{"id":39773,"date":"2021-02-21T01:48:35","date_gmt":"2021-02-20T23:48:35","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=39773"},"modified":"2021-02-21T01:48:37","modified_gmt":"2021-02-20T23:48:37","slug":"rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/","title":{"rendered":"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI"},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yanditswe na <strong>Arnold Gakuba<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Amashuri makuru na za Kaminuza zo mu Rwanda ni bimwe mu bigo byagezweho n\u2019ingaruka za Covid-19. Kuva mu kwezi kwa gatatu k\u2019umwaka ushize wa 2020 aho icyorezo cya Korona Virusi cyakazaga umurego mu Rwanda. Byinshi mu bigo byigenga mu Rwanda birimo na za Kaminuza byahise bisesa amasezerano y\u2019abakozi babwirwa ko hazatangwa andi masezerano mashya icyorezo nikirangira cyangwa se akazi nikongera gutangira. Niko byagenze rero no muri Kaminuza y\u2019Ubugeni n\u2019Ikoranabuhanga (UTAB) iherereye mu Majyaruguru y\u2019iburasirazuba bw\u2019u Rwanda mu cyahoze ari Perefegitura ya Byumba ubu akaba ari Akarere ka Gicumbi. Ubuyobozi bw\u2019iyo Kaminuza rero bwo ntabwo bwakoze nk\u2019izindi ngo buhagarike abakozi bose ahubwo bwahisemo kwica amategeko agenga umurimo (n&#8217;ubwo n\u2019izindi zayishe) hagamijwe guhonyora abakozi nk\u2019uko bigenda mu zindi nzego z\u2019igihugu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 20 Gashyantare 2020, Ikinyamakuru <em>The Rwandan<\/em> cyegereye bamwe mu bakozi ba UTAB, dore ko hari hashize igihe kinini havugwa ibibazo by\u2019imicungire mibi y\u2019umutungo muri iyo Kaminuza, maze\u00a0 kibategurira inkuru injyanye n\u2019ubuzima bw\u2019abakozi bo muri iyo Kaminuza muri ibi bihe abanyarwanda benshi n\u2019ubundi babayeho nabi kubera ubutegetsi  bwitwaza Korona Virusi bugahonyora abaturarwanda.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umunyamakuru wa <em>The Rwandan<\/em> yagiranye ikiganiro kirambuye n\u2019umwe mu bakozi ba UTAB utashatse ko tumuvuga izina kubera umutekano we maze atanga mu ncamake uko ubuzima bw\u2019abakozi bw\u2019iyo Kaminuza bwifashe muri iki gihe. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu kiganiro cyamaze hafi amasaha abiri, umunyamakuru wa <em>The Rwandan<\/em> yabajije umutumirwa aho <em>&#8220;Guma mu rugo muri Kigali&#8221;<\/em> na <em>&#8220;Guma mu Karere&#8221;<\/em> byamusanze. Yasubije ko ibyo byamusanze i Byumba muri UTAB, kuko yari arimo kwigisha gahunda yo ku manywa (Day Program). Umunyamakuru yifuje kumenya uburyo bakoramo akazi, niba babona umushahara nk\u2019uko bisanzwe ku mukozi wese. Yasubijwe ko ntacyo bahabwa rwose. Yavuze ko higa nyine abanyeshuri bo ku manywa gusa kandi bakaba ari bake nta mafaranga batanga ahagije.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umunyamakuru yifuje kumenya igihe abakozi bari mu kazi bamaze badahembwa. Yasubijwe mu magambo akurikira: <em>&#8220;Ubu kuva mu kwezi kwa gatatu kwa 2020 twahembwe rimwe gusa, ubundi bigeze kuduha amafaranga ibihumbi 40,000 incuro imwe kuri buri muntu<\/em>\u2019&#8221;. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ikigaragara rero, abo bakozi bamaze umwaka wose badahembwa. Ese koko umuntu ushyira mu gaciro yishe amategeko ntiyagira n\u2019impuhwe. Mu gihugu cy\u2019u Rwanda habanje gukurwaho indangagaciro ziranga umuntu zirimo no kugirira impuhwe ikiremwamuntu nk\u2019uko byahoze. Bityo abantu basigaye barushwa agaciro n\u2019ibintu cyangwa inyamaswa. Birababaje kandi biteye agahinda!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nyuma umunyamakuru yifuje kumenya niba bafite icyizere ko bazishyurwa asubizwa mu magambo agira ati \u2018<em>Reka da!<\/em>\u2019. Ngo kuva mu kwezi kwa gatatu nyine, abakozi bose basabwe gusinya icyitwa \u2018\u2019Addendum\u2019\u2019 bisobanura andi masezerano yiyongera kuri kontaro y\u2019umurimo yagombaga kurangira mu kwezi kw\u2019Ukwakira 2020. Iyo addendum rero ikaba yari ikubiyemo icyo bise ubukorerabushake (kwitanga ugukora udahembwa). Abakozi batemeye gushyira umukono kuri iyo addendum bahise bahagarikwa mu kazi kugera igihe kitazwi nta neguza ndetse nta n\u2019imperekeza. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umutumirwa wa <em>The Rwanda<\/em>n yongeyeho ko akazi bakora ntacyo kabamariye na gato. Nyuma asoza agira ati &#8220;<em>ariko nta kindi twakora<\/em>&#8220;.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"> Ngiyo imyumvire y\u2019abakozi bo mu Rwanda muri iki gihe ndetse n\u2019abanyarwanda bose muri rusange. Bageze aho barenganywa bakumva ko ntacyo bakora. Ibyo biraterwa n\u2019ubwoba n\u2019igitugu byahawe intebe mu Rwanda aho ubajije uburenganzira bwe abizira. Ni akumiro!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umutumirwa wa <em>The Rwandan<\/em> yabwiye kandi umunyamakuru ko gukorera ibigo byigenga mu Rwanda nta kigenda, ati<em>: Sinigeze mbitekerezaho ariko ubu ndacyicuza rwose<\/em>. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yongeyeho ko abakozi batekerezaga ko Leta irekura abanyeshuri bakiyongera wenda hakaboneka amafaranga yo guhemba abakozi, ngo ariko byaranze pe! <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Guverinoma ya Kigali ijya ifata ibyemezo bivuguruzanya. Mu itangazo ry\u2019ibyemezo by\u2019inama y\u2019abaminisitiri yo ku wa 19 Gashyantare 2021 hafashwe ibyemezo bijyanye no gukumira icyorezo cya Korona Virusi bivuguzanya. Mu gika cya 2, umurongo D cy\u2019ibyo byemezo haragira hati <em>\u201cAmashuri yose (yaba aya Leta nayigenga) harimo na za Kaminuza yemerewe gufungura\u201d<\/em>. Hanyuma ku murongo E bati <em>\u2018\u2019Ingendo hagati y\u2019umujyi wa Kigali n\u2019Intara ndetse n\u2019uturere dutandukanye tw\u2019igihugu birabujijwe\u2026.\u2019\u2019.<\/em> Nyamara ba mukerarugendo bo baremerewe. Bityo abanyeshuri bemerewe kwiga ariko ntibemerewe kugenda. Umva nawe!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Umutumirwa yabwiye umunyamakuru wa <em>The Rwandan<\/em> ko muri Kaminuza zigenga mu Rwanda zose akazi kahagaze ngo keretse muri INES niho yumva bagerageza, ngo inyinshi zarananiwe. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abajijwe niba nta mishahara bazahabwa yashubije ko igihe bakoze bagengwa n\u2019amasezerano akubiye mu cyo bise <em>\u2018addendum\u2019 <\/em>ngo ntacyo bazabaza. Gusa n\u2019imishahara ya nyuma y\u2019icyo gihe nta cyizere cyo kuzayibona kuko ngo iyo Kaminuza irimo imyenda itabarika. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Tubibutse ko hashize umwaka urenga umuyobozi w\u2019iyo Kaminuza wari uyiyoboye igihe kinini Prof. Dr. Nyombayire Faustin ahagaritswe ku mirimo ye aregwa imicungire mibi y\u2019iyo kaminuza irimo n\u2019imikoreshereze mibi y\u2019umutungo akaba yarasimbujwe Dr. Eliezer Niyonzima mu buryo bw\u2019agateganyo nawe wasimbujwe (bikozwe na Nyiricyubahiro Musenyeri Nzakamwita Servilien uhagarariye umuryango UTAB mu mategeko) na Dr. Ndahayo Fid\u00e8le nk&#8217;uko bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono na Dr. Niyonzima Eliezer ryo ku wa 16 Gashyantare 2021. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Izo mpinduka zose ngo zikaba zigamije gukemura ikibazo cy\u2019imiyoborere n\u2019imicungire mibi by\u2019iyo Kaminuza. Ese mama Umuyobozi mushya Dr. Ndahayo Fid\u00e8le we azashobora guhangana n\u2019ikibazo cy\u2019ubukungu cyugarije iyo Kaminuza? Turabona mubyo yagombye gukemura byihutirwa harimo gukemura ikibazo cy\u2019abakozi bakorera akamama kandi bakeneye kubaho bakaba bafite n\u2019imiryango bagomba kubeshaho.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu gusoza ikiganiro, umunyamakuru wa <em>The Rwandan<\/em> yifuje kumenya niba abakozi ba UTAB bashobora kuzabaza uburenganzira bwabo. Yasubijwe ko muri iki gihe mu Rwanda ntawabitinyuka, ntaho yabariza. Ati \u2018<em>\u2019Dutegereje Iyo mu ijuru icyo izagena<\/em>\u2019\u2019. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ngayo nguko.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"> The Rwandan iratabariza abakozi ba UTAB by\u2019umwihariko n\u2019abo mu bigo byigenga muri rusange ngo\u00a0 uburenganzira bwabo nk\u2019abakozi bwubahirizwe hashingiwe ku Itegeko rigenga umurimo mu Rwanda no ku mahame y\u2019uburenganzira bwa muntu. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mana tabara abana bawe.