{"id":41000,"date":"2021-04-29T09:59:10","date_gmt":"2021-04-29T07:59:10","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=41000"},"modified":"2021-04-29T09:59:27","modified_gmt":"2021-04-29T07:59:27","slug":"col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/","title":{"rendered":"Col. Byabagamba arambiwe gushinjwa ibyaha baringa, arasaba kuburana n\u2019uwo yibye"},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Col Tom Byabagamba arasaba urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge gutesha agaciro icyemezo cy\u2019umucamanza wa mbere cyamuhamije icyaha cy\u2019ubujura. Aravuga ko nta bimenyetso bifatika bigaragaza ko yakoze icyo cyaha. Ubushinjacyaha bwo bugasabira uyu wigeze kuba akuriye ingabo zirinda Perezida w\u2019u Rwanda Paul Kagame gukomeza gufungwa imyaka itatu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ni urubanza rwabaye hifashishijwe uburyo bw\u2019ikoranabuhanga rw\u2019iyakure mu mugambi wo kwirinda icyorezo COVID-19.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Col Tom Byabagamba yari muri gereza ya gisirikare i Kanombe ari kumwe n\u2019abanyamategeko Me Valery Gakunzi Musore na mugenzi we Me Paul Ntare bamwunganira, umucamanza n\u2019ubushinjacyaha bari ku cyicaro cy\u2019urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Col byabagamba watangiranye ijambo asobanura impamvu z\u2019ubujurire mu rubanza aregwamo kwiba telephone n\u2019indahuzo yayo (Chargeur) yabwiye urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ko urukiko rw\u2019ibanze rwa kicukiro rwamuhamije icyaha rushingiye ku bimenyetso bitari ukuri kandi bidafatika.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yavuze ko rwashingiye ku mvugo ye n\u2019izabatangabuhamya. Rushingira kandi ku batangabuhamya b\u2019abasirikare bamurinda yemeza ko batamubonye yiba iyo telephone, rushingira ku nyandiko y\u2019ifatira y\u2019iyo telephone n\u2019amafaranga na raporo yakozwe ku isakwa muri gereza afungiwemo.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Col Byabagamba yumvikanye abwira urukiko ko ibi bimenyetso byose bidafashije kandi ko abatangabuhamya b\u2019ubushinjacyaha bose nta n\u2019umwe wamubonye yiba iyo telephone n\u2019indahuzo yayo. Yasabye ko niba hari nyirayo yazigaragaza akaza mu rukiko akayimushinja.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubushinjacyaha buvuga ko umucamanza wa mbere yafashe icyemezo gishingiye ku mategeko. Ku nshuro ya mbere muri uru rubanza mu bujurire ubushinjacyaha bwavuze ko Byabagamba yafatanywe telephone yo mu bwoko bwa Samsung Galaxy ndetse n\u2019amafaranga ibihumbi 450.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ubushinjacyaha bugasaba urukiko kwemeza ko Byabagamba yahaniwe icyaha cy\u2019ubujura ndetse rugatesha agaciro ubujurire bwe. Bivuze ko igihe byaba bigenze bityo nk\u2019uko ubushinjacyaha bubyifuza Col Byabagamba yakomeza gufungwa imyaka itatu kuri iki cyaha.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Uregwa n\u2019abamwunganira bo bagasaba urukiko kuzasesengurana ubushishozi ikirego cy\u2019ubujurire rukazirinda gukora icyo bita \u201cKugwa mu mutego w\u2019ubushinjacyaha\u201d. Basaba urukiko kuzemeza ko nta kimenyetso na kimwe cyashingiweho mu guhamya icyaha Col Byabagamba maze rukazaheraho rumuhanaguraho icyaha cy\u2019ubujura. Kubwabo urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge nirubigenza rutyo ruzaba rutanze ubutabera.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Col Tom Byabagamba wigeze kuba akuriye itsinda ry\u2019umutwe udasanzwe w\u2019abasirikare barinda Perezida w\u2019u Rwanda Paul Kagame kugeza ubu ari mu gihano cy\u2019igifungo cy\u2019imyaka 18. Kigabanyije mu bice bibiri aho ku rwego rw\u2019ubujurire yakatiwe gufungwa imyaka 15 no kunyagwa impeta zose za gisirikare ku byaha byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Iki cyemejwe mu mwaka wa 2019 umwaka bivugwa ko yibiyeho telephone. Hari kandi ikindi gihano cy\u2019inyongera cy\u2019imyaka itatu ku cyaha cy\u2019ubujura bwa telephone n\u2019indahuzo yayo akekwaho ko yayibye ayicomoye mu rukiko aho yari yaje gusomerwa ku byaha bya mbere. Ku bushinjacyaha ni \u201cisubiracyaha\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ibi byose ariko uregwa arabihakana akavuga ko ari ibyaha by\u2019ibihimbano bishingiye ku mpamvu za politiki. Col Tom Byabagamba yatawe muri yombi bwa mbere mu kwezi kwa Munani mu 2014 yari kumwe na muramu we Gen Frank Kanyambo Rusagara baregwa ibyaha bijya gusa.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Aba bombi bavuga ko ibyaha baregwa bishingira ku masano bafitanye n\u2019abavandimwe babo bahoze ari inkoramutima mu butegetsi buriho ariko magingo aya badacana uwaka na bwo. Abo barimo Bwana David Himbara inzobere muby\u2019ubukungu wahoze ari umujyanama wa Perezida Kagame mu rwego rw\u2019ubukungu.