{"id":4231,"date":"2013-10-19T20:44:46","date_gmt":"2013-10-19T18:44:46","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=4231"},"modified":"2013-10-19T20:44:46","modified_gmt":"2013-10-19T18:44:46","slug":"rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/","title":{"rendered":"Rwanda:Ishyaka PDI rikomeje gusaba ko Perezida Kagame yemererwa kongera kwiyamamaza"},"content":{"rendered":"<p>Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi, PDI, rikomeje gusaba ko Itegeko Nshinga rya Repubulika ryavugururwa kugira ngo Perezida Paul Kagame azabashe kongera kwiyamamariza kuyobora igihugu mu 2017, ubwo manda ebyiri yemerewe zizaba zirangiye.<!--more--><\/p>\n<p>Nyuma yo gutorerwa kuba Perezida wungirije ushinzwe imari n\u2019abakozi mu Nteko Ishinga Amategeko, Mukama Abbas yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe ko ishyaka rya \u00a0PDI abereye Perezida wungirije rigishikamye ku gitekerezo cyaryo cyo gukomeza kumvikanisha ko ingingo zo mu Itegeko Nshinga zigena umubare ntarengwa wa manda Umukuru w\u2019\u2019Igihugu yemerewe ndetse n\u2019imyaka ya buri manda, zigomba kuvugururwa kuko zitakijyanye n\u2019igihe.<\/p>\n<p>Mukama Abbas avuga ko ku bwe abona manda ebyiri Perezida Kagame ayoboye u Rwanda ari inzibacyuho, bityo bikaba bikwiye ko yongera kwiyamamaza kuko Abanyarwanda bagikeneye ko abayobora.<\/p>\n<p>Mukama Abbas yagize ati\u00a0&#8220;Itegeko Nshinga rikwiye guhinduka Perezida Kagame Paul akongera akayobora \u00a0u Rwanda, cyane ko bitabonwa na PDI gusa, kuko n\u2019abaturage bonyine barabibona buri gihe, bahora babibumusa kandi niyo demokarasi nyayo. Abanyarwanda ntidukwiye kwihambira kandi dufite uburenganzira na demokarasi&#8221;<\/p>\n<p>Mukama Abbas yashimangiraga ibikubiye mu ibaruwa PDI yandikiye abayobozi b\u2019imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, kuwa 9 Ukwakira 2010, aho hanahawe kopi Perezidansi ya Repubulika, Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, Minisitiri w\u2019Intebe na Minisitiri w\u2019Ubutegetsi bw\u2019Igihugu.<\/p>\n<p><strong>Kuki Itegeko Nshinga rigomba kuvugururwa?<\/strong><\/p>\n<p>Mu mpamvu zitangwa n\u2019iri shyaka ryifuza ko habaho referendumu (kamarampaka) ngo ibijyanye na manda za Perezida wa Repubulika bisubirwemo, ku kijyanye no kugabanya imyaka ya manda ikava kuri irindwi ikaba itanu, ni uko\u00a0&#8220;nyuma y\u2019umwaka wa 2017 hazaba harangiye manda ebyiri igihugu kivuye mu nzibacyuho ku buryo cyakoresha amatora ya Perezida buri myaka itanu&#8221;<\/p>\n<p>Nk\u2019uko bigaragara mu mwanzuro wafashwe n\u2019abadepite ba PDI iki kinyamakuru gifitiye kopi,&#8221;imyaka 14 nyuma y\u2019inzibacyuho igihugu kizaba kimaze no kugira umisingi ufatika kuri buri nkingi y\u2019ubuzima bw\u2019igihugu ku buryo uwayobora nyuma y\u2019iyo myaka adakeneye igihe kirekire nk\u2019icyari gikenewe muri manda za mbere (z\u2019imyaka irindwi irindwi) zakurikiye inzibacyuho&#8221;.<\/p>\n<p>Ku bijyanye no kwemerera uwari Perezida wa Repubulika wayoboye manda ebyiri kongera guhatanira uwo mwanya, ishyaka rya PDI rishingiye ku ngingo ya mbere y\u2019Itegeko \u00a0Nshinga ivuga ko&#8221;Ishingiro rya Repubulika ari ubutegetsi bwa rubanda, butangwa na rubanda kandi bukorera rubanda&#8221;, ngo risanga\u00a0&#8220;kugira indi ngingo ibuza rubanda kwihitiramo uwo bashaka wujuje ibisabwa agakumirwa n\u2019uko yabaye Perezida manda ebyiri, byaba ari ukunyuranya n\u2019amahame remezo ya demokarasi&#8221;<\/p>\n<p>Ishyaka rya PDI rivuga ko guhindura Itegeko Nshinga kubera izi mpamvu bitaba bibaye agashya k\u2019u Rwanda kuko hari n\u2019ibindi bihugu ndetse byateye imbere nk\u2019Ubudage, Ubufaransa, Portugal, Ubutaliyani, Ubwongereza, Isirayeli, Ububiligi, Turukiya, n\u2019ibindi, byagiye bikora nk\u2019ibyo PDI isaba ko byakorwa.<\/p>\n<p>Iri shyaka rikuriwe na Minisitiri w\u2019Umutekano, Sheikh Mussa Fazil Harelimana, ryemara kandi ko&#8221;abaturage b\u2019u Rwanda nabo bamaze kumenya kwitorera no kwivaniraho abayobozi muri Demokarasi&#8221;.