{"id":28707,"date":"2018-10-07T03:26:40","date_gmt":"2018-10-07T01:26:40","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=28707"},"modified":"2018-10-18T17:39:25","modified_gmt":"2018-10-18T15:39:25","slug":"minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/","title":{"rendered":"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w&#8217;igihugu"},"content":{"rendered":"<p>Yanditswe na\u00a0<a href=\"https:\/\/twitter.com\/intwarane\"><strong>John Williams Ntwali<\/strong><\/a><\/p>\n<p>Ubwo yarahizaga abadepite bashya mu Nteko Ishinga amategeko y\u2019u Rwanda, Perezida Paul Kagame yabasabye kurushaho kuba ingirakamaro, bakaba intumwa z\u2019abo bahagarariye, banareba ko ibyo bagenerwa bibakorerwa koko (accountability). Ni na hano yahereye yibutsa ko PAC igomba kongererwa ingufu mu kugenzura abangiza umutungo wa Leta ari nawo w\u2019abaturage.<\/p>\n<p>Hagati aho ariko, bamwe mu bagaragaza amakosa ari mu bigo bya Leta bagamije ko akosorwa ngo umutungo wa Leta we kunyerezwa, baragerwa amajanja, kuko abawunyereza nabo batajenjetse. Mu nkuru z\u2019uruhererekane tuzabagezaho kuri iki kibazo, duhereye muri Ministeri y\u2019Ubucuruzi n\u2019Inganda, MINICOM.<\/p>\n<p>Muri Kamena 2018, icyegeranyo cyashyizwe ahabona n\u2019Umugenzuzi w\u2019imari ya Leta (Auditor General), kigaragaza ku rupapuro rwa 23 ko iyahoze MINICOM yakubye imishahara y\u2019abakozi inshuro eshatu itabyemerewe. Mu kwitaba PAC, iyi Ministeri yarezwe ko yemeje imishahara y\u2019abakozi itabiherewe uburenganzira na Minisiteri y\u2019Abakozi ba Leta n\u2019Umurimo, bihombya umutungo wa leta.<\/p>\n<p>Mur\u2019icyo gihe, Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y\u2019imari n\u2019Umutungo by\u2019Igihugu (PAC) yakiriye Minisiteri y\u2019Ubucuruzi n\u2019Inganda (MINICOM) ngo itange ibisobanuro ku makosa akomeye ashingiye ku kutubahiriza amategeko yagaragaye mu yahoze ari MINEACOM nk\u2019uko byagaragajwe na raporo y\u2019Umugenzuzi w\u2019Imari ya Leta ya 2016-2017.<\/p>\n<p>Iyi niyo minisiteri ya mbere yari yitabye PAC, kuko izindi usanga zitajya zitumizwa.<br \/>\nMu bibazo abadepite bagaragaje harimo icyo kuba mu ishami ryayo rishinzwe imishinga ryitwa SPIU harimo imishinga itandukanye yagaragayemo ibibazo byo kongera uko bishakiye imishahara.<\/p>\n<p>Depite Niyonsega Th\u00e9odomir yavuze ko mu mbonerahamwe y\u2019imyanya y\u2019imirimo ya SPIU yemejwe n\u2019Inama y\u2019Abaminisitiri harimo umushinga wa \u2018Enhanced integrated framework\u2019, wari ufite inshingano zo kubaka amasoko mpuzamipaka, aho harimo ko buri mukozi ahembwa ibihumbi 312 Frw, MINEACOM irangije imuhemba ibihumbi 839 Frw.<\/p>\n<p>Yagize ati \u201cMINEACOM yabirenzeho ihemba abakozi bageze kuri batandatu b\u2019uyu mushinga, amafaranga y\u2019umurengera, cyane cyane ku bakozi bakoraga kuri cross border market, aho umukozi yagombaga guhembwa ibihumbi 312 Frw, bo bamuhembye ibihumbi 839 Frw.\u201d<\/p>\n<p>Yavuze ko Umugenzuzi w\u2019Imari yabiteranyije abona Leta yarahombye miliyoni zirenga 37 Frw. Umunyamabanga Uhoraho muri MINICOM, Sebera Michel, yavuze ko bagize ibibazo mu mishinga ariko ngo bafashe ibyemezo kugira ngo barebe uko babikosora.<\/p>\n<p>Perezida wa PAC, Depite Nkusi Juvenal, yamwibukije ko icyamuzanye ari ugusobanura impamvu amakosa yabaye ndetse no kwerekana ibyemezo bafatiye ababigizemo uruhare.<\/p>\n<p>Sebera yasubije agira ati \u201cIcyo twakoze ni uko amasezerano twayahagaritse abakozi turabirukana, ubu twafashe icyemezo cyo kubakurirana.