{"id":35063,"date":"2020-02-23T18:48:47","date_gmt":"2020-02-23T16:48:47","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=35063"},"modified":"2020-02-23T18:55:35","modified_gmt":"2020-02-23T16:55:35","slug":"dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/","title":{"rendered":"DUFATANE URUNANA TURWANYE ITERABWOBA MU RWANDA"},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Tubimbuye iyi nyandiko dufite ishavu n\u2019agahinda kenshi. Ubwo ibyo twifuzaga gusangiza Abanyarwanda byarimo bifata isura nyayo mu ntekerezo, ni bwo n\u2019inkuru y\u2019incamugongo yatugezeho itubikira umuhanzi KIZITO MIHIGO, wa musore wari uzwi cyane muri muzika, nawe akaba akenyuwe n\u2019ubutegetsi gica bwahigiye kubaho butitiza Abanyarwanda bukamena amaraso ubuziraherezo! Iby\u2019urupfu rwe ngo rwabereye muri kasho ya polisi, byaciye igikuba imbaga itabarika. Kandi ni mu gihe, ndetse ni akumiro kuri buri wese, ni akaga katagira ibara gakwiye gushavuza buri wese, usibye nyine ba rukarabankaba bamuhitanye n\u2019ababatumye!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu gihe intimba itageruka y\u2019iyicwa rya KIZITO MIHIGO igikomeje guhagarika imitima ya benshi, ni na ko benshi na none turemerewe no kubona abavandimwe bacu bandi, Madame Victoire INGABIRE UMUHOZA, Me Bernard NTAGANDA na Bwanda BARAFINDA SEKIKUBO Fred bakomeje kujujubywa no kubuzwa epfo na ruguru. Abo barazizwa ko bifuza amahoro mu Rwanda, bashakira igihugu ubwisanzure no kubahiriza uburenganzira bwa buri wese. Ni abasangirangendo hamwe natwe mu rugamba rwo kwipakurura ubu butegetsi butwotsa igitutu budutwaza igitugu, bukaba bwarahinduye igihugu cyacu ubukonde. Aba bavandimwe tuvuze ubu bibasiwe cyane n\u2019iyi Leta, barahamagazwa ubutitsa n\u2019Urwego rw\u2019ubushinjacyaha. Baraterwa hejuru n\u2019ubu butegetsi kirimbuzi butihanganira na busa kuvuguruzwa cyangwa kujorwa mu migirire yabwo, bushaka ko nta ukopfora no mu gihe burimo gukora amarorerwa.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ikindi na none gifitanye isano n\u2019ibyo tuvuze mbere, kidatandukanye na busa n\u2019imvano y\u2019aya makuba aduteye impagarara, ni inkuru imaze ibyumweru bisaga bibiri y\u2019iyirukanwa ry\u2019umunyamakuru wa BBC witwa Jacques MATAND. Uyu arazizwa ko yakiriye mu kiganiro umwanditsi wasohoye igitabo ku kiswe Operasiyo Turukwaze. Uko kwirukanwa kwa Jacques MATAND na ko kwahagurukije imbaga nyinshi y\u2019abaharanira uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo. Ni yo mpamvu hari benshi basinye inyandiko iteza ubw\u00eaga, isaba ko uwo munyamakuru yasubizwa ku mirimo ye nta yandi mananiza, bagaragaza ko ibyo yakoze bihuje n\u2019akazi ke.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Muti ese aho ubu si ugutandukira&nbsp;? Ashwi&nbsp;da&nbsp;! Izi nkuru zose zifite aho zihuriye, ndetse zisangiye umuzi n\u2019izingiro. KIZITO MIHIGO turirira ubu, bariya bavandimwe babuzwa epfo na ruguru, kimwe n\u2019uyu munyamakuru, bose ni inzirakarengane z\u2019ubutegetsi bw\u2019iterabwoba bwogogoje u Rwanda buhagarikiwe na Perezida Paulo Kagame na FPR-Inkotanyi ye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Leta ikoresha iterabwoba<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ibi nta wukwiye kubiceceka. Kuva KIZITO MIHIGO yatabwa muri yombi, twese twahise twiyumvisha nta shiti ko ibye birangiye, ko ari mu menyo ya Rubamba. Ku bwacu kandi, dusanga nta mpamvu yo kwirirwa dushakisha tubaza icyo yazize n\u2019uwamwishe. Yiyongereye ku zindi nzirakarengane zitabarika zimaze kwivuganwa n\u2019ubu butegetsi bw\u2019igitugu bukoresha iyicarubozo, bukaba buhoza u Rwanda mu marira no mu miborogo. Nta wakwirirwa&nbsp; yitorora agaragaza urutonde rw\u2019abandi benshi biciwe kuri sitasiyo za polisi hirya no hino, ubutegetsi bugahihibikanira guhuma amaso rubanda bubeshya ngo biyahuye cyangwa ngo bashatse gutoroka.