{"id":3078,"date":"2013-01-25T00:25:11","date_gmt":"2013-01-24T22:25:11","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=3078"},"modified":"2013-01-25T16:50:10","modified_gmt":"2013-01-25T14:50:10","slug":"leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/","title":{"rendered":"Leta y\u2019u Rwanda irimo irakoresha uko ishoboye ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana"},"content":{"rendered":"<p>Leta y\u2019u Rwanda imaze iminsi ikoresha uburyo bwose bushoboka ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege yari itwaye Perezida Habyalimana, amayeri ikoresha cyane ni ugukwiza ibihuha ikoresheje abanyamakuru cyane cyane b\u2019abafaransa iha akayabo ikoresheje abayiburanira, ibyo bikorwa bigamije kuyobya iperereza ndetse no gushyira igitutu ku bategetsi b\u2019abafaransa babashinja uruhare muri jenoside yo mu 1994 kugira ngo babe baburizamo iperereza ririmo gukorwa batinya gukomeza gushyirwa mu majwi.<!--more--><\/p>\n<p>Muti byifashe bite?<br \/>\nNyuma y\u2019aho mu ntangiriro za 2012 ababuranira Leta y\u2019u Rwanda, Me Bernard Maingain na bagenzi be bafatanije n\u2019ibitangazamakuru byo mu Bufaransa baciriye igikuba bagamije kwerekana ko iperereza ry\u2019uwahanuye indege yari itwaye Perezida Habyalimana ryarangiye ryemeje ko yahanuwe na bamwe bo mu ngabo ze, ibyo bakaba barabivuze bitwaje imwe mu myanzuro y\u2019agateganyo y\u2019umucamanza Marc Tr\u00e9vidic yavugaga ko agasozi ka Kanombe kubatseho ikigo cya gisirikare kari mu hantu 6 hakekwa kuba hararasiwe iyo ndege, abantu benshi bamaganye iyo myanzuro ihutiyeho ababuranira Leta y\u2019u Rwanda bashakaga gukoresha ngo bakubirane basabe ko abo baburanira bareka gukomeza gukurikiranwa, ndetse n\u2019ababuranira imiryango y\u2019abaguye muri iyo ndege basabye ko bimwe mu iperereza bitakozwe neza byasubirwamo, ibyo byose byatumye ibyo Leta y\u2019u Rwanda yibwiraga ko iyo dosiye ibaye igiye ku ruhande biba impfa busa.<\/p>\n<p>Ubu Leta y\u2019u Rwanda ikoresheje abayiburanira nka Me Bernard Maingain, Me L\u00e9on-Lef Forster n\u2019abandi ubu barimo gukoresha abanyamakuru b\u2019ibitangazamakuru bikomeye byo mu bufaransa mu kugerageza guca igikuba no gushyira igitutu kuri Leta y\u2019u Bufaransa bavangitiranya ikintu cyose gifite aho gihuriye n&#8217;ubutegetsi bwa Habyalimana, \u00a0ibihuha, impapuro mpimbano, jenoside n\u2019ibindi byose bishobora gutuma ari abasoma ibinyamakuru, ari abacamanza, ari Leta y\u2019u Bufaransa n\u2019abandi bose barebwa n\u2019icyo kibazo babe barangazwa n\u2019ibyo bikabyo bivanze n&#8217;ibihuha tutaretse n&#8217;icyokere bigamije ahanini kubangamira imigendekere myiza y\u2019iperereza rikorwa n\u2019umucamanza Marc Tr\u00e9vidic.<\/p>\n<p>Umuntu akaba yakwibaza igitera Leta y\u2019u Rwanda gutanga akayabo k\u2019amafaranga mu kugura abanyamakuru b\u2019ibinyamakuru byo mu Bufaransa niba abayobozi bayo bazi neza ko ari abere nta ruhare bagize mu ihanurwa ry\u2019iriya ndege.<\/p>\n<p>Nta munsi w\u2019ubusa ushira ibinyamakuru nka Lib\u00e9ration, Le Parisien, Jeune Afrique n\u2019ibindi bidatangaje inyandiko akenshi uba ubona ko zigamije gushyira igitutu kuri Leta y\u2019u Bufaransa, no ku bacamanza bakora iperereza aho kubareka ngo bakore akazi kabo.<\/p>\n<p>Dushobora gufata ingero 3 zimaze iminsi zigaragaye muri ibyo binyamakuru, aho usanga hakoreshwa ingufu nyinshi mu kwibasira igihugu cy\u2019u Bufaransa ku buryo nta gushidikanya haba hagamijwe gutera imbabazi hitwajwe jenoside hagamijwe gukingira ikiba Leta ya FPR iri ku butegetsi mu Rwanda.<\/p>\n<p>1. Urugero rwa mbere n\u2019inyandiko yasohotse mu Kinyamakuru Lib\u00e9ration mu mpera z\u2019ukwezi kwa Gicurasi 2012, umunyamakuru Maria Malagardis bizwi ko ari mu kwaha kwa Leta ya Kigali mu nyandiko atangira asa nkaho arimo avugira FPR, yemeje ko hari inyandiko umunyamakuru w\u2019umwongerezakazi Linda Melvern yabonye mu bubiko bw\u2019umuryango w\u2019abibumbye ngo \u201dku buryo atari yiteze\u201d (hasard) yerekana ko Leta y\u2019u Rwanda ya mbere ya 1994 yari itunze ibisasu byo mu bwoko bwa missiles Mistral 15 byakorewe mu Bufaransa bitari byemewe gucuruzwa. Iyo nyandiko yashyuhije benshi imitwe n\u2019ubwo bwose abacamanza b\u2019abafaransa bo bemeje ko indege yarashwe n\u2019ibisasu bya Missiles SA 16 byakorewe mu gihugu cy\u2019Uburusiya ndetse iyo nyandiko urukiko rw\u2019Arusha n\u2019abahoze ari abakuru ba MINUAR bayiteye utwatsi.