{"id":42503,"date":"2021-07-29T23:47:26","date_gmt":"2021-07-29T21:47:26","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=42503"},"modified":"2021-07-29T23:47:26","modified_gmt":"2021-07-29T21:47:26","slug":"u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/","title":{"rendered":"U RWANDA MURI MOZAMBIQUE: IBIMENYETSO BY\u2019INTAMBARA Y\u2019IGIHE KIREKIRE, Y\u2019IBIKORWA BYA KINYAMASWA,\u00a0 NO KUZASHYAMIRANA N\u2019INGABO Z\u2019IBIHUGU BYA SADC."},"content":{"rendered":"<p>Yanditswe na<b> Albert MUSHABIZI<\/b><\/p>\n<p>Kwitiranya KAGAME n\u2019u Rwanda, byahoze ari ugucyaha; kuba uwo mugabo asigaye aruta igihugu yahwanishwaga nacyo, ntibigishidikanywaho! Mu gihe zimwe mu nkotanyi zo mu nda y\u2019ingoma zari zitangiye kuva mu bitotsi, zirabutswe ko inzozi za KAGAