{"id":39225,"date":"2021-01-27T23:17:56","date_gmt":"2021-01-27T21:17:56","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=39225"},"modified":"2021-01-27T23:50:35","modified_gmt":"2021-01-27T21:50:35","slug":"ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/","title":{"rendered":"Ibihugu byinshi byagaye u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa Muntu."},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong><br>Minisitiri w&#8217;ubutabera mu Rwanda yavuze ko ugereranyije n&#8217;ibyo basabwe gukosora ubushize, igihugu cyateye intambwe mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu.<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yari mu nama iri kuba kuva mu cyumweru gishize izwi nka &#8216;Universal Periodic Review&#8217; (UPR), aho ibihugu bigize UN\/ONU bivuga uko bihagaze, bikanakeburwa, mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Amashyaka atavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi n&#8217;imiryango imwe mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, bavuga ko mu Rwanda hakiri ibikorwa bikabije bibuhonyanga.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Minisitiri w&#8217;ubutabera Johnston Busingye ejo kuwa mbere yabwiye abari muri UPR ko uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, n&#8217;itangazamakuru, uburenganzira bwo kwishyira hamwe, n&#8217;ubwo guhurira hamwe mu mahoro byubahirijwe kandi biteganywa mu itegekoshinga.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yavuze ko &#8220;uburenganzira bwo kwishyira hamwe, n&#8217;uburenganzira bwo guhurira hamwe mu mahoro bidasabirwa uburenganzira mbere yo kubikora&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ariko yo ivuga ko amategeko mu Rwanda ategeka abashaka guhura ari benshi, kwigaragambya mu mahoro, gushinga imitwe ya politiki n&#8217;ibindi biri mu burenganzira bw&#8217;ibanze, bagomba kubanza kubisabira uburenganzira.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Iyi miryango ivuga ko ibi binyuranyije n&#8217;uburenganzira bwa muntu buvugwa mu itegekoshinga, n&#8217;amasezerano mpuzamahanga ajyanye nabwo u Rwanda rwashyizeho umukono, kandi bibuza abantu uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo no kuvuga ibyo bashaka.<\/p>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"2019-2020-Abantu-hafi-300-barabuze\">2019 &#8211; 2020: Abantu hafi 300 barabuze<\/h2>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Minisitiri Busingye yavuze ko u Rwanda rwavuguruye inzego z&#8217;ubutabera no gukurikirana ibyaha bigatuma urugero rw&#8217;ibyaha, n&#8217;abantu baburirwaga irengero bigabanuka<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yavuze ko hagati y&#8217;ukwezi kwa mbere 2019 n&#8217;ukwa cyenda 2020 izo nzego zabwiwe abantu 1,301 babuze, avuga ko muri bo 1,124 baje kuboneka, ariko ko 291 n&#8217;ubu bataraboneka.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umwaka ushize, abantu batatu bafatanyaga politiki na Madamu Victoire Ingabire utavugarumwe n&#8217;ubutegetsi, baburiwe irengero, umwe yaje kuboneka yarishwe. Hari abandi bari kumwe na we mu ishyaka baburiwe irengero mu myaka yabanje.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu gihe gishize, Victoire Ingabire yabwiye BBC ko abo &#8220;bashimuswe kubera guhitamo kwabo kwa politiki.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Johnston Busingye ejo kuwa mbere, yabwiye inama ya UPR ko impamvu nkuru zitera kubura irengero kw&#8217;abantu mu Rwanda ari:<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">&#8220;Ukwimuka kutandikwa kw&#8217;abava mu byaro bajya mu mujyi, kwambuka imipaka binyuranyije n&#8217;amategeko ukamara igihe mu bindi bihugu, guhunga imyenda, ibibazo mu bashakanye, na bamwe mu bajya mu mitwe y&#8217;inyeshyamba mu bihugu bituranyi&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Busingye yahakanye ko mu Rwanda &#8220;nta hantu hatazwi hafungirwa abantu hahari&#8221;, avuga ko ababivuga baba bafite impamvu za politiki.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Avuga kandi ko mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bw&#8217;imfungwa, hubatswe gereza nshya ya Nyarugenge, &#8220;izindi 12 ziravugururwa ziranagurwa, hanubakwa kasho nshya icyenda za polisi izindi 64 ziravugururwa ziranagurwa.&#8221;<\/p>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"Icyo-ibindi-bihugu-byasabye-u-Rwanda\">Icyo ibindi bihugu byasabye u Rwanda?<\/h2>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Muri iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, uhagarariye Ubwongereza yavuze ko hari intambwe iboneka u Rwanda rwateye mu bukungu, uburenganzira, n&#8217;uburindanganire bw&#8217;umugore n&#8217;umugabo.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Gusa avuga ko u Rwanda nk&#8217;igihugu kiri mu muryango wa Commonwealth, kizanawuyobora umwaka utaha, barusaba kubahiriza ibiranga uyu muryango birimo demokarasi, ubutegetsi bwubahiriza amategeko no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubwongereza bwasabye u Rwanda kwemera iperereza ryigenga, riciye mu mucyo ku bwicanyi, impfu ahafungiwe abantu, iyicarubozo no gushimuta abantu, no kugeza ababiregwa imbere y&#8217;amategeko.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubwongereza kandi busaba u Rwanda kurengera no gufasha abanyamakuru gukora bisanzuye nta bwoba bwo kwihimurwaho, n&#8217;abategetsi bakubahiriza itegeko ryo gutanga amakuru.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uhagarariye Brazil yasabye u Rwanda kubahiriza amategeko mpuzamahanga agendanye no kubuza ishimutwa ry&#8217;abantu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yasabye kandi ko u Rwanda rwumva kandi rugakorana n&#8217;urukiko rwa Africa ruharanira uburenganzira bwa muntu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uhagarariye Lithuania yasabye u Rwanda kwemeza amasezerano y&#8217;i Roma ashyiraho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uhagarariye Canada yashimye umuhate n&#8217;intambwe u Rwanda rugezeho mu kubahiriza uburinganire bw&#8217;umugore n&#8217;umugabo.