{"id":26588,"date":"2018-05-22T22:35:04","date_gmt":"2018-05-22T20:35:04","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=26588"},"modified":"2018-05-24T01:45:42","modified_gmt":"2018-05-23T23:45:42","slug":"rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/","title":{"rendered":"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw&#8217;Abo kwa Rwigara"},"content":{"rendered":"<p>Umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yasubitse ubugira kabiri urubanza rw&#8217;abo kwa Nyakwigendera Asinapol Rwigara kubera bamwe mu bavandimwe babo bareganwa ibyaha byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda bari mu mahanga. Umucamanza aravuga ko abo bavandinmwe ba Diane Rwigara na Adeline Rwigara bagomba kuzatumizwa nk&#8217;abantu bitazwi aho baherereye.<\/p>\n<p>Abaregwa uko ari babiri bageze ku rukiko rukuru bari muri bus itwara imfungwa n\u2019abagororwa bari bonyine. Bari bitwaje amadosiye bifashisha baburana yari mu bipapuro ry\u2019ibara ry\u2019umuhondo. Mu makanzu maremare y\u2019iroza aranga abagororwa, mu masura amwenyura bati \u201cMuraho muraho ab\u2019iwacu?\u201d Bagenda berekeza ku cyumba cy\u2019urukiko baboshye n\u2019amapingu barinzwe n\u2019abacungagereza, uko ni ko basuhuje abavandimwe babo bagenda babapepera .<\/p>\n<p>Impaka ndende zongeye kwiharira mu iburanisha rya none zashingiye ku bavandimwe b\u2019abaregwa baba hanze y\u2019igihugu. Mugenzi Tabitha Gwiza murumuna wa Adeline Mukangemanyi Rwigara uba I Toronto muri Canada, Xaverine Mukangarambe uba muri USA, Edmond Bushayija bakunze kwita Sacyanwa uba mu Bubiligi na Jean Paul Turayishimye uba muri USA nk\u2019uko imyirondoro yabo yatangajwe mu buranisha riheruka ubu noneho Ubushinjacyaha bwavuze ko butazi aho baherereye.<\/p>\n<div class=\"wsw__embed\">\n<figure class=\"media-image js-media-expand js-media-expand--ready\">\n<div class=\"img-wrap\">\n<div class=\"thumb\"><img decoding=\"async\" class=\" enhanced\" src=\"https:\/\/gdb.voanews.com\/7B463E41-394D-45C2-A6DD-E933DDE03B90_cx1_cy1_cw99_w650_r0_s.jpg\" alt=\"Diane Rwigara yinjira mu urukiko\" \/><\/div>\n<\/div><figcaption><em><span class=\"caption\">Diane Rwigara yinjira mu urukiko<\/span><\/em><\/figcaption><\/figure>\n<\/div>\n<p>Me Pierre Celestin Buhuru wunganira Umunyapolitiki utavuga rumwe n\u2019ubutegetsi buriho mu Rwanda, Umwali Diane Nshimiyimana Rwigara, yabwiye umucamanza ko hari ibyaha abo bunganira bahuriraho n\u2019abavandimwe babo baba mu mahanga. Avuga ko bagombye kuba barahamagajwe n\u2019ubushinjacyaha mu buryo bukurikije amategeko cyangwa se abo bunganira bagakurikiranwa ukwabo. Uyu munyamategeko arasanga ibyemezo urukiko rwazafata byazagira ingaruka ku bo bunganira igihe abo bareganwa baba badashoboye kwiregura. Akabaza niba imihango y\u2019ibanze yo kubahamagaza yarubahirijwe.<\/p>\n<p>Me Gatera Gashabana na we arasanga ari ikibazo kuba Tabitha Mugenzi na bagenzi be batatu batarahamagajwe byemewe n\u2019amategeko kandi ubushinjacyaha bukabarega nk\u2019abihishe ubutabera.<\/p>\n<p>Bwana Ndibwami Rugambwa ku ruhande rw\u2019ubushinjacyaha yavuze ko abareganwa n\u2019abo kwa Rwigara kugeza ubu ubushinjacyaha butazi aho baherereye haba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo. Agasaba ko ababishinzwe babahamagaza hakurikijwe amategeko. Aha ariko umucamanza akamusaba gusobanura neza uburyo bahamagazwa nk\u2019abihishe ubutabera.