<\/p>\n<p>Parti Ideal Democrate &#8220;PDI\u201d rinasanga kandi\u00a0&#8220;gahunda ziri mu burezi no mu bukangurambaga mu burere mboneragihugu zizatuma mu matora ya 2017 abenshi batora bazaba bajijutse kurusha ab\u2019iki gihe, generation y\u2019abize muri Nine Years Basic Education (Uburezi bw\u2019ibanze bw\u2019imyaka icyenda) izaba yaratangiye gutora ndetse n\u2019imyumvire y\u2019abaturage muri rusange izaba ari myiza cyane ku buryo bakwigirira icyizere cyo kwihitiramo uwo bifuza aho kwifashisha itegeko ngo rigire uwo rikumira&#8221;.<\/p>\n<p><strong>Richard Ruhimbana<\/strong><\/p>\n<p>Source: izuba rirashe<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi, PDI, rikomeje gusaba ko Itegeko Nshinga rya Repubulika ryavugururwa kugira ngo Perezida Paul Kagame azabashe kongera kwiyamamariza kuyobora igihugu mu 2017, ubwo manda ebyiri yemerewe zizaba zirangiye.<\/p>\n","protected":false},"author":4,"featured_media":4232,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[64],"tags":[],"class_list":["post-4231","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Rwanda:Ishyaka PDI rikomeje gusaba ko Perezida Kagame yemererwa kongera kwiyamamaza - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Rwanda:Ishyaka PDI rikomeje gusaba ko Perezida Kagame yemererwa kongera kwiyamamaza - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi, PDI, rikomeje gusaba ko Itegeko Nshinga rya Repubulika ryavugururwa kugira ngo Perezida Paul Kagame azabashe kongera kwiyamamariza kuyobora igihugu mu 2017, ubwo manda ebyiri yemerewe zizaba zirangiye.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2013-10-19T18:44:46+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwandan\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwandan\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/\",\"name\":\"Rwanda:Ishyaka PDI rikomeje gusaba ko Perezida Kagame yemererwa kongera kwiyamamaza - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2013-10-19T18:44:46+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":643,\"height\":300},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Rwanda:Ishyaka PDI rikomeje gusaba ko Perezida Kagame yemererwa kongera kwiyamamaza\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461\",\"name\":\"therwandan\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwandan\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwandan\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Rwanda:Ishyaka PDI rikomeje gusaba ko Perezida Kagame yemererwa kongera kwiyamamaza - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Rwanda:Ishyaka PDI rikomeje gusaba ko Perezida Kagame yemererwa kongera kwiyamamaza - Umunyarwanda","og_description":"Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi, PDI, rikomeje gusaba ko Itegeko Nshinga rya Repubulika ryavugururwa kugira ngo Perezida Paul Kagame azabashe kongera kwiyamamariza kuyobora igihugu mu 2017, ubwo manda ebyiri yemerewe zizaba zirangiye.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2013-10-19T18:44:46+00:00","author":"therwandan","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwandan","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/","name":"Rwanda:Ishyaka PDI rikomeje gusaba ko Perezida Kagame yemererwa kongera kwiyamamaza - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2013-10-19T18:44:46+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":643,"height":300},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/rwandaishyaka-pdi-rikomeje-gusaba-ko-perezida-kagame-yemererwa-kongera-kwiyamamaza\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Rwanda:Ishyaka PDI rikomeje gusaba ko Perezida Kagame yemererwa kongera kwiyamamaza"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/f78fe217cd1154482ef5e1ef50e49461","name":"therwandan","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/06bc5c65a45f58d7f849b8ffeadbcbead2f01f93f9e0bd2308e424ed1a6be18c?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwandan"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwandan\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4231","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/4"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=4231"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/4231\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=4231"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=4231"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=4231"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}