{"id":3553,"date":"2013-05-11T17:19:03","date_gmt":"2013-05-11T15:19:03","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=3553"},"modified":"2013-05-11T17:19:03","modified_gmt":"2013-05-11T15:19:03","slug":"rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/","title":{"rendered":"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa"},"content":{"rendered":"<p>Impungenge z\u2019umutekano zikomeje kuba zose ku batangabuhamya mu rubanza rwatangiye ku rupfu r\u2019wumusore Jean Claude SAFARI (ugaragara ku ifoto) wakubiswe bikomeye n\u2019Inkeragutabara, agahuhurwa n\u2019umwofsiye wa Polisi ushinzwe iperereza, Intelligence Officer Superintendent Vincent Habintwari, bikamuviramo gupfa, abaganga batagishoboye kumuramira.<!--more--><\/p>\n<p>Mu gukurikirana iby\u2019iki kibazo, IREME.NET twigereye aho uyu musore avuka, aho yafatiwe, aho yakubitiwe,\u2026, tunaganira n\u2019abafite bimwe mu byo bakurikiranye ku ikubitwa rivanzemo iyicarubozo ryakorewe Jean Claude. Bamwe mu bo twavuganye ni abumvise ataka cyane aniha, bakavuga ko amajwi yaturukaga mu rugo rwa Supt Vincent Habintwari, utuye hafi cyane y\u2019aho uyu musore yatahaga, mu nzu abanamo n\u2019umubyeyi we umwe. Ni mu mudugudu wa Rwagitanga, mu kagari ka Nyakabanda, Umurenge wa Nyakabanda, Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali. N\u2019ubwo batinye ko amazina yabo atangazwa, abo twaganiriye ni abantu bariho, bashimangira ko ibyo batangaza batabibariwe, ahubwo babihagazeho, kugeza ubwo JACLO yurizwaga imidoka yanegekaye.<\/p>\n<p>Twaganiriye kandi na Epiphanie Mukakimenyi, Umubyeyi wa Nyakwigendera Jean Claude (wari umenyerewe ku izina ry\u2019ubuhanzi rya JACLO), atubwira ibyo yabwiwe n\u2019umwana we, iminsi ibiri mbere y\u2019uko ashiramo umwuka. Ibi akaba yari yarabimubwiye asigaranye intege nke cyane ageze mu marembera, bikaba ngombwa ko abwiza nyina ukuri kose yari yaramuhishe ngo atamutera ubwoba, akamukura umutima.<\/p>\n<p>Ukuri uyu musore yari yarahishe nyina ni ukuba yarakubiswe bikomeye cyane akananirwa kwicara no kugenda. Harimo kuba yarakubiswe n\u2019Inkeragutabara enye zari ku irondo mu ijoro yakubiswemo, zikibanda mu kumukubita zihamya urutirigongo ahagana urukenyerero, mu bujana, ibitsi, ibirenge n\u2019ahandi. Intandaro ya byose ni ukumukekaho ubujura, kuko bamusanganye retroviseur y\u2019imodoka, bakanamushinja ko yari yanyoye ibiyobyabwenge.<\/p>\n<p>Ubwo zamushyikirizaga ushinzwe iperereza IO Supt Habintwari ngo nawe yashyizeho ake amuhonda ikibando mu nsina z\u2019ugutwi, kumukubita bikomeye hagati y\u2019amaguru (byamuviriyemo kwangirika impyiko ku buryo budasubirwaho), guhondagurwa mu mutwe, anajyanwa kuri Station ya Nyamirambo bamutsindagira hagati y\u2019ibyuma by\u2019imodoka ya Polisi atakwirwagamo (Pandagali iraranwa na Supt Habintwari)<\/p>\n<p>Umwana yaje koherezwa aho bita kwa Kabuga, araharembera cyane, umwe mu bo bahafunganywe akavuga ko yajyaga amukandakanda, kuko ngo yababaraga mu gatuza no mu mbavu, agahumeka bimugoye, kwicara no kugenda bikaba bitaramushobokeraga.<\/p>\n<p><strong>Ibijyanye n\u2019amatariki n\u2019ibindi birambuye bigaragara mu rwandiko Epiphanie yandikiye Umuyobozi wa CID, atanga ikirego.