<\/p>\n<p><iframe loading=\"lazy\"  id=\"_ytid_78942\"  width=\"640\" height=\"360\"  data-origwidth=\"640\" data-origheight=\"360\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/siSs3Tljz2Y?enablejsapi=1&#038;autoplay=0&#038;cc_load_policy=0&#038;cc_lang_pref=&#038;iv_load_policy=1&#038;loop=0&#038;modestbranding=0&#038;rel=1&#038;fs=1&#038;playsinline=0&#038;autohide=2&#038;theme=dark&#038;color=red&#038;controls=1&#038;\" class=\"__youtube_prefs__  epyt-is-override  no-lazyload\" title=\"YouTube player\"  allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen data-no-lazy=\"1\" data-skipgform_ajax_framebjll=\"\"><\/iframe><\/p>\n<p>Bwana Ndibwami ku bushinjacyaha yahise ahindura imvugo. Avuga ko Tabitha Gwiza na bagenzi be batigeze bakurikiranwa n\u2019ubutabera ngo nyuma babutoroke bityo ko batihishe ubutabera. Avuga ko bakurikiranwa nk\u2019abantu inzego z\u2019ubutabera zitazi aho baherereye.<\/p>\n<p>Me Buhuru yatse ijambo avuga ko ubushinjacyaha butigeze bushakisha abo burega ngo bubabaze ku byaha biremereye bubakurikiranyeho.<\/p>\n<p>Me Gashabana na we asa n\u2019utumva uburyo ubushinjacyaha bwasaba ko bakurikiranwa nk\u2019abatazwi aho baherereye mu gihe bagaragara mu kirego cy\u2019ubushinjacyaha. Ati \u201c Mbere y\u2019uko bakurikiranwa muri ubwo buryo baba baratanze impapuro zibashakisha bakabura, ati hamwe baravuga ko harimo bamwe bihishe ubutabera, ibyo biratera urujijo.\u201d Ubushinjacyaha bwasubije ko nta rujijo buteza kuko muri dosiye bubakurikiranye nk\u2019abari ahantu hatazwi.<\/p>\n<p>Mbere y\u2019uko ajya kwiherera ngo asuzume impaka z\u2019impande zombi, umucamanza yabwiye ubushinjacyaha ko hakiri ikibazo cy\u2019amategeko. Aribaza na we uburyo abavandimwe na Diane Rwigara na Adeline Rwigara bahamagazwa ahantu hatazwi mu gihe bwaba ubugenzacyaha n\u2019ubushinjacyaha butigeze bubakoraho iperereza.<\/p>\n<p>Bwana Faustin Mukunzi na we ku ruhande rw\u2019ubushinjacyaha yisunze ingingo z\u2019amategeko yasobanuye ko umuntu atabonetse ngo abazwe bitatuma adakurikiranwa. Avuga ko urukiko rufata icyemezo cyo kumutegeka kwitaba mu gihe cy\u2019ukwezi yabura bikagaragara ko yasuzuguye ubutabera.<\/p>\n<p>Me Buhuru yabwiye urukiko ko kuri we yungutse ibyo yita bishya mu iburanisha. Avuga ko byumvikana ko ubushinjacyaha bwemera ko butigeze butumiza abaregwa baba mu mahanga ngo bubabure. Asaba ko urukiko rwazafata icyemezo kuri abo bantu bagakorerwa imenyeshwaruhame bakamenya ko hari ikirego kibareba mu rukiko.<\/p>\n<p>Mugezni we Me Gashabana yahise yaka ijambo avuga ko mu kirego bigaragara ko harimo umwirondoro w\u2019umwe uba I Boston muri USA ndetse na telephone akoresha. Akibaza niba na bwo ubushinjacyaha bwisubiraho bukavuga ko butazi aho aherereye.<\/p>\n<p>Bwana Mukunzi yahise yaka ijambo maze abwira urukiko ko aba banyamatgeko bitwara nk\u2019abunganira abo bivugwa ko bihishe ubutabera. Kandi mu mvugo ye akibaza niba bemerewe n\u2019amategeko kubunganira. Avuga ko telephone z\u2019uregwa ziri muri dosiye bitari ngombwa ko bazikura kuri nyir\u2019ubwite.<\/p>\n<p>Ni imvugo yarakaje abunganira abagize umuryango wa Nyakwigendera Assinapol Rwigara maze babwira umucamanza ko batunganira Tabitha Gwiza na bagenzi be kuko batanabazi. Baravuga ko babamenye ari uko umushinjacyaha atanze ikirego. Bavuga ko icyo batsimbarayeho ari uko imihango yo kubatumiza yubahirizwa.<\/p>\n<p>Umwali Diane Rwigara araregwa icyaha cyo gukora no gukoresha impapuro mpimbano gikomoka ku mikono yakusanyaga ubwo yashakaga guhatanira gutegeka u Rwanda mu matora y\u2019umukuru w\u2019igihugu ya 2017 ntabigereho. Ubushinjacyaha bumurega ko mu bo yasinyishije hagaragayemo n\u2019abapfuye.<\/p>\n<p>Araregwa kandi icyaha cyo guteza imvururu cyangwa imidugaragaro muri rubanda na cyo gikomoka mu biganiro yagiranaga n\u2019itangazamakuru mu bihe bitandukanye. Ku ruhande rwe uyu munyapolitiki avuga ko ibyaha byose aregwa ari ibya politiki byacuzwe mu nyungu z\u2019ubutegetsi bugamije kumwigizayo.<\/p>\n<p>Nyina umubyara, Adeline Rwigara, na we arahurira n\u2019imfura ye ku cyaha cyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda gikomoka ku biganiro yagiye agirana n\u2019abavandimwe be baba hanze barimo murumuna we Tabitha Gwiza bivugwa ko aba I Toronto muri Canada.