{"id":40062,"date":"2021-03-06T13:54:19","date_gmt":"2021-03-06T11:54:19","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=40062"},"modified":"2021-03-06T14:07:22","modified_gmt":"2021-03-06T12:07:22","slug":"mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/","title":{"rendered":"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV"},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yanditswe na <strong>Albert MUSHABIZI<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nyuma yo gukubitwa inshuro n\u2019ibinyamakuru bikomeye mu Bwongereza nka \u201c<em> Financial Times<\/em>\u201d, byahoze byamamaza u Rwanda biruhimbira isura ncurano, ariko mu bihe bya vuba bikaba bisigaye birwambika ubusa, biruvuga uko ruri; Prezida KAGAME yaba yavumbuye umuvuno wo kwigarurira \u201c<em>The Independent<\/em>\u201d na \u201c<em>Evening Standard<\/em>\u201d, ibinyamakuru nabyo bimwe mu bikomeye mu Bwongereza! Uwo muvuno rero akaba ari uwo kwinjira mu muryango \u201cThe Giants Club\u201d ukuriwe n\u2019umuherwe LEBEDEV; maze nawe akazajya avugira u Rwanda muri bya binyamakuru afitemo bye. Uyu muvuno wa \u201cmpa nguhe\u201d ukaba utihishiriye mu nkuru yahise itambuka muri ibyo binyamakuru byombi: \u201c<em>The Independent\u201d <\/em>na \u201c<em>Evening Standard<\/em>.\u201d<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">&nbsp;Ni mu nkuru y\u2019iKinyamakuru \u201c<em>The Independent<\/em>\u201d yasohotse kuwa 2 Werurwe 2021, (yisomere ku mushumi ukurikira : <a href=\"https:\/\/www.independent.co.uk\/stop-the-illegal-wildlife-trade\/rwanda-paul-kagame-interview-conservation-b1810132.html\">https:\/\/www.independent.co.uk\/stop-the-illegal-wildlife-trade\/rwanda-paul-KAGAME-interview-conservation-b1810132.html<\/a> igira iti \u201c<em>Rwanda\u2019s president signals intent to make conservation his country\u2019s next battle<\/em>\u201d; ugenekereje mu Kinyarwanda bikaba bisobanuye, \u201c<em>Prezida KAGAME yahishuye ubushake bwo kubungabunga ibidukikije nk\u2019urugamba igihugu&nbsp; kimirije imbere.<\/em>\u201d Iyo nkuru kandi ikaba yongeye igasohoka uko yakabaye mu kinyamakuru \u201c<em>Evening Standard<\/em>\u201d ku mushumi ukurikira : <a href=\"https:\/\/www.standard.co.uk\/news\/stop-wildlife-trade\/stop-illegal-wildlife-trade-paul-kagame-evgeny-interview-lebedev-rwanda-b921782.html\">https:\/\/www.standard.co.uk\/news\/stop-wildlife-trade\/stop-illegal-wildlife-trade-paul-KAGAME-evgeny-interview-LEBEDEV-rwanda-b921782.html<\/a>&nbsp; <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Iyo usomanye ubushishozi izi inkuru zombi zanditswe n\u2019umuherwe LEBEDEV ubwe; ubona ko uretse kugukomoza gake cyane, akatarenga nka 10%, ko KAGAME yinjiye mu muryango \u201cThe Giants Club\u201d ukuriwe n\u2019umuherwe LEBEDEV, KAGAME yari yifitiye igishyika cyo kwitumira LEBEDEV kumuvugira ku bibazo by\u2019ingutu bimwugarije ! Ni mu gihe kuko ibi binyamakuru bikomeye bisomwa na benshi mu bakomeye, barimo abafata ibyemezo bya Politiki n\u2019ubutwererane bw\u2019ibihugu byabo n\u2019iby\u2019Afrika, ibihangange n\u2019abashoramari, abakuriye imiryango mpuzamahanga\u2026 Mu binyamakuru nk\u2019ibi rero niho babeshyerwa isura y\u2019u Rwanda, bakanabitwara uko, bishingikirije igihagararo cy\u2019ikinyamakuru, bahwanisha byo kwibeshya, n\u2019ubunyamwuga, ndetse n\u2019ubunyangamugayo bwo kuvuga ukuri gushishojweho neza.