{"id":41181,"date":"2021-05-12T09:24:03","date_gmt":"2021-05-12T07:24:03","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=41181"},"modified":"2021-05-12T09:24:27","modified_gmt":"2021-05-12T07:24:27","slug":"kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/","title":{"rendered":"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura"},"content":{"rendered":"\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Yanditswe na <strong>Frank Steven Ruta<\/strong><\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Hashize iminsi ine hamenyakanye icyemezo cyo gusubika Inama Mpuzamahanga y\u2019Ibihugu bikoresha ururimi rw\u2019Icyongereza (Commonwealth Summit ) yagombaga kubera i Kigali, kugeza ubu mu biganiro ahahurira abantu, haracyumvikanamo akanyamuneza ko kuba iyi nama yari yarababujije amahwemo n\u2019amajyo isubitswe.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu ikubitiro abakora umwuga wo gutwara abantu kuri za moto, kimwe n\u2019abacuruza bagenda (abazunguzayi), ni bamwe mu bagaragaza ibyishimo, kuko bari basigaye bafatwa umusubizo, nta gisobano nta mpamvu, bakajya gufungwa kandi ntibakorerwe amadosiye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abazunguzayi basanzwe bahura n\u2019aka kaga, kuko Leta y\u2019u Rwanda ibafata nk\u2019inzererezi cyangwa abandi bose yita umwanda mu gihe cy\u2019inama mpuzamahanga, bakirukanwa mu mujyi, abatindiganije\u00a0 (batagira aho bataha mu ntara) bagafungwa bakazarekurwa inama zarangiye.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Mu gutegura CHOGAM, ba bazunguzayi bafatwaga kimwe n\u2019indaya, Mayibobo, inzererezi, bose bagashyirwa mu gatebo kamwe, bagafungwa. Banahamagawe kenshi babeshywa ngo bagiye kwandikwa bazahabwe inkunga yo kwihangira imirimo mbere y\u2019itangira rya CHOGAM ariko abatari bake mu bagiye kwiyandikisha ntibatashye, kuko bahise babakukumba.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Ibi byabaye mu turere twose tugize umujyi wa Kigali (Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge) ariko abagiye bakusanywa bagafungwa, ahanini bakaba abatuye hafi y\u2019imihanda migari cyangwa mu nsisiro (centers). Mu ikubitiro I Remera hafi ya Giporoso ugana Kabeza, ahazwi nka Cooridor hasenywe inzu nyinshi, ngo ni akajagari, hagamijwe kwirukana abasore n\u2019abakobwa bari bahatuye babeshejweho n\u2019imirimo ya Nyakabyizi cyangwa gutega indege (aho bategerereza abakiliya bubakisha, cyangwa b\u2019izindi serivisi ziciriritse).<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Aba Motari nabo ntibari borohewe, kuko gahunda yo kugabanya Moto ziri muri Kigali yari ikomeje gushyirwamo imbaraga nyinshi cyane, ku rwego rwo kuba abaduhaye amakuru batangaza ko izari zimaze gufatwa zikabakaba ibihumbi bibiri, kandi ntibanabwirwe igihe bazazisubirizwa, ndetse n\u2019abishyuraga amande y\u2019ibihano bakaba batazisubizwaga.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Aba motari rero bari bafunze umwuka bategereje kuzasubizwa moto zabo CHOGAM irangiye, ubu noneho baramwenyura kuko ngo bizeye ko bari buzihabwe vuba, mu gihe icyabakangaranyaga kitagihari.<\/p>\n\n\n\n<p class=\"wp-block-paragraph\">Abantu bake cyane basanzwe barangwa no gufana igikozwe na Leta icyo ari cyo cyose batitaye ku ngaruka zacyo, nibo bonyine bakiri kwijujuta ngo Kuki CHOGAM yongeye kwimurwa, ariko Abanyarwanda benshi muri rusange, by\u2019umwihariko Abanyakigali, bo banejejwe no kubona agahenge.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Frank Steven Ruta Hashize iminsi ine hamenyakanye icyemezo cyo gusubika Inama Mpuzamahanga y\u2019Ibihugu bikoresha ururimi rw\u2019Icyongereza (Commonwealth Summit ) yagombaga kubera i Kigali, kugeza ubu mu biganiro ahahurira abantu, haracyumvikanamo akanyamuneza ko kuba iyi nama yari yarababujije amahwemo n\u2019amajyo isubitswe. Mu ikubitiro abakora umwuga wo gutwara abantu kuri za moto, kimwe n\u2019abacuruza bagenda [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":41149,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[36],"tags":[],"class_list":["post-41181","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-umuturage"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Frank