{"id":3658,"date":"2013-05-30T06:45:22","date_gmt":"2013-05-30T04:45:22","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=3658"},"modified":"2013-05-30T06:45:22","modified_gmt":"2013-05-30T04:45:22","slug":"yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/","title":{"rendered":"Yahugujwe na BK, ahomba miliyoni amagana, Urukiko rw\u2019Ikirenga rubiha umugisha"},"content":{"rendered":"<p><em>Umucuruzi Nkusi Eug\u00e8ne umwe mu bari bifite mu buryo bugaragara mu Mujyi wa Kigali nyuma gato ya Jenoside, yahombejwe ku buryo bukabije na Banki ya Kigali mu rubanza rw\u2019amahugu, rwamuviriyemo kugurishirizwa inzu ifite agaciro ka miliyoni ijana, ahomba ubukode bwayo n\u2019ibindi bikorwa byahagaze mu myaka isaga cumi n\u2019ibiri, na n\u2019ubu akaba akirukira mu nkiko avuga ko zitaramurenganura. Igihombo yagize kugeza ubu avuga ko kiri ma miliyoni amagana menshi ataramenya umubare.<\/em><!--more--><\/p>\n<p>Byose byatangiye ahagana 1997, ubwo yari amaze kwiteza imbere cyane, dore ko yari yaratangiye ubucuruzi bw\u2019umwuga mbere ya 1994. Nyuma gato ya Jenoside, Nkusi Eug\u00e8ne yabanje kuba umucuruzi umwe rukumbi winjizaga (fournisseur) inzoga zaturukaga i Burundi, mu gihe Bralirwa yari itarongera gufungura imiryango. Yaranguzaga kandi imyaka n\u2019ibindi bicuruzwa binyuranye.<\/p>\n<p>Mzee Nkusi yaguze ikibanza munsi gato y\u2019ahubatse Hotel Alpha Palace ubu, aragisiza aracyubaka, ku mafaranga yari afite asaba inguzanyo muri Banki y\u2019Abaturage (UBPR-Icyo gihe) ya miliyoni umunani. Mbere yo kuyahabwa, umugabo Miravumba wari Directeur Financier muri Banki y\u2019abaturage yamubwiye ko azayabona ari uko amusengereyemo (ruswa) miliyoni imwe. \u00a0Nkusi Eugene akomeza avuga ko atabyemeye, kuko amafaranga yose yari yasabye yari ahwanye n\u2019ibyaburaga ngo yuzuze inyubako ye. Miravumba yamubwiye ko bitarangiriye aho.<\/p>\n<p>Nkusi yakomeje inyubako ye n\u2019ibikorwa by\u2019ubucuruzi, inyubako irangira haciyeho, igihe imuhagaze amafaranga miliyoni mirongo itandatu (60 000 000 Frw).<\/p>\n<p>Miravumba ntiyaviriye, yapanze n\u2019umugore we wakoraga muri Banque de Kigali \u2013BK, wari ufite mu nshingano ze gukurikirana abafitiye BK imyenda. Bahimbye dosiye y\u2019umwenda wa miliyoni enye n\u2019igice (4 500 000 Frw), bavugaga ko yafashweho ideni na Nkusi Eug\u00e8ne.\u00a0 Iyo dosiye mpimbano yagejejwe mu Rukiko Nkusi atabimenyeshejwe, uwaburaniraga Banque de Kigali avuga ko Nkusi atitabye nkana, urubanza ruracibwa.<\/p>\n<p>Icyo gihe BK yavugaga ko ku mwenda wa 4 500 000 Frw Nkusi yayisabye ashaka kugura ikawa, yishyuyemo\u00a0<strong>3 048 343 Fr<\/strong>w, akaba yari asigayemo umwenda ungana na\u00a0<b>1 451 657 Frw<\/b>. Nyuma yo guca uru rubanza hakanihutsihwa mu buryo budasanzwe irangizarubanza kandi undi muburanyi \u00a0(Nkusi) atabizi, atanazi ko hari ikirego mpimbano cyamukorewe, yatunguwe no kumva hari abatangiye kubuganuuga inzu ye ngo bazayigura mu cyamunara, kugira ngo umwenda aigayemo Banki wishyurwe.<\/p>\n<p>Aho abimenyeye ariko ntanabihe agaciro kuko yumvaga atazi ibyo ari byo, haje uwaitwa Bikamba Fran\u00e7ois avuga ko ashaka kugura iyo nzu ku cyamunara kuri miliyoni umunani n\u2019igice, ntibayshoboka. Uyu Bikamba Fran\u00e7osi yaje kujya hanze avuga ko iyo nzu asize azayigurirwa na murumuna we Bikamba Antoine, ku mafaranga azaba yemejwe Na Banki mu cyamunara. Ku wa gatandatu tariki ya 14\/12\/2002, nibwo cyamunara yabaye, Banki ivuga ko amafaranga fatizo ari miliyoni icyenda, Bikamba Antoine arenzaho ibihumbi mirongo itatu, inzu ayegukana atyo yishyuye\u00a0<b>9 030 000 Frw<\/b>.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC023321.