{"id":36886,"date":"2020-07-13T23:02:06","date_gmt":"2020-07-13T21:02:06","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=36886"},"modified":"2020-07-13T23:02:23","modified_gmt":"2020-07-13T21:02:23","slug":"major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/","title":{"rendered":"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza"},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umucamanza mu rugereko rwihariye rw\u2019urukiko rukuru mu Rwanda yasubukuye urubanza ubushinjacyaha buburanamo na Major Callixte Nsabimana bakunze kwita \u201cSankara\u201d ibyaha 17 byiganjemo iby\u2019iterabwoba. Kuri uyu wa Mbere Sankara yireguye ku byaha icyenda abyemera uko byakabaye maze abisabira imbabazi. Yabwiye umucamanza ko yaguye mu mutego wo gushukwa n\u2019abarwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ni iburanisha ryatangiye rikererewe kubera abaregera indishyi bageze mu rukiko batinze ndetse aho baziye ibyuma by\u2019ikoranabuhanga bibanza gutenguha abari muri gereza ya Mageragere. Major Callixte Nsabimana bakunze kwita \u201cSankara\u201d yireguye hifashishijwe ikoranabuhanga rya Video Conference aho afungiwe muri gereza ya Mageragere. Yatangiye avuga ko hari Perezida w\u2019igihugu ataza kuvuga mu mazina wahaga inkunga umutwe wa FLN yavugiraga mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Paul Kagame.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umucamanza ukuriye inteko iburanisha yabwiye uregwa ko ibikorerwa mu rukiko bitari ubwiru bityo ko ntacyo agomba guhisha. Uwiregura yavuze ko mu mpera za 2017 Bwana Edgar Lungu perezida w\u2019igihugu cya Zambiya yahaye Paul Rusesabagina ibihumbi 150000 by\u2019amadolari y\u2019abanyamerika kandi ko Perezida wa Zambia yari yamwemereye kuzamukorera ubuvugizi mu muryango uhuza ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC).<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Major Sankara yabwiye urukiko ko ubusanzwe Perezida Lungu yari yemereye Rusesabagina miliyoni imwe y\u2019amadolari aza gukomwa mu nkokora no kuba mu 2018 umukuru w\u2019u Rwanda yaratorewe kuyobora umuryango w\u2019Afurika yiyunze. Aha ngo yagize impungenge asaba Rusesabagina kwihangana Manda ya Perezida Kagame ikarangira. Yavuze ko mu kugaba ibitero ku butaka bw\u2019u Rwanda bari bizeye inkunga ya Zambiya, kuko mu magambo y\u2019uregwa, Rusesabagina yafataga Perezida Lungu nka \u201cSe wo muri batisimu\u201d akagira n\u2019abacuruzi benshi bahunze u Rwanda bamufashaga.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Aha, kuri Sankara, ni ho ingabo za FLN zahise ziva muri Kivu y\u2019amajyaruguru zikajya gukambika i Burundi mu ishyamba rya Kibira. Icyaha cyo kurema umutwe w\u2019ingabo utemewe Major Sankara aracyemera ariko akavuga ko yinjiye mu mutwe wa FLN mu 2018 kuko uwo mutwe washinzwe mu 2016. Uyu ni umwaka avuga ko yari komiseri w\u2019itangazamakuru mu ihuriro nyarwanda RNC rivugwaho ko ryashinzwe na Gen Faustin Kayumba Nyamwasa.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu myiregurire ye Sankara ntagaragaza uruhare rutaziguye mu byo aregwa akavuga ko yaguye mu mutego w\u2019abarwanya leta y\u2019u Rwanda yinjira mu bo yise \u201c Ibigarasha\u201d, Ijambo rikoreshwa n\u2019ubutegetsi bw\u2019u Rwanda baryita ababurwanya. Avuga ko mu 2013 ari bwo yageze muri Afurika y\u2019epfo afite umugambi wo kwiga ariko ahahurira n\u2019abarwanya ubutegetsi bw\u2019u Rwanda bibumbiye muri RNC batangira kumwumvisha uburyo abasirikare bakomeye n\u2019abayoboke ba FPR bemera Gen Kayumba kuruta Perezida Kagame kandi ko bari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi buriho.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yasobanuye ko bamuhuje na Gen Kayumba maze amwumvisha uburyo abacitse ku icumu rya jenoside batewe amakuba na Perezida Kagame. Avuga ko yamwumvishije ukuntu bitari ngombwa guhanura indege ya Perezida Juvenal Habyarimana ariko Kagame arabyanga atirengagije amakuba yari bukurikireho. Mu bindi avuga ko byamuteye kurwanya ubutegetsi ngo yaba Kayumba, n\u2019abandi bacitse ku icumu bahunze bamubwiraga ko FPR ikiri mu ishyamba Perezida Kagame yoherezaga abasirikare bakivanga n\u2019interahamwe mu gutsemba abatutsi bari imbere mu gihugu barimo n\u2019abagogwe. Avuga kandi ko mu bindi bamubwiye bikamuhungabanya ngo abasangaga Inkotanyi mu ishyamba bagiye kuzifasha ku rugamba bavuye mu Rwanda bicishwaga udufuni ku itegeko rya Perezida Kagame.