\u201d<\/p>\n<p>Depite Niyonsenga ntiyanyuzwe, ahita abaza ati \u201cUmukozi uramukurikirana ni we ufite ikibazo cyangwa uwamuhaye amasezerano? Ni ukuvuga ngo mu masezerano yabo harimo ibihumbi 839 Frw aho kugira ngo mushyiremo ibihumbi 312 Frw, ni ukuvuga ngo uwabahaye amasezerano ni we ufite ikibazo, umukozi nta kibazo afite, unamushatse yagutsinda akaguca n\u2019andi mafaranga. Ibyo kuvuga ngo amasezerano yararangiye ni uko umushinga warangiye. Ntabwo ari ukuvuga ngo mwayahagaritse kuko mwabibonye, mukibibona mwarabikomeje, uyu munsi kuba batagikora ni uko wa mushinga utagihari!\u201d<\/p>\n<p>Ubusanzwe iyo urwego rwa leta rushaka guhindura imbonerahamwe y\u2019imyanya y\u2019imirimo rubimenyesha Minisiteri y\u2019Abakozi ba Leta n\u2019Umurimo (MIFOTRA), ikaba ari yo ibyemeza.<\/p>\n<p>Kuba iyari MINEACOM yarabirenzeho igakuba imishahara hafite inshuro eshatu itabyemerewe, Abadepite babifashe nko gusuzugura inzego, bagashimangira ko ibyo bakoze bitubahirije amategeko ndetse ko amafaranga yishyuwe abo bakozi mu buryo butemewe n\u2019amategeko agomba kugarurwa mu isanduku ya leta.<\/p>\n<p><strong>Abakozi bashyizwe mu kazi mu buryo butemewe<\/strong><\/p>\n<p>Mu mushinga wa \u2018Great Lakes trade facilitation\u2019, Umugenzuzi Mukuru w\u2019Imari ya Leta yagaragaje ko hari abakozi babiri bashyizwe mu myanya batari ku mbonerahamwe y\u2019imyanya y\u2019imirimo yemejwe n\u2019Inama y\u2019Abaminisitiri ku buryo byatumye leta ihomba miliyoni 18 Frw.<\/p>\n<p>Muri uwo mushinga kandi abakozi ngo banajyaga mu butumwa bw\u2019akazi ntibatange raporo ndetse n\u2019inyandiko z\u2019ubutumwa (ordres de mission) zisa nk\u2019izo batekinitse ku buryo zitagaragazaga aho bagiye gukora ku buryo byatwaye amafaranga hafi miliyoni imwe.<\/p>\n<p>Mu mushinga wa \u2018E-waste management\u2019 ngo naho habayeho gushyira mu mwanya umukozi utari mu mbonerahamwe y\u2019imyanya y\u2019imirimo nabyo bihombya Leta miliyoni 12 Frw.<\/p>\n<p>Umugenzuzi Mukuru w\u2019Imari ya Leta yanagaragaje ko hari inama ya \u2018SPIU Governance Meeting\u2019, aho icyo kibazo cy\u2019imishahara cyagaragajwe, hafatwa icyemezo ko bigomba guhita bikosoka ariko yaje kujyayo asanga bitarakosowe.<\/p>\n<figure id=\"attachment_115773\" class=\"wp-caption alignnone\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-115773\" src=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/raporo.jpg\" sizes=\"auto, (max-width: 931px) 100vw, 931px\" srcset=\"https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/raporo.jpg 931w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/raporo-150x150.jpg 150w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/raporo-300x297.jpg 300w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/raporo-768x761.jpg 768w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/raporo-403x400.jpg 403w, https:\/\/bwiza.com\/wp-content\/uploads\/2018\/10\/raporo-585x580.jpg 585w\" alt=\"\" width=\"931\" height=\"923\" \/><figcaption class=\"wp-caption-text\"><strong>Umugenzuzi w\u2019imari ya Leta yagaragaje uburyo miliyoni Bari 38 zanyerejwe mu mishahara ( Amazina y\u2019abakozi twayahishe)<\/strong><\/figcaption><\/figure>\n<p><strong>Abagize uruhare mu kugaragaza amakosa ubu bari mu mazi abira!<\/strong><\/p>\n<p>Mu icukumburamakuru (investigation) twakoze, twasanze aya mafaranga miliyoni 67 Frw yanyerejwe anyujijwe mu kongerera bamwe imishahara mu buryo bufifitse, no gushyira mu myanya abakozi batemewe byaragaragajwe n\u2019umugenzuzi mukuru w\u2019imali ya Leta (Auditor General) abifashijwemo n\u2019umuyobozi mushya w\u2019imishinga ya Leta muri MINICOM (SPIU Coordiator) bwana Hagenimana Martin.