Steven Ruta Hashize iminsi ine hamenyakanye icyemezo cyo gusubika Inama Mpuzamahanga y\u2019Ibihugu bikoresha ururimi rw\u2019Icyongereza (Commonwealth Summit ) yagombaga kubera i Kigali, kugeza ubu mu biganiro ahahurira abantu, haracyumvikanamo akanyamuneza ko kuba iyi nama yari yarababujije amahwemo n\u2019amajyo isubitswe. Mu ikubitiro abakora umwuga wo gutwara abantu kuri za moto, kimwe n\u2019abacuruza bagenda [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-05-12T07:24:03+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2021-05-12T07:24:27+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/05\/Scotland-Kagame.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1024\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"831\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura\",\"datePublished\":\"2021-05-12T07:24:03+00:00\",\"dateModified\":\"2021-05-12T07:24:27+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/\"},\"wordCount\":348,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/05\\\/Scotland-Kagame.jpg\",\"articleSection\":[\"Umuturage\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/\",\"name\":\"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/05\\\/Scotland-Kagame.jpg\",\"datePublished\":\"2021-05-12T07:24:03+00:00\",\"dateModified\":\"2021-05-12T07:24:27+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/05\\\/Scotland-Kagame.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/05\\\/Scotland-Kagame.jpg\",\"width\":1024,\"height\":831,\"caption\":\"Perezida Kagame n'umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland ubwo yari mu ruzinduko i Kigali\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Frank Steven Ruta Hashize iminsi ine hamenyakanye icyemezo cyo gusubika Inama Mpuzamahanga y\u2019Ibihugu bikoresha ururimi rw\u2019Icyongereza (Commonwealth Summit ) yagombaga kubera i Kigali, kugeza ubu mu biganiro ahahurira abantu, haracyumvikanamo akanyamuneza ko kuba iyi nama yari yarababujije amahwemo n\u2019amajyo isubitswe. Mu ikubitiro abakora umwuga wo gutwara abantu kuri za moto, kimwe n\u2019abacuruza bagenda [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-05-12T07:24:03+00:00","article_modified_time":"2021-05-12T07:24:27+00:00","og_image":[{"width":1024,"height":831,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/05\/Scotland-Kagame.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura","datePublished":"2021-05-12T07:24:03+00:00","dateModified":"2021-05-12T07:24:27+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/"},"wordCount":348,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/05\/Scotland-Kagame.jpg","articleSection":["Umuturage"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/","name":"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/05\/Scotland-Kagame.jpg","datePublished":"2021-05-12T07:24:03+00:00","dateModified":"2021-05-12T07:24:27+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/05\/Scotland-Kagame.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/05\/Scotland-Kagame.jpg","width":1024,"height":831,"caption":"Perezida Kagame n'umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland ubwo yari mu ruzinduko i Kigali"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kigali-abarenganywaga-ku-bwimyiteguro-ya-chogam-ubu-baramwenyura\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Kigali: Abarenganywaga ku bw\u2019imyiteguro ya CHOGAM ubu baramwenyura"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/41181","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=41181"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/41181\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":41182,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/41181\/revisions\/41182"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/41149"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=41181"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=41181"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=41181"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}