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umucamanza yamubajije icyamuteye kumvira abo barwanya ubutegetsi kandi yari avuye mu gihugu ajijutse na cyane ko yari arangije kwiga kaminuza mu ishami ry\u2019amategeko. Uregwa yasubije ko Gen Kayumba atari umuntu usanzwe mu Rwanda kandi ko kumuhindura byari ibintu byoroshye. Ati \u201c Ni yo mpamvu mu Kinyarwanda bavuga ko ihene mbi utayizirikaho iyawe, njyewe nahuye n\u2019izo hene mbi.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Major Callixte Nsabimana yavuze ko mu kujya mu mutwe wa gisirikare wa FLN atiyumvishaga ko ari umutwe w\u2019iterabwoba ahubwo ko yumvaga bagambiriye gukuraho umuntu bavuga ko yabahemukiye. Akemera icyaha akagisabira imbabazi. Ni cyo kimwe no kwamamaza amatwara y\u2019umutwe w\u2019ingabo za FLN na byo arabyemera akavuga ko yabikoze kenshi gashoboka. Yemera ko yakanguriraga abantu gushyigikira abagabaga ibitero akanabitiza umurindi.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Gusa ku kugaba ibitero avuga ko byose yabaga atageze ku butaka bw\u2019u Rwanda . Hamwe ngo yabaga ari muri Comore ubundi ari muri Madagascar. Avuga ko raporo z\u2019ibitero yazihabwaga na Gen Barnabin Sinayobye na we akabona kubitangaza. Ku matangazo y\u2019uwo mutwe avuga ko Jean Paul Kalinijabo yayandikiraga muri Ostraliya yarangiza akomekaho signature ya Sankara yari ibitse mu buryo bw\u2019ikoranabuhanga. Yahakanye ko Uganda hari inkunga yabateraga kuko ngo yatawe muri yombi bakiri mu biganiro byari bigeze kure.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ku gufata abantu bugwate arasanga mu rwego rw\u2019amategeko ubwabyo bitumvikana ko hari abo umutwe wa FLN wafashe bugwate . Avuga ko abo bafataga babikorezaga ibisahu bagera mu ishyamba bakabarekura. Yavuze ko yemera ku mpuzandengo ya 100% ko bahatiraga leta y\u2019u Rwanda imishyikirano.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Sankara yakunze kwiregura akoresha imvugo zakururaga amarangamutima ya hato na hato ku bari bakurikiranye iburanisha. Ku cyaha cyo gucengeza amatwara yangisha u Rwanda mu bihugu by\u2019amahanga, Sankara yavuze ko kuri we yumva ari umunyacyaha Ruharwa. Yagize ati \u201c Ni byo rwose kuri iki cyaha ho ndi Ruharwa kuko nabikoze imyaka itandatu\u201d. Yakomeje agira ati \u201c nagiye muri RNC ndabatizwa muri iryo dini ry\u2019ibigaragasha, nabikoze ku maradiyo menshi atandukanye\u2026\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ku byaha icyenda yireguyeho byose arabyemera akabisabira imbabazi ku gihugu ndetse no kuri Perezida Paul Kagame. Mu baregera indishyi harimo abo byagizeho ingaruka ku bw\u2019umubiri ndetse n\u2019abo imodoka zabo zagiye zitwikwa n\u2019ibyo bitero. Major Sankara asigaje kwiregura ku byaha umunani bisigaye. Iburanisha ritaha rizakomeza ku itariki 10\/09\/2020.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Inkuru mwayikurikira mw&#8217;Ijwi ry&#8217;umunyamakuru w&#8217;Ijwi ry&#8217;Amerika, Eric Bagiruwubusa, wagiye i Nyanza gukurikira uru rubanza.<\/p>\n\n\n\n<figure><iframe loading=\"lazy\" src=\"https:\/\/www.radiyoyacuvoa.com\/embed\/player\/0\/5501030.html?type=audio\" width=\"100%\" height=\"144\" allowfullscreen=\"\"><\/iframe><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umucamanza mu rugereko rwihariye rw\u2019urukiko rukuru mu Rwanda yasubukuye urubanza ubushinjacyaha buburanamo na Major Callixte Nsabimana bakunze kwita \u201cSankara\u201d ibyaha 17 byiganjemo iby\u2019iterabwoba. Kuri uyu wa Mbere Sankara yireguye ku byaha icyenda abyemera uko byakabaye maze abisabira imbabazi. Yabwiye umucamanza ko yaguye mu mutego wo gushukwa n\u2019abarwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda. Ni iburanisha ryatangiye rikererewe [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":34500,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[63],"tags":[],"class_list":["post-36886","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Umucamanza mu rugereko rwihariye rw\u2019urukiko rukuru mu Rwanda yasubukuye urubanza ubushinjacyaha buburanamo na Major Callixte Nsabimana bakunze kwita \u201cSankara\u201d ibyaha 17 byiganjemo iby\u2019iterabwoba. Kuri uyu wa Mbere Sankara yireguye ku byaha icyenda abyemera uko byakabaye maze abisabira imbabazi. Yabwiye umucamanza ko yaguye mu mutego wo gushukwa n\u2019abarwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda. Ni iburanisha ryatangiye rikererewe [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2020-07-13T21:02:06+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2020-07-13T21:02:23+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Sankara-mu-rukiko.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"960\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"720\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza\",\"datePublished\":\"2020-07-13T21:02:06+00:00\",\"dateModified\":\"2020-07-13T21:02:23+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/\"},\"wordCount\":896,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/01\\\/Sankara-mu-rukiko.jpg\",\"articleSection\":[\"Ubutabera\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/\",\"name\":\"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/01\\\/Sankara-mu-rukiko.jpg\",\"datePublished\":\"2020-07-13T21:02:06+00:00\",\"dateModified\":\"2020-07-13T21:02:23+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/01\\\/Sankara-mu-rukiko.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/01\\\/Sankara-mu-rukiko.jpg\",\"width\":960,\"height\":720},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza - Umunyarwanda","og_description":"Umucamanza mu rugereko rwihariye rw\u2019urukiko rukuru mu Rwanda yasubukuye urubanza ubushinjacyaha buburanamo na Major Callixte Nsabimana bakunze kwita \u201cSankara\u201d ibyaha 17 byiganjemo iby\u2019iterabwoba. Kuri uyu wa Mbere Sankara yireguye ku byaha icyenda abyemera uko byakabaye maze abisabira imbabazi. Yabwiye umucamanza ko yaguye mu mutego wo gushukwa n\u2019abarwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda. Ni iburanisha ryatangiye rikererewe [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2020-07-13T21:02:06+00:00","article_modified_time":"2020-07-13T21:02:23+00:00","og_image":[{"width":960,"height":720,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Sankara-mu-rukiko.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza","datePublished":"2020-07-13T21:02:06+00:00","dateModified":"2020-07-13T21:02:23+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/"},"wordCount":896,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Sankara-mu-rukiko.jpg","articleSection":["Ubutabera"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/","name":"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Sankara-mu-rukiko.jpg","datePublished":"2020-07-13T21:02:06+00:00","dateModified":"2020-07-13T21:02:23+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Sankara-mu-rukiko.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/01\/Sankara-mu-rukiko.jpg","width":960,"height":720},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/major-sankara-ashyira-mu-majwi-perezida-wa-zambiya-mu-rubanza\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Major Sankara Ashyira mu Majwi Perezida wa Zambiya mu Rubanza"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/36886","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=36886"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/36886\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":36887,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/36886\/revisions\/36887"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/34500"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=36886"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=36886"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=36886"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}