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong><em>Kubungabunga ibidukikije nk\u2019urwitwazo ku ikubitiro, kuvugira Prezida KAGAME nk\u2019igikorwa nyirizina, bigaragaza ko inyuma ya \u201cThe Giants Club\u201d, hari imigambi y\u2019inyungu zihishe ikiguzi cy\u2019ubuvugizi bwa LEBEDEV<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Inkuru imwe mu binyamakuru bibiri zibusanyeho gato cyane mu mitwe yazo, zivuga ku kubungabunga ibidukikije gake cyane, tugenerekereje nka 10%; noneho nka 90% gasigaye kagaharirwa Prezida KAGAME yisobanura ku bibazo bimwugarije muri iki gihe, ari nako aha u Rwanda isura mpimbano. Ibi ubwabyo bisiguye nta kujya ku ruhande ko umuherwe LEBEDEV, ukuriye umuryango wa \u201cThe Giants Club\u201d, wakabaye yari yazinduwe no kwinjiza KAGAME muri uyu muryango ubungabunga inzovu ngo zidacika ku isi, kubera ko zihigirwa amahembe yazo; yari yazinduwe n\u2019izindi nyungu zifatika zihishe inyuma y\u2019uyu muryango, zikazaba ikiguzi cyo kuvugira u Rwanda, no kurwambika isura mpimbano ishashagirana. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubundi uyu muryango \u201cThe Giants Club\u201d ukaba uhuza Abanyapolitiki, abaherwe n\u2019abacuruzi b\u2019ibirangirire; bigira kandi bakusanyiriza hamwe ibifaranga byo kubungabunga ibidukikije! Mu ishusho nyakuri rero, uyu muryango winjijwemo KAGAME nk\u2019umunyapolitiki, umucuruzi n\u2019umuherwe; kurusha ko winjijwemo u Rwanda nk\u2019igihugu!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"> Birasanzwe ko abaherwe nka LEBEDEV bitwaza ibikorwa by\u2019ubugiraneza; ariko ikigambiriwe nyirizina ari indonke n\u2019ubujura kabuhariwe. Prezida KAGAME nawe si mushyashya mu mukino nk\u2019uyu; inkuru nyinshi zasohotse muri WIKILEAKS, zagaragaje ubujura n\u2019indonke bwihishe inyuma y\u2019imiryango itandukanye yambaye ikoti ry\u2019ubugiraneza, yashinzwe n\u2019urugo rwa Bill CLINTON, kandi ikagira ibikorwa by\u2019ubusahuzi bwambaye ikoti ry\u2019ubugiraneza mu gihugu cy\u2019u Rwanda. (Byisomere ku mishumi ikurikira <a href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/rwandan-comedy-and-inernationa-mafia-1\/amp\/\">https:\/\/www.therwandan.com\/rwandan-comedy-and-inernationa-mafia-1\/amp\/<\/a> na <a href=\"https:\/\/www.leparisien.fr\/amp\/international\/etats-unis-wikileaks-devoile-les-dessous-de-la-fondation-clinton-27-10-2016-6259620.php\">https:\/\/www.leparisien.fr\/amp\/international\/etats-unis-wikileaks-devoile-les-dessous-de-la-fondation-clinton-27-10-2016-6259620.php<\/a> Uyu Bill CLINTON wahoze ari Prezida wa Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika, akaba yari n\u2019umujyanama wa Prezida KAGAME, igikorwa yafatanyaga no guhirimbanira kuvuganira KAGAME no kubeshya amahanga isura ishashagirana y\u2019u Rwanda. <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu Bwongereza naho, LEBEDEV azatera ikirenge mu cya Tony BLAIR wahoze ari Ministri w\u2019intebe w\u2019icyo gihugu, akaba yari umujyanama wa KAGAME; tutaretse na Andrew MITCHELL, umuyobozi mu Bwongereza nawe uvugira KAGAME, maze akamumenamo ibifaranga bitagira ingano, (byisomere ku mushumi ukurikira <a href=\"https:\/\/medium.com\/@david.himbara_27884\/kagames-british-propagandist-mitchell-earns-us-55-802-annually-from-rwanda-as-senior-advisor-on-fa97c7ee1e5c\">https:\/\/medium.com\/@david.himbara_27884\/kagames-british-propagandist-mitchell-earns-us-55-802-annually-from-rwanda-as-senior-advisor-on-fa97c7ee1e5c<\/a>) .<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong><em>Ni bibazo ki Prezida KAGAME yiniguyeho, ni sura ki ishashagirana yahimbiye u Rwanda mu kiganiro na LEBEDEV ?