{"id":3790,"date":"2013-06-29T05:10:47","date_gmt":"2013-06-29T03:10:47","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=3790"},"modified":"2013-06-29T05:10:47","modified_gmt":"2013-06-29T03:10:47","slug":"rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/","title":{"rendered":"Rwanda: Ingabire yabwiye urukiko ko yafunzwe, hagamijwe kumubangamira kujya mu matora yo mu 2010."},"content":{"rendered":"<p>Kigali kuwa 25 kamena 2013<\/p>\n<p><em>\u00ab\u00a0Leta ya Kigali niyo yamfunze ikoresheje inzego z\u2019iperereza zayo zimpimbira ibyaha, birumvikana ko abo bampimbiye ibyaha nubu bakaba bakorera iyo leta batahirahira kumena ibanga bayihishiye\u00a0<\/em>\u00bb ibi ni ibyavuzwe na Ingabire\u00a0 Victoire <!--more-->kuri uyu wa kabiri tariki ya 25 Kamena 2013 mu rukiko rw\u2019ikirenga ubwo hakomezaga urubanza rwa politiki rw\u2019 uyu muyobozi w\u2019ishyaka FDU-Inkingi.<\/p>\n<p>Mu iburana ryejo urukiko rukaba rwari rwaramenyesheje abarebwa n\u2019urubanza ko rwabonye igisubizo cy\u2019ibaruwa rwari rwandikiye minisiteri y\u2019ingabo ku cyifuzo cy\u2019abunganira Ingabire aho bari basabye ko ku mpamvu zuko\u00a0 umutangabuhamya Angelus wari wirinze kuvuga yeruye icyo yakoraga mu nkambi ya Mutobo yakirirwamo abarwanyi batahutse bava muri Congo. Uyu Angelus yari yatumijwe ku busabe\u00a0 bw\u2019ubushinjacyaha ngo aze kunyomoza ibyavuzwe n\u2019umutangabuhamya AA wo ku ruhande rw\u2019abunganira Ingabire.<\/p>\n<p>Uyu munsi rero ubwo urubanza rwasubukurwaga umucamanza yasabye abarebwa n\u2019urubanza kugira icyo bavuga ku bikubiye muri iyo baruwa ya minisiteri y\u2019ingabo yemezaga ko Angelus akorera igisirikare akaba ashinzwe umutekano muri iriya nkambi. Muri iyi baruwa ariko ntihagaragaramo niba uyu musirikare akorera urwego rw\u2019iperereza bavuga \u00a0ko ari umusirikare gusa. Mu rubanza rwa Ingabire hakaba harakunze kuvugwamo inzego z\u2019iperereza kuba arizo zacuze uyu mugambi wo kumuhimbira ibyaha no gutoza abamushinja. Me Gatera Gashabana abajijwe icyo atekereza ku bikubiye muri iyi baruwa ndetse n\u2019ubuhamya bwa Angelus yavuze ko hari ibyo bita amabanga ya Leta\u00a0\u00ab\u00a0secrets d\u2019Etat\u00a0\u00bb kandi abakorera leta bose \u00a0banahembwa nayo cyane cyane inzego z\u2019umutekano bakaba batemerewe kuba bavuga ayo mabanga kubera ingaruka byabagiraho.<\/p>\n<p>Ubu buhamya bukaba aribwo bwari bumaze iminsi bugibwaho impaka kuburyo ubushinjacyaha bwari bwageze naho busaba ko abunganira Ingabire bavuga uko bahuye n\u2019abatangabuhamya b\u2019uwo bunganira ndetse n\u2019ibyo baganiye. Ubushinjacyaha bwageze naho burengera buvuga ko umunyamategeko Gatera Gashabana nawe akorana na FDLR\u00a0. Aha Umunyamategeko Gashabana akaba yarabwiye urukiko ko izi mvugo z\u2019ubushinjacyaha zigamije kumutera ubwoba no kumutoteza. Gashabana yibukije urukiko ndetse n\u2019ubushinjacyaha ko amategeko y\u2019uRwanda abemerera uburenganzira bwo kubonana n\u2019abatangabuhamya bashinjura abo bunganira kandi ko nta muntu ufite uburenganzira bwo kubategeka kuvuga ibyo baganiriye. Gatera yanabwiye urukiko ko biteye isoni kubona ubushinjacyaha bufata umwunganizi mu ma tegeko nk\u2019uregwa mu rubanza kugeza nubwo bumufata nk\u2019ushinjwa.