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02332\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC023321.jpg\" width=\"600\" height=\"800\" \/><\/a><\/p>\n<p>N\u2019ubwo Banki yavugaga ko yiyishyura\u00a0<b>1 451 657 Frw<\/b>\u00a0asigaye angana na\u00a0<strong>7 578 343 Frw<\/strong>\u00a0agahabwa nyirinzu yagurishijwe ariwe Nkusi, ntayo yigeze abona, ahubwo Bank of Kigali irarenga ikura no kuri konti ye mu buryo budasobanutse amadolari ibihumbi bine\u00a0<strong>(4000 USD)<\/strong>, nayo aburirwa irengero, na n\u2019ubu akaba ataremererwa na Banki ya Kigali kumenya aho amafaranga ye yagiye, dore ko buri gihe bamubwira ngo ntibikiri muri system ku buryo byagaragara. Ku ruhande rwe, amadolari 1000 niyo yonyine yari yarakuye kuri iyo konti, kuva yayifunguza. Aho andi yanyuze n\u2019icyo yakoze, ntahasobanurirwa.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Dollars.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"Dollars\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Dollars.jpg\" width=\"640\" height=\"480\" \/><\/a><em>Inshuro imwe rukumbi niyo Nkusi yabikuje, kandi ntiyayamaramo. Hari muri 1996\u00a0<\/em><\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>Kugeza icyo gihe agurishirizwa inzu, Mzeee Nkusi avuga ko atari yakamenya ikinamico yamukorerwagaho, dore ko nta na convocation n\u2019imwe yari yarigeze ashyikirizwa ngo yange kuburana, none n\u2019inzu ye ikaba yari igirishijwe na Banki adafitiye umwenda, batanafitanye andi masezerano y\u2019uburyo ubwo ari bwo bwose.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Nkusi.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"Nkusi\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Nkusi.jpg\" width=\"640\" height=\"480\" \/><\/a><\/p>\n<p><strong>Mzee Eugene NKUSI umaze imyaka 12 asiragizwa mu Nkiko, zimurangarana<\/strong><\/p>\n<p>Nk\u2019uko yakomeje abitangariza\u00a0<strong>IREME.NET,<\/strong>\u00a0Nkusi yabaye nk\u2019ukangutse nyuma yo kubona inzu ye yamuhenze itezwa cyamunara mu gihe yari ayitezeho umusaruro mwinshi cyane. Nibwo yatangiye kwirukira mu Nkiko, ndetse afatiye ku kuri kose yari afite haba mu nyandiko no mu bindi bimenyetso binyuranye, yumvaga urubanza ari urucabana. Nyamara urubanza yatangiye muri uwo mwaka wa 2002, rwageze muri uyu wa 2013 rutarasobanuka. No muri uku kwezi turimo yongeye kwandikira Umushinjacyaha Mukuru.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/2013-Still.jpeg.png\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"2013 Still.jpeg\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/2013-Still.jpeg.png\" width=\"584\" height=\"800\" \/><\/a><\/p>\n<p>Mu mwaka w\u20192007, Bikamba Antoine witwaga ko yaguze inzu ya Nkusi yatanze amasheki menshi atazigamiwe, bimuviramo gufungwa. Kugira ngo afungurwe, byabaye ngombwa ko agwatiriza ya nzu na Nzirabatinya Ptarick bari \u201cNshuti ntusige\u201d, uyu Patrick we akaba yarakoraga muri Banque de l\u2019Habitat, amutiza miliyoni esheshat mu buryo bwa Banki Lambert, Bikamba arishyurirwa abona gufungurwa.<\/p>\n<p>Mu gufungurwa kwe, Bikamba yavuganye na Nzirabatinya ku buryo aho gusubiza inzu yakongeraho amafaranga akayegukana burundu. Nzirabatiny yamuhaye izindi miliyoni cumi n\u2019ebyiri zose hamwe ziba 18 000 000 nk\u2019ikiguzi cy\u2019inzu. Akiyashyikira ntiyatinze I Rwanda, yahise ajya gutura muri Amerika. Nzirabatiny ayashatse kwandikisha ibya ngombwa by anyuma no kujya mu nzu ntibyamukundira, kuko amakimbirane y\u2019iyo nzu yari asanzwe azwi n\u2019abatuye mu Mudugudu ikibazo cyabereyemo. Uwari umuyobozi w\u2019akagali ka Nyakabanda Deus Balinda, we yivugira ko Noteri wa Leta Ruzindana Landrine yamubwiye ko iyo dosiye yamuhesha amafaranga menshi, aramutse atagoranye mu ifatwa ry\u2019ibyemezo. Balinda ntiyayemeye, kuko yabonaga byazamuteza ikibazo gikomeye mu zindi nzira.