<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Prezida KAGAME yaboneyeho umwanya wo gusubiza u Bwongereza na US, ku nyito ya Jenoside ibyo bihugu byombi byashidikanyijeho muri Gicurasi umwaka ushize; binenga u Rwanda ko rwirengagiza abaguye bose muri iyo Jenoside, ku nyungu runaka za politiki ! Umujagararo (stress) bigaragara kuri Prezida KAGAME mu minsi ya none, muri kwa gupfundikanya ibinyoma kwe, byatumye mu mateka ye yatura ingingo atari yakavuzeho mu buzima bwe bwo kuyobora u Rwanda. Yemeje ko hapfuye abahutu benshi; ariko ngo batazize icyo bari cyo! Icyo na cyo kiramaze; byibura abo bahutu benshi bapfuye nabo bazabone ubutabera, kandi bajye&nbsp; bibukwa! <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu maganya menshi kandi Kagame yinubiye u Bwongereza, ku cyemezo cyo kuba bwarakumiriye abagenzi basohoka mu Rwanda; kubera gukemanga u Rwanda ku bwandu bushya bwa Covid 19 ngo bwaba bwarakomotse mu gihugu cya Afrika y\u2019epfo! Yishingikirije imibare (statistics) y\u2019ikigo gikuru cy\u2019ubuzima mu Rwanda, yerekana ko icyo gihe, ndetse na none u Rwanda rwaba ruhagaze neza ku guhangana n&#8217;icyorezo cya Covid 19; ariko yirengagije ko u Rwanda rwamaze kumenyekana ko rukeneka (gutekenika) imibare rwishyira aheza! Yareze u Bwongereza ko icyo cyemezo cyari gishingiye gusa ku mpamvu za politiki! Kuri iki kibazo kandi Prezida KAGAME muri bwa bwishongozi bwe, ntiyabuze no kwibasira ibihugu bituranyi byarwanyije icyorezo mu ngamba zidakakaye kandi zidashyira mu kaga abaturage babyo; yinubira ko yibonye hamwe nabyo mu kato yahawe n\u2019igihugu cy\u2019u Bwongereza!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Prezida KAGAME kandi yarongeye yinubira abamunenga igitugu no gutoteza abaturage mu buryo butandukanye, za raporo, ibyegeranyo n\u2019inama mpuzamahanga zidahwema kumuhwitura! Ahita yigamba&nbsp; ko yakuye u Rwanda kuri zero nyuma ya Jenoside yo mu 1994 none akaba ageze ku iterambere rihambaye; bityo akibaza niba ibyo bitagombye gutwikira ibirego bihora bimwibasira!&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ku ikibazo cy\u2019ishimutwa rya RUSESABAGINA, n\u2019ihotora ry\u2019utavuga rumwe na Leta ye riherutse muri Afrika y\u2019epfo; yavuze ko ubutwari bwa RUSESABAGINA ari ubuhimbano, ko ahubwo amahanga yagombye guha agaciro, ibyo abarokokeye muri Hotel yacungwaga nawe bamuvuga bitari byiza ! Yanahakanye yivuye inyuma (nyamara yarabeshyaga) ko atigeze ashima RUSESABAGINA mbere ngo maze atangire kumuvuga nabi, aho yari yiyemereje kuvuga ibitagenda neza mu gihugu; agaragaza ko ntacyo byari bimubangamiyeho ku muntu wivugaho ibyo yishakiye muri filimu! Ku cy\u2019utavuga rumwe na Leta uherutse guhotorewa muri Afrika y\u2019epfo, yararuciye ararumira!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yaboneyeho umwanya wo kwigamba gahunda y\u2019inkingo za Covid-19 zenda gutangira, kandi u Rwanda rukaba rugaragara ko rubihagazemo neza, ku kinyuranyo n\u2019ibindi bihugu bya Afrika; ntiyareka no kwigamba ku nama ya Commonwealth, izabera bwa mbere mu gihugu kitahoze cyangwa ngo kibe ari intara y\u2019u Bwongereza, muri Kamena nk\u2019ishema ritagereranywa ku gihugu cy\u2019u Rwanda.