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Na none kandi, bariya bavandimwe twavuze haruguru, kimwe n\u2019abandi benshi baborera mu magereza y\u2019i Rwanda, nka ba Deo MUSHAYIDI, Dr Th\u00e9oneste NIYITEGEKA, ba ofisiye nka Frank RUSAGARA na Tom BYABAGAMBA n\u2019abandi tutavuze, abafunguwe ariko bagikomeje gucungishwa ijisho nka Diane RWIGARA, imbaga itabarika y\u2019Abanyarwanda b\u2019ingeri zose baheze ishyanga ku gahato, kimwe na rubanda rwose ruhozwa ku nkeke rukabuzwa amajyo n\u2019inzego z\u2019umutekano zibahutaza&nbsp;; abo bose ni inzirakarengane z\u2019agatsiko k\u2019iterabwoba kayogoza u Rwanda. Aba bose ni ko bakandamizwa bakagirirwa nabi, kubera gusa ko bashiritse ubwoba bakavuga icyo batekereza. Kubera ko buri umwe mu buryo bwe yagaragaje ko atemeranya n\u2019ubutegetsi bwa \u00ab&nbsp;humiriza nkuyobore&nbsp;\u00bb&nbsp;; kubera ko badashobora gukomeza kurebera mu gihe abenegihugu bahinduwe ingaruzwamuheto n\u2019abiyita ko babayoboye&nbsp;; kubera ko baharanira ubwiyunge nyabwo bw\u2019Abanyarwanda bose.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Aba bose bashinjwa ibyo bise \u00ab&nbsp;ingengabitekerezo&nbsp;\u00bb z\u2019uburyo bwinshi. Ari ukubera gusa ko bahisemo kwitandukanyua n\u2019imigirire y\u2019abagamije guhoza Abanyarwanda ku ngoyi badashaka ko habaho kubona ibintu ukundi. N\u2019ubwo babagerekaho urusyo bakabahozaho inkota ku gakanu, ntibaragahwema guhangana n\u2019ubutegetsi budutwaza igitugu, aho buhatira buri wese kwikiriza irivuze umwami. Ntibaragahwema kunenga imigirire y\u2019ubu butegetsi bwibera mu kwica amategeko no kubeshya rubanda bugoreka amateka, ari ukugira ngo ako gatsiko karambe ku butegetsi ubuziraherezo. Nyamara kandi, ubwo butegetsi ntawe ugishidikanya ku ruhare rwabwo mu mahano ya genocide yagwiriye u Rwanda, bukaba bwarayihinduye iturufu yo kwica no gukora andi mahano ntawe ukomye. Ubu butegetsi ni bwo nyirabayazana w\u2019ubukene n\u2019amakuba ahejeje benshi mu rwijiji kuva mu myaka 25 yose bumaze. &nbsp; &nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubu butegetsi bwabaye intagereranywa mu gukenesha icyaro. Ng\u2019aho ngo bwazanye gahunda zo guhuza ubutaka zikorwa mu buhubutsi n\u2019agahato, none dore ibyo byateje igihugu inzara ihoraho. Ubu butegetsi busa n\u2019ubutazashira ubworo, bukoresheje icyenewabo kirengeje bwateje ubusumbane bukabije hagati y\u2019abakize n\u2019abakene, bwiremamo agatsiko k\u2019abaherwe bikubira ububasha bwose n\u2019umutungo wose w\u2019igihugu, abasigaye kakabahindura abakene n\u2019abatindi kubera imisoro ibasiga iheruheru. Bityo abenegihugu bakabaho bagoka umunsi ku wundi nyamara bagokera intanyurwa z\u2019agatsiko kari ku butegetsi. Ubu butegetsi twabukesha kindi ki usibye gusa koreka imbaga hose mu isi aho bujya kwicira Abanyarwanda babuhunze? Ingero z\u2019abo bwahitanye n\u2019abo buhiga bukware si ibyo kubaririza.