 Ugushyingo 2012, abasirikari barenze ibihumbi bibiri b&#8217;abanyarwanda bambutse umupaka wa Congo baciye muri izo nzira nababwiye, abandi baca iruhande rw&#8217;umusozi wa Hehu aho bita muri Gitotoma, kandi bose bari bikoreye ibibunda byinshi, ndetse bakanabyikoreza abasore bari baraye ku irondo. Bahise mu gitondo cyo kuwa gatandatu barasa ingabo za Congo, mu gace ka Kibumba na Buhumba, bakoresheje ibibunda biremereye cyane, kandi bahafashe kuva mu ma saa ine z&#8217;amanywa bakaba barakomeje berekeza i Goma. Abanyarwanda b&#8217;aborozi batuye mu kagari ka Hehu na Mutovu, bose bagemuriye izo ngabo z&#8217;u Rwanda amata yo kunywa mu masaha ya saa sita mu rwego rwo kubashimira ko bafashe ako gace ka Congo, banabifuriza kugera i Goma amahoro&#8230;\u201d <\/em>yarongeye agira ati<em>:\u201d&#8230; Imirwano yo muri Congo ndimo nyikurikirana neza, nshobora no kubabwira amazina y\u2019abantu bari mu isoko rya RUHUNDA muri Congo, ubwo Kibumba na Buhumba byari bimaze gufatwa kuri uyu wa gatandatu ku manywa, kuko amasasu yakomeje yerekeza KIRIMANYOKA, no mu nkambi y&#8217;abakongomani, iri hafi aho; imirwano ngo ikaba igomba guhita yerekeza Goma, ariko gahunda y\u2019u Rwanda ngo ni iyo kubanza gufunga umuhanda uva i Sake nyuma na Masisi bakayifata, bityo umugi wa Goma bakawufungira imihanda, uwa Rutshuru n&#8217;uwa Sake, noneho uwo mujyi ugasigara hagati ugoswe n\u2019ingabo za Kagame mu izina rya M23 bakajya babona kuwufata. Indege zakoreshejwe kuri uyu wa gatandatu ku ruhande rwa Congo ariko ntacyo byatanze, abanyarwanda barushije imbaraga abakongomani ku buryo bugaragara n&#8217;ubwo byagoranye umwanya utari muto&#8230;\u201d<\/em><\/p>\n<p>Ejo kandi kuwa gatandatu tariki ya 17 Ugushyingo 2012, inama y\u2019umuryango w\u2019abibumbye ishinzwe amahoro kw\u2019isi yarateranye isaba M23 guhagarika gusatira umujyi wa Goma, ndetse hasabwe ko abakuru bayo ndetse n\u2019abayitera inkunga bafatirwa ibihano. Umunyamabanga mukuru w\u2019umuryango w\u2019abibumbye Bwana Ban Ki Moon yahamagaye kuri telefone Perezida Kagame amusaba gusaba inyeshyamba za M23 guhagarika imirwano.<\/p>\n<p>N\u2019ubwo ingabo za M23 zitarinjira muri Goma ku mugaragaro, ariko hari abaturage ba Goma bavuga ko hari abasirikare ba M23 bamaze kugera muri Goma, bigaragare ko hashobora kuba hari ibiganiro byatuma M23 yinjira muri Goma mu mutuzo ibyumvikanyeho na MONUSCO. Kuri M23 umujyi wa Goma ufite agaciro kanini kuko uretse igitutu kuri Leta ya Congo, uwo mujyi ufite icyambu ku kiyaga cya Kivu, ufite ikibuga cy\u2019indege ndetse n\u2019umupaka n\u2019u Rwanda, kandi ibyo byose byinjiza amafaranga ashobora gufasha M23 mu ntambara yayo cyangwa mu bindi bikorwa byayo bitandukanye.<\/p>\n<p>Ikindi kivugwa n\u2019uko Leta ya Congo ishobora kwemera imishyikirano kuko ingabo zayo zagaragaje intege nkeya ariko ikibazo gishobora gukomera kurushaho kuko byagaragaye bidasubirwaho ko Ingabo z\u2019u Rwanda zivanze cyane muri iyi mirwano yo muri Congo bidasubirwaho<\/p>\n<p>Uku kureka umujyi wa Goma ugafatwa ku buryo bworoshye bigaragaje intege nkeya za Leta ya Congo n\u2019igisirikare cyayo, kuko n\u2019utarize igisirikare ntabwo ashobora kumva ukuntu ingabo zifite kajugujugu z\u2019intambara, ibimodoka by\u2019intambara zishobora gusubira inyuma zitabuze amasasu ndetse muri izo kajugujugu cyangwa ibyo bimodoka by\u2019intambara nta na kimwe kirashwe. Ibi bishobora gutuma M23 na Leta y\u2019u Rwanda ishyekerwa igashaka gufata utundi duce nka Masisi.<\/p>\n<p>Ikibazo gisigaye n\u2019ukureba uko iki kibazo kiza kumera n\u2019uburyo amahanga aribukitwaremo. Kuko ifatwa rya Goma bishobora kuba ari igitutu cya Perezida Kagame ku muryango mpuzamahanga mu gihe bizwi ko inama y\u2019umuryango w\u2019abibumbye izaterana mu minsi mike iri imbere ngo ifatire ibihano M23 n\u2019abashinjwa kuyifasha.