\u00a0<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Arnold Gakuba Amashuri makuru na za Kaminuza zo mu Rwanda ni bimwe mu bigo byagezweho n\u2019ingaruka za Covid-19. Kuva mu kwezi kwa gatatu k\u2019umwaka ushize wa 2020 aho icyorezo cya Korona Virusi cyakazaga umurego mu Rwanda. Byinshi mu bigo byigenga mu Rwanda birimo na za Kaminuza byahise bisesa amasezerano y\u2019abakozi babwirwa ko hazatangwa [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":39774,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[36],"tags":[],"class_list":["post-39773","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-umuturage"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Arnold Gakuba Amashuri makuru na za Kaminuza zo mu Rwanda ni bimwe mu bigo byagezweho n\u2019ingaruka za Covid-19. Kuva mu kwezi kwa gatatu k\u2019umwaka ushize wa 2020 aho icyorezo cya Korona Virusi cyakazaga umurego mu Rwanda. Byinshi mu bigo byigenga mu Rwanda birimo na za Kaminuza byahise bisesa amasezerano y\u2019abakozi babwirwa ko hazatangwa [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-02-20T23:48:35+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2021-02-20T23:48:37+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/02\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"766\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"387\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI\",\"datePublished\":\"2021-02-20T23:48:35+00:00\",\"dateModified\":\"2021-02-20T23:48:37+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/\"},\"wordCount\":923,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/02\\\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png\",\"articleSection\":[\"Umuturage\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/\",\"name\":\"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/02\\\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png\",\"datePublished\":\"2021-02-20T23:48:35+00:00\",\"dateModified\":\"2021-02-20T23:48:37+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/02\\\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/02\\\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png\",\"width\":766,\"height\":387},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Arnold Gakuba Amashuri makuru na za Kaminuza zo mu Rwanda ni bimwe mu bigo byagezweho n\u2019ingaruka za Covid-19. Kuva mu kwezi kwa gatatu k\u2019umwaka ushize wa 2020 aho icyorezo cya Korona Virusi cyakazaga umurego mu Rwanda. Byinshi mu bigo byigenga mu Rwanda birimo na za Kaminuza byahise bisesa amasezerano y\u2019abakozi babwirwa ko hazatangwa [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-02-20T23:48:35+00:00","article_modified_time":"2021-02-20T23:48:37+00:00","og_image":[{"width":766,"height":387,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/02\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png","type":"image\/png"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI","datePublished":"2021-02-20T23:48:35+00:00","dateModified":"2021-02-20T23:48:37+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/"},"wordCount":923,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/02\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png","articleSection":["Umuturage"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/","name":"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/02\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png","datePublished":"2021-02-20T23:48:35+00:00","dateModified":"2021-02-20T23:48:37+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/02\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/02\/Skjermbilde-2021-02-21-kl.-00.08.38.png","width":766,"height":387},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwanda-utab-ihonyorwa-ryabakozi\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"RWANDA-UTAB: IHONYORWA RY\u2019ABAKOZI"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/39773","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=39773"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/39773\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":39775,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/39773\/revisions\/39775"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/39774"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=39773"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=39773"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=39773"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}