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Genocide yagizwe urwitwazo rwo kubangamira ubwisanzure no&nbsp; gukwiza hose ikinyoma<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umunyamakuru w\u2019Umuhinde Anjan Sundaram, wanditse igitabo Bad News (Amakuru mabi), aho agaragaza ishusho nyayo y\u2019ubutegetsi bw\u2019u Rwanda, aherutse kugirana ikiganiro na Televiziyo y\u2019Abafaransa France 24, avuga ko ubutegetsi bwo mu Rwanda ari igitugu gikabije gitsikamira ukuri gikoresheje iterabwoba&nbsp;. Uko ni ko ubwo butegetsi butwikiriza ibinyoma byabwo amateka y\u2019ukuri, bugahatira buri wese kwemera ibyo buvuga cyangwa kuruca bakarumira. Ni yo mpamvu bwiyemeje gutsemba buri wese ushira amanga ashaka kugaragaza uko kuri, cyangwa akagerageza kwerekana isura inyuranye n\u2019ibigwi ubwo butegetsi bukunda kwivuga, bugaragaza u Rwanda nk\u2019igihugu cy\u2019isuku kandi abacyo baguwe neza, nyuma y\u2019aho uwiyita \u00ab&nbsp;umucunguzi&nbsp;\u00bb Paulo Kagame&nbsp; agikuye ibuzimu akagisubiza ibuntu. Byahe byo kajya&nbsp;! Ababujijwe kuvuga kimwe n\u2019abatotezwa kubera ko bashatse kugaragaza ukuri ntibagira ingano. &nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Tugarutse rero kuri Jacques Matand, ingorane yahuye na zo ngo zishingiye ku mpamvu y\u2019uko akimara guhitisha ikiganiro yagiranye na Charles ONANA, ubutegetsi bw\u2019u Rwanda bwahise buteza iyabahanda bugaragaza ko ari sakirirego gutambutsa ikiganiro nk\u2019icyo kuri BBC. Uyu munyamakuru akaba n\u2019umushakashatsi muri politiki yanditse ibitabo bigaragaza indi sura, akavuga ibintu atabigoreka ku mateka ya genocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Akaga ka Jacques Matand rero ntigatandukanye na gato n\u2019ibyabaye ubwo undi munyamakuru wa BBC Jane Corbin yasohoraga ikiganiro [ku iraswa ry\u2019indege] cyiswe The Untold Sory (Inkuru yagizwe ibanga) aho yagaragaje ubuhamya butari bwarigeze buvugwa bugasenya ikinyoma cyari cyarakwijwe hose ari na cyo ubu butegetsi bwubakiyeho. Bwacyeye ubutegetsi bw\u2019u Rwanda buvuza impanda kugeza ubwo ibiganiro byo mu Kinyarwanda byakurikirwaga na benshi mu mbaga y\u2019Abanyarwanda bibujijwe kumvikana mu Rwanda. Ng\u2019uko uko Abanyarwanda benshi twavukijwe uburenganzira bwo kumenya amakuru ku gihugu cyacu, kubera ko ubutegetsi bwateye hejuru. Jacques Matand rero si uwa mbere uhuye n\u2019akaga ko gukumirwa mu bitekerezo gatewe n\u2019ubutegetsi burangwa n\u2019iterabwoba bwa Paulo Kagame n\u2019ababimufashamo, ariko twakifuje byibuze ko aba uwa nyuma uhohotewe atyo&nbsp;!&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ni imbaga itabarika haba mu Banyarwanda n\u2019abanyamahanga, bahabwa akato bakanashinjwa ibyaha ngo by\u2019ingengabitekerezo no guhakana genocide, kubera gusa ko bavuze ikitishimiwe n\u2019ubutegetsi bwo mu Rwanda, kubera ko batanze ubuhamya bunyuranyije n\u2019amateka agoretse ubutegetsi bwandikishije. Ubu butegetsi bwakwije hose ubwoba ku buryo ntawe utinyuka kuvuga kuri genocide n\u2019impamvu zose zayiteye, kimwe n\u2019iby\u2019iraswa ry\u2019indege benshi babona nk\u2019imbarutso idakwiye kwirengagizwa n\u2019umuntu wese ugendereye kuvuga ukuri kuri genocide yabaye mu Rwanda. Haciye imyaka myinshi ibyavuye mu bucukumbuzi mpuzamahanga ku byaha bwakorewe mu karere bihejejwe mu bubiko bisa no gukingira ikibaba ubutegetsi ruvumwa busa n\u2019ubwakomorewe kwica hose ntihagire uvuga. Bigasa no kwirengagiza no kwima ubutabera inzirakarengane bworetse nkana. Ikibabaje ariko kurutaho, ni ukubona kugeza magingo aya, ubwo butegetsi bwiyemeje kugoreka amateka bugikomeje kubona ababuvugira bakabushyigikira mu ntego yabwo yo kuduhatira kumva ibintu uko bwo bubishaka nyamara bihabanye n\u2019ibyo abenshi biboneye ubwabo, hatitawe na busa ku bo bwasize iheruheru. Ubwo bugambanyi n\u2019uko kwimakaza umuco wo kudahana byagakwiye gutera buri wese ipfunwe, cyane cyane iyo bikorwa n\u2019abafite ububasha bo mu isi hamwe n\u2019ibihugu byateye imbere.