<\/p>\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Amakuru aturuka mu mujyi wa Goma kuri iki cyumweru aravuga ko ingabo za Congo zavuye mu mujyi wa Goma zerekeza mu gace ka Sake, naho abayobozi bamwe n\u2019intara ya Kivu y\u2019majyaruguru nk\u2019umuyobozi wayo ndetse n\u2019abasirikare bakuru ba Congo bafashe ubwato berekeza i Bukavu mu majyepfo.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":2622,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[66,64],"tags":[],"class_list":["post-2621","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-akarere","category-amakuru"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Amakuru aturuka mu mujyi wa Goma kuri iki cyumweru aravuga ko ingabo za Congo zavuye mu mujyi wa Goma zerekeza mu gace ka Sake, naho abayobozi bamwe n\u2019intara ya Kivu y\u2019majyaruguru nk\u2019umuyobozi wayo ndetse n\u2019abasirikare bakuru ba Congo bafashe ubwato berekeza i Bukavu mu majyepfo.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-11-18T16:55:21+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2012-11-19T00:02:05+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwd.com\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"headline\":\"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye\",\"datePublished\":\"2012-11-18T16:55:21+00:00\",\"dateModified\":\"2012-11-19T00:02:05+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/\"},\"wordCount\":1085,\"commentCount\":4,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"articleSection\":[\"Akarere\",\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/\",\"name\":\"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-11-18T16:55:21+00:00\",\"dateModified\":\"2012-11-19T00:02:05+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"990\",\"height\":\"585\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwd-com\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye - Umunyarwanda","og_description":"Amakuru aturuka mu mujyi wa Goma kuri iki cyumweru aravuga ko ingabo za Congo zavuye mu mujyi wa Goma zerekeza mu gace ka Sake, naho abayobozi bamwe n\u2019intara ya Kivu y\u2019majyaruguru nk\u2019umuyobozi wayo ndetse n\u2019abasirikare bakuru ba Congo bafashe ubwato berekeza i Bukavu mu majyepfo.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-11-18T16:55:21+00:00","article_modified_time":"2012-11-19T00:02:05+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/"},"author":{"name":"therwd.com","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"headline":"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye","datePublished":"2012-11-18T16:55:21+00:00","dateModified":"2012-11-19T00:02:05+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/"},"wordCount":1085,"commentCount":4,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","articleSection":["Akarere","Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/","name":"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-11-18T16:55:21+00:00","dateModified":"2012-11-19T00:02:05+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"990","height":"585"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ingabo-za-congo-zavuye-muri-goma-zitwarwanye\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ingabo za Congo zimwe zavuye muri Goma zitarwanye"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2621","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2621"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2621\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2621"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2621"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2621"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}