{"id":31328,"date":"2019-04-07T15:29:15","date_gmt":"2019-04-07T13:29:15","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=31328"},"modified":"2019-04-07T15:45:39","modified_gmt":"2019-04-07T13:45:39","slug":"07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/","title":{"rendered":"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25."},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Kuri iki cyumweru tariki ya 7 Mata 2019. imihango yo kwibuka jenoside yaberaye mu nzu y\u2019inama ya Kigali Convention Centre.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Iyi mihango yabanzirijwe n\u2019igikorwa cyo gucana urumuri rw\u2019icyizere, kunamira no gushira indabo ku mva z\u2019abazize jenoside Leta y&#8217;u Rwanda ivuga ko bagera ku 250,000 bashyinguwe ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi mu mujyi wa Kigali.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Muri uwo muhango Perezida Paul Kagame yaherekejwe n&#8217;abandi bakuru b&#8217;ibihugu na za guverinema ba Chad, Congo, Djibouti, Niger, U Bubiligi Canada na Ethiopia.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Hari kandi abayobozi b&#8217;Umuryango w&#8217;Afurika yunze ubumwe n&#8217;abo mu muryango w&#8217;ibihugu by&#8217;uburayi baje kwifatanya n\u2019Abanyarwanda.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ministiri w\u2019ububanyi n\u2019amahanga w\u2019u Rwanda, Dr. Richard Sezibera yabwiye itangazamakuru ko bategereje abakuru b\u2019ibihugu na za guverinema bagera kuri 20.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-embed-youtube wp-block-embed is-type-video is-provider-youtube wp-embed-aspect-16-9 wp-has-aspect-ratio\"><div class=\"wp-block-embed__wrapper\">\n<iframe loading=\"lazy\"  id=\"_ytid_26018\"  width=\"640\" height=\"360\"  data-origwidth=\"640\" data-origheight=\"360\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/nU7qBJRcEKc?enablejsapi=1&#038;autoplay=0&#038;cc_load_policy=0&#038;cc_lang_pref=&#038;iv_load_policy=1&#038;loop=0&#038;modestbranding=0&#038;rel=1&#038;fs=1&#038;playsinline=0&#038;autohide=2&#038;theme=dark&#038;color=red&#038;controls=1&#038;\" class=\"__youtube_prefs__  epyt-is-override  no-lazyload\" title=\"YouTube player\"  allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen data-no-lazy=\"1\" data-skipgform_ajax_framebjll=\"\"><\/iframe>\n<\/div><\/figure>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-embed-youtube wp-block-embed is-type-video is-provider-youtube wp-embed-aspect-16-9 wp-has-aspect-ratio\"><div class=\"wp-block-embed__wrapper\">\n<iframe loading=\"lazy\"  id=\"_ytid_39625\"  width=\"640\" height=\"360\"  data-origwidth=\"640\" data-origheight=\"360\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/j_helVlgq3Q?enablejsapi=1&#038;autoplay=0&#038;cc_load_policy=0&#038;cc_lang_pref=&#038;iv_load_policy=1&#038;loop=0&#038;modestbranding=0&#038;rel=1&#038;fs=1&#038;playsinline=0&#038;autohide=2&#038;theme=dark&#038;color=red&#038;controls=1&#038;\" class=\"__youtube_prefs__  epyt-is-override  no-lazyload\" title=\"YouTube player\"  allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen data-no-lazy=\"1\" data-skipgform_ajax_framebjll=\"\"><\/iframe>\n<\/div><\/figure>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>IJAMBO RYA PEREZIDA PAUL KAGAME RITANGIZA KWIBUKA KU NSHURO YA 25 <\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mbanje kubashimira mwese.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ku munsi nk\u2019uyu nguyu, amagambo yo kuvuga ibyiyumviro dufite arabura. Ijambo riza mbere yayandi ni ugushima.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Turashimira mwese, inshuti zacu, mwifatanyije natwe kuri uyu munsi, harimo abayobozi batandukanye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abenshi muri mwe mwabanye natwe igihe cyose muri uru rugendo. Turabashimira cyane uruhare rwanyu mu kudufasha gukira ibikomere no kongera kubaka u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ndashimira kandi Abanyarwanda bagenzi banjye twafatanije, kugira ngo twongere twubake Igihugu cyacu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu mwaka w\u2019i 1994 twari mu icuraburindi, nta kizere dufite. Uyu munsi, ahari umwijima hari urumuri n\u2019umucyo bitumurikira twese.