{"id":40346,"date":"2021-03-19T02:14:54","date_gmt":"2021-03-19T00:14:54","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=40346"},"modified":"2021-03-21T04:05:16","modified_gmt":"2021-03-21T02:05:16","slug":"perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/","title":{"rendered":"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse"},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yanditswe na <strong>Arnold Gakuba<\/strong>&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Intangiriro<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ku itariki ya 17 Werurwe 2021, isi yabuze umugabo wanditse amateka atazibagirana haba mu gihugu cye cya Tanzaniya ndetse no ku isi yose; John Pombe Joseph Magufuli. Igihugu cye ndetse n\u2019ibindi bihugu bitandukanye ku isi byamanuye amabendera yabyo kugeza mu cya kabiri byunamira nyakwigendera. Urupfu rw\u2019uyu mugabo rwatunguye benshi kandi ruvugwaho byinshi bitandukanye.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>John Pombe Joseph Magufuli ni muntu ki?<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nyakwigendera Perezida John Pombe Joseph Magufuli yavutse ku itariki ya 29 Ukwakira 1959&nbsp; mu Karere ka Chato mu gihugu cya Tanzaniya, mu muryango uciririyse w\u2019abahinzi. Uyu mugabo ntiyagize amahirwe yo kurerwa na se umubyara John Joseph Magufuli kuko yitabye Imana akiri umwana muto maze arerwa n\u2019ababyeyi babyara se.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">John Pombe Joseph Magufuli yize amashuri ye kugera ubwo abonye impamyabushobozi y\u2019ikirenga (PhD) mu by\u2019Ubutabire. Mbere y\u2019uko aba perezida, yakunze kwitangira imirimo itandukanye irimo ubworozi bw\u2019inka n\u2019amafi ndetse n\u2019ubwubatsi. Yakunze cyane kwitangira kubakira abatishoboye ku buryo yaje guhabwa izina rya \u2018\u2019Tingatinga\u2019\u2019 kubera gahunda yari afiye mu by\u2019ubwubatsi.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu buzima bwe bwa mbere yo kuba umukuru w\u2019igihugu ndetse na nyuma amaze gutorerwa kuyobora Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya, yagaragaje ubushake bwo kwita ku bakene. Ibyo yabigaragaje ubwo yagabanyaga umushahara we mo kane igihe yageraga ku butegetsi&nbsp;; ibyo byahise bimugira umwe mu baperezida bahembwa make muri Afrika ndetse no ku isi.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Ubuzima bwa Politiki<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">John Pombe Joseph Magufuli yinjiye mu buzima bwa politiki nyuma gato yo kuba umwatimu hagati ya 1982-1983 aho yigishaga Ubutabire n\u2019Imibare. Nyuma y\u2019aho gato yahawe akazi n\u2019Ishyirahamwe ryitwa \u2018Nyanza Cooperative Union Limited\u2019 kuva 1989 kugera 1995. Nyuma yahoo yatorewe ubudepite ahagarariye Akarere ka Chato ahita anagirwa Minisitiri w\u2019Umurimo. Nyuma ya Perezida Jakaya Mrisho Kikwete yagizwe Minisiriti w\u2019Ubutaka n\u2019Imirurire ku wa 5 Mutarama 2006 nyuma aza kuba Minisititi w\u2019Ubworozi kuva 2008 kugera 2010 aho kandi yaje gusubira muri Minisiteri y\u2019Umurimo kuva 2010 kugera 2015.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ku itariki ya 12 Nyakanga 2015, John Pombe Joseph Magufuli yatorewe guhagararira ishyaka rye rya \u2018Chama cha Mapinduzi\u2019 (CCM) aho yatsinze amatora ku cyiciro cya mbere. Mu matora y\u2019umukuru w\u2019igihugu yo mu 2020, Mugufuli yongeye kugirirwa icyizere n\u2019abaturage ba Tanzaniya yo kuyobora icyo gihugu muri manda ya kabiri yo kugera 2025.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Akimara kugera ku mwanya wa perezida wa Tanzaniya, John Pombe Joseph Magfuli yashyizeho ingamba zo kugabanya amafaranga goverinoma ikoresha cyane cyane mu ngendo zijya hanze ashyiraho n\u2019uburyo bwo gukoresha imidoka zidahenze. Aho ni baho yagabanije umushara we awukura ku madolari 15,000 awushyira ku madolari 4,000 ya Amerika. Mu gihe yamaze ku butegetsi, perezida Magufuli yaharaniye iterambere rya buri wese yita cyane cyane ku muturage ukennye kurusha abandi.