<\/p>\n<p><strong>Amacenga n\u2019amacabiranya bya BK, Noteri Landrine n\u2019Akarere ka Kicukiro<\/strong><\/p>\n<p><b>\u00a0<\/b>Urubanza rwaje gukomereza ku Murenge wa Niboye, Umunyamabanga Nshingabikorwa wako yemeza ko Nkusi atsinze, binakorerwa inyandiko. Nzirabatinya watsinzwe yahise babizamura mu Karere ka Kicukiro, mu buryo bufifitse Visi Meya Mukakanyamugenga Jaqueline wari ushinzwe ubukungu n\u2019iterambere (ubu ni umudepite) ahita ategeka Umunyamabanga Nshingwabikorwa w\u2019Umurenge wa Niboye guhesha Nzirabatinya inzu yaguze, mu gihe ngo hagitegerejwe igisubizo cy\u2019Urukik<b>o.\u00a0<\/b>Ubusanzwe, iyo Urukiko ntacyo rurafataho umwanzuro, nta gikorwa, ariko si ko Akarere ka Kicukiro kabigenje, kuko kifuje ko inzu itangwa byihuse, ngo n\u2019umwanzuro w\u2019Urukiko uzagorane gushyirwa mu bikorwa, nuramuka uhabanye n\u2019icyifuzo cy\u2019Akarere.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Ntidendereza1.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"Ntidendereza\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/Ntidendereza1.jpg\" width=\"573\" height=\"759\" \/><\/a><\/p>\n<p>Ibi byatumye Umunyamabanga Nshingwabikorwa\u00a0 w\u2019Umurenge wa Niboye Joyce Muteteli ahindura icyemezo yari yafashe mbere cyo kurenganura Nkusi, yikiriza intero y\u2019Akarere yo kumusubiza mu rungabangabo.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02341.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02341\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02341.jpg\" width=\"537\" height=\"800\" \/><\/a><\/p>\n<p>Andi macabiranya y\u2019Akarere ka Kicukiro hamwe na BK, agaragazwa no kuba bombi ari nta n\u2019umwe wigeze akora inyandiko yitwa ko inyuze mu mategeko, ngo agaragaze mu buryo nyakuri aho inzu \u00a0iherereye. Inyandiko nyinshi zabaga zirimo amakosa menshi kandi zahawe agaciro n\u2019inkiko zivuga ko inzu yubatse muri Kacyiru ya Remera, cyangwa \u00a0se Remera ya Kacyiru ahantu hatigeze habaho mu mateka y\u2019u Rwanda rw\u2019ibihe byose (Haba mu gihe cy\u2019Ibimanuka, haba ku ngoma y\u2019Abami b\u2019Umushumi n\u2019ab\u2019Ibitekerezo, haba mu gihe cy\u2019ubukolomi cyangwa se mu gihe cya Repubulika zose, aho hantu ntihigeze habaho. ) Ibi bigaragaza ko batigeze batunga ibyangombwa nyakuri by\u2019inzu biyitiriraga \u00a0ko yagwatirijiwe na Banki.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02330.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02330\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02330.jpg\" width=\"480\" height=\"640\" \/><\/a><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02331.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02331\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02331.jpg\" width=\"600\" height=\"800\" \/><\/a><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02360.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02332\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02332.jpg\" width=\"600\" height=\"800\" \/><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02360\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC023601.jpg\" width=\"528\" height=\"800\" \/><\/a><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02361.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02361\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02361.jpg\" width=\"738\" height=\"983\" \/><\/a><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02362.