<\/p>\n<p>Nyuma yo kumva ibijyanye n\u2019abatangabuhamya urukiko rwasabye ko urubanza rukomereza mu kindi cyiciro cy\u2019urubanza maze ijambo rihabwa ubushinjacyaha ngo bukomeze busubiza ubujurire bwose b\u2019abaregwa. Mu bujurire bw\u2019abareganwa na Ingabire,Capitaine Karuta Jean Marie Vianne yahakanye ko nta mutwe wundi yigeze abamo uretse FDLR ko umutwe CDF bamushyiramo bakanawita uwa FDU-Inkingi ko atawuzi. Ubushinjacyaha bwo buravuga ko ibyo avuga nta shingiro bifite ngo bushingiye ku rugendo \u00a0yagiriye i Kinshasa.<\/p>\n<p>Lieutenant Colonel Habiyaremye Noel\u00a0 mu bujurire bwe avuga ko yahaniwe umutwe w\u2019ingabo utariho kandi itegeko rihanira uwagiye mu mutwe w\u2019ingabo uzwi wanabayeho,akanavuga ko yahanishijwe \u00a0ingingo z\u2019amategeko basa n\u2019abagenekereza ku ngingo ebyiri zitandukanye harimo ingingo ya 165 n\u2019iyi 163.Lieutenant Colonel Nditurende Tharcisse nawe mu bujurire bwe avuga ko\u00a0 umutwe wa CDF utigeze ushingwa,nta kimenyetso na kimwe kiwerekana \u00a0nta n\u2019ibikorwa wigeze ukora cyangwa ngo nawe hagire igikorwa icyo aricyo cyose yakoze muri uwo mutwe ubushinjacyaha bwerekanye. Nyamara ubushunjacyaha bwo bwashubije ko yari afite igitekerezo ko ndetse yanagiye no mu mishyikirano yo kuwurema.<\/p>\n<p>Mojoro Vital Uwumuremyi ufatwa nk\u2019ipfundo rikomeye mu guhimba,no gushaka abandi bashinja\u00a0 Ingabire ndetse Ingabire n\u2019abamwunganira bakaba barerekanye ibimenyetso byuko ariwe wakoranye n\u2019inzego z\u2019eperereza muri uriya mugambi mubisha. Mu bujurire bwe avuga ko yahanishijwe igihano kinini ko atakamba ngo azagabanyirizwe igihano \u00a0kubera ko yemeye icyaha akanasaba imbabazi nyamara ubushinjacyaha bwavuze ko ibyo avuga nta shingiro bifite kuko yagabanyirijwe igihano kikava ku myaka icumi kikagera kuri 4 n\u2019amezi 6\u00a0ndetse akaba yari yarahawe n\u2019insubika gihano yo gufungwa imyaka itatu n\u2019emezi atandatu gusa. Ubushinjacyaha bwanateye utwatsi ibyavuzwe na Vital\u00a0 byo kuba yarahanwe n\u2019ibyaha bitabazwa abandi barwanyi batahutse nkawe bava muri Congo hashingiwe ku masezerano yabaye hagati ya Leta y\u2019u Rwanda na leta ya Congo Kinshasa.<\/p>\n<p>Mu bujurire bwa Ingabire Victoire naho hagarukamo \u00a0Ikurikiranwa rya Vital nk\u2019umuntu wari umurwanyi wa FDLR kandi hari amasezerano hagati y\u2019uRwanda na Kongo yabibuzaga ibi bikaba byerekana ko byirengagijwenkana hagamijwe kumugerekaho icyaha atakoze. Ingabire anavuga iby\u2019ibimenyetso bwavuye mu buhorandi bigakoreshwa mu buryo bunyuranye n\u2019amasezerano Leta y\u2019u Rwanda yari yagiranye na Leta y\u2019Ubuhorandi. Ingabire kandi anagaruka ku buryo yahanaguweho ibyaha byose yari yashinjwe n\u2019ubushinjacyaha agahamywa ibyaha bishya bibiri (icyaha cy\u2019ubugambanyi ndetse no gupfobya Genoside) atigeze abazwaho haba mu bugenzacyaha ndetse no mu bushinjacyaha. Ingabire\u00a0 anagaruka ku ivugaruzanya ry\u2019ibimenyetso bimushinja haba mu mvugo z\u2019abamushinja ndetse no mu bindi bimenyetso birimo n\u2019inyandiko za mail zigaragara ko ari inkorano.<\/p>\n<p>Ubushinjacyaha bukaba buzakomeza\u00a0 ijambo tariki ya 8 Nyakanga 2013 ubwo urubanza rusazubukurwa busobanura icyo buvuga ku bujurire bwa Ingabire.