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019aho bamwe mu bo bakorana bamaze kumenya neza ko ari we uri kugaragaza aya manyanga yose, yatangiye gutotezwa. Urugero ni nko munama ya senior management meeting yabaye kuwa 11\/06\/2018 (iminsi itatu gusa nyuma yo kwitaba PAC) aho abayobozi bakuru muri Minisiteri basabye ko umuyobozi w\u2019imishinga yirukanwa kubera ko yatanze amakuru kuri PAC asebya urwego rusanzwe rwubashywe. Byahereye ubwo akomeza gukorerwa akagambane ko kumuburabuza mukazi ke ka buri munsi kugeza ubwo ahagaritswe kumirimo ye nyuma y\u2019amezi atatu gusa MINICOM yitabye PAC. Babiri mubo bakorana batifuje gutangazwa amazina yabo bavuga ko ntampamvu ifatika babona y\u2019iri hagarikwa ku mirimo ndetse ko byabateye impungenge ko uru rwego rwa Leta rushobora gukomeza kumungwa n\u2019inyerezwa ry\u2019umutungo niba utinyutse kubigaragaza azajya ahita abizira.<\/p>\n<p><strong>Imvo n\u2019imvano y\u2019iki kibazo.<\/strong><\/p>\n<p>Nkuko byavuzwe haruguru, Bwana Hagenimana Martin yagizwe umuyobozi mukuru w\u2019imishinga ya Leta muri MINICOM muri Nyakanga 2017, ahita ahabwa inshingayo yihariye yo kurwanya ibikorwa byose bifitanye isano na ruswa n\u2019inyerezwa ry\u2019umutungo wa Leta abisabwe n\u2019uwari umunyamabanga uhoraho mur\u2019iyo ministeri Madam Rosemary Mbabazi. muri Ugushyingo 2017, umugenzuzi mukuru w\u2019imari ya Leta yohereje abagenzuzi gukora audit y\u2019imishinga yose ya MINICOM iri muri SPIU (Single Project Implementation Unit), bihurirana nuko hari uyu muyobozi mushya wari warahawe inshingano zihariye zavuzwe haruguru bityo akaba yarafashije aba auditors kubona amakuru yose yari akenewe kumicungire y\u2019umutungo.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019igenzura, raporo y\u2019umugenzuzi mukuru w\u2019imali ya Leta ntiyaguye neza abayobozi bashya ba MINICOM bityo batangira gutoteza uyu muyobozi w\u2019imishinga bamuhora ko ngo yahaye amakuru umugenzuzi w\u2019imali ya Leta, nyamara ayo makuru yari yaragizwe ibanga n\u2019abayobozi bamubanjirije bituma afatwa nk\u2019umugambanyi. Nyuma yo kwitaba PAC mu kwa Gatandatu 2018, abayobozi ba MINICOM barushijeho kwikoma uyu muyobozi w\u2019imishinga kuko ngo yashyize MINICOM ku karubanda, mubyo bise kumena amabanga akomeye y\u2019akazi.<\/p>\n<p>Mu kwezi kwa Munani 2018, Umugenzuzi mukuru w\u2019imali ya Leta yongeye kohereza abagenzuzi gukora audit y\u2019imishinga yose yo muri SPIU ya MINICOM hibandwa ku mwaka w\u2019ingengo y\u2019imari ya 2017\/2018. Mugutegura iyi nkuru, abakozi twaganiriye batubwiye ko gahunda yo kwirukana umuyobozi w\u2019imishinga yatijwe umurindi no kubona umugenzuzi w\u2019imali ya Leta agarutse muri MINICOM kandi bazi neza ko amakosa yose yabagaragarije mbere ntanarimwe ryakosowe, bityo bigira inama yo kwihutira kumwirukana kugirango atagaragaza andi makosa yakozwe mur\u2019uyu mwaka w\u2019ingengo y\u2019imali.<\/p>\n<p>Muburyo butunguranye, kuwa 05 Nzeri 2018 umunyamabanga uhoraho SEBERA Michel yamenyesheje Hagenimana Martin (umuyobozi w\u2019imishinga) ko akazi ke agahagaritsweho kuko yakorewe isuzumabushobozi (evaluation) agasangwa adashyitse. Bamwe mubakozi bemeza ko umuyobozi w\u2019imishinga yatunguwe no kubona akorerwa isuzuma bushobozi ku mihigo atasinye atazi kuko bimwe mubiyikubiyemo bitari mu nshingano ze. Bikaba byaratangaje abakozi kubona audit y\u2019imishinga ikorwa umuyobozi w\u2019iyo mishanga agahezwa kandi ariwe muby\u2019ukuri wakagombye gutanga amakuru yose akenewe ku micungire n\u2019imikoreshereze y\u2019amafaranga y\u2019iyo mishanga ayobora.