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02362\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02362.jpg\" width=\"600\" height=\"800\" \/><\/a><\/p>\n<p>Ubwo iburanisha ry\u2019uru rubanza riherutse gusubukurwa mu mwaka ushize w\u20192012 ku bujurire bwatanzwe na Nkusi Eug\u00e8ne mu Rukiko rw\u2019Ikirenga, uwunganira Banki ya Kigali mu mategeko Me Nkurunziza Fran\u00e7ois Xavier yavuze ko nta masezerano BK ifitanye na Nkusi mu bijyanye n\u2019inguzanyo, ko nta ngatwe yigeze aha Banki, kandi ko nta n\u2019umwenda abafitiye. Ibi byatumye Urukiko rw\u2019Ikirenga rusubika iburanisha, ngo rizasubukurwe hitabye abatanze ibimenyetso by\u2019ibyo byahakanywe na Me Nkurunziza mu izina rya BK, ngo bagaragaze impamvu, ishingiro n\u2019inkomoko y\u2019ibyashinjaga Nkusi umwenda afitiye iyi Banki. \u00a0Igihe cy\u2019isubukurwa ry\u2019urubanza cyarageze, abasabwe kwitaba ngo bagaragaze ibimenyetso ntibahaboneka.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC023481.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02348\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC023481.jpg\" width=\"600\" height=\"800\" \/><\/a><\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>Nyuma yo kutitaba mu isubukurwa ry\u2019urubanza, Urukiko rw\u2019Ikirenga rwemeje imyanzuro y\u2019Urukiko rwaciye urubanza mbere, rutesha agaciro ubujurire bwa Nkusi Eugene, acibwa ibihano, runategeka ko na Annexe y\u2019umwe mu bana be nayo ifatirwa.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02352.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02349\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02349.jpg\" width=\"600\" height=\"800\" \/><\/a><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02351.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02351\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02351.jpg\" width=\"600\" height=\"800\" \/><\/a><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02350\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02350.jpg\" width=\"600\" height=\"800\" \/><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02352\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02352.jpg\" width=\"600\" height=\"800\" \/><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02353.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02353\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02353.jpg\" width=\"579\" height=\"783\" \/><\/a><\/p>\n<p>Mzee NKUSI Eugene yakomeje gusiragira mu nzego zose z\u2019ubutabera ngo arebe ko yabona uwamurenganura araheba, igihe cyarageze yandikira na Perezida wa Repubulika.<\/p>\n<p>Magingo aya aracyabuyera ashakisha aho yabona ubutabera bwamutega amatwi, bukanakurikiza ibimenyetso mpamo bimushinja icyaha cyangwa bigaragaza akarengane ke, kuko n\u2019inzu abayemo atayishimiye.<\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02344.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02344\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02344.jpg\" width=\"624\" height=\"467\" \/><\/a><\/p>\n<p><em>Iyi niyo nzu asigaranye,kandi nayo bamutegeka kuyivamo<\/em><\/p>\n<p><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02321.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02321\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02321.jpg\" width=\"640\" height=\"480\" \/><\/a><\/p>\n<p><em>Aha mureba hubatswe nawe ubwe, arahahuguzwa<\/em><a href=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02355.jpg\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" alt=\"DSC02355\" src=\"http:\/\/www.ireme.net\/wp-content\/uploads\/2013\/05\/DSC02355.jpg\" width=\"640\" height=\"480\" \/><\/a><\/p>\n<p><strong>\u00a0NTWALI John