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umuntu yakwibaza ati \u201cEse byagenze bite?\u201d<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">U Rwanda rwongeye kuba umuryango umwe.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abaturage bacu, amaboko yacu, ikiganza mu kindi, nizo nkingi z\u2019Igihugu cyacu. Twese dufatanye urunana. Nubwo imibiri n\u2019imitima yacu byuzuye ibikomere n\u2019inkovu, ariko ntawe uri wenyine; twese dushyize hamwe.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Twese hamwe, twongeye kuboha ipfundo ry\u2019ubumwe bwacu. Abakobwa babaye ababyeyi. Abaturanyi babaye abavandimwe b\u2019abo ubundi badafitanye isano. N\u2019abo tutari tuziranye batubereye inshuti. N\u2019ubundi umuco wacu uduha uburyo bwo kubaka ubumwe n\u2019ubufatanye, bidufasha guhumuriza abababaye no kongera kwiyubaka.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">U Rwanda ni umuryango, nubwo twanyuze mu bigeragezo byinshi. Niyo mpamvu tukiriho.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Biragoye kumva no gusobanura ukwigunga n\u2019umujinya by\u2019abarokotse Jenoside.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ariko kandi, ntidusiba kubasaba kwitanga kugira ngo Igihugu cyacu cyongere kigire ubuzima. Byabaye ngombwa ko amarangamutima n\u2019ibyiyumviro tuba tubishyize ku ruhande.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Hari umuntu wigeze kumbaza impamvu dukomeza kwikoreza abarokotse umutwaro wo kudufasha gukira ibikomere. Cyari ikibazo gikomeye kandi giteye agahinda. Ariko nasanze n\u2019igisubizo cyoroshye, ndetse cyumvikana. Ni uko abacitse ku icumu ari bo bonyine bafite icyo batanga: imbabazi.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abanyarwanda bakomeje kwikorera uwo mutwaro uremereye batinuba. Ibi byadufashije kuba beza kurushaho, no kunga ubumwe buhamye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubwo twari mu muhango wo Kwibuka Jenoside mu myaka yashije, umwana w\u2019umukobwa yatugejejeho umuvugo watumye abantu benshi barira. Yagize ati: \u201cByaravugagwa ngo Imana yirirwa ahandi igataha i Rwanda.\u201d Hanyuma arabaza  ati: \u201cMuri ariya majoro muri Jenoside, Imana yari hehe?<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Iyo turebye u Rwanda uko rumeze uyu munsi, biragaragara ko Imana yagarutse imuhira, kandi izahaguma, ntizongera kuhava, nk\u2019uko twumvise mu kanya.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ndagira ngo abacitse ku icumu mbabwire ngo: Mwarakoze cyane. Imbaraga, ubutwari no kwihangana byanyu, byerekana ko ntacyasenya Ubunyarwanda dusangiye twese.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uyu munsi kandi, hari imiryango iri hano yaturutse mu bindi bihugu ifite ababo, baba abagabo, ababyeyi, n\u2019abavandimwe, bazize ingengabitekerezo y\u2019ubwicanyi bukabije nk\u2019ubwahekuye u Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abasirikare b\u2019Ababiligi bishwe mu gitondo nk\u2019iki ngiki imyaka 25 ishize. Captain Mbaye Diagne wo muri Senegal warokoye benshi. Tonia Locatelli wishwe muri 1992 azira kuvugisha ukuri ku byari bigiye kuba. N\u2019abandi.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Icyo twababwira muri aka kanya, cyabahumuriza, ni uko dusangiye agahinda, ariko n\u2019icyubahiro duha abagaragaza ubutwari bwo gukora ibikwiye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Hari n\u2019abandi ku isi hatandukanye bahagaze ku kuri, bafasha kuzana impinduka. Bamwe bari hano<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ambasaderi Karel Kovanda, n\u2019abagenzi be bo muri New Zealand na Nigeria bahamagariye isi guhagarika Jenoside mu Rwanda, nubwo ibihugu by;ibihangange bitari bibyitayeho.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">N\u2019umuvandimwe wanjye, Minisitiri w\u2019Intebe, Abiy Ahmed, azi neza aho u Rwanda rwavuye, kuko yari hano mu ngabo za Etiyopiya zari mu butumwa bw\u2019amahoro amezi make gusa nyuma ya Jenoside, aho yari kumwe n\u2019izindi ngabo zavuye ahandi muri Afurika no ku yindi migabane.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mwakoze mwese kuba muri hano.