{"id":2681,"date":"2012-11-22T04:19:37","date_gmt":"2012-11-22T02:19:37","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=2681"},"modified":"2012-11-22T04:28:54","modified_gmt":"2012-11-22T02:28:54","slug":"perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/","title":{"rendered":"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba"},"content":{"rendered":"<p>Perezida Kabila wa Congo yatangarije i Kampala ko yiteguye kwiga ku byo inyeshyamba za M23 zisaba, izo nyeshyamba kuri uyu wa kabiri tariki 20 Ugushyingo 2012 zafashe Goma, umurwa mukuru w\u2019intara ya Kivu y\u2019amajyaruguru, ku buryo umuyobozi w\u2019iyo ntara Bwana Julien Paluku n\u2019abandi bayoboziba gisivire na gisirikare bari bahungiye i Bukavu ariko amakuru dufite ubu n\u2019uko bagiye gukorera mu mujyi wa Beni uri mu birometero nka 400 mu majyaruguru ya Goma.<!--more--><\/p>\n<p>Perezida Kabila uri mu rugendo i Kampala yabanje kubonana na Perezida Museveni wa Uganda nyuma Perezida wa Uganda abonana na Perezida Kagame w\u2019u Rwanda, hanyuma babona guhura bose uko ari batatu.<\/p>\n<p>N\u2019ubwo bwose Perezida Kabila yavuze ko agiye kwiga ku byo umutwe wa M23 usaba, abakuru b\u2019ibihugu uko ari batatu basabye ko inyeshyamba za M23 zahagarika kugaba ibitero ndetse zikava no mu mujyi wa Goma. Nabibutse ko Leta zunze ubumwe z\u2019Amerika mu ijwi rya Madame Victoria Nuland, umuvugizi wa Minist\u00e8re y\u2019ububanyi n\u2019amahanga y\u2019Amerika yasabye u Rwanda kubwira inyeshyamba za M23 zigahagarika kugaba ibitero, zikava muri Goma kandi u Rwanda rugakora ku buryo M23 itabona inkunga iturutse hanze. Aya magambo n\u2019ubwo adashinja Leta y\u2019u Rwanda ariko agaragaza Leta Zunze ubumwe z\u2019Amerika zidashidikanya ku mikoranire ya M23 na Leta y\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Perezida Museveni wa Uganda asa nk\u2019aho yasubiyemo amagambo yavuzwe na Leta y\u2019Amerika, ndetse Perezida Museveni abanyamakuru bamubajije uko azabigenza M23 niyanga kumwumvira yavuze ko icyo gihe M23 izagaragarizwa uko ingufu z\u2019akarere zingana. Ntawe uyobewe ko icyegeranyo cy\u2019impuguke z\u2019umuryango w\u2019abibumbye zashyize mu majwi Uganda n\u2019u Rwanda mu gufasha M23.<\/p>\n<figure id=\"attachment_2683\" aria-describedby=\"caption-attachment-2683\" style=\"width: 300px\" class=\"wp-caption alignright\"><a href=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/MAKENGA-SULTAN.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-2683\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/MAKENGA-SULTAN-300x206.jpg\" alt=\"\" width=\"300\" height=\"206\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/MAKENGA-SULTAN-300x206.jpg 300w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/MAKENGA-SULTAN.jpg 799w\" sizes=\"auto, (max-width: 300px) 100vw, 300px\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-2683\" class=\"wp-caption-text\">Umujyi ugifatwa Makenga yahise ahasesekara<\/figcaption><\/figure>\n<p>Ariko mu gihe ibyo byavugwaga mu nama n\u2019abaturage kuri Stade Virunga i Goma aho abasirikare ba Congo basaga 2000 n\u2019abapolisi 700 bari baje kwiyandikisha no gutanga intwaro zabo, umuvugizi wa M23, Lt Col Kazarama yatangaje ko M23 izagera n\u2019i Kinshasa igahirika ubutegetsi bwa Perezida Kabila, kandi ntabwo byari amagambo kuko ubu twandika iyi nkuru hari amakuru avuga ko Sake, Mushaki, na Karuba zimaze gufatwa na M23 ubu ingabo za Congo ziri ahitwa Minova ku muhanda ujya i Bukavu muri Kivu y\u2019amajyepfo, uretse ko abayobozi ba M23 bavugaga ko n\u2019i Bukavu bazahafata naho.<\/p>\n<p>Uku gufata uduce twinshi bya M23 byateye ubwoba benshi ko hashobora kongera gutangira indi ntambara ikomeye nk\u2019iyabaye hagati ya 1998 na 2003 igahitana abarenga Miliyoni 5.<\/p>\n<p>Hagati aho umuryango w\u2019abibumbye kuri uyu wa gatatu tariki ya 21 Ugushyingo 2012, wasohoye Raporo yari itegerejwe (mu minsi yashize abantu bashoboye kuyibona itarasohoka ku mugaragaro) irega u Rwanda na Uganda gutera inkunga umutwe wa M23, iyo raporo kandi ivuga ko Jenerali James Kabarebe ari we utegeka inyeshyamba za M23. U Rwanda na Uganda byamaganye iyo raporo n\u2019ubwo yari yagiye hanze igihe kitaragera mu kwezi gushize.