{"id":34240,"date":"2020-01-06T17:36:22","date_gmt":"2020-01-06T15:36:22","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=34240"},"modified":"2020-01-06T17:36:39","modified_gmt":"2020-01-06T15:36:39","slug":"ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/","title":{"rendered":"Ubukwe bw&#8217;umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo."},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yanditswe <strong>Marc Matabaro<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nyuma y&#8217;amagambo yavuzwe na Vital Kamerhe, umuyobozi w&#8217;ibiro bya Perezida wa Congo, F\u00e9lix Tshisekedi mu bukwe b&#8217;umuhungu wa Gen James Kabarebe, imbuga nkoranyambaga n&#8217;abakongomana muri rusange bavuze byinshi kuri iyi myitwarire y&#8217;uyu munyapolitiki bivugwa ko ashobora kuyobora igihugu cya Congo nyuma y&#8217;amatora ya 2023.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Byatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 Mutarama 2020 ubwo Vital Kamerhe n&#8217;umufasha we Hamida Chatur bari baje mu ndege yabo yihariye ( jet priv\u00e9) batahaga ubukwe bwa Sanday Kabarebe (umuhungu wa Gen James Kabarebe)  na Rayah Mutesi (umukobwa wa Col Eug\u00e8ne Ruzibiza).<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu ijambo Vital Kamerhe yavuze yahamije ko aje gutsimbataza umubano hagati y&#8217;intara ya Kivu yo muri Congo n&#8217;u Rwanda, ahita anatanga impano y&#8217;inka 30 ku bageni. Yakoze agashya ubwo yavugaga ko Perezida wa Congo F\u00e9lix Antoine Tshisekedi yababajwe n&#8217;uko nawe atatumiwe muri ubwo bukwe bwo kwa James Kabarebe afata nk&#8217;inshuti!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nabibutsa ko ubwo bukwe bwabereye mu ihema rinini ryari ryubatswe muri Sano Park i Rusororo, mu nkengero z&#8217;umujyi wa Kigali.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-video\"><video controls src=\"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/UPDATE-Vital-Kamerhe-DR-Congo-President-Tshisekedis-all-powerful-aide-was-in-Kigali-this-Saturday-for-wedding-of-Gen-James-Kabarebes-son.-Kamerhe-.mp4\"><\/video><figcaption>Vital Kamerhe igihe yafata ijambo mu bukwe bw&#8217;umuhungu wa James Kabarebe. <\/figcaption><\/figure>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Amagambo ya Vital Kamerhe yateje induru cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga aho benshi mu bakongomani bagaye igikorwa cya Vital Kamerhe cyo kwitabira ubukwe bw&#8217;umuhungu w&#8217;umwe mu bantu abaturage benshi muri Congo bafata nk&#8217;umwanzi ukomeye w&#8217;igihugu cyabo bashinja kugira uruhare rukomeye mu rupfu rw&#8217;amamiliyoni y&#8217;abakongomani, ubusahuzi bw&#8217;umutungo w&#8217;icyo gihugu bunakomeje kugeza ubu ndetse n&#8217;umutekano muke ukomeje mu burasirazuba bw&#8217;icyo gihugu uterwa n&#8217;imitwe yitwaje intwaro irimo n&#8217;ifashwe n&#8217;u Rwanda   <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubucuti bwa James Kabarebe na Vital Kamerhe burebewe mu ndererwamo y&#8217;abanyarwanda hari byinshi byahise bisobanuka abantu bibazaga muri iyi minsi, nk&#8217;urugero ni iraswa n&#8217;itahukanwa ku ngufu ry&#8217;impunzi z&#8217;abanyarwanda zari mu karere ka Kalehe muri Congo hafi cyane y&#8217;aho Vital Kamerhe akomoka tutibagiwe n&#8217;ihigwa bukware ry&#8217;abakuru b&#8217;imitwe ya Gisirikare irwanya Leta y&#8217;u Rwanda ikorera mu burasirazuba bwa Congo bikozwe n&#8217;ingabo z&#8217;u Rwanda zahawe rugari muri ako karere zikanatizwa imyambaro y&#8217;ingabo za Congo.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uku kwigaragaza kwa Vital Kamerhe nk&#8217;incuti ya Gen James Kabarebe ku mugaragaro bishimangira uruhare rukomeye rw&#8217;uyu mugabo mu bikorerwa abarwanya Leta y&#8217;u Rwanda cyangwa abanyarwanda muri rusange mu burasirazuba bwa Congo.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ikindi giteye amakenga n&#8217;ukuntu umuntu wifuza kuyobora igihugu cya Congo biciye mu matora yakora igikorwa nka kiriya cyamubuza amahirwe yo gutorwa adafite ikindi yishinjikirije. Ese yizeye ko u Rwanda ruzamufasha kuba Perezida wa Congo kurusha uko abaturage ba Congo babikora biciye mu matora? Ese Vital Kamerhe yaba yarasanze ubutegetsi muri Congo budatangwa n&#8217;abaturage ahubwo butangirwa ahandi biciye i Kigali ku buryo uko abaturage ba Congo babona ibintu atabiha agaciro?<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Tubitege amaso.