{"id":2740,"date":"2012-11-25T17:28:35","date_gmt":"2012-11-25T15:28:35","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=2740"},"modified":"2012-11-25T17:28:35","modified_gmt":"2012-11-25T15:28:35","slug":"uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/","title":{"rendered":"Uko inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zibona ubutegetsi buriho mu Rwanda"},"content":{"rendered":"<p>Amakuru atangazwa n\u2019urubuga <a href=\"http:\/\/www.jambonews.net\/actualites\/20121123-la-surete-belge-evoque-la-crispation-du-regime-rwandais\/\">Jambo news<\/a> rwandika mu rurimi rw\u2019igifaransa mu nkuru y\u2019uwitwa Jean Mitali, ruravuga ko mu cyegeranyo cya buri mwaka cy\u2019inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa gatatu tariki ya 21 Ugushyingo 2012.<!--more--><\/p>\n<p>Inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zigaruka ku miterere idashamaje ya demokarasi mu Rwanda na cyane cyane ukuntu ubuyobozi bw\u2019u Rwanda bugenda burushaho kuba igitugu, aho ubutegetsi bugenda burushaho kujya mu maboko y\u2019agatsiko gato kari iruhande rwa Perezida Kagame.<\/p>\n<p>Icyegeranyo cya buri mwaka cy\u2019inzego za gisiviri z\u2019iperereza mu Bubiligi, akaba ari umwaka wa kane gisohoka, cyatangarijwe itangazamakuru kuri uyu wa gatatu tariki ya 21 Ugushyingo 2012 na Ministre w\u2019ubutabera w\u2019u Bubiligi Annemie Turtelboom. Icyo cyegeranyo kigizwe n\u2019impapuro 111, kigaragaza imikorere itandukanye y\u2019inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi mu mwaka wa 2011, igice kinini kibanda ku byabaye n\u2019uko iterabwoba ryitwaje idini ya Isilamu ku isi no mu Bubiligi rimeze kuva mu myaka 10 ishize. Icyakora muri icyo cyegeranyo harimo impapuro zivuga ku Rwanda, cyane cyane ku miterere idashamaje ya demokarasi muri icyo gihugu cyiyoboranywe agatuza na G\u00e9n\u00e9ral Paul Kagame nyuma yo kucyigarurira ku mbaraga za gisirikare mu 1994.<\/p>\n<p>\u201dUbutegetsi bwo mu Rwanda buragenda buba bubi n\u2019abatsiko gategekana na Perezida Kagame kararushaho kugenda kaba gato\u201d: ibi umuntu ashobora kubisoma ku rupapuro rwa 73 rw\u2019icyo cyegeranyo.<\/p>\n<p>Icyo cyegeranyo kigaruka ku ivugururwa umwaka ushize ry\u2019inzego z\u2019iperereza n\u2019igisirikare mu Rwanda, izi nzego zombi zo n\u2019umutwe urinda Perezida bikaba ari byo nkingi z\u2019ubutegetsi buriho i Kigali.<\/p>\n<p>Mu mwaka wa 2011 mu Rwanda habaye guhindurira imirimo no gusubiza mu mirimo abayobozi b\u2019inzego z\u2019iperereza z\u2019ingenzi ibyo byatumye bamwe mu bantu ngo bafite umurongo ukarishye nka Dan Munyuza na Karenzi Karake bafite impapuro mpuzamahanga zibashakisha bahabwa imirimo ikomeye mu buyobozi bwa gisirikare n\u2019iperereza, ibyo byagaragaye nko kongera ingufu z\u2019ubutegtsi bwari bumaze guta ingufu gato kubera amatora yo 2010, ayo matora akaba yaranenzwe n\u2019umuryango mpuzamahanga kubera ubwicanyi n\u2019ihohoterwa byakorewe abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi n\u2019abanyamakuru bigenga. Ikindi cyari kigamijwe kwari ukugarura icyizere no kugabanya icyoba cyari mu bashyigikiye ubutegetsi nyuma y\u2019ihunga rya g\u00e9n\u00e9ral Faustin Kayumba wahoze ari umugaba mukuru w\u2019ingabo wari ukunzwe mu gisirikare.<\/p>\n<p>Inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zigaruka kandi muri icyo cyegeranyo ku ishyirwaho rya guverinoma nshya na ministre w\u2019intebe Pierre Damien Habumuremyi. Icyo cyegeranyo kibanda cyane ku kubuza itangazamakuru gutangaza amakuru uko rishaka no kuritoteza.