<\/strong><\/p>\n<p style=\"text-align: center\">\u00a0<a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Fanny1-JACLO.jpeg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"aligncenter\" alt=\"Fanny1 JACLO\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Fanny1-JACLO.jpeg\" width=\"715\" height=\"935\" \/><\/a><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Fanny2-JACLO.jpeg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"aligncenter\" alt=\"Fanny2 JACLO\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Fanny2-JACLO.jpeg\" width=\"712\" height=\"930\" \/><\/a><\/p>\n<p>Muri uru rwandiko, Madamu Epiphanie akoresha inyito \u201cAbanyerondo\u201d,\u00a0 abitewe no kuba yarasabwe n\u2019umwe mu basirikare bakuru (w\u2019umujenerali) ko\u00a0 yakwirinda gukoresha inyito \u201cInkeragutabara\u201d, ahubwo akavuga \u201cAbanyerondo\u201d ngo kugira ngo ikibazo cye cyumvikane byihuse. Cyakora abandi bose twaganiriye bakoresha inyito \u201cInkeragutabara\u201d, kuko ngo ariko basanzwe bitwa, kandi aho muri Nyakabanda bakaba bakuriwe n\u2019Inkeragutabara Nkuru y\u2019Umurenge, bakunze kwita \u201cMzee King\u201d, nawe wagaragaye muri iki kibazo. Naho uwo yise \u201cPapa Simoni\u201d wahururije umwana we amwita igisambo akanamuherekeza kwa IO Habintwari wamunegekaje, amazina ye ni Hakizamungu Ephron.<\/p>\n<p>Aho bigeze uyu munsi, ni uko hari babiri mu Nkeragutabara batawe muri yombi, mu gihe abandi bavugwa mu kibazo batigeze bakurikiranwa, naho Supt Vincent Habintwari we, mu gihe tukigerageza kuvugana n\u2019Ubuyobozi bwa Polisi y\u2019igihugu, ntituramenya ibyemezo byamufatiwe (niba bihari). Hagati aho, babiri bafunzwe ntibaragezwa imbere y\u2019ubutabera, n\u2019ubwo iminsi igenwa n\u2019amategeko ngo bagezwe imbere ya Parquet yarenze cyane. Abo babiri ni Munyaneza Theogene bita Kigingi na Halleluiah Emmanuel bita Gasongo. Hari amakuru avuga ko Mutabazi we yatorotse, aho ari hakaba hataramenyekana.<\/p>\n<p>Mu rwandiko (dufitiye kopi) Nyina wa SAFARI Jean Claude yandikiye Minisitiri w\u2019Umutekano akanamenyesha inzego nkuru z\u2019ubuyobozi bw\u2019igihugu, yasabye kwishinganisha kubw\u2019impungenge afitiye umutekano we nyuma yo gutanga ikirego kirimo bamwe mu bo yita \u201cabakomeye\u201d. Hagati aho, andi makuru atugeraho ni ay\u2019uko bamwe mu batangabuhamya ku byakorewe SAFARI Jean Claude bakomeje guhamagarwa ubutitsa n\u2019amatelefoni y\u2019abantu bataziranye, bababaza byinsi kuri iki kibazo, bamwe bakaba batangiye kubigiraho impungenge z\u2019umutekano wabo, zifatiye ahanini ku kuba baturanye bya hafi cyane n\u2019uyi Suprintendent Vincent Habintwari ushinzwe iperereza, dore ko byiyongereraho ko banasanzwe\u00a0 bamutinya cyane.<\/p>\n<p>Mukakimenyi Epiphanie (bita Fannie), umubyeyi wa Jean Claude yadutangarije ko kugeza ubu yishimira ubushake abona inzego yagejejeho ikibazo zifite bwo kugikurikirana, ariko akagira nanone impungenge zaterwa n\u2019ububasha bwinshi\u00a0 bufitwe n\u2019umwe mu baregwa.<\/p>\n<p>Safari Jean Claude yize muri KIST, akomereza amashuri ye mu Buhinde. Yiteguraga kujya kwiga iby\u2019ubuhanzi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu buzima busanzwe akunda umuziki, ubugeni n\u2019ubukorikori, akaba n\u2019umuhanga mu gushushanya no gutera amarangi ku mazu, amamodoka n\u2019ibyapa byamamaza.