Williams<\/strong><\/p>\n<p><strong>www.ireme.net<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umucuruzi Nkusi Eug\u00e8ne umwe mu bari bifite mu buryo bugaragara mu Mujyi wa Kigali nyuma gato ya Jenoside, yahombejwe ku buryo bukabije na Banki ya Kigali mu rubanza rw\u2019amahugu, rwamuviriyemo kugurishirizwa inzu ifite agaciro ka miliyoni ijana, ahomba ubukode bwayo n\u2019ibindi bikorwa byahagaze mu myaka isaga cumi n\u2019ibiri, na n\u2019ubu akaba akirukira mu nkiko avuga [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":3659,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[63],"tags":[],"class_list":["post-3658","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Yahugujwe na BK, ahomba miliyoni amagana, Urukiko rw\u2019Ikirenga rubiha umugisha - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Yahugujwe na BK, ahomba miliyoni amagana, Urukiko rw\u2019Ikirenga rubiha umugisha - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umucuruzi Nkusi Eug\u00e8ne umwe mu bari bifite mu buryo bugaragara mu Mujyi wa Kigali nyuma gato ya Jenoside, yahombejwe ku buryo bukabije na Banki ya Kigali mu rubanza rw\u2019amahugu, rwamuviriyemo kugurishirizwa inzu ifite agaciro ka miliyoni ijana, ahomba ubukode bwayo n\u2019ibindi bikorwa byahagaze mu myaka isaga cumi n\u2019ibiri, na n\u2019ubu akaba akirukira mu nkiko avuga [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2013-05-30T04:45:22+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"6 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/\",\"name\":\"Yahugujwe na BK, ahomba miliyoni amagana, Urukiko rw\u2019Ikirenga rubiha umugisha - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2013-05-30T04:45:22+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":256,\"height\":169},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Yahugujwe na BK, ahomba miliyoni amagana, Urukiko rw\u2019Ikirenga rubiha umugisha\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Yahugujwe na BK, ahomba miliyoni amagana, Urukiko rw\u2019Ikirenga rubiha umugisha - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Yahugujwe na BK, ahomba miliyoni amagana, Urukiko rw\u2019Ikirenga rubiha umugisha - Umunyarwanda","og_description":"Umucuruzi Nkusi Eug\u00e8ne umwe mu bari bifite mu buryo bugaragara mu Mujyi wa Kigali nyuma gato ya Jenoside, yahombejwe ku buryo bukabije na Banki ya Kigali mu rubanza rw\u2019amahugu, rwamuviriyemo kugurishirizwa inzu ifite agaciro ka miliyoni ijana, ahomba ubukode bwayo n\u2019ibindi bikorwa byahagaze mu myaka isaga cumi n\u2019ibiri, na n\u2019ubu akaba akirukira mu nkiko avuga [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2013-05-30T04:45:22+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"6 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/","name":"Yahugujwe na BK, ahomba miliyoni amagana, Urukiko rw\u2019Ikirenga rubiha umugisha - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2013-05-30T04:45:22+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":256,"height":169},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/yahugujwe-na-bk-ahomba-miliyoni-amagana-urukiko-rwikirenga-rubiha-umugisha\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Yahugujwe na BK, ahomba miliyoni amagana, Urukiko rw\u2019Ikirenga rubiha umugisha"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3658","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3658"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3658\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3658"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3658"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3658"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}