<\/p>\n<p>Intumwa y\u2019umuryango w\u2019abibumbye muri Congo Roger Meece yagize icyo avuga ku nkunga ihabwa umutwe wa M23 ivuye mu bihugu byo hanze kuri uyu wa gatatu mu gihe yahaga ibisobanuro inama y\u2019umuryango w\u2019abibumbye ishinzwe amahoro kw\u2019isi.<\/p>\n<p>Yagize ati:\u201dM23 ifite ibikoresho bihagije,ifite abayiha imyenda ya gisirikare, amasasu n\u2019imbunda by\u2019ubwoko butandukanye byinshi muri ibyo bikaba bitarabonekaga mu bubiko bw\u2019ingabo za Congo mu gihe abagize M23 batorokaga icyo gisirikare.\u201d<\/p>\n<p>Yongeyeho ati:\u201ddufite amakuru n\u2019ibimenyetso byinshi byerekana ko M23 yakoze ibikorwa by\u2019ubwicanyi ku bantu batashakaga gukorana nayo muri bo harimo abayobozi ba Leta n\u2019abayobozi gakondo.\u201d<\/p>\n<p>Inyeshyamba za M23 zinjiye mu mujyi wa Goma kuri uyu wa kabiri tariki 20 Ugushyingo 2012, ibihugu nk\u2019ubufaransa byagaye cyane kuba ingabo z\u2019umuryango w\u2019abibumbye MONUSCO zigera ku 19000 muri Congo yose byarazinaniye kubuza inyeshyamba za M23 gufata umujyi wa Goma.<\/p>\n<figure id=\"attachment_2685\" aria-describedby=\"caption-attachment-2685\" style=\"width: 738px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><a href=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/makenga-Goma1.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"wp-image-2685  \" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/makenga-Goma1-1024x623.jpg\" alt=\"\" width=\"738\" height=\"449\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/makenga-Goma1-1024x623.jpg 1024w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/makenga-Goma1-300x182.jpg 300w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/makenga-Goma1.jpg 1681w\" sizes=\"auto, (max-width: 738px) 100vw, 738px\" \/><\/a><figcaption id=\"caption-attachment-2685\" class=\"wp-caption-text\">Ababa basore niba atari ab&#8217;iwacu barasa n&#8217;ab&#8217;iwacu<\/figcaption><\/figure>\n<p>Ariko umuryango w\u2019abibumbye wagerageje gusobanura ko ntako utagize ngo uhagarike M23 urasa ibisasu bya rokete birenga amajana mu kugerageza guhagarika izo nyeshyamba mu gufata Goma. Bwana Meece avuga ko inyeshyamba zaje gufata umujyi wa Goma zavuye kuri 500 zigahita zigera ku 3000 mu gihe umujyi zawufataga. MONUSCO yanze gukoma imbarutso ngo idateza imirwano y\u2019urudaca mu mujyi yashoboraga kugwamo abasiviri benshi kandi inshingano zabo bahawe n\u2019inama y\u2019umuryango w\u2019abibimbye ishinzwe amahoro kw\u2019isi ntabwo zabibemereraga. Akazi ka MONUSCO kari ako gufasha ingabo za Congo ariko ntabwo kari ako kurwana n\u2019inyeshyamba ingabo za Congo zigendeye.<\/p>\n<p>Inama y\u2019umuryango w\u2019abibumbye ishinzwe amahoro kw\u2019isi yafashe umwanzuro numero 2076 usaba ingabo za M23 guhita ziva muri Goma n\u2019inkunga zose zihabwa M23 zivuye hanze zigahagarara \u00a0ndetse no gufatira ibihano abayobozi ba M23<\/p>\n<p>Hagati aho mu mijyi myinshi ya Congo habaye imyigaragambyo ikaze yo kwamagana ifatwa rya Goma, iyo myigaragambyo yajemo imvururu zibasiye MONUSCO n\u2019inzu z\u2019amashyaka ashyigikiye Perezida Kabila abigaragambyaga bavugaga ko ntacyo bakoze ngo Goma idafatwa. Kandi zaguyemo abantu, amamodoka aratwikwa , n\u2019amazu aratwikwa cyane cyane ay\u2019ishyaka rya Perezida Kabila ryitwa PPRD, mu mijyi ya Bukavu, Kisangani, Bunia n\u2019ahandi ndetse n\u2019urusengero rwa Bishop Jean Marie Runiga umukuru wa politiki wa M23 rwatwitse i Bunia.<\/p>\n<p style=\"text-align: center\"><a href=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/M23goma.