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Fanny-4-JACLO.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignright\" alt=\"Fanny 4 JACLO\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Fanny-4-JACLO.jpg\" width=\"357\" height=\"640\" \/><\/a><strong>Fannie ni uwo ufashe ifoto y\u2019umwana we<\/strong><\/p>\n<p><em>Uramutse ufite ubundi buhamya cyangwa ikindi wabimenyeho, watumenyesha kuri\u00a0<em>07 22 77 33 55, byaba ngombwa tukakwihamagarira.<\/em><\/em><em>Ushobora no kutwandikira kuri<\/em><em><em><\/em>\u00a0(ireme.net@gmail.com) cyangwa (intwarane@gmail.com).\u00a0\u00a0\u00a0\u00a0 Uburenganzira bwo kudatangaza umwirondoro w\u2019uwatanze amakuru turabwubahiriza ijana ku ijana.<br \/>\n<\/em><\/p>\n<p><em>Turacyabakurikiranira byinshi kuri iyi nkuru<\/em><\/p>\n<p><strong>\u00a0Inkuru bifitanye isano:<\/strong><\/p>\n<p><a title=\"Inkeragutabara zirakekwaho gutera gerenade mu bantu\" href=\"http:\/\/www.ireme.net\/nyaruguru-inkeragutabara-zirakekwaho-gutera-gerenade\/\" target=\"_blank\">Inkeragutabara zirakekwaho gutera gerenade mu bantu<\/a><\/p>\n<p><a title=\"Humvikanye amasasu\" href=\"http:\/\/www.ireme.net\/humvikanye-amasasu-ku-gitega-mu-mujyi-wa-kigali\/\" target=\"_blank\">Humvikanye amasasu ku Gitega mu Mujyi wa Kigali<\/a><\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p><strong>NTWALI John Williams<\/strong><\/p>\n<p><strong>www.ireme.net<\/strong><\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>Mu bantu batanze igitekerezo kuri iyi nyandiko hari uwitwa Gakwaya wagize ati:&#8221;<em>Inkuru iri muri Quartier, n\u2019uko kuva ejobundi, abaturanyi babonye afandi ava mugipangu iwe bavuga ko atafunzwe kdi ubuyobozi bwa polisi buvuga ko yafatiwe umunsi umwe n\u2019inkeragutabara barafungwa ariko we aho afungiwe hatazwi. Inkeragutabara zo zarizifungiwe kuri Brigade y\u2019Inyamirambo. Ikibabaje n\u2019uko n\u2019uriya mugabo witwa Hakizamungu Euphrone bita Papa Simoni ukora muri CARE INTERNATIONAL, muri Quartier bamwita papa Simoni.<\/em><\/p>\n<p><em>Ihererekanya ry\u2019uyu mwana rero hagati ya afandi bimeze bitya:<\/em><\/p>\n<p><em>Kuko izo nkeragutabara nako inkerakurimbura, zafashe umwana muma saa sita zijoro bamukubitira aho barangije bati gicucu, haguruka tukujyanire chef wacu w\u2019Inkeragutabara, baramushorera bamuhondagura, bamunyujije mu kayira ugenda nk\u2019iminota 10 baba bageze ku Kagari ka Nyakabanda ya mbere kdi ubwo bamurengeje iwabo baramukomezanya, nyina aryamye atazi ibirimo kubera ku mwana we hanze . Ibyari ngo Chef wabo biza kurangira umwana abona bamugejeje ku Kagari bahasanga Local Defense uryamye wiyoroshe igikoti. Babiri baramusanze baramubyutsa, baravugana, barangije bahindukirira rimwe bose basanga bagenzi babo 2 basigaye ku mwana bamwicaje ikibono hasi, ubwo baramuzengurutse bose bamukubitira rimwe nkurufaya rwamasasu, umwana amezi nkuwapfuye atacyumva buri wese aho yakubitaga. Kuva muri ayo masaha yose yijoro bamukubita uko bashatse, baje kumujyana kwa Papa Simoni barakomanga, arasohoka, hari murukererera saa kumi bujya gucya. Bati ko ufite imodoka, nta retroviseur y\u2019imodoka wabuze kuko uyu musore twamufatanye retroviseur 1? arahakana. Barongeye bamukubitira aho kwa papa Simoni kandi iwabo w\u2019umwana ari inyuma y\u2019inzu ye, ntiyigeze amenyesha nyina w\u2019umwana wenda ngo aze arebe ibyo baziza umwana we, wenda byaba ukuri nyina akishyura iyo retrovisue. Ariko se ujya kwiba we yiba retrovisuer 1? Ese ko bahuye nawe ayifite bari bazi ivahe ikajyahe ko na hanini bayimushinja ntanyirayo uzwi? Biragaragara ko umwana bari baramupangiye, bashakisha impamvu zidasobanutse. Iyo ubonye ubona ari urwango mu baturanyi. Birababaje. Umwana se we aba ahuriye he n\u2019imyumvikane mike y\u2019abaturanyi?