<\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p><strong>FDU-Inkingi<\/strong><\/p>\n<p><strong>Boniface Twagirimana<\/strong><\/p>\n<p><strong>Visi Perezida w\u2019agateganyo<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kigali kuwa 25 kamena 2013 \u00ab\u00a0Leta ya Kigali niyo yamfunze ikoresheje inzego z\u2019iperereza zayo zimpimbira ibyaha, birumvikana ko abo bampimbiye ibyaha nubu bakaba bakorera iyo leta batahirahira kumena ibanga bayihishiye\u00a0\u00bb ibi ni ibyavuzwe na Ingabire\u00a0 Victoire<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":1845,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[63],"tags":[],"class_list":["post-3790","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Rwanda: Ingabire yabwiye urukiko ko yafunzwe, hagamijwe kumubangamira kujya mu matora yo mu 2010. - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Rwanda: Ingabire yabwiye urukiko ko yafunzwe, hagamijwe kumubangamira kujya mu matora yo mu 2010. - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Kigali kuwa 25 kamena 2013 \u00ab\u00a0Leta ya Kigali niyo yamfunze ikoresheje inzego z\u2019iperereza zayo zimpimbira ibyaha, birumvikana ko abo bampimbiye ibyaha nubu bakaba bakorera iyo leta batahirahira kumena ibanga bayihishiye\u00a0\u00bb ibi ni ibyavuzwe na Ingabire\u00a0 Victoire\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2013-06-29T03:10:47+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/\",\"name\":\"Rwanda: Ingabire yabwiye urukiko ko yafunzwe, hagamijwe kumubangamira kujya mu matora yo mu 2010. - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2013-06-29T03:10:47+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"495\",\"height\":\"301\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Rwanda: Ingabire yabwiye urukiko ko yafunzwe, hagamijwe kumubangamira kujya mu matora yo mu 2010.\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Rwanda: Ingabire yabwiye urukiko ko yafunzwe, hagamijwe kumubangamira kujya mu matora yo mu 2010. - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Rwanda: Ingabire yabwiye urukiko ko yafunzwe, hagamijwe kumubangamira kujya mu matora yo mu 2010. - Umunyarwanda","og_description":"Kigali kuwa 25 kamena 2013 \u00ab\u00a0Leta ya Kigali niyo yamfunze ikoresheje inzego z\u2019iperereza zayo zimpimbira ibyaha, birumvikana ko abo bampimbiye ibyaha nubu bakaba bakorera iyo leta batahirahira kumena ibanga bayihishiye\u00a0\u00bb ibi ni ibyavuzwe na Ingabire\u00a0 Victoire","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2013-06-29T03:10:47+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/","name":"Rwanda: Ingabire yabwiye urukiko ko yafunzwe, hagamijwe kumubangamira kujya mu matora yo mu 2010. - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2013-06-29T03:10:47+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"495","height":"301"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-ingabire-yabwiye-urukiko-ko-yafunzwe-hagamijwe-kumubangamira-kujya-mu-matora-yo-mu-2010\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Rwanda: Ingabire yabwiye urukiko ko yafunzwe, hagamijwe kumubangamira kujya mu matora yo mu 2010."}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3790","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=3790"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/3790\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=3790"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=3790"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=3790"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}