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"aligncenter  wp-image-2686\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/M23goma.jpg\" alt=\"\" width=\"640\" height=\"480\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/M23goma.jpg 800w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/M23goma-300x225.jpg 300w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2012\/11\/M23goma-160x120.jpg 160w\" sizes=\"auto, (max-width: 640px) 100vw, 640px\" \/><\/a><\/p>\n<p style=\"text-align: left\">Ababonye uko byagenze i Goma kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 Ugushyingo 2012, bavuga ko umujyi wa Goma wafashwe nta mirwano ikaze ibaye, inyeshyamba za M23 ngo zaje zituruka ahagana ku kibuga cy\u2019indege zinjira mu mujyi icyo gihe imvura yagwaga, humvikanye amasasu make izo nyeshyamba zikigera mu mujyi ariko abasirikare ba Congo ndetse n\u2019abapolisi ntabwo bongeye kugaragara. Ahagana mu mugoroba nibwo abaturage bari bagumye mu ngo zabo batangiye gusohoka bajya kureba ibyabaye, ahagana kuri rond point des banques hari umurambo w\u2019umusirikare wa Leta ya Congo abantu bari bashungereye, ariko muri rusange nta bintu bigaragara byangiritse mu mujyi.<\/p>\n<p>Abaturage bamwe ba Congo aho i Goma babwiye abanyamakuru ko bakeneye ibisobanuro bya Leta yabo kuko batumva ukuntu umujyi wabo wajya uhora ufatwa n\u2019abantu bavuye mu Rwanda Leta yabo ntigire icyo ibikoraho. N\u2019ubwo abo baturage bijujuta ariko muri rusange abenshi biruhukije kuba umujyi wafashwe nta mirwano ikomeye ibaye yashoboraga kwangiza byinshi igatwara n\u2019ubuzima bw\u2019abantu.<\/p>\n<p>Abasirikare ba MONUSCO barazenguruka mu mujyi bari mu bimodoka bya burende ariko si benshi nka mbere.<\/p>\n<p>Umukuru wa gisirikare w\u2019inyeshyamba za M23, Jenerali Sultani Makenga yazengurukaga mu mujyi areba uko ibintu byifashe.<\/p>\n<p>Kuri uyu wa Kabili tariki ya 20 Ugushyingo 2012, igihe umujyi wa Goma wafatwaga, Perezida Kabila yerekezaga i Kampala aho yari agiye kuganira na Perezida Museveni wa Uganda ndetse na Perezida Kagame w\u2019u Rwanda ku kibazo kiri mu burengerazuba bwa Congo ndetse aho i Kampala hari inama y\u2019abaministres b\u2019ububanyi n\u2019amahanga b\u2019ibihugu byo mu biyaga bigari (CIRGL). Ariko mbere yo kugenda yagize icyo avuga ashinja u Rwanda asaba abaturage ba Congo n\u2019inzego z\u2019igihugu guhaguruka bakamagana abatera igihugu cyabo, yatangaje kandi ko uhagarariye Congo mu Rwanda yarangije guhamagarwa.<\/p>\n<p>Abakurikiranira hafi ibibera mu karere baravuga ko ifatwa rya Goma ari amateka arimo kwisubiramo,kuko u Rwanda rwafashe Goma 1996 na 1998 kandi buri gihe rwikingirije imitwe y\u2019inyeshyamba ariko byaje kugaragara ko u Rwanda rwabaga rufite inyungu zarwo rukurikiranye rutitaye ku nyungu z\u2019abakongomani rwabaga rwikinze inyuma, mbere hari hagamijwe gusenya inkambi z\u2019impunzi, ariko nyuma hajemo ibyo gusahura umutungo wa Congo wiganjemo amabuye y\u2019agaciro none biranavugwa ko uturere twa Kivu dushobora kwigenga turi mu kwaha kwa Perezida Kagame, reka ndeke kuvuga u Rwanda kuko ibisahurwa muri Congo ntabwo bigera ku banyarwanda bose, uretse ko ingaruka zo zishobora kutarobanura. Muri ibyo byose ari ari M23 ari Leta y\u2019u Rwanda ubona bashaka kwitwaza FDLR, nk\u2019ibyavuzwe n\u2019abakuru ba M23 cyangwa abandi bakurikiranaga ibibera i Goma wabonaga bashaka guseseka ijambo FDLR mu bisobanuro batangaga by\u2019ibirimo kuba ariko ugasanga nta bimenyetso batanga ahubwo ari bya bindi by\u2019amarangamutima yokamye abantu ku buryo wenda byahindutse umugenzo ko umuntu adashobora kurangiza ibyo avuga adashyizemo FDLR.<\/p>\n<p>Muri ibi bihe byari bikomeye i Goma hagaragaye amagambo ameze nk\u2019ubwishongozi n\u2019ubwirasi ku banyarwanda akenshi bari cyangwa bashaka kwerekana ko bari mu kwaha k\u2019ubutegetsi buriho mu Rwanda aho wabonaga basa nk\u2019aho bahatira Perezida Kabila kuganira na M23 ariko ugasanga basa nka wa wundi ujya gutokora igitotsi mu jisho rya mugenzi we asize ingiga mu rye, muri abo bose usanga bafite amarangamutima ajyanye no kuba inkundarubyino ntawatinyuka kubwira Perezida Kagame ngo aganire na FDLR cyangwa aganire na opposition muri rusange, bakibagirwa ko umuvuduko wa M23 itawurushaga RCD cyangwa CNDP zitakibaho.