<\/em><\/p>\n<p><em>Bakiri kwa papa simonmi rero, hirya haje guturuka inkeragutabara 1 ihita imenya umwana irababwira iti: uyu mwana ntimuzi ko ari uwa Fanny? Papa Simoni aramubaza ati ese uramuzi, ati yego, ati ese ntiyitwa Claude? Papa Simoni aho kumujyanira nyina utuye inyuma y\u2019inzu ye, yahise afata telefone ye akompoza tel ya afandi, amubwira ngo bafashe umujura. Afandi ati ni mukinzanire. Umwana yashorewe na Papa Simoni, zankeragurimbura 4 kugera kwa afandi, bahageze basanze yabiteze, binjira mu gipangu. Afandi asaba izo nkeragutabara ikibando, yaragifashe akubita mugutwi ku mwana arongera arahidukiza mukundi gutwi, umwana arataka ati Mama weeee baranyishe. Abaturanyi ba afandi aho hafi bamwe babyukijwe niyo nduru. Babyutse basanze ari kwa afandi umwana atakira ariko batazi ninde? Bamwe bararambiwe basubira mumazu ariko bamwe baguma kumarembo yabo aho bategereje kubona abaza gusohoka kwa afandi ngo bamenye n\u2019inde mwana bahakubitiraga. Nyuma bamunogeje rero bamusohoye hanze bamwegeka kurukuta rwa portaille ya afandi, we asubira mugipango gusohora imodoka, ahita abwira umwana kwinjira muri panda gari ye ararana murugo iwe. Ntarutege umwana yarafite, yarananiwe guhaguruka , bamubyutsa bamuhonda na none. Pandagari ifite utwuma munsi y\u2019intebe, bamusesekagamo nkaho baseseka ihene, yataka bagahonda. Inkeragutabara yitwa Kigingi yicara hejuru y\u2019umwana basesetse muri twatwuma, afandi ajya imbere atwara imodoka, bamujyana kuri Brigade iNyamirambo aho yamaze 2 semaines aho yavuye ajyanwa muri Prison ya Gikondo kwa Kabuga iGikondo, yahabaye ukwezi kumwe n\u2019icyumweru kimwe. Yakubiswe kuwa 15\/2\/2013 nyina ajya kumufunguza kuwa 29\/3\/2013, bukeye ntiyabyutse za malaise zitangira ubwo, tariki ya 3\/4\/2013, nyina amujyana kwa<\/em><br \/>\n<em>muganga apfa tariki 9\/4\/2013 mu bitaro by\u2019umwami Faysal aho bamushyize muri Radiographie na scanneur babona yarangijwe impyiko zombi kandi n\u2019umwana yaribwaga muri testicules ze (amabya), agatuza barakamenye ababara kdi ntahumeke neza, mubitugu kwa ruko uburibwe umubiri hose. Umutwe yahoraga avuga ngo uramurya cyane, autopsie rero yaje ikora confirmation y\u2019impamvu y\u2019urupfu ko umwana yakubiswe bikabije, kuburyo yarafite hymoragie interne (kuvira imbere, ubwo amaraso yo mumutwe yaribumbiye hamwe). Namwe ni mwumve urwo rupfu. Abasigaye nimujye mumenya abo muturanye nabo, mujye mumenya ko hakiri abagome.<\/em><\/p>\n<p><em>Ibi bintu bihishe byinshi !!!! Imana niyo nkuru.&#8221;<\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Impungenge z\u2019umutekano zikomeje kuba zose ku batangabuhamya mu rubanza rwatangiye ku rupfu r\u2019wumusore Jean Claude SAFARI (ugaragara ku ifoto) wakubiswe bikomeye n\u2019Inkeragutabara, agahuhurwa n\u2019umwofsiye wa Polisi ushinzwe iperereza, Intelligence Officer Superintendent Vincent Habintwari, bikamuviramo gupfa, abaganga batagishoboye kumuramira.