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uko kwibasirwa kwa hato na hato n\u2019iyi Leta bifite imvano. Icya mbere ni uko ibihugu by\u2019ibihangange bikomeye ku mahame y\u2019ubwisanzure iwabo birenga bikemera ko mu Rwanda ubutegetsi bupyinagaza abenegihugu, bugahonyanga indangagaciro shingiro zemewe ku isi, ntibyite ku batotezwa na bwo akenshi kubera ko birangamiye gusa inyungu bwite zabyo. Ni yo mpamvu byagiye byima amatwi n\u2019amaso amahano ndengakamere yakozwe mu ntambara n\u2019ubutegetsi bwa FPR, ndetse n\u2019ubu hatariho intambara, ntibibabuze kuvunira ibiti mu matwi ngo batumva abataka n\u2019abakomeje kwicwa na bugingo n\u2019ubu. Ikindi ariko, aka kaga duhoramo karaturuka ku mpamvu z\u2019uko natwe ubwacu Abanyarwanda hari benshi muri twe batarumva ko bikenewe guhuza imbaraga kugira ngo twange kandi twitandukanye n\u2019ubutegetsi bw\u2019abicanyi ruharwa bahejeje ku ngoyi Abanyarwanda bakanga kunamura icumu. Genocide bayigize intwaro ikoreshwa hose, bakayitwaza kugira ngo bakore ubwicanyi hose, cyangwa bakayireguza iyo bafatiwe mu cyuho bakagubwa gitumo n\u2019imigambi mibisha bahora bapanga. Abacitse ku icumu rya genocide babahinduye nk\u2019ibicuruzwa byo kwisobanura ku mahano baregwa. N\u2019ubwo bo ubwabo bigeze kwibeshya ko ubu butegetsi bwabarokoye, bityo bamwe muri bo ntibumve amagorwa n\u2019akaga ubu butegetsi bwazaniye u Rwanda, nta gushidikanya ko noneho ubu bamaze kubasobanukirwa neza. Urutonde rw\u2019abacitse ku icumu rya genocide bamaze guhitanwa n\u2019ubu butegetsi bwari bwarababeshye ko bwabarokoye ni rurerure cyane. Niba rutanahagije kugira ngo rwemeze n\u2019uwashidikanyaga ku bubi bw\u2019ubu butegetsi, iyicwa rya KIZITO MIHIGO nawe warokotse genocide muri 1994 bikwiye kutwumvisha vuba na bwangu ko dukwiye kuva ibuzimu tukajya ibuntu&nbsp;! &nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Ubutegetsi bwica ntibukwiye ijambo mu isi.&nbsp;<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">IPAD-Umuhuza, ntabwo twitekereza nk\u2019abagomba kugaya byose n\u2019ibitagayitse. Twemera rwose ko hari ibyo ubutegetsi bwa Paulo Kagame bwubatse, bigaragarira amaso ya buri wese kandi bikwiye gushimwa. Ni na byo Leta ye yitwaza hose ijya kureshya amahanga akiyihagazeho. Nyamara ariko, ntiduheranwa n\u2019isura isa neza gusa, ngo dutwarwe n\u2019ibyo bishashagirana ubutegetsi bwubatse, ngo tubeho nk\u2019abatazi ukuri boshye umushyitsi uraye ijoro rimwe. Ibikorwa by\u2019amareshyamugeni ubu butegetsi bwakwije hose bwubaka amahoteli ahenze bukajya no gutagaguza umutungo w\u2019igihugu bushyigikira amkipe y\u2019umupira w\u2019amaguru y\u2019amahanga nyamara akize cyane, mu gihe tuzi neza ko umuturage w\u2019i Rwanda atakigira icyo ashyira munda, n\u2019ugiye guhaha akamera nka wa mugani w\u2019usoroma intagwira utuzuza n\u2019ikiganza kimwe. Ubutegetsi bubeshya ko ari uburyo bwo gukurura abashoramari, ariko twibuke ko abo bashoramari iyo baje badashyira imari yabo mu mishinga y\u2019ubuhinzi ari yo ifitiye benshi akamaro, ahubwo bayashyira mu bikorwa bindi bitungukira abaturage bakennye, nko gushinga amabanki n\u2019ibigo bicuruza telefoni zigendanwa. Iyo migirire yashegeshe ahazaza h\u2019igihugu kubera inkunga zikoreshwa nabi n\u2019amadeni azagorana kwishyurwa.