<br \/>\nKu bijyanye n\u2019itangazamakuru ryo mu Rwanda icyo cyegeranyo kigira cyiti:\u00ab Ibitangazamakuru bibuzwa gukora akazi kabyo neza . Mu 2011, ibitangazamakuru byigenga byagiye bihagarikwa ndetse n\u2019ubuzima bw\u2019abanyamakuru babyo bwagiye bujya mu kaga \u00bb.<\/p>\n<p>Icyo cyegeranyo nticyirengagije kandi kukuvuga uburyo abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi mu Rwanda bamerewe. kiragira kiti: \u00abAbatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi mu gihugu imbere ni nk\u2019aho batakibaho, abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi bakomeye bose bashyizwe mu buroko abandi barahunga. \u00bb Gitanga urugero rwa Madame Victoire Ingabire wakatiwe imyaka 8 y\u2019igifungo, D\u00e9ogratias Mushayidi wakatiwe gufungwa ubuzima bwose ariko akaba yaranze gusaba imbabazi ngo afungurwe, na Bernard Ntaganda pr\u00e9sident na Parti Social Imberakuri.<\/p>\n<p>Ku nzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi ngo opozisiyo nyarwanda nyayo iri hanze y\u2019igihugu, cyane cyane mu Bubiligi hamwe muho yiganje, ariko na none igaragara mu Buhorandi, u Bufaransa no mu bihugu bimwe na bimwe byo mu majyaruguru y\u2019u Burayi (pays scandinaves) aho igenda igaragaza ibikorwa.<\/p>\n<p>Ubwumvikane buke muri opozisiyo nyarwanda ikorera hanze nabyo ntabwo byacitse inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi, ugucikamo ibice kw\u2019ishyaka FDU-Inkingi rya Victoire Ingabire nabyo byagarutsweho.<\/p>\n<p>Hagarutswe kandi ku ngufu zigenda zizamuka z\u2019ihuriro Nyarwanda RNC hagaragara muri icyo cyegeranyo amagambo agira ati:<br \/>\n\u00ab ishyaka RNC riragenda rizamuka mu mbaraga, ryashinzwe n\u2019abatutsi 4 bahoze bakomeye muri FPR, bakaba bari abafasha ba hafi ba Perezida Kagame bahunze igihugu, barimo kugerageza gushaka ubufatanye bwa politiki n\u2019andi mashyaka ya opozisiyo akorera hanze y\u2019u Rwanda. Inama nyinshi zakozwe n\u2019uwo mutwe wa politiki mu mijyi myinshi y\u2019i Burayi mu 2011 yateye ibibazo bya diplomasi hagati y\u2019ibyo bihugu n\u2019u Rwanda. \u00bb<\/p>\n<p>Robert Masozera, Ambasaderi w\u2019u Rwanda mu Bubiligi watangiye imirimo ye 2011 nawe avugwa muri icyo cyegeranyo uburyo agerageza kureshya abatavuga rumwe na Leta n\u2019abandi banyarwanda baba hanze abategurira ingendo mu Rwanda ku mafaranga ya Leta y\u2019u Rwanda mu rwego rwa gahunda izwi kw\u2019izina rya \u00abCome and See\u00bb. Iyo gahunda ngo igamije nk\u2019uko icyo cyegeranyo cyibivuga gutegurira ingendo abatavuga rumwe na Leta y\u2019u Rwanda, n\u2019abanyarwanda baba mu mahanga cyane cyane b\u2019impunzi bakajya kureba uko u Rwanda rumeze ubu ngo babone ko rutandukanye n\u2019urwo basize.<\/p>\n<p>Twabibutsa ko iyo gahunda yari igiye gusiga umugani ubwo Ernest Gakwaya alias Camarade, ushakishwa n\u2019ubutabera bw\u2019u Rwanda kubera gukekwaho ibyaha by\u2019intambara na jenoside nawe yishyuriwe uwo rugendo akajya mu Rwanda akabonana n\u2019abayobozi bakuru b\u2019igihugu barimo na Perezida Kagame. Ako gashya katumye bamwe mu batutsi bacitse kw\u2019icumu bibumbiye mu muryango Ibuka barya karungu.<\/p>\n<p>Nta gishya iki cyegeranyo cy\u2019inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi gitangaza kitari kizwi mu bijyanye n\u2019uko ibintu bimeze mu rwego rwa politiki mu Rwanda, ariko umuntu ntiyabura kuvuga ko ubutegetsi buriho mu Rwanda, buzwi kuba bugenzera ku gitugu, bukurikiranirwa hafi n\u2019inzego z\u2019iperereza z\u2019ibihugu by\u2019i Burayi n\u2019Amerika cyane cyane iz\u2019u Bubiligi, bwahoze bukoroniza u Rwanda, bukaba ari kimwe mu bihugu biha u Rwanda inkunga itubutse.