<\/p>\n<p>2. Urugero rwa kabiri n\u2019ibyatangajwe ku ya 10 Mutarama 2013 na none n\u2019umunyamakuru w\u2019ikinyamakuru Lib\u00e9ration, Maria Malagardis ku bijyanye n\u2019urupfu rw\u2019abasirikare 2 b\u2019abafaransa Ren\u00e9 Maier, Alain Didot n\u2019umugore we Gilda bishwe muri Mata 1994. Aho yemeza ko abo basirikare b\u2019abafaransa bishwe kuko bari bazi amabanga y\u2019ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana bitewe n\u2019uko bagishaga ingabo za kera z\u2019u Rwanda ibijyanye n\u2019itumanaho bityo ngo bakaba bashobora kuba barumvise amakuru ajyanye n\u2019ihanurwa ry\u2019indege. Uyu munyamakuru abivuga ngo yisunze inyandiko mvugo yashoboye gusoma i Kigali n\u2019urwandiko rwemeza ko abo bafaransa bapfuye rwanditseho ko bapfuye tariki ya 6 mata 1994 bivugwa ko ari uruhimbano kuko bishwe tariki ya 8 Mata 1994 n\u2019uvugwa ko yarushyizeho umukono akaba abihakana. Kuba hari ibintu bimwe bidasobanutse mu rupfu rw\u2019aba bafaransa byatumye uyu munyamakuru Malagardis abyuririraho ashaka kwemeza ko Leta y\u2019u Bufaransa n\u2019ingabo zahoze ari iz\u2019u Rwanda aribo bishe aba bafaransa ariko akirengagiza ko igihe bicwaga agace bari batuyemo kari mu maboko y\u2019ingabo za FPR ndetse ko hari n\u2019abari bahungiye mu rugo rw\u2019aba bafaransa bahagaze kuri ubwo bwicanyi baba mu gihugu cy\u2019u Bufaransa.<\/p>\n<p>3. Urugero rwa gatatu n\u2019inyandiko ngo zitwa ko \u201dzihambaye\u201d ngo zabonywe n\u2019ikinyamakuru Le Parisien ngo zerekana ko umugabo witwa Paul Barril wahoze akuriye urwego rwa jandarumori rwitwa Groupe d\u2019intervention de la gendarmerie nationale (GIGN) afite aho ahuriye na jenoside ndetse n\u2019ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana. Igisekeje n\u2019uko muri izo nyandiko ngo simusiga harimo inyandiko yo mu 1989 y\u2019imbanzirizabuguzi (factures pro-forma) isosiyete y\u2019uwo mugabo yari yoherereje Colonel BEM Athanase Gasake wo mu ngabo za kera hakaba muri iyo nyandiko hagaragaramo ibikoresho bishinzwe gusaka ibirwanisho n\u2019ibindi bijyanye n\u2019umutekano, umuntu akibaza niba Leta ya Nyakwigendera Perezida Habyalimana kuba yarifuzaga kugura ibikoresho byo gusaka abitwaje ibirwanisho hari aho bihuriye n\u2019ihanurwa ry\u2019indege cyangwa na jenoside. Ikindi kibazwaho na benshi ni agaciro gakomeye gahabwa izo mpapuro n&#8217;uyu munyamakuru mu gihe bigaragara ko ibyavugwagamo byari ibyifuzo bitigeze bijya mu bikorwa kandi bikaba ntaho bihuriye n\u2019ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana umucamanza Tr\u00e9vidic akoraho iperereza.<\/p>\n<p>Izo nyandiko ngo zitwa ko ari simusiga zigaragaramo amakosa menshi y&#8217;imyandikire ndetse n&#8217;ibiciro ngo by&#8217;ibikoresho bya gisirikare byagombaga kugurwa usanga ntaho bihuriye n&#8217;ukuri ku buryo umuntu atabura gukemanga umwimerere w&#8217;izo nyandiko.<\/p>\n<p style=\"text-align: center\"><a href=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2013\/01\/attachment.png\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-3083 aligncenter\" alt=\"attachment\" src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2013\/01\/attachment.png\" width=\"701\" height=\"902\" srcset=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2013\/01\/attachment.png 701w, https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2013\/01\/attachment-233x300.png 233w\" sizes=\"auto, (max-width: 701px) 100vw, 701px\" \/><\/a><\/p>\n<p style=\"text-align: left\">Uko bigaragara Leta y\u2019u Rwanda irimo kurwana inkundura aho akantu kose iguyeho gashobora kuyobya abacamanza cyangwa abantu muri rusange igasimbukiraho ikakagira ikimenyetso simusiga idasize no kwibasira igihugu cy\u2019u Bufaransa kugira ngo irebe ko iminsi yakwicuma. Ikibabaje n\u2019uko ibi byose bitwara akayabo Leta y\u2019u Rwanda mu gihe tuzi ko iri mu bibazo by\u2019ubukungu bitayoroheye bijyanye n\u2019intambara yishoyemo muri Congo.