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Magufuli mu rugamba rwa Koronavirusi<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu ntangiriro z\u2019umwaka wa 2020, isi yose yayogojwe n\u2019icyorezo cya Koronavirusi cyiswe (Covid-19). Bihereye i Burayi no muri Amerika, ndetse bikagera no muri Afrika, ubuzima bwarahagaze hashyirwaho ingamba zo kwirinda no kurwanya icyo cyorezo. Igihe ibiguhu byose byo ku isi byahagaritse imirimo yose harimo no gusenga, mu gihugu cyari kiyobowe na Magufuli siko byagenze kuko perezida Magufuli yabonaga ko nta \u2018<em>\u2019gusenga, nta buzima<\/em>\u2019\u2019.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Muri Gicurasi 2020, igihe ibihugu hafi ya byose bya Afrika byari mucyiswe \u201cGuma mu rugo\u2019\u2019, muri Tanzaniya ho bizihizaga ko icyorezo cyaneshejwe kubera isengesho ndetse habaho no kwizihiza iyo tsinzi aho bavugaga bati \u201c<em>Koronavirusi yaratsinzwe, dushimire Imana<\/em>\u201d. Nyamara iyo myumvire n\u2019imyitwarire y\u2019ubuyobozi bwa Tanzaniya ntiyashimishije imwe mu miryango iyobora isi irimo n\u2019Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS\/WHO). Binyuranije n\u2019ibibera mu bindi bihugu ndetse no kugera ubu, muri Tanzaniya imibare ya nyuma injyanye na Koronavirusi yatangajwe mu mpera za Mata 2020.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ku bijyanye n\u2019urukingo rwa Koronavirusi, Perezida Magufuli yarwamaganiye kure aho yavuze ko abazungu batakagombye kwihutira kuzana urukingo rw\u2019iyo ndwara aho kuzana urwa Sida ubu itwara ubuzima bwa benshi muri Afrika. We rero yemeza ko imiti gakondo ikozwe mu byatsi ariyo yahitamo mu kuvura Koronavirusi.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Bimwe mu bidasanzwe John Pombe Magufuli yakoze<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu gihe cy\u2019ubutegetsi bwe, John Pombe Joseph Magufuli yakoze byinshi bitandukanye bitagaragaye kuri benshi mu ba Perezida ba Afrika.<\/p>\n\n\n\n<ul class=\"wp-block-list\"><li>Yashoboye kuzahura ubukungu bw\u2019igihugu cye cyijya mu bihugu bikataje mu majyambere;<\/li><li>Yarwanije yivuye inyuma ruswa;<\/li><li>Mu myaka itandatu, yakoze ingendo eshatu gusa zo hanze y\u2019igihugu cye mu buryo bwo kudasesagura umutungo w\u2019abaturage;<\/li><li>Kenshi yasangiye n\u2019abaturage baciriritse icyayi mu ma resitora aciriritse;<\/li><li>Yanze inkunga z\u2019Ubushinwa zingana na miliyari 10 z\u2019amadolari y\u2019Amerika kubera amabwiriza adahwitse yari azikurikiye;<\/li><li>Yitwaye ukwe mu kibazo cya Koronavirusi kimwe na bagenzi be uwa Madagascar Rajoelina n\u2019uw\u2019Uburundi Nkurunziza, uyu nawe akaba yaratabarutse azize uburwayi nk\u2019ubwe mu mezi icyenda shize.<\/li><\/ul>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Amwe mu magambo yavuze azibukirwaho<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Dore amwe mu magambo y\u2019ubwenge Perezida John Pombe Magufuli yasize avuze yuzuye impanuro:<\/p>\n\n\n\n<ul class=\"wp-block-list\"><li>\u201cUbwenge nibutsinda, tuzanyura muri byose mu mahoro\u201d&nbsp;;<\/li><li>\u2018\u2019Ntiwavuga ko abungabunga ibidukikije igihe abaturage benshi bakoresha amakara n\u2019inkwi\u2019\u2019&nbsp;;<\/li><li>Igihe kirageze koo twishyira hamwe, tugatandukanya imitekerereze yacu n\u2019iy\u2019abandi. Nzakorera abanyatanzaniya ntitaye ku moko yabo, amadini cyangwa ibitekerezo\u2019\u2019&nbsp;;<\/li><li>\u2018\u2019Inzira nziza yo kuvura ikibyimba ni ukukimena kandi mfite inshingano zo kubikora. Ndabizi ko kumena ikibyimba bibabaza ariko nta bundi buryo buhari\u2019\u2019&nbsp;;<\/li><li>\u2018\u2019Imana iba ahera. Batanzaniya bagenzi banjye mwitinya kujya guhimbaza Imana\u2019\u2019&nbsp;;<\/li><li>Koronavirusi ntiyabaho mu maraso ya Kristu, izashya. Niyo mpamvu ntafite ubwoba kuko mpabwa umubiri wa Kristu\u2019\u2019&nbsp;.