<\/p>\n<p>Mu myiregurire ye avuga ko ibiganiro byo kuri telephone atabibonamo icyaha kuko ngo yatekererezaga abavandimwe be akaga kamugwiririye nyuma yo gupfusha umugabo we Assinapol Rwigara mu ntangiro za 2015.<\/p>\n<p>Adeline Rwigara yisangiza icyaha cy\u2019ivangura no gukurura amacakubiri byose bivugwa ko yabikoranye n\u2019abavandimwe be avuga ko ubutegetsi bw\u2019u Rwanda ari bubi buyobowe n\u2019abatutsi bwamwiciye umugabo mu ntangiriro za 2015. Ni ibyaha na we avuga ko bishingiye ku mpamvu za politiki.<\/p>\n<p>Iburanisha rya none ryari ryitabiriwe n\u2019abavandimwe b\u2019abaregwa, abahoze ari abakozi b\u2019uruganda rw\u2019itabi rwo kwa Rwigara, abakozi ba zimwe muri ambasade mu Rwanda, umunyapolitiki utavuga rumwe n\u2019ubutegetsi buriho Me Bernard Ntaganda washinze Ishyaka PS Imberakuri ryacitsemo ibice, itangazamakuru, abashinzwe umutekano n\u2019abandi.<\/p>\n<div class=\"wsw__embed\">\n<figure class=\"media-image js-media-expand js-media-expand--ready\">\n<div class=\"img-wrap\">\n<div class=\"thumb\"><img decoding=\"async\" class=\" enhanced\" src=\"https:\/\/gdb.voanews.com\/79C1AC89-08E2-4F69-9A09-CBDC3BAA5DE9_cx0_cy1_cw99_w650_r0_s.jpg\" alt=\"\" \/><\/div>\n<\/div>\n<\/figure>\n<\/div>\n<p>Nyuma y\u2019amasaha abiri, umucamanza yaje yanzura ko n\u2019ubwo Mugenzi Tabitha Gwiza murumuna wa Adeline Mukangemanyi Rwigara, Xaverine Mukangarambe, Edmond Bushayija bakunze kwita Sacyanwa na Jean Paul Turayishimye bizwi ibihugu baherereyemo ibyo ubwabyo bitavuze ko imyirondoro yabo ihagije. Yisunze ingingo z\u2019amategeko umucamanza yanzuye ko bagomba kuzahamagazwa nk\u2019abantu bitazwi aho baherereye.<\/p>\n<p>Iburanisha rirangiye abaregwa bongeye kubambika amapingu burira bus bagenda bapepera abavandimwe babo. Abavandimwe babo babwiraga abaregwa bati &#8220;ni aho kuwa Gatanu&#8221;, umunsi babasuriraho muri gereza. Iburanisha rizakomeza ku itariki ya 24\/07\/2018<\/p>\n<p><iframe loading=\"lazy\"  id=\"_ytid_47728\"  width=\"640\" height=\"360\"  data-origwidth=\"640\" data-origheight=\"360\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/ie5pQcbNt8s?enablejsapi=1&#038;autoplay=0&#038;cc_load_policy=0&#038;cc_lang_pref=&#038;iv_load_policy=1&#038;loop=0&#038;modestbranding=0&#038;rel=1&#038;fs=1&#038;playsinline=0&#038;autohide=2&#038;theme=dark&#038;color=red&#038;controls=1&#038;\" class=\"__youtube_prefs__  epyt-is-override  no-lazyload\" title=\"YouTube player\"  allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen data-no-lazy=\"1\" data-skipgform_ajax_framebjll=\"\"><\/iframe><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yasubitse ubugira kabiri urubanza rw&#8217;abo kwa Nyakwigendera Asinapol Rwigara kubera bamwe mu bavandimwe babo bareganwa ibyaha byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda bari mu mahanga. Umucamanza aravuga ko abo bavandinmwe ba Diane Rwigara na Adeline Rwigara bagomba kuzatumizwa nk&#8217;abantu bitazwi aho baherereye. Abaregwa uko ari babiri bageze ku [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":26589,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[63],"tags":[],"class_list":["post-26588","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw&#039;Abo kwa Rwigara - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw&#039;Abo kwa Rwigara - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yasubitse ubugira kabiri urubanza rw&#8217;abo kwa Nyakwigendera Asinapol Rwigara kubera bamwe mu bavandimwe babo bareganwa ibyaha byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda bari mu mahanga. Umucamanza aravuga ko abo bavandinmwe ba Diane Rwigara na Adeline Rwigara