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nyamara rero kubaka igihugu birenze iby\u2019imyubakire igezweho kandi ihenze cyangwa imihanda isukuye. Ibyo bihinduka ubusa iyo bidakurikiwe n\u2019imibereho myiza cyangwa indangagaciro zitangwa n\u2019uburere n\u2019uburezi bufite ireme. Dufate ingero nke z\u2019ibihugu nka C\u00f4te d\u2019Ivoire yabaye intangarugero mu iterambere mu bihe bya Perezida Felix-Houphou\u00ebt-Boigny. Nigeria, cya gihangange mu bihugu bicukura peteroli muri Afurika, n\u2019ubwo ubu kirimo gutera imbere byihuse, ariko cyamaze imyaka&nbsp; myinshi mu icuraburindi. Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu bunini bwayo no kuba iteretse ku mabuye y\u2019agaciro menshi, na n\u2019ubu ntirakivana mu ngorane. Ibyo byose biterwa no kuba habuze ubumwe, ubwumvikane no kubana mu mahoro hagati y\u2019abenegihugu. Iyo ibyo bidahari, nta shiti ko za nyubako z\u2019agatangaza na ya miturirwa dushima bishobora guhinduka isibaniro bigashyirwa hasi, imigi yari ibitangaza igasigara ari umusaka gusa. Ibi si uguhanura amakuba n\u2019ibyago. Kuko ibyo ari byo abayoboye S\u00e9n\u00e9gal na Tanzaniya bashoboye gukumira mu bihugu byabo. IPAD-Umuhuza yifuza gukoma mu nkokora icyajyana u Rwanda muri iyo nzira. Nk\u2019Ishyaka rigamije guhuza Abanyarwanda, dushishikajwe no kubaka u Rwanda rushyize hamwe, bene rwo biyunze. U Rwanda rufite inzego zikomeye kandi zigenga zikorera Abanyarwanda bose. Icyo ni cyo cyerekezo dufite, ni na zo nzozi zacu. Kandi twiyumvamo ubushobozi bwo kubigeraho.&nbsp; &nbsp; &nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Perezida Kagame n\u2019ubutegetsi bwe nta cyizere batanga cyo kubaho mu mahoro. Kandi ni mu gihe. Mu nzozi ze no mu ntego ze ntiharimo ibyo kubanisha neza Abanyarwanda. Biri ukundi rwose. Uyu mutegetsi umaranira kwigaragaza nk\u2019umucunguzi kuri bamwe, iyo sura y\u2019ikinyoma yamaze kuyoyoka rugikubita. Abamwibeshyagaho ubu bamaze kumenya neza uwo ari we by\u2019ukuri. IPAD-Umuhuza, si twe ubwacu byahereyeho kugaragaza ko ubutegetsi bwe ari ubw\u2019igitugu birenze urugero. Ariko na twe tubyemeza nta mususu. Tubona nta rindi rage azasiga imusozi usibye gusubiza Abanyarwanda mu mahari adashira no kubabibamo umwiryane w\u2019akarande. We ubwe na wa \u00ab&nbsp;Muryango&nbsp;\u00bb wabo wa FPR-Inkotanyi usa n\u2019ikiguri cy\u2019ubugome, dore bafashe u Rwanda mpiri barugira urwabo, barutwaza uruhembe rw\u2019umuheto ari na ko bashyira buri wese ku gatsi, ngo kibi na cyiza yemere ibitekerezo byabo kabone n\u2019iyo bidafite ireme&nbsp;! Ntibarakamenya ko uwicisha inkota ari yo azazira&nbsp;! Ibi kandi turabivuga atari uko dufite inzika yo kwihorera nk\u2019uko FPR-Inkotanyi yabigize intero kuva yafata igihugu. Turavuga ibyo imigani y\u2019abakuru yahamije. Kuko ubu butegetsi bwa Paulo Kagame butashoboye kuzanira Abanyarwanda amahoro ntibishoboka ko buzavaho mu mahoro. Buri wese arabyibonera ubwe. Ikitubabaza kurushaho ni uko usanga ubwo butegetsi ruvumwa bugifite gishyigikira mu bihugu bikomeye, mu buryo busa no kwihohora kubera ko ibyo bihugu bitakoze ibikwiye ngo bikumire genocide. Ibi byatumye ibyo bihangange byirengagiza imanza zibogamye zaciwe n\u2019Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rwabogamiye ku ruhande rw\u2019abatsinze intambara. Rwashoje imirimo rwanzuranye umugayo haba ku Banyarwanda ndetse no ku bandi bakunda ukuri. Benshi cyane baracyakomeza kunenga imyitwarire y\u2019ayo mahanga akomeye yaruciye akarumira, mu gihe ubutegetsi bwa Paulo Kagame bwayogozaga igihugu bwica umusubizo bukarimbura imbaga mu Rwanda no hanze yarwo, bwitwaje icyaha cya genocide. Ibyo byaha ndengakamere byose ayo mahanga akaba asa n\u2019ayabiteye utwatsi akabifata nk\u2019ibintu byari bikwiye kubaho.