<\/p>\n<p>Ese abanyarwanda n\u2019abanyarwandakazi basabwa gushyira amafaranga mu kigega agaciro batitangiriye itama, baba bazi ko atagamije iterambere ahubwo ari ayo guhemba ba Andrew Mwenda, Maria Malagardis, n\u2019ibinyamakuru nka Jeune Afrique bizwi ko bifite uburambe mu kurya ruswa y\u2019abanyagitugu bo muri Afrika?<\/p>\n<p>Marc Matabaro<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Leta y\u2019u Rwanda imaze iminsi ikoresha uburyo bwose bushoboka ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege yari itwaye Perezida Habyalimana, amayeri ikoresha cyane ni ugukwiza ibihuha ikoresheje abanyamakuru cyane cyane b\u2019abafaransa iha akayabo ikoresheje abayiburanira, ibyo bikorwa bigamije kuyobya iperereza ndetse no gushyira igitutu ku bategetsi b\u2019abafaransa babashinja uruhare muri jenoside yo mu 1994 kugira ngo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":160,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[64],"tags":[],"class_list":["post-3078","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Leta y\u2019u Rwanda irimo irakoresha uko ishoboye ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Leta y\u2019u Rwanda irimo irakoresha uko ishoboye ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Leta y\u2019u Rwanda imaze iminsi ikoresha uburyo bwose bushoboka ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege yari itwaye Perezida Habyalimana, amayeri ikoresha cyane ni ugukwiza ibihuha ikoresheje abanyamakuru cyane cyane b\u2019abafaransa iha akayabo ikoresheje abayiburanira, ibyo bikorwa bigamije kuyobya iperereza ndetse no gushyira igitutu ku bategetsi b\u2019abafaransa babashinja uruhare muri jenoside yo mu 1994 kugira ngo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2013-01-24T22:25:11+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2013-01-25T14:50:10+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/\",\"name\":\"Leta y\u2019u Rwanda irimo irakoresha uko ishoboye ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2013-01-24T22:25:11+00:00\",\"dateModified\":\"2013-01-25T14:50:10+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"544\",\"height\":\"320\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Leta y\u2019u Rwanda irimo irakoresha uko ishoboye ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Leta y\u2019u Rwanda irimo irakoresha uko ishoboye ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Leta y\u2019u Rwanda irimo irakoresha uko ishoboye ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana - Umunyarwanda","og_description":"Leta y\u2019u Rwanda imaze iminsi ikoresha uburyo bwose bushoboka ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege yari itwaye Perezida Habyalimana, amayeri ikoresha cyane ni ugukwiza ibihuha ikoresheje abanyamakuru cyane cyane b\u2019abafaransa iha akayabo ikoresheje abayiburanira, ibyo bikorwa bigamije kuyobya iperereza ndetse no gushyira igitutu ku bategetsi b\u2019abafaransa babashinja uruhare muri jenoside yo mu 1994 kugira ngo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2013-01-24T22:25:11+00:00","article_modified_time":"2013-01-25T14:50:10+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/","name":"Leta y\u2019u Rwanda irimo irakoresha uko ishoboye ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2013-01-24T22:25:11+00:00","dateModified":"2013-01-25T14:50:10+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"544","height":"320"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/leta-yu-rwanda-irimo-irakoresha-uko-ishoboye-ngo-ibangamire-iperereza-ku-ihanurwa-ryindege-ya-perezida-habyalimana\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Leta y\u2019u Rwanda irimo irakoresha uko ishoboye ngo ibangamire iperereza ku ihanurwa ry\u2019indege ya Perezida Habyalimana"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3078","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3078"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3078\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3078"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3078"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3078"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}