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe Marc Matabaro Nyuma y&#8217;amagambo yavuzwe na Vital Kamerhe, umuyobozi w&#8217;ibiro bya Perezida wa Congo, F\u00e9lix Tshisekedi mu bukwe b&#8217;umuhungu wa Gen James Kabarebe, imbuga nkoranyambaga n&#8217;abakongomana muri rusange bavuze byinshi kuri iyi myitwarire y&#8217;uyu munyapolitiki bivugwa ko ashobora kuyobora igihugu cya Congo nyuma y&#8217;amatora ya 2023. Byatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":34242,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[66],"tags":[],"class_list":["post-34240","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-akarere"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ubukwe bw&#039;umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo. - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ubukwe bw&#039;umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo. - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe Marc Matabaro Nyuma y&#8217;amagambo yavuzwe na Vital Kamerhe, umuyobozi w&#8217;ibiro bya Perezida wa Congo, F\u00e9lix Tshisekedi mu bukwe b&#8217;umuhungu wa Gen James Kabarebe, imbuga nkoranyambaga n&#8217;abakongomana muri rusange bavuze byinshi kuri iyi myitwarire y&#8217;uyu munyapolitiki bivugwa ko ashobora kuyobora igihugu cya Congo nyuma y&#8217;amatora ya 2023. Byatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-01-06T15:36:22+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2020-01-06T15:36:39+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/sanday-Kabarebe.jpeg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"750\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"1000\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwd\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\"},\"headline\":\"Ubukwe bw&#8217;umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo.\",\"datePublished\":\"2020-01-06T15:36:22+00:00\",\"dateModified\":\"2020-01-06T15:36:39+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/\"},\"wordCount\":418,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/01\\\/sanday-Kabarebe.jpeg\",\"articleSection\":[\"Akarere\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/\",\"name\":\"Ubukwe bw'umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo. - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/01\\\/sanday-Kabarebe.jpeg\",\"datePublished\":\"2020-01-06T15:36:22+00:00\",\"dateModified\":\"2020-01-06T15:36:39+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/01\\\/sanday-Kabarebe.jpeg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/01\\\/sanday-Kabarebe.jpeg\",\"width\":750,\"height\":1000},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ubukwe bw&#8217;umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo.\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\",\"name\":\"therwd\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwd\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ubukwe bw'umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo. - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ubukwe bw'umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo. - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe Marc Matabaro Nyuma y&#8217;amagambo yavuzwe na Vital Kamerhe, umuyobozi w&#8217;ibiro bya Perezida wa Congo, F\u00e9lix Tshisekedi mu bukwe b&#8217;umuhungu wa Gen James Kabarebe, imbuga nkoranyambaga n&#8217;abakongomana muri rusange bavuze byinshi kuri iyi myitwarire y&#8217;uyu munyapolitiki bivugwa ko ashobora kuyobora igihugu cya Congo nyuma y&#8217;amatora ya 2023. Byatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2020-01-06T15:36:22+00:00","article_modified_time":"2020-01-06T15:36:39+00:00","og_image":[{"width":750,"height":1000,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/sanday-Kabarebe.jpeg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwd","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/"},"author":{"name":"therwd","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03"},"headline":"Ubukwe bw&#8217;umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo.","datePublished":"2020-01-06T15:36:22+00:00","dateModified":"2020-01-06T15:36:39+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/"},"wordCount":418,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/sanday-Kabarebe.jpeg","articleSection":["Akarere"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/","name":"Ubukwe bw'umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo. - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/sanday-Kabarebe.jpeg","datePublished":"2020-01-06T15:36:22+00:00","dateModified":"2020-01-06T15:36:39+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/sanday-Kabarebe.jpeg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/sanday-Kabarebe.jpeg","width":750,"height":1000},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ubukwe-bwumuhungu-wa-kabarebe-bwateye-intugunda-muri-congo\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ubukwe bw&#8217;umuhungu wa Kabarebe bwateye intugunda muri Congo."}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03","name":"therwd","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/34240","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=34240"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/34240\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":34243,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/34240\/revisions\/34243"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/34242"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=34240"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=34240"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=34240"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}