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Muri twe, abakoze Jenoside, n\u2019abarebereye abantu bicwa, nabo ni bamwe muri twe, dusangiye Igihugu. Mu kwiyemeza kuvugisha ukuri, guhanirwa ibyo bakoze, no kugaruka mu muryango Nyarwanda, nabo batanze umusanzu ukomeye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubuhamya butangwa n\u2019abakoze Jenoside ni ikimenyetso ntakuka, niba hari icyari gikenewe, ko Jenoside yabaye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Jenoside yihisha mu kuyihakana no kuyipfobya.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ariko mbere y\u2019uko abantu batangira kwicwa, na nyuma yaho, habaye uruhererekane rw\u2019ibintu byinshi, byose bifite aho bihuriye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Kugoreka amateka ntabwo ari agasuzuguro gusa. Ahubwo  bitera akaga gakomeye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Jenoside ntabwo yatangiye ku munsi runaka. Ifite amateka.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Kuki se u Rwanda rwakomeje kugira impunzi nyinshi mu mahanga igihe kirekire?<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Kuki abantu bamwe ari bo bakomeje gutotezwa no kwicwa guhera mu mpera ya za 1950 kugeza muri za 1990?<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Kuki imibiri y\u2019abishwe yagiye ijugunywa mu migezi, yoherezwa mu Ruzi rwa Nili, ngo isubire iwabo kuko ngo ari ho baturutse?<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Kuki ababyeyi bicaga abana babo babaziza isura yabo?<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nta na kimwe muri ibi byose byatewe n\u2019ihanurwa ry\u2019indege. None se byatewe n\u2019iki?<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Muri ibi byatubayeho byose, twagize Abarinzi b\u2019Igihango n\u2019abandi bantu b\u2019inyangamugayo. Kongera gusubiraho kw\u2019Igihugu cyacu byavuye mu mbuto z\u2019ibikorwa byabo.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umwana muto w\u2019umukobwa ugaragara mu mukino tumaze kubona, yarenze ku byo ababyeyi be bamubuzaga, afata uruhinja rwarokotse, arera uwo mwana. Ibi ni ukuri byarabaye. Ubu bombi baratashye kandi bameze neza.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abanyeshuri b\u2019i Nyange banze kwitandukanya, ngo Abahutu bajye ukwabo n\u2019Abatutsi ukwabo. Ntabwo bigeze bahemukirana. Batandatu barishwe, mirongo ine barakomereka, bose ni intwari.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Izi ni zimwe mu ngero z\u2019Abanyarwanda batumye tutazima ngo tubure byose na bose.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abenshi muri twe ntabwo turi mu barokotse Jenoside, nta nubwo turi mu bayikoze. Bitatu bya kane (3\/4) by\u2019Abanyarwanda bari munsi y\u2019imyaka mirongo itatu (30) y\u2019amavuko. Hafi mirongo itandatu ku ijana bavutse nyuma ya Jenoside.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abana bacu bafite amahoro kuko bo ni abere. Bazi ihungabana n\u2019ubugizi bwa nabi kuko babyumva gusa mu nkuru tubabwira.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ikerekezo n\u2019ibyifuzo byacu bishingiye kuri uru rungano rw\u2019abato muri twe. Igiti kigororwa kikiri gito, kandi imbuto yo ishobora kuvamo ibintu byinshi bitandukanye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Urubyiruko rw\u2019Abanyarwanda rufite ibyo rukeneye byose mu gukomeza guteza imbere Igihugu cyacu Bafite inshingano yo gukomeza kugira ibintu ibyabo, kandi bakagira uruhare mu kubaka u Rwanda twifuza kandi rutubereye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubu turi Abanyarwanda beza kurusha mu bihe byashize, ariko dushobora no kuba beza kurushaho.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ni twe bantu ku isi badakwiye kugwa mu mutego wo kwijuta ngo twumveko twageze iyo tujya, cyangwa ngo turebere ibikorwa nta ruhare tubigizemo. Akababaro twanyuzemo karahagije kugira ngo dukomeze umurava n\u2019ubushake byo guharanira kubaho.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ntitwakwemera ko Igihugu cyacu kibaho uko bibonetse kose tutabigizemo uruhare. Tugomba kwiha ikerekezo kandi tugafata ibyemezo bihamye, tuyobowe n\u2019ukwicisha bugufi, n\u2019ibyiza byinshi biri mu mitima yacu. U Rwanda rugomba guhora imbere, naho ubundi ntacyo twaba turi cyo.