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">VOA<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Col Tom Byabagamba arasaba urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge gutesha agaciro icyemezo cy\u2019umucamanza wa mbere cyamuhamije icyaha cy\u2019ubujura. Aravuga ko nta bimenyetso bifatika bigaragaza ko yakoze icyo cyaha. Ubushinjacyaha bwo bugasabira uyu wigeze kuba akuriye ingabo zirinda Perezida w\u2019u Rwanda Paul Kagame gukomeza gufungwa imyaka itatu. Ni urubanza rwabaye hifashishijwe uburyo bw\u2019ikoranabuhanga rw\u2019iyakure mu mugambi wo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":38427,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[63],"tags":[],"class_list":["post-41000","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Col. Byabagamba arambiwe gushinjwa ibyaha baringa, arasaba kuburana n\u2019uwo yibye - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Col. Byabagamba arambiwe gushinjwa ibyaha baringa, arasaba kuburana n\u2019uwo yibye - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Col Tom Byabagamba arasaba urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge gutesha agaciro icyemezo cy\u2019umucamanza wa mbere cyamuhamije icyaha cy\u2019ubujura. Aravuga ko nta bimenyetso bifatika bigaragaza ko yakoze icyo cyaha. Ubushinjacyaha bwo bugasabira uyu wigeze kuba akuriye ingabo zirinda Perezida w\u2019u Rwanda Paul Kagame gukomeza gufungwa imyaka itatu. Ni urubanza rwabaye hifashishijwe uburyo bw\u2019ikoranabuhanga rw\u2019iyakure mu mugambi wo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-04-29T07:59:10+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2021-04-29T07:59:27+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/11\/byabagamba11.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"800\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"450\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/\",\"name\":\"Col. Byabagamba arambiwe gushinjwa ibyaha baringa, arasaba kuburana n\u2019uwo yibye - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/11\/byabagamba11.jpg\",\"datePublished\":\"2021-04-29T07:59:10+00:00\",\"dateModified\":\"2021-04-29T07:59:27+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/11\/byabagamba11.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/11\/byabagamba11.jpg\",\"width\":800,\"height\":450},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Col. Byabagamba arambiwe gushinjwa ibyaha baringa, arasaba kuburana n\u2019uwo yibye\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Col. Byabagamba arambiwe gushinjwa ibyaha baringa, arasaba kuburana n\u2019uwo yibye - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Col. Byabagamba arambiwe gushinjwa ibyaha baringa, arasaba kuburana n\u2019uwo yibye - Umunyarwanda","og_description":"Col Tom Byabagamba arasaba urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge gutesha agaciro icyemezo cy\u2019umucamanza wa mbere cyamuhamije icyaha cy\u2019ubujura. Aravuga ko nta bimenyetso bifatika bigaragaza ko yakoze icyo cyaha. Ubushinjacyaha bwo bugasabira uyu wigeze kuba akuriye ingabo zirinda Perezida w\u2019u Rwanda Paul Kagame gukomeza gufungwa imyaka itatu. Ni urubanza rwabaye hifashishijwe uburyo bw\u2019ikoranabuhanga rw\u2019iyakure mu mugambi wo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-04-29T07:59:10+00:00","article_modified_time":"2021-04-29T07:59:27+00:00","og_image":[{"width":800,"height":450,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/11\/byabagamba11.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/","name":"Col. Byabagamba arambiwe gushinjwa ibyaha baringa, arasaba kuburana n\u2019uwo yibye - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/11\/byabagamba11.jpg","datePublished":"2021-04-29T07:59:10+00:00","dateModified":"2021-04-29T07:59:27+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/11\/byabagamba11.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/11\/byabagamba11.jpg","width":800,"height":450},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/col-byabagamba-arambiwe-gushinjwa-ibyaha-baringa-arasaba-kuburana-nuwo-yibye\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Col. Byabagamba arambiwe gushinjwa ibyaha baringa, arasaba kuburana n\u2019uwo yibye"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/41000","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=41000"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/41000\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":41003,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/41000\/revisions\/41003"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/38427"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=41000"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=41000"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=41000"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}