<\/p>\n<p>Tuvugana na bwana Martin Hagenimana kuri telefonne ye igendanwa, yatwemereye ko koko yahagaritswe ku mirimo ye ariko yavuze ko ntabindi atangaza kuri iyi ngingo kuberako yamaze kugeza ikibazo cye ku nzego zibishinzwe ngo arenganurwe.<\/p>\n<p><strong>MINICOM Ntiyifuje kugira icyo ibitangazaho<\/strong><\/p>\n<p>Twaifuje kumenya icyo Minisiteri y\u2019Ubucuruzi n\u2019Inganda (MINICOM) ibivugaho, Minisitiri Vincent Munyeshyaka adusaba kubibaza Umunyamabanga Uhoraho Sebera Michel, nawe utaremeye kugira icyo adusubiza, ahubwo akatugira inama yo kunyura ku Ushinzwe ihererakanyamakuru wa Minisiteri akazadushakira umwanya wo kuvugana nabo (Appointment) igihe bazaba babonetse.<\/p>\n<p>Igihe cyose MINICOM izagira icyo itangaza kuri ubu busahuzi bwayikozwemo bukingiwe ikibaba na bamwe mu bayobozi bayo, n\u2019icyaba cyarakosotse muri raporo babugaragarijweho na PAC, twiteguye kukibagezaho.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na\u00a0John Williams Ntwali Ubwo yarahizaga abadepite bashya mu Nteko Ishinga amategeko y\u2019u Rwanda, Perezida Paul Kagame yabasabye kurushaho kuba ingirakamaro, bakaba intumwa z\u2019abo bahagarariye, banareba ko ibyo bagenerwa bibakorerwa koko (accountability). Ni na hano yahereye yibutsa ko PAC igomba kongererwa ingufu mu kugenzura abangiza umutungo wa Leta ari nawo w\u2019abaturage. Hagati aho ariko, bamwe [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":28708,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[69],"tags":[],"class_list":["post-28707","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubukungu"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w&#039;igihugu - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w&#039;igihugu - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na\u00a0John Williams Ntwali Ubwo yarahizaga abadepite bashya mu Nteko Ishinga amategeko y\u2019u Rwanda, Perezida Paul Kagame yabasabye kurushaho kuba ingirakamaro, bakaba intumwa z\u2019abo bahagarariye, banareba ko ibyo bagenerwa bibakorerwa koko (accountability). Ni na hano yahereye yibutsa ko PAC igomba kongererwa ingufu mu kugenzura abangiza umutungo wa Leta ari nawo w\u2019abaturage. Hagati aho ariko, bamwe [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2018-10-07T01:26:40+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2018-10-18T15:39:25+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/10\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1000\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"630\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwd\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\"},\"headline\":\"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w&#8217;igihugu\",\"datePublished\":\"2018-10-07T01:26:40+00:00\",\"dateModified\":\"2018-10-18T15:39:25+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/\"},\"wordCount\":1318,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/10\\\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg\",\"articleSection\":[\"Ubukungu\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/\",\"name\":\"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w'igihugu - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/10\\\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg\",\"datePublished\":\"2018-10-07T01:26:40+00:00\",\"dateModified\":\"2018-10-18T15:39:25+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/10\\\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/10\\\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg\",\"width\":1000,\"height\":630,\"caption\":\"Ubwo intumwa za MINICOM zitabaga PAC ziyobowe na PS Sebera (Wifashe ku munwa)\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w&#8217;igihugu\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\",\"name\":\"therwd\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwd\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w'igihugu - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w'igihugu - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na\u00a0John Williams Ntwali Ubwo yarahizaga abadepite bashya mu Nteko Ishinga amategeko y\u2019u Rwanda, Perezida Paul Kagame yabasabye kurushaho kuba ingirakamaro, bakaba intumwa z\u2019abo bahagarariye, banareba ko ibyo bagenerwa bibakorerwa koko (accountability). Ni na hano yahereye yibutsa ko PAC igomba kongererwa ingufu mu kugenzura abangiza umutungo wa Leta ari nawo w\u2019abaturage. Hagati aho ariko, bamwe [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2018-10-07T01:26:40+00:00","article_modified_time":"2018-10-18T15:39:25+00:00","og_image":[{"width":1000,"height":630,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/10\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwd","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/"},"author":{"name":"therwd","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03"},"headline":"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w&#8217;igihugu","datePublished":"2018-10-07T01:26:40+00:00","dateModified":"2018-10-18T15:39:25+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/"},"wordCount":1318,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/10\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg","articleSection":["Ubukungu"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/","name":"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w'igihugu - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/10\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg","datePublished":"2018-10-07T01:26:40+00:00","dateModified":"2018-10-18T15:39:25+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/10\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/10\/Ubwo-intumwa-za-MINICOM-zitabaga-PAC-ziyobowe-na-PS-Sebera-Wifashe-ku-munwa-1.jpg","width":1000,"height":630,"caption":"Ubwo intumwa za MINICOM zitabaga PAC ziyobowe na PS Sebera (Wifashe ku munwa)"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/minicom-intangarugero-mu-kunyereza-umutungo-wigihugu\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"MINICOM, intangarugero mu kunyereza umutungo w&#8217;igihugu"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03","name":"therwd","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/28707","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=28707"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/28707\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":28894,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/28707\/revisions\/28894"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/28708"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=28707"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=28707"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=28707"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}