<\/li><\/ul>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Urupfu rwe ruravugwaho byinshi<\/strong><\/p>\n\n\n\n<iframe loading=\"lazy\" src=\"https:\/\/www.facebook.com\/plugins\/video.php?height=314&#038;href=https%3A%2F%2Fwww.facebook.com%2FRadiyoyacuVOA%2Fvideos%2F1366528090391892%2F&#038;show_text=false&#038;width=560\" width=\"560\" height=\"314\" style=\"border:none;overflow:hidden\" scrolling=\"no\" frameborder=\"0\" allowfullscreen=\"true\" allow=\"autoplay; clipboard-write; encrypted-media; picture-in-picture; web-share\" allowFullScreen=\"true\"><\/iframe>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nyuma y\u2019iminsi isaga 18 Perezida wa Tanzaniya John Pombe Magufuli atagaragara muri rubanda, hatangajwe ko yitabye Imana. Ubuyobozi bwa Tanzaniya butangaza ko yazize indwara y\u2019umutima aguye mu bitaro bya Mzena Hospital muri Dar es Salaam.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Isi yose rero iribaza byinshi ku rupfu ry\u2019uyu mugabo wayoboye Tanzaniya ku buryo budasazwe kandi akaba yarerekanye ibidasanzwe byinshi mu buyobozi bwe. Bamwe bati \u201c<em>ese ntabwo ibihugu by\u2019Iburengerazuba byaba aribyo byivuganye Perezida Magufuli?<\/em>\u201d Mu nkuru ye Osumo Generali yasohoye mu Kinyamakuru \u2018\u2019Kenya Today\u2019\u2019 yagize ati \u2018<em>\u2019turacyari abacakara b\u2019ibihugu by\u2019ibirengerazuba no kugera muri icyi kinyejana cya 21! Magufuli ntabwo yari umunyagitugu!<\/em>\u2019\u2019 Mu nkuru ye kandi uyu munyamakuru yagaragaje ko Perezida Magufuli yari umuntu w\u2019abantu, yashyiraga imbere inyungu z\u2019abaturage. Ku bavuga ko Perezida Magufuli yaba yazize Koronavirusi, Osomo yagize ati \u2018<em>\u2019Magufuli ni umuhanga ndabizi. Yari azi ibyo akora n\u2019ibyo avuga. Ibihugu by\u2019iburengerazuba ntibyigeze bikunda imikorere ye. Bagendeye kuri ibyo baramwivugana.<\/em>\u2019\u2019<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nyuma y\u2019itangazo ry\u2019urupfu rwa nyakwigendera John Pombe Magufuli, ibihugu bikikije Tanzaniya ndetse n\u2019ibindi bihugu by\u2019incuti byifatanije na Tanzaniya mu kababaro. Igihugu cy\u2019u Rwanda nacyo kikaba ku wa 18 Werurwe 2021, mu itangazo ryashyizweho umukono na Dr. Edward Ngirente, Minisitiri w\u2019Intebe w\u2019icyo gihugu rwatangaje ko rwifatanije mu kababaro n\u2019igihugu cya Tanzaniya kubera kubura perezida wacyo John Pombe Magufuli. Perezida&nbsp; Paul Kagame uyobora u Rwanda kandi abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yavuze ko ababajwe cyane n\u2019urupfu rwa Pombe Magufuli. Bityo mu Rwanda bashyizeho igihe cy\u2019icyunamo kugeza igihe nyakwigendera Mugufuli zashyingurirwa. Ese uru ni urukundo cyangwa ni uburyarya?&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abasesengurira hafi ibya politiki n\u2019umubano w\u2019u Rwanda na Tanzaniya basanga mu minsi ishize umubano w\u2019ibyo bihugu byombi utari wifashe neza nk\u2019uko bisanzwe ko Paul Kagame yiyomoye ku bandi baperezida bo mu karere. Bamwe baribaza rero ku magambo yavuzwe na Paul Kagame nyuma y\u2019urupfu rwa Magufuli kandi atarigeze amushimira igihe yatsindaga amatora ya manda ye ya kabiri mu 2020 ndetse ntanitabire n\u2019umuhango wo kurahira kwe cyangwa ngo yoherezeyo intumwa ya gouverinoma y\u2019u Rwanda. Ukuri ku rupfu rwa nyakwigendera John Pombe Magufuli ruhishe byinshi.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Ninde usimbura Magufuli&nbsp;?