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Gusa asaba ko ibikorwa byo gufungira abana n&#8217;ababyeyi mu bigo binyuranye, leta y&#8217;u Rwanda yita ibyo gucumbikira inzererezi n&#8217;abandi babangamiye sosiyete, bikwiye guhagarara.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uhagarariye Norvege, yasabye u Rwanda gufata ingamba zo kubahiriza ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, no kurinda abanyamakuru ihohoterwa n&#8217;akarengane.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yasabye kandi u Rwanda &#8220;kwemera ko hakorwa iperereza ryigenga ku birego by&#8217;iyicarubozo, n&#8217;ibindi bikorwa bibi bivugwa ahafungirwa abantu&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>BBC<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Minisitiri w&#8217;ubutabera mu Rwanda yavuze ko ugereranyije n&#8217;ibyo basabwe gukosora ubushize, igihugu cyateye intambwe mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Yari mu nama iri kuba kuva mu cyumweru gishize izwi nka &#8216;Universal Periodic Review&#8217; (UPR), aho ibihugu bigize UN\/ONU bivuga uko bihagaze, bikanakeburwa, mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Amashyaka atavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi n&#8217;imiryango imwe mpuzamahanga iharanira [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":39226,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[67],"tags":[],"class_list":["post-39225","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amahanga"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Ibihugu byinshi byagaye u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa Muntu. - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ibihugu byinshi byagaye u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa Muntu. - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Minisitiri w&#8217;ubutabera mu Rwanda yavuze ko ugereranyije n&#8217;ibyo basabwe gukosora ubushize, igihugu cyateye intambwe mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Yari mu nama iri kuba kuva mu cyumweru gishize izwi nka &#8216;Universal Periodic Review&#8217; (UPR), aho ibihugu bigize UN\/ONU bivuga uko bihagaze, bikanakeburwa, mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Amashyaka atavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi n&#8217;imiryango imwe mpuzamahanga iharanira [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-01-27T21:17:56+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2021-01-27T21:50:35+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/01\/Skjermbilde-2021-01-27-kl.-20.07.38.png\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"620\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"416\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/\",\"name\":\"Ibihugu byinshi byagaye u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa Muntu. - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/01\/Skjermbilde-2021-01-27-kl.-20.07.38.png\",\"datePublished\":\"2021-01-27T21:17:56+00:00\",\"dateModified\":\"2021-01-27T21:50:35+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/01\/Skjermbilde-2021-01-27-kl.-20.07.38.png\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/01\/Skjermbilde-2021-01-27-kl.-20.07.38.png\",\"width\":620,\"height\":416},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ibihugu byinshi byagaye u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa Muntu.\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ibihugu byinshi byagaye u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa Muntu. - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ibihugu byinshi byagaye u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa Muntu. - Umunyarwanda","og_description":"Minisitiri w&#8217;ubutabera mu Rwanda yavuze ko ugereranyije n&#8217;ibyo basabwe gukosora ubushize, igihugu cyateye intambwe mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Yari mu nama iri kuba kuva mu cyumweru gishize izwi nka &#8216;Universal Periodic Review&#8217; (UPR), aho ibihugu bigize UN\/ONU bivuga uko bihagaze, bikanakeburwa, mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu. Amashyaka atavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi n&#8217;imiryango imwe mpuzamahanga iharanira [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-01-27T21:17:56+00:00","article_modified_time":"2021-01-27T21:50:35+00:00","og_image":[{"width":620,"height":416,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/01\/Skjermbilde-2021-01-27-kl.-20.07.38.png","type":"image\/png"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/","name":"Ibihugu byinshi byagaye u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa Muntu. - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/01\/Skjermbilde-2021-01-27-kl.-20.07.38.png","datePublished":"2021-01-27T21:17:56+00:00","dateModified":"2021-01-27T21:50:35+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/01\/Skjermbilde-2021-01-27-kl.-20.07.38.png","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/01\/Skjermbilde-2021-01-27-kl.-20.07.38.png","width":620,"height":416},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibihugu-byinshi-byagaye-u-rwanda-kutubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ibihugu byinshi byagaye u Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwa Muntu."}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/39225","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=39225"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/39225\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":39230,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/39225\/revisions\/39230"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/39226"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=39225"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=39225"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=39225"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}