<\/p>\n<p>Iyo raporo yose mu rurimo rw&#8217;igifaransa mwayisanga \u00a0<a href=\"https:\/\/docs.google.com\/file\/d\/0B_tlXBHmVgPHZUtHOHJxWVp4M0k\/edit?pli=1\">hano&gt;&gt;<\/a><\/p>\n<p>Ubwanditsi<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Amakuru atangazwa n\u2019urubuga Jambo news rwandika mu rurimi rw\u2019igifaransa mu nkuru y\u2019uwitwa Jean Mitali, ruravuga ko mu cyegeranyo cya buri mwaka cy\u2019inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa gatatu tariki ya 21 Ugushyingo 2012.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":2742,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[67,64],"tags":[],"class_list":["post-2740","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amahanga","category-amakuru"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Uko inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zibona ubutegetsi buriho mu Rwanda - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Uko inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zibona ubutegetsi buriho mu Rwanda - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Amakuru atangazwa n\u2019urubuga Jambo news rwandika mu rurimi rw\u2019igifaransa mu nkuru y\u2019uwitwa Jean Mitali, ruravuga ko mu cyegeranyo cya buri mwaka cy\u2019inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa gatatu tariki ya 21 Ugushyingo 2012.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-11-25T15:28:35+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/\",\"name\":\"Uko inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zibona ubutegetsi buriho mu Rwanda - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-11-25T15:28:35+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"466\",\"height\":\"308\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Uko inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zibona ubutegetsi buriho mu Rwanda\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Uko inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zibona ubutegetsi buriho mu Rwanda - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Uko inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zibona ubutegetsi buriho mu Rwanda - Umunyarwanda","og_description":"Amakuru atangazwa n\u2019urubuga Jambo news rwandika mu rurimi rw\u2019igifaransa mu nkuru y\u2019uwitwa Jean Mitali, ruravuga ko mu cyegeranyo cya buri mwaka cy\u2019inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa gatatu tariki ya 21 Ugushyingo 2012.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-11-25T15:28:35+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/","name":"Uko inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zibona ubutegetsi buriho mu Rwanda - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-11-25T15:28:35+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"466","height":"308"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uko-inzego-ziperereza-zu-bubiligi-zibona-ubutegetsi-buriho-mu-rwanda\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Uko inzego z\u2019iperereza z\u2019u Bubiligi zibona ubutegetsi buriho mu Rwanda"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2740","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=2740"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/2740\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=2740"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=2740"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=2740"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}