<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Nk\u2019uko biteganywa n\u2019Itegeko-nshinga rya Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya mu ngingo yayo ya 35 igika cya 5, iyo perezida apfuye cyangwa ananiwe imirimo ye kubera ubumuga cyangwa ananiwe kurangiza inshingano ze, visi perezida arahirira kuba perezida mu gihe gisigaye cya manda agakora iyo mirimo nk\u2019uko biteganywa mu ngingo ya 40 abigiyeho inama n\u2019ishyaka akomokamo. Nk\u2019uko rero biteganywa n\u2019itegeko, Samia Suluhu Hassan wari visi perezida wa Tanzaniya yahise arahirira kuzayobora icyo gihugu mu gihe gisigaye cy\u2019iyi manda.&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Samia Suluhu Hassan, perezida mushya wa Tanzaniya yavutse ku wa 27 Mutarama 1960 akaba abaye perezida wa mbere w\u2019umutegarugori wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya kuva ku wa 17 Wwerurwe 2021. Uyu munyapolitiki wo mu ishyaka rya Chama cha Mapinduzi (CCM) akaba akomoka muri Zanzibar. Kuva 2010 kugera 2015 yabaye umudepite akaba yarabaye visi perezida nyuma y\u2019amatora ya 2015. Samia Suluhu Hassan kandi afite n\u2019undi mwihariko wiyongera kuba ariwe mutegarugori wa mbere uyoboye Tanzaniya wo kuba abaye perezida wa kabiri wa Tanzaniya ukomoka mu birwa bya Zanzibar nyuma ya perezida Ali Hassan Mwinyi (1985-1995).&nbsp;<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\"><strong>Umwanzuro<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Perezida John Pombe Joseph Magufuli nawe aragiye, yiyongereye kuri lisiti y\u2019abaperezida ya Afrika bapfuye bakiri ku butegetsi anaba muri bamwe bavuze ko bazize indwara y\u2019umutima kandi itarigeze ibavugwa mbere nk\u2019uko byagenze kuri Petero Nkurunziza w\u2019u Burundi. Ese urupfu rw\u2019aba baperezida bombi rwaba rufitanye isano?<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Perezida John Pombe Magufuli azibukirwa kuri byinshi birimo guharanira inyungu za rubanda, gukunda igihugu cye na Afrika ku buryo bw\u2019umwihariko no kutemera kuyoborwa na mpastibihugu nk\u2019uko bigaragara mu bihugu byinshi bya Afrika aho abayobozi batareba inyungu z\u2019abo bayobora ahubwo birebere inyungu zabo bwite bityo bakumvira ba mbatstibihugu akenshi baba baragize n\u2019uruhare kubashyiraho. Afrika ibuze umunyafurika w\u2019ukuri John Pombe Joseph Magufuli wayoboye Tanzaniya (2015-2021) akaba ari ku rwego rumwe na Thomas Sankara wayoboye Burukinafaso (1987) na Jerry John Rawlings wayoboye Ghana (1981-2001). Izi ntwari za Afrika zaharaniye ubwigenge n\u2019ukwishyira ukizana bya Afrika, tuzahora tuzibuka. John Pombe Magufuli, Imana ikwakire mu bayo.<\/p>\n\n\n\n<iframe loading=\"lazy\" src=\"https:\/\/www.facebook.com\/plugins\/video.php?height=314&#038;href=https%3A%2F%2Fwww.facebook.com%2FOfisiyaRaisIkuluTanzania%2Fvideos%2F3953085954806836%2F&#038;show_text=false&#038;width=560\" width=\"560\" height=\"314\" style=\"border:none;overflow:hidden\" scrolling=\"no\" frameborder=\"0\" allowfullscreen=\"true\" allow=\"autoplay; clipboard-write; encrypted-media; picture-in-picture; web-share\" allowFullScreen=\"true\"><\/iframe>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Arnold Gakuba&nbsp; Intangiriro Ku itariki ya 17 Werurwe 2021, isi yabuze umugabo wanditse amateka atazibagirana haba mu gihugu cye cya Tanzaniya ndetse no ku isi yose; John Pombe Joseph Magufuli. Igihugu cye ndetse n\u2019ibindi bihugu bitandukanye ku isi byamanuye amabendera yabyo kugeza mu cya kabiri byunamira nyakwigendera. Urupfu rw\u2019uyu mugabo rwatunguye benshi kandi [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":30088,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[66],"tags":[],"class_list":["post-40346","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-akarere"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Arnold Gakuba&nbsp; Intangiriro Ku itariki ya 17 Werurwe 2021, isi yabuze umugabo wanditse amateka atazibagirana haba mu gihugu cye cya Tanzaniya ndetse no ku isi yose; John Pombe Joseph Magufuli. Igihugu cye ndetse n\u2019ibindi bihugu bitandukanye ku isi byamanuye amabendera yabyo kugeza mu cya kabiri byunamira nyakwigendera. Urupfu rw\u2019uyu mugabo rwatunguye benshi kandi [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-03-19T00:14:54+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2021-03-21T02:05:16+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/01\/JohnMagufuli.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1023\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"578\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"8 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse\",\"datePublished\":\"2021-03-19T00:14:54+00:00\",\"dateModified\":\"2021-03-21T02:05:16+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/\"},\"wordCount\":1545,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2019\\\/01\\\/JohnMagufuli.jpg\",\"articleSection\":[\"Akarere\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/\",\"name\":\"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2019\\\/01\\\/JohnMagufuli.jpg\",\"datePublished\":\"2021-03-19T00:14:54+00:00\",\"dateModified\":\"2021-03-21T02:05:16+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2019\\\/01\\\/JohnMagufuli.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2019\\\/01\\\/JohnMagufuli.jpg\",\"width\":1023,\"height\":578},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Arnold Gakuba&nbsp; Intangiriro Ku itariki ya 17 Werurwe 2021, isi yabuze umugabo wanditse amateka atazibagirana haba mu gihugu cye cya Tanzaniya ndetse no ku isi yose; John Pombe Joseph Magufuli. Igihugu cye ndetse n\u2019ibindi bihugu bitandukanye ku isi byamanuye amabendera yabyo kugeza mu cya kabiri byunamira nyakwigendera. Urupfu rw\u2019uyu mugabo rwatunguye benshi kandi [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-03-19T00:14:54+00:00","article_modified_time":"2021-03-21T02:05:16+00:00","og_image":[{"width":1023,"height":578,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/01\/JohnMagufuli.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"8 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse","datePublished":"2021-03-19T00:14:54+00:00","dateModified":"2021-03-21T02:05:16+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/"},"wordCount":1545,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/01\/JohnMagufuli.jpg","articleSection":["Akarere"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/","name":"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/01\/JohnMagufuli.jpg","datePublished":"2021-03-19T00:14:54+00:00","dateModified":"2021-03-21T02:05:16+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/01\/JohnMagufuli.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2019\/01\/JohnMagufuli.jpg","width":1023,"height":578},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/perezida-magufuli-intwari-yaratabarutse\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Perezida Magufuli, intwari yaratabarutse"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/40346","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=40346"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/40346\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":40349,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/40346\/revisions\/40349"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/30088"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=40346"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=40346"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=40346"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}