<\/p>\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Kabila wa Congo yatangarije i Kampala ko yiteguye kwiga ku byo inyeshyamba za M23 zisaba, izo nyeshyamba kuri uyu wa kabiri tariki 20 Ugushyingo 2012 zafashe Goma, umurwa mukuru w\u2019intara ya Kivu y\u2019amajyaruguru, ku buryo umuyobozi w\u2019iyo ntara Bwana Julien Paluku n\u2019abandi bayoboziba gisivire na gisirikare bari bahungiye i Bukavu ariko amakuru dufite ubu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":2682,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[66,64],"tags":[],"class_list":["post-2681","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-akarere","category-amakuru"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Perezida Kabila wa Congo yatangarije i Kampala ko yiteguye kwiga ku byo inyeshyamba za M23 zisaba, izo nyeshyamba kuri uyu wa kabiri tariki 20 Ugushyingo 2012 zafashe Goma, umurwa mukuru w\u2019intara ya Kivu y\u2019amajyaruguru, ku buryo umuyobozi w\u2019iyo ntara Bwana Julien Paluku n\u2019abandi bayoboziba gisivire na gisirikare bari bahungiye i Bukavu ariko amakuru dufite ubu [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-11-22T02:19:37+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2012-11-22T02:28:54+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwd.com\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"headline\":\"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba\",\"datePublished\":\"2012-11-22T02:19:37+00:00\",\"dateModified\":\"2012-11-22T02:28:54+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/\"},\"wordCount\":1379,\"commentCount\":2,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"articleSection\":[\"Akarere\",\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/\",\"name\":\"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-11-22T02:19:37+00:00\",\"dateModified\":\"2012-11-22T02:28:54+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"720\",\"height\":\"480\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwd-com\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba - Umunyarwanda","og_description":"Perezida Kabila wa Congo yatangarije i Kampala ko yiteguye kwiga ku byo inyeshyamba za M23 zisaba, izo nyeshyamba kuri uyu wa kabiri tariki 20 Ugushyingo 2012 zafashe Goma, umurwa mukuru w\u2019intara ya Kivu y\u2019amajyaruguru, ku buryo umuyobozi w\u2019iyo ntara Bwana Julien Paluku n\u2019abandi bayoboziba gisivire na gisirikare bari bahungiye i Bukavu ariko amakuru dufite ubu [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-11-22T02:19:37+00:00","article_modified_time":"2012-11-22T02:28:54+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/"},"author":{"name":"therwd.com","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"headline":"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba","datePublished":"2012-11-22T02:19:37+00:00","dateModified":"2012-11-22T02:28:54+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/"},"wordCount":1379,"commentCount":2,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","articleSection":["Akarere","Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/","name":"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-11-22T02:19:37+00:00","dateModified":"2012-11-22T02:28:54+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"720","height":"480"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-kabila-yavuze-ko-yiteguye-kwiga-ku-byo-m23-isaba\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Perezida Kabila yavuze ko yiteguye kwiga ku byo M23 isaba"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2681","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2681"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2681\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2681"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2681"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2681"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}