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yarangije asobanura ko umubano w\u2019u Rwanda ufata impu zose, abavuga Icyongereza, abavuga Igifaransa, Abarusiya, Abashinwa\u2026 Ntiyifashe ngo abure kugaragaza ko ari mu ikorosi rimugoye mu bihe bya none; icyakora yizeye ko azarirenga nk\u2019uko yaba yararenze andi makorosi, nayo atari yoroshye ! Yavuze ko ibyo abihamirizwa n\u2019indirimbo yogeye ya \u201cNDA NDAMBARA YANDERA UBWOBA\u201d, iyi ndirimbo yavuze ko iririmbwa n\u2019abaturage basanzwe b\u2019Abanyarwanda; yaririmbwe n\u2019itorero ryo mu Burengerazuba bw\u2019Amajyaruguru y\u2019u Rwanda, bigeze guzahazwa n\u2019intambara y\u2019abacengezi, bakicwa nk\u2019ibimonyo na Leta ya KAGAME yabashinjaga kuba ku ruhande rw\u2019umwanzi! Ku bwa ba nyir\u2019ukuririmba, ari bo babonye iyo ntambara yamaze ababo igera ku musozo, ngo nta yindi yabatera ubwoba; kuba icyatwa kw\u2019iyo ndirimbo ko kukaba gushingiye ku mivugire ishyoma y\u2019Abaturage bo muri ako gace, bigahinduka igiparu mu gice kinini gisigaye cy\u2019igihugu !<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong><em>Ese ubundi LEBEDEV Abanyarwanda badakwiye gushira amakenga, nk\u2019uko n\u2019Abanyagihugu b\u2019Abongereza bagenzi be badasiba kumwishisha, ni muntu ki !?<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Evgeny LEBEDEV ni umuherwe w\u2019Umwongereza ufite inkomoko mu Burusiya. Akaba yarabaye mu Bwongereza kuva afite imyaka munani y\u2019amavuko. Afite ikigo cy\u2019ubucuruzi gikomeye cyitwa LEBEDEV holdings. Iki kigo kandi ni nacyo yanyujijemo ishoramari rye, mu binyamakuru bibiri bikomeye byo mu Bwongereza aribyo \u201cEvening Standard\u201d mu w\u20192009 na \u201cThe Independent\u201d mu w\u20192010. Ibi binyamakuru byombi akaba yarabishoyemo imari abizahura, mu gihe buri kimwe cyaburaga nk\u2019ukwezi kumwe ngo gifunge imiryango burundu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">&nbsp;Ni umuhungu wa Alexander LEBEDEV, wahoze ari intasi nkuru i London, mu myaka y\u20191980 ya KGB, cyahoze ari ikigo gikomeye cy\u2019ubutasi mu Burusiya; uyu murimo ubundi ukaba ureka kuwukora ari uko utagihumeka umwuka w\u2019abazima ! <\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uyu mubyeyi abana n\u2019umwana we mu Bwongereza, aho batengamariye, ndetse agakunda kugaragara mu bikorwa by\u2019umuhungu we, aho nko mu mwaka w\u20192016 yakoranye urugendo muri Uganda n\u2019umuhungu we mu kwinjiza Prezida MUSEVENI muri urya muryango wa \u201cThe Giants Club.\u201d Uyu mubyeyi ngo akaba afite amatwara ashyigikira Vladimir PUTIN uyoboye u Burusiya, n\u2019ibikorwa bye bitavugwaho rumwe n\u2019igihugu cy\u2019u Bwongereza, birimo nko kwiyomora kw\u2019intara ya Crimea ku gihugu cya Ukraine ikiyomeka ku Burusiya. Bityo rero bamwe mu Bongereza bakibaza ko kuva umubyeyi ari intasi, ntanicyabuza umwana kuba intasi!<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Bagakomeza kwibaza impamvu ubuyobozi bw\u2019igihugu cyabo bukomeza kubakingira ikibaba, ari nako bubaha amahirwe n\u2019ubwisanzure bikabije, byatuma bakora uwo murimo wabo w\u2019ubutasi, no gushyigikira gahunda z\u2019u Burusiya zaba zigambiriye kugirira nabi u Bwongereza nk\u2019igihugu. (Byisomere ku mushumi ukurikira <a href=\"https:\/\/bylinetimes.com\/2020\/08\/20sweeney-investigates-what-changed-to-make-evgeny-lebedev-no-longer-a-security-risk\/\">https:\/\/bylinetimes.com\/2020\/08\/20sweeney-investigates-what-changed-to-make-evgeny-lebedev-no-longer-a-security-risk\/<\/a>)<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">LEBEDEV ni inshuti y\u2019akadasohoka ya Ministre w\u2019intebe w\u2019u Bwongereza Boris JOHNSON kuva kera, akaba anatera inkunga ishyaka rye ry\u2019abagendera ku bya kera (<em>Conservative Party<\/em>); ibi bikaba byaramuhesheje umwanya mu cyumba cy\u2019inteko cya <em>\u201cHouse of Lords\u201d<\/em>, bityo akaba ari umwe mu bavuga rikijyana mu gihugu cy\u2019u Bwongereza. Ibi ariko by\u2019ubucuti bwihariye bwabo, bikaba bidahwema kwijujutirwa n\u2019Abongereza badashira amakenga LEBEDEV, bamwishisha ko yaba yiyubikije gahunda n\u2019ibikorwa bifite ingaruka mbi ku busugire bw\u2019u Bwongereza nk\u2019igihugu. Mu mwaka ushize ubwo icyorezo cya corona cyari gitangiye, Boris JOHNSON akaba yarashyizweho igitutu; asabwa kwisobanura ku rugendo rwihariye yagiriye kwa LEBEDEV mu gihe cya <em>\u201cguma mu rugo\u201d<\/em> yari amaze gutangaza, nyamara agatanga urugero rubi agenderera inshuti ye, mu bidafitiye igihugu akamaro. (Byisomere ku mushumi ukurikira <a href=\"https:\/\/www.opendemocracy.net\/en\/dark-money-investigations\/revealed-boris-johnson-under-fire-over-personal-meeting-with-russian-oligarch-during-covid-19-pandemic\/\">https:\/\/www.opendemocracy.net\/en\/dark-money-investigations\/revealed-boris-johnson-under-fire-over-personal-meeting-with-russian-oligarch-during-covid-19-pandemic\/<\/a>&nbsp;)<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">LEBEDEV nawe azi ko adashirwa amakenga n\u2019abenegihugu b\u2019Abongereza bagenzi be; bityo agafata umwanya akiyandikaho mu binyamakuru bitandukanye yisobanura. Avuga ko akunze kubazwa n\u2019Abarusiya abenegihugu na none bagenzi be (kubera ko afite ubwenegihugu bubiri); niba yiyumva nk\u2019uri iwabo iyo ari mu Bwongereza. Ngo aba barusiya abasubiza nta mususu ko mu Bwongereza ahiyumva nko mu rugo pe ! Avuga ko&nbsp; atishimiye gusohoka we n\u2019umuryango we, nk\u2019abantu badashirwa amakenga, muri raporo yasohowe n\u2019inteko ishinga amategeko y\u2019u Bwongereza, mu rutonde rw\u2019abivanga no bakanavuruga umugendo wa politiki y\u2019u Bwongereza. Yamaganira kure abamwise Umurusiya uvuga rikijyana mu Bwongereza, ahirimbanira inyungu z\u2019u Burusiya; ngo kubera ko babishingiye gusa ku birori yagiranye n\u2019inshuti ze, mu rugo rwe ruri mu Butaliyani. Anamaganira kure abamushyira mu bahirimbaniye Prezida Donald TRUMP ngo atsinde amatora yamugize Prezida; akanahakana ko nta nkunga yigeze atera abahirimbaniraga ko u Bwongereza buva mu muryango w\u2019ubumwe bw\u2019u Burayi. Aritaka cyane ko ari Umwongereza w\u2019ingirakamaro wazahuye ibinyamakuru bibiri bikomeye byari bigeze aharindimuka ho gufunga imiryango; kandi akavuga ko atewe ishema no kuba inshuti magara ya Boris JOHNSON\u2026 (Byisomere ku mushumi ukurikira <a href=\"https:\/\/www.dailymail.co.uk\/news\/article-7693425\/amp\/EVGENY-LEBEDEV-Britain-infiltrated-ugly-strain-Russia-phobia.html\">https:\/\/www.dailymail.co.uk\/news\/article-7693425\/amp\/EVGENY-LEBEDEV-Britain-infiltrated-ugly-strain-Russia-phobia.html<\/a>)<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong><em>Ni iki cyaba kihishe inyuma yo kwitabaza LEBEDEV mu muvuno wa \u201cmpa nguhe\u201d mu bihe nk\u2019ibi kuri Prezida KAGAME na Leta ye ?<\/em><\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubwigunge bwa Prezida KAGAME muri iyi minsi bugaragara ko budashingiye ku cyorezo cya Covid 19, cyugarije isi kikaba cyarakendeje ingendo n\u2019imibonano y\u2019imbonankubone! KAGAME wiberaga mu kirere nk\u2019inyoni, mu ngendo we yitaga izo guhahira u Rwanda; atanga ibiganiro muri za Kaminuza iyo za Amerika, yitabira inama aserukiye igihugu kidafite igihagararo cyo kuba cyakitabira ayo manama ibindi bihugu bitabashije kwitabira\u2026 Yakunze gukorana cyane n\u2019ibigo byamamaza ibihugu n\u2019abayobozi babyo, mu isura mpimbano ituma abakomeye bo mu mpande z\u2019isi bibeshya ku gihugu n\u2019abakiyoboye. Ibi bigo akenshi biba bikorana bya hafi n\u2019ibihangange ku isi ndetse n\u2019ibihugu bikomeye; bigaragara ko bitagifasha Prezida KAGAME nk\u2019uko byabikoraga, wenda ku mabwiriza byaba bihabwa n\u2019ibyo bihangange ndetse n\u2019ibyo bihugu bikomeye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">&nbsp;Iyo urebye umuvuduko ibinyamakuru n\u2019ibihugu bikomeye bifite mu gushyira hanze isura nyakuri y\u2019u Rwanda n\u2019umuyobozi warwo; bigaragaza ko Prezida KAGAME nawe agomba gukora iyo bwabaga ngo arebe ko yagira icyo aramira. Abahoze bamwamamaza, yarabagize n\u2019abajyanama be, abo ni nka ba Tony BLAIR, Bill CLINTON, Rick WARREN nabo nta kanunu kabo; basa n\u2019abatangiye kumwitaza, kuko babona ko kuguma kumwamamaza no kubonana nawe, bishobora kuzabangiriza isura, bagatentebukana nawe.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Icyo nicyo cyaba cyatumye Prezida KAGAME ashaka LEBEDEV, nk\u2019undi muntu mushya, uri mu bavuga rikijyana ku isi, akagira ibinyamakuru bibiri bikomeye; ndetse akanaba umwe mu bagize icyumba cy\u2019inteko cya \u201cHouse of Lords\u201d, umwanya yimitsweho na Boris JOHNSON, Ministre w\u2019intebe w\u2019u Bwongereza, inshuti ye magara kuva kera, na cyane ko LEBEDEV ari umuterankunga w\u2019ishyaka ry\u2019abagendera ku bya kera (<em>Conservative Party<\/em>). Niba ibyo LEBEDEV adashirwaho amakenga n\u2019Abongereza ari ukuri; umubano we na KAGAME waba upfunditse byinshi bimufasha gutere umugongo ba shebuja bo mu Burengerazuba, ajya kwihakirwa i Burasirazuba ku buryo bweruye ! Ese aho ibi byo byamuhira ra !?<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">LEBEDEV yiyemeje akazi gakomeye ko kuvugira KAGAME no kumwamwamaza mu isura mpimbano; mu gihe bigaragara ko amahanga yamaze kumenya isura nyakuri y\u2019igihugu n\u2019umuyobozi wacyo! Ibihe biri imbere biduhishiye kureba ko uwo murimo hari icyo uzazahuraho ingoma ya FPR na Prezida KAGAME bigeze ku manga! Buhoro buhoro kandi, tuzanakenguza inyungu nyakuri umuherwe LEBEDEV afite mu kwihura kuri uyu murimo, abari bawurambyemo bagenda bakwepa buhoro buhoro!<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Albert MUSHABIZI Nyuma yo gukubitwa inshuro n\u2019ibinyamakuru bikomeye mu Bwongereza nka \u201c Financial Times\u201d, byahoze byamamaza u Rwanda biruhimbira isura ncurano, ariko mu bihe bya vuba bikaba bisigaye birwambika ubusa, biruvuga uko ruri; Prezida KAGAME yaba yavumbuye umuvuno wo kwigarurira \u201cThe Independent\u201d na \u201cEvening Standard\u201d, ibinyamakuru nabyo bimwe mu bikomeye mu Bwongereza! Uwo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":40063,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[77],"tags":[],"class_list":["post-40062","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-isesengura"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Albert MUSHABIZI Nyuma yo gukubitwa inshuro n\u2019ibinyamakuru bikomeye mu Bwongereza nka \u201c Financial Times\u201d, byahoze byamamaza u Rwanda biruhimbira isura ncurano, ariko mu bihe bya vuba bikaba bisigaye birwambika ubusa, biruvuga uko ruri; Prezida KAGAME yaba yavumbuye umuvuno wo kwigarurira \u201cThe Independent\u201d na \u201cEvening Standard\u201d, ibinyamakuru nabyo bimwe mu bikomeye mu Bwongereza! Uwo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-03-06T11:54:19+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2021-03-06T12:07:22+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/03\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"392\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"501\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"11 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV\",\"datePublished\":\"2021-03-06T11:54:19+00:00\",\"dateModified\":\"2021-03-06T12:07:22+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/\"},\"wordCount\":2199,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/03\\\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png\",\"articleSection\":[\"Isesengura\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/\",\"name\":\"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/03\\\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png\",\"datePublished\":\"2021-03-06T11:54:19+00:00\",\"dateModified\":\"2021-03-06T12:07:22+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/03\\\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/03\\\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png\",\"width\":392,\"height\":501},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Albert MUSHABIZI Nyuma yo gukubitwa inshuro n\u2019ibinyamakuru bikomeye mu Bwongereza nka \u201c Financial Times\u201d, byahoze byamamaza u Rwanda biruhimbira isura ncurano, ariko mu bihe bya vuba bikaba bisigaye birwambika ubusa, biruvuga uko ruri; Prezida KAGAME yaba yavumbuye umuvuno wo kwigarurira \u201cThe Independent\u201d na \u201cEvening Standard\u201d, ibinyamakuru nabyo bimwe mu bikomeye mu Bwongereza! Uwo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-03-06T11:54:19+00:00","article_modified_time":"2021-03-06T12:07:22+00:00","og_image":[{"width":392,"height":501,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/03\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png","type":"image\/png"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"11 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV","datePublished":"2021-03-06T11:54:19+00:00","dateModified":"2021-03-06T12:07:22+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/"},"wordCount":2199,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/03\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png","articleSection":["Isesengura"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/","name":"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/03\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png","datePublished":"2021-03-06T11:54:19+00:00","dateModified":"2021-03-06T12:07:22+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/03\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/03\/Skjermbilde-2021-03-06-kl.-11.48.29.png","width":392,"height":501},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mpa-nguhe-hagati-ya-kagame-numuherwe-lebedev\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"\u201c MPA NGUHE\u201d HAGATI YA KAGAME N\u2019UMUHERWE LEBEDEV"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/40062","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=40062"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/40062\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":40065,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/40062\/revisions\/40065"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/40063"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=40062"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=40062"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=40062"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}