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Iyo tuvuga ibi byose, intego yacu si ugutera imbabazi&nbsp;! Nta na busa. Ahubwo dushimikiriye gusaba ibyo bihugu by\u2019ibihangange byadutereranye mu gihe imihoro na kalachnikov byamaraga abantu mu bunyamaswa bukabije, ngo byoye gukomeza kurebera na none Abanyarwanda bicwa urusorongo kandi bikorwa n\u2019ubutegetsi gica ibyo bihugu bigikomeje gushyigikira no gutiza umurindi mu bikorwa byabwo bibisha. Bukomeje guca ibintu bubeshya ngo burarengera abarokotse genocide. Musigeho&nbsp;! Ubu butegetsi ntibugikwiye ijambo, kuko nta jabo bufite mu bantu. Ni icyago, ni intaza yubikiriye ibuza igihugu kwinjira neza mu nzira ya demokarasi, ni ihano ritazatuma u Rwanda rurasirwa n\u2019umucyo n\u2019icyizere ku bashegeshwe n\u2019imitegekere yabwo yuje ubugome.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nk\u2019uko uwo Muryango mpuzamahanga wagize ikimwaro mu gihe wihoreye igihugu kikinjira mu mage n\u2019imiborogo, birakwiye noneho ko uwo Muryango mpuzamahanga udakomeza guceceka no kwica amatwi mu gihe igihugu kidahwema gucura intimba kubera iterabwoba ry\u2019ubu butegetsi buriho mu Rwanda. Byaba ari igisare kabiri kongera gutererana imbaga y\u2019Abanyarwanda ubu igeze mu kangaratete. Turifuza ko Muryango mpuzamahanga mutegera amatwi iyi ntabaza dutabariza Abanyarwanda bamariwe ku icumu n\u2019ubutegetsi butitaye ku buzima bwacu bwa none n\u2019ejo hazaza.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Amajwi y\u2019Abanyarwanda aniha ni menshi. Arataka ahuruza impande zose ngo twese Abanyarwanda n\u2019abandi mwese duhuje imihigo yo kwimakaza ubumuntu kuva iwacu ukagera ku mpera z\u2019isi yose, ngo duhuze imbaraga turwanire amahoro mu gihugu cyacu, amahoro asesuye agere&nbsp; kuri buri wese. Aho ni ho tuzizera kubona u Rwanda ruyobowe neza kandi rutemba ituze&nbsp;!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Charles Musabyimana<\/strong>, Umunyamabanga Mukuru.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><br><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Tubimbuye iyi nyandiko dufite ishavu n\u2019agahinda kenshi. Ubwo ibyo twifuzaga gusangiza Abanyarwanda byarimo bifata isura nyayo mu ntekerezo, ni bwo n\u2019inkuru y\u2019incamugongo yatugezeho itubikira umuhanzi KIZITO MIHIGO, wa musore wari uzwi cyane muri muzika, nawe akaba akenyuwe n\u2019ubutegetsi gica bwahigiye kubaho butitiza Abanyarwanda bukamena amaraso ubuziraherezo! Iby\u2019urupfu rwe ngo rwabereye muri kasho ya polisi, byaciye [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":34218,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[45],"tags":[],"class_list":["post-35063","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amatangazo"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>DUFATANE URUNANA TURWANYE ITERABWOBA MU RWANDA - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"DUFATANE URUNANA TURWANYE ITERABWOBA MU RWANDA - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Tubimbuye iyi nyandiko dufite ishavu n\u2019agahinda kenshi. Ubwo ibyo twifuzaga gusangiza Abanyarwanda byarimo bifata isura nyayo mu ntekerezo, ni bwo n\u2019inkuru y\u2019incamugongo yatugezeho itubikira umuhanzi KIZITO MIHIGO, wa musore wari uzwi cyane muri muzika, nawe akaba akenyuwe n\u2019ubutegetsi gica bwahigiye