{"id":26282,"date":"2018-05-03T01:41:34","date_gmt":"2018-05-02T23:41:34","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=26282"},"modified":"2018-05-03T01:41:34","modified_gmt":"2018-05-02T23:41:34","slug":"urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/","title":{"rendered":"Urubanza rwa Munyakazi Rwakomeje mu Rukiko Rukuru mu Rwanda"},"content":{"rendered":"<div class=\"intro content-offset\">\n<p>Umucamanza mu Rukiko rukuru mu Rwanda yatangiye kumva abatangabuhamya bashinja Bwana Leopold Munyakazi ibyaha bya jenoside n&#8217;ibyibasiye inyokomuntu mu Rwanda. Gusa nta n&#8217;umwe wemeza ko yamubonye hari uwo yica.<\/p>\n<\/div>\n<div id=\"article-content\" class=\"content-floated-wrap\">\n<div class=\"wsw\">\n<p>Umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yasubukuye iburanisha ry&#8217;urubanza ubushinjacyaha buregamo Bwana Leopold Munyakazi ibyaha bya jenoside n&#8217;ibyibasiye inyokomuntu. Kuri uyu wa Gatatu urukiko rwumvise abatangabuhamya bashinja uregwa. Kimwe n&#8217;abamushinjura, abamushinja na bo barahuriza ku mbunda Munyakazi yari atunze ariko ngo ntawe yayicishije.<\/p>\n<p>Mu mpuzankano y\u2019iroza iranga abagororwa, ifurari ndende yiganjemo ibara ry\u2019ubururu n\u2019utubara tw\u2019umweru yayizengurukijeho mu ijosi, ingofero y\u2019ubudodo bw\u2019ubururu n\u2019umweru mu mutwe amataratara mu maso n\u2019igikapu cy\u2019umukara cy\u2019amadosiye yifashisha aburana uko ni ko Bwana Leopold Munyakazi yinjiye mu cyumba cy\u2019urukiko abanza gusuhuza abo yasanzemo.<\/p>\n<p>Mu batangabuhamya hafi ya bose bamushinja ibyaha bya jenoside barindiwe umutekano. Bavugiraga mu cyumba cya bonyine kandi amajwi yabo yahinduriwe mu byuma. Hafi ya bose barahurira ku kuba baragize uruhare mu byaha bashinja Munyakazi.<\/p>\n<p>Mbere yo gutanga ubuhamya byabaga ngombwa ko Bwana Munyakazi n\u2019umwunganira mu mategeko bahabwa uburenganzira bwo kujya ku idirishya ry\u2019icumba barimo bakabareba mu masura.<\/p>\n<p>Babimburiwe n\u2019uwahawe izina rya DKH. Yemeje ko yabonye Munyakazi mu gitero cyarimo abari hagati ya 400-500 cyagiye kwica kwa Felicien Ugirashebuja.<\/p>\n<p>Uretse kuba avuga ko yabonye Munyakazi ku kibuga cy\u2019amashuli DKH aravuga ko atahamya ko uregwa yaba yarageze kwa Ugirashebuja kuko ngo yahise ahunga. Yavuze ko nta nama itegura jenoside yaba yarumvise Munyakazi yagiyemo kandi ko nta kindi gikorwa kibi yamwumvisemo.<\/p>\n<p>Naho umutangabuhamya DKA we yavuze ko impamvu yo gusaba gutangira ubuhamya mu muhezo ari uko hari abashatse kumuhohotera ubugira akabiri azira gutanga ubuhamya. Hari n\u2019abandi batangabuhamya bavuze ko impamvu y\u2019umuhezo ari uko baturanye n\u2019umuryango w\u2019uregwa.<\/p>\n<p>Bakimara gutanga impamvu zo kujya mu muhezo Munyakazi yabwiye urukiko ati \u201cni uburenganzira bwabo. Ndagira ngo menyeshe imbaga n\u2019inteko yuko natanze imbabazi ku muntu wese wagize uruhare rwo kunzana hano ko nta nzika mufitiye.<\/p>\n<p>Umucamanza Bwana Antoine Muhima yamwibukije ko abatangabuhamya batumijwe gutanga ubuhamya kandi ko iby\u2019imbabazi n\u2019inzika azana mu rukiko ntaho bihuriye n\u2019urubanza.<\/p>\n<p>Abatangabuhamya bamushinja hafi ya bose barahuriza ko Munyakazi yageze Kurwa muri Kayenzi ku itariki ya 19\/04\/1994.<\/p>\n<p>Baramurega ko yatanze amabwiriza ku bahutu bari aho yo kwambara ibishangara cyangwa se amakoma kugira ngo bamenyane bitandukanyije n\u2019Abatutsi. Ni amabwiriza ngo Munyakazi n\u2019undi mugenzi we bavugaga ko bari bahawe n\u2019ubutegetsi bwa Komini Kayenzi.<\/p>\n<p>DKA na we wagize uruhare muri jenoside aremeza ko Munyakazi yari mu gitero cyagiye kwa Ugirashebuja ariko ko akihagera yababujije kwica umugore wa Ugirashebuja.<\/p>\n<p>Uyu kimwe na bagenzi be yashinje Munyakazi ko yari afite imbunda.<\/p>\n<p>Ni imbunda baba abashinja n\u2019abashinjura bahuriza ku kuba batarigeze babona hari ikibi ayikoresha kandi batazi impamvu yaba yari yarayihawe.<\/p>\n<p>Bamwe mu bashinja kuri iyi nshuro bumvikanye babwira urukiko ko Munyakazi yarebereye mu rupfu rw\u2019umututsikazi Jetruda Kamagaju nyamara kuri bo yagombaga kumurinda.<\/p>\n<p>Umutangabuhamya DKA avuze ko Munyakazi yari mu bagenzuraga amarondo ariko ko nta muntu n\u2019umwe wishwe muri icyo gihe.<\/p>\n<p>Umukecuru Epiphaniya Mukakamali na we yari mu basabye gutanga ubuhamya barindiwe umutekano. Icyakora ku mwuzo wa nyuma yabihinduye abutangira mu ruhame.<\/p>\n<p>Yemeza ko ari umututsikazi wahigwaga muri jenoside kandi ko yakijijwe na Munyakazi mu gitero cyagiye iwe kigambiriye kumuhitana. Munyakazi ngo yagize ati \u201cNimusigeho uwo ni umugore washakanye n\u2019umuhutu.<\/p>\n<p>Uyu mutangabuhamya akavuga ko ibyakurikiye nyuma y\u2019igitero cyavuye iwe atashoboraga kubimenya kuko ngo yahoraga yihishe.<\/p>\n<p>Yabwiye urukiko ko umugabo we yari ishuti ya Munyakazi kandi ko na we nta kindi gikorwa kibi azi kuri Munyakazi. Asoje ubuhamya bwe ubushinjacyaha bwibukije ko yari yarifujwe ngo ahagarare ku mpande zombi haba mu gushinja no mu gushinjura.<\/p>\n<p>Icyakora birashoboka ko uyu mukecuru atari abizi kuko yashushe n\u2019utungurwa mu rukiko ati \u201cEh mwari mumpuriyeho mwembi kuko muzi ko mvugisha ukuri ntaca ku ruhande!\u201d Ni imvugo yakuruye ibitwenge ku bari mu rukiko.<\/p>\n<p>Uyu na we yemeza ko Munyakazi muri jenoside yari yarahishe Abatutsi iwe mu rugo ngo baticwa. Urukiko ni rwo rwakunze guhata ibibazo abashinja Munyakazi. Hakaba n\u2019aho impande ziburana zitagize icyo zibaza abashinja.<\/p>\n<p>Kubera igihe kitari gito iyi nteko iburanisha Munyakazi yamaze iburanisha Bwana Leon Mugesera na we ku byaha bya jenoside ijya yisanga yafashe Munyakazi ikamwita Mugesera.<\/p>\n<p>Bamwe mu bari mu cyumba cy\u2019urukiko baturutse i Kayenzi baje gukurikirana iburanisha barimo n\u2019abagize uruhare muri jenoside. Hanze y\u2019icyumba cy\u2019urukiko ibitekerezo byabo byumvikanisha ko na bo nta kibi bashyira kuri bwana Munyakazi ku byaha ubutabera bumukurikiranyeho.<\/p>\n<p>Baravuga ko bitunguranye uwajya mu gace Munyakazi aregwamo ibyaha akabaza abafatwaga nka ba ruharwa muri icyo gihe byagorana kumva hari ukomoje ku izina rya Leopold Munyakazi.<\/p>\n<p>Bwana Leopold Munyakazi yirukanywe muri Amerika muri leta ya Alabama mu 2016. Mu 2017 inkiko z\u2019u Rwanda zamuhanishije igihano cy\u2019igifungo cya burundu y\u2019umwihariko nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside n\u2019ibyibasiye inyokomuntu. Ibyaha byose yita ko ari ibicurano.<\/p>\n<p>Urubanza ruzakomeza ku itariki ya 17 z\u2019uku kwezi kwa Gatanu.<\/p>\n<p>Inkuru ya Eric Bagiruwubusa, Ijwi ry&#8217;Amerika:<\/p>\n<p><iframe loading=\"lazy\"  id=\"_ytid_66089\"  width=\"640\" height=\"360\"  data-origwidth=\"640\" data-origheight=\"360\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/3y-vTL2CnBY?enablejsapi=1&#038;autoplay=0&#038;cc_load_policy=0&#038;cc_lang_pref=&#038;iv_load_policy=1&#038;loop=0&#038;modestbranding=0&#038;rel=1&#038;fs=1&#038;playsinline=0&#038;autohide=2&#038;theme=dark&#038;color=red&#038;controls=1&#038;\" class=\"__youtube_prefs__  epyt-is-override  no-lazyload\" title=\"YouTube player\"  allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen data-no-lazy=\"1\" data-skipgform_ajax_framebjll=\"\"><\/iframe><\/p>\n<\/div>\n<\/div>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umucamanza mu Rukiko rukuru mu Rwanda yatangiye kumva abatangabuhamya bashinja Bwana Leopold Munyakazi ibyaha bya jenoside n&#8217;ibyibasiye inyokomuntu mu Rwanda. Gusa nta n&#8217;umwe wemeza ko yamubonye hari uwo yica. Umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yasubukuye iburanisha ry&#8217;urubanza ubushinjacyaha buregamo Bwana Leopold Munyakazi ibyaha bya jenoside n&#8217;ibyibasiye inyokomuntu. Kuri uyu wa Gatatu urukiko rwumvise abatangabuhamya [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":15969,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[63],"tags":[],"class_list":["post-26282","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Urubanza rwa Munyakazi Rwakomeje mu Rukiko Rukuru mu Rwanda - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Urubanza rwa Munyakazi Rwakomeje mu Rukiko Rukuru mu Rwanda - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umucamanza mu Rukiko rukuru mu Rwanda yatangiye kumva abatangabuhamya bashinja Bwana Leopold Munyakazi ibyaha bya jenoside n&#8217;ibyibasiye inyokomuntu mu Rwanda. Gusa nta n&#8217;umwe wemeza ko yamubonye hari uwo yica. Umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yasubukuye iburanisha ry&#8217;urubanza ubushinjacyaha buregamo Bwana Leopold Munyakazi ibyaha bya jenoside n&#8217;ibyibasiye inyokomuntu. Kuri uyu wa Gatatu urukiko rwumvise abatangabuhamya [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-05-02T23:41:34+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/09\/Munyakazi.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"800\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"534\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/\",\"name\":\"Urubanza rwa Munyakazi Rwakomeje mu Rukiko Rukuru mu Rwanda - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/09\/Munyakazi.jpg\",\"datePublished\":\"2018-05-02T23:41:34+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/09\/Munyakazi.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/09\/Munyakazi.jpg\",\"width\":800,\"height\":534,\"caption\":\"Dr L\u00e9opold Munyakazi\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Urubanza rwa Munyakazi Rwakomeje mu Rukiko Rukuru mu Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Urubanza rwa Munyakazi Rwakomeje mu Rukiko Rukuru mu Rwanda - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Urubanza rwa Munyakazi Rwakomeje mu Rukiko Rukuru mu Rwanda - Umunyarwanda","og_description":"Umucamanza mu Rukiko rukuru mu Rwanda yatangiye kumva abatangabuhamya bashinja Bwana Leopold Munyakazi ibyaha bya jenoside n&#8217;ibyibasiye inyokomuntu mu Rwanda. Gusa nta n&#8217;umwe wemeza ko yamubonye hari uwo yica. Umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yasubukuye iburanisha ry&#8217;urubanza ubushinjacyaha buregamo Bwana Leopold Munyakazi ibyaha bya jenoside n&#8217;ibyibasiye inyokomuntu. Kuri uyu wa Gatatu urukiko rwumvise abatangabuhamya [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2018-05-02T23:41:34+00:00","og_image":[{"width":800,"height":534,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/09\/Munyakazi.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/","name":"Urubanza rwa Munyakazi Rwakomeje mu Rukiko Rukuru mu Rwanda - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/09\/Munyakazi.jpg","datePublished":"2018-05-02T23:41:34+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/09\/Munyakazi.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2016\/09\/Munyakazi.jpg","width":800,"height":534,"caption":"Dr L\u00e9opold Munyakazi"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwa-munyakazi-rwakomeje-mu-rukiko-rukuru-mu-rwanda\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Urubanza rwa Munyakazi Rwakomeje mu Rukiko Rukuru mu Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/26282","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=26282"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/26282\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":26283,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/26282\/revisions\/26283"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/15969"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=26282"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=26282"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=26282"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}