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ukuri guca mu ziko ntigushye. Natwe ni uko. Ni nako tugomba kuba.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Igihugu cyacu kimaze gutera intambwe. Ubwoba n\u2019umujinya byasimbuwe n\u2019imbaraga ndetse n\u2019ikerekezo bituma dukomeza kujya imbere twese hamwe, abato n\u2019abakuru.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">U Rwanda ni inshuti nyakuri y\u2019inshuti zarwo. Turashaka amahoro, twateye indi ntambwe.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ariko nta n\u2019ukwiye kwibeshya ku mbaraga Abanyarwanda bafite, bakuye mu byo banyuzemo byose.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nta kintu na kimwe cyatuma Abanyarwanda bongera kuryana. Amateka yacu ntabwo twayasubiramo. Ibyo twarabyiyemeje<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Buri munsi twiga kubabarira, ariko ntabwo dushobora kwibagirwa bibaho. N\u2019ubundi, mbere yuko dusaba abandi kwihana, tugomba kubanza tukababarirana ubwacu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ntacyo dusaba abatugiriye nabi uretse guhindura imyumvire yabo. Naho abatagira isoni, banangiye, bakomeje kwanga kwicuza, ntabwo icyo ari ikibazo kitureba. Kandi ibi ntibizabuza u Rwanda gutera imbere. Habe na gato.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uburyo u Rwanda rwasenywe birenze uko intwaro za kirimbuzi zari kurugira. Ntabwo ari abantu bapfuye gusa, ahubwo n\u2019igitekerezo cy\u2019u Rwanda nk\u2019igihugu cyarasenywe. Ibi byerekana imbaraga zisenya ziva mu byiyumviro by\u2019abantu, imigambi yabo, n\u2019uburyo bishyirwa mu bikorwa.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Icyo dusaba ni uko nta bandi bantu, cyane cyane abavandimwe bacu bo muri Afurika, bagira ibyago nk\u2019ibyo twagize. Ntawe ukwiye kubyemera.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Dukomeze turwanye abakwirakwiza urwango n\u2019amacakubiri bihishe muri demokarasi, cyangwa bigira abakiza bacu. Ibyo duhuriyeho birenze kure ibidutandukanya. Nta muryango w\u2019abantu usumba undi, cyangwa udashobora guhura n\u2019akaga.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Isomo dukura mu mateka yacu ni ikizere gihamye kuri iyi si yacu. Nta muryango wasenyuka ku buryo utakongera kwiyubaka, kandi agaciro k\u2019abantu ntabwo gashobora kuzima burundu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nyuma y\u2019imyaka 25, turacyahari, dore aho tugeze. Twese. Twarakomeretse, kandi imitima yacu yashenguwe n\u2019agahinda. Ariko ntabwo twigeze dutsindwa.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Twihaye uburyo bwo gutangira bundi bushya. Nk\u2019Abanyarwanda, duhora twibuka, buri munsi, mubyo dukora byose, kugira ngo tutazigera dutatira igihango cy\u2019amahitamo yacu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Murakoze, kandi ndabasaba gukomera. Mugire amahoro.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuri iki cyumweru tariki ya 7 Mata 2019. imihango yo kwibuka jenoside yaberaye mu nzu y\u2019inama ya Kigali Convention Centre. Iyi mihango yabanzirijwe n\u2019igikorwa cyo gucana urumuri rw\u2019icyizere, kunamira no gushira indabo ku mva z\u2019abazize jenoside Leta y&#8217;u Rwanda ivuga ko bagera ku 250,000 bashyinguwe ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi mu mujyi wa [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":31329,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[],"class_list":["post-31328","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-rwanda"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25. - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25. - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Kuri iki cyumweru tariki ya 7 Mata 2019. imihango yo kwibuka jenoside yaberaye mu nzu y\u2019inama ya Kigali Convention Centre. Iyi mihango yabanzirijwe n\u2019igikorwa cyo gucana urumuri rw\u2019icyizere, kunamira no gushira indabo ku mva z\u2019abazize jenoside Leta y&#8217;u Rwanda ivuga ko bagera ku 250,000 bashyinguwe ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi mu mujyi wa [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2019-04-07T13:29:15+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2019-04-07T13:45:39+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/04\/genocide-2019.