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":3554,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[64],"tags":[],"class_list":["post-3553","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Impungenge z\u2019umutekano zikomeje kuba zose ku batangabuhamya mu rubanza rwatangiye ku rupfu r\u2019wumusore Jean Claude SAFARI (ugaragara ku ifoto) wakubiswe bikomeye n\u2019Inkeragutabara, agahuhurwa n\u2019umwofsiye wa Polisi ushinzwe iperereza, Intelligence Officer Superintendent Vincent Habintwari, bikamuviramo gupfa, abaganga batagishoboye kumuramira.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2013-05-11T15:19:03+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwd.com\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"headline\":\"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa\",\"datePublished\":\"2013-05-11T15:19:03+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/\"},\"wordCount\":1424,\"commentCount\":5,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"articleSection\":[\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/\",\"name\":\"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2013-05-11T15:19:03+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":480,\"height\":640},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwd-com\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa - Umunyarwanda","og_description":"Impungenge z\u2019umutekano zikomeje kuba zose ku batangabuhamya mu rubanza rwatangiye ku rupfu r\u2019wumusore Jean Claude SAFARI (ugaragara ku ifoto) wakubiswe bikomeye n\u2019Inkeragutabara, agahuhurwa n\u2019umwofsiye wa Polisi ushinzwe iperereza, Intelligence Officer Superintendent Vincent Habintwari, bikamuviramo gupfa, abaganga batagishoboye kumuramira.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2013-05-11T15:19:03+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/"},"author":{"name":"therwd.com","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"headline":"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa","datePublished":"2013-05-11T15:19:03+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/"},"wordCount":1424,"commentCount":5,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","articleSection":["Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/","name":"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2013-05-11T15:19:03+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":480,"height":640},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandayahondaguwe-ninkeragutabara-ahuhurwa-nushinzwe-iperereza-bimuviramo-gupfa\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Rwanda:Yahondaguwe n\u2019Inkeragutabara, ahuhurwa n\u2019ushinzwe iperereza, bimuviramo gupfa"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3553","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3553"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3553\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3553"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3553"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3553"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}