kubaho butitiza Abanyarwanda bukamena amaraso ubuziraherezo! Iby\u2019urupfu rwe ngo rwabereye muri kasho ya polisi, byaciye [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-02-23T16:48:47+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2020-02-23T16:55:35+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Logo-Ipad.png\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"600\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"600\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"13 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/\",\"name\":\"DUFATANE URUNANA TURWANYE ITERABWOBA MU RWANDA - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Logo-Ipad.png\",\"datePublished\":\"2020-02-23T16:48:47+00:00\",\"dateModified\":\"2020-02-23T16:55:35+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Logo-Ipad.png\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Logo-Ipad.png\",\"width\":600,\"height\":600},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"DUFATANE URUNANA TURWANYE ITERABWOBA MU RWANDA\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03\",\"name\":\"therwd\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"DUFATANE URUNANA TURWANYE ITERABWOBA MU RWANDA - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"DUFATANE URUNANA TURWANYE ITERABWOBA MU RWANDA - Umunyarwanda","og_description":"Tubimbuye iyi nyandiko dufite ishavu n\u2019agahinda kenshi. Ubwo ibyo twifuzaga gusangiza Abanyarwanda byarimo bifata isura nyayo mu ntekerezo, ni bwo n\u2019inkuru y\u2019incamugongo yatugezeho itubikira umuhanzi KIZITO MIHIGO, wa musore wari uzwi cyane muri muzika, nawe akaba akenyuwe n\u2019ubutegetsi gica bwahigiye kubaho butitiza Abanyarwanda bukamena amaraso ubuziraherezo! Iby\u2019urupfu rwe ngo rwabereye muri kasho ya polisi, byaciye [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2020-02-23T16:48:47+00:00","article_modified_time":"2020-02-23T16:55:35+00:00","og_image":[{"width":600,"height":600,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Logo-Ipad.png","type":"image\/png"}],"author":"therwd","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd","Est. reading time":"13 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/","name":"DUFATANE URUNANA TURWANYE ITERABWOBA MU RWANDA - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Logo-Ipad.png","datePublished":"2020-02-23T16:48:47+00:00","dateModified":"2020-02-23T16:55:35+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Logo-Ipad.png","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Logo-Ipad.png","width":600,"height":600},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dufatane-urunana-turwanye-iterabwoba-mu-rwanda\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"DUFATANE URUNANA TURWANYE ITERABWOBA MU RWANDA"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/fb2f15ed128358755edd6c892420fb03","name":"therwd","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/35063","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=35063"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/35063\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":35065,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/35063\/revisions\/35065"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/34218"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=35063"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=35063"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=35063"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}