bagomba kuzatumizwa nk&#8217;abantu bitazwi aho baherereye. Abaregwa uko ari babiri bageze ku [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-05-22T20:35:04+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2018-05-23T23:45:42+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1023\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"575\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw&#8217;Abo kwa Rwigara\",\"datePublished\":\"2018-05-22T20:35:04+00:00\",\"dateModified\":\"2018-05-23T23:45:42+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/\"},\"wordCount\":1029,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/05\\\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg\",\"articleSection\":[\"Ubutabera\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/\",\"name\":\"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw'Abo kwa Rwigara - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/05\\\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg\",\"datePublished\":\"2018-05-22T20:35:04+00:00\",\"dateModified\":\"2018-05-23T23:45:42+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/05\\\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/05\\\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg\",\"width\":1023,\"height\":575},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw&#8217;Abo kwa Rwigara\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw'Abo kwa Rwigara - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw'Abo kwa Rwigara - Umunyarwanda","og_description":"Umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yasubitse ubugira kabiri urubanza rw&#8217;abo kwa Nyakwigendera Asinapol Rwigara kubera bamwe mu bavandimwe babo bareganwa ibyaha byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda bari mu mahanga. Umucamanza aravuga ko abo bavandinmwe ba Diane Rwigara na Adeline Rwigara bagomba kuzatumizwa nk&#8217;abantu bitazwi aho baherereye. Abaregwa uko ari babiri bageze ku [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2018-05-22T20:35:04+00:00","article_modified_time":"2018-05-23T23:45:42+00:00","og_image":[{"width":1023,"height":575,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw&#8217;Abo kwa Rwigara","datePublished":"2018-05-22T20:35:04+00:00","dateModified":"2018-05-23T23:45:42+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/"},"wordCount":1029,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg","articleSection":["Ubutabera"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/","name":"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw'Abo kwa Rwigara - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg","datePublished":"2018-05-22T20:35:04+00:00","dateModified":"2018-05-23T23:45:42+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/C77DBDE3-A084-408F-B4E5-BC63423D9153_w1023_r1_s.jpg","width":1023,"height":575},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-umucamanza-yongeye-gusubika-urubanza-rwabo-kwa-rwigara\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Rwanda: Umucamanza Yongeye Gusubika Urubanza Rw&#8217;Abo kwa Rwigara"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/26588","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=26588"}],"version-history":[{"count":4,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/26588\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":26615,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/26588\/revisions\/26615"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/26589"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=26588"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=26588"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=26588"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}