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1000\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"575\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwd\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\"},\"headline\":\"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25.\",\"datePublished\":\"2019-04-07T13:29:15+00:00\",\"dateModified\":\"2019-04-07T13:45:39+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/\"},\"wordCount\":1415,\"commentCount\":1,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2019\\\/04\\\/genocide-2019.jpg\",\"articleSection\":[\"Rwanda\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/\",\"name\":\"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25. - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2019\\\/04\\\/genocide-2019.jpg\",\"datePublished\":\"2019-04-07T13:29:15+00:00\",\"dateModified\":\"2019-04-07T13:45:39+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2019\\\/04\\\/genocide-2019.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2019\\\/04\\\/genocide-2019.jpg\",\"width\":1000,\"height\":575},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25.\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\",\"name\":\"therwd\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwd\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25. - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25. - Umunyarwanda","og_description":"Kuri iki cyumweru tariki ya 7 Mata 2019. imihango yo kwibuka jenoside yaberaye mu nzu y\u2019inama ya Kigali Convention Centre. Iyi mihango yabanzirijwe n\u2019igikorwa cyo gucana urumuri rw\u2019icyizere, kunamira no gushira indabo ku mva z\u2019abazize jenoside Leta y&#8217;u Rwanda ivuga ko bagera ku 250,000 bashyinguwe ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi mu mujyi wa [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2019-04-07T13:29:15+00:00","article_modified_time":"2019-04-07T13:45:39+00:00","og_image":[{"width":1000,"height":575,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/04\/genocide-2019.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwd","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/"},"author":{"name":"therwd","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03"},"headline":"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25.","datePublished":"2019-04-07T13:29:15+00:00","dateModified":"2019-04-07T13:45:39+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/"},"wordCount":1415,"commentCount":1,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/04\/genocide-2019.jpg","articleSection":["Rwanda"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/","name":"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25. - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/04\/genocide-2019.jpg","datePublished":"2019-04-07T13:29:15+00:00","dateModified":"2019-04-07T13:45:39+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/04\/genocide-2019.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/04\/genocide-2019.jpg","width":1000,"height":575},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/07-04-2019-i-kigali-habaye-umuhango-wo-kwibuka-ku-nshuro-ya-25\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"07.04.2019: i Kigali habaye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25."}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03","name":"therwd","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/31328","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=31328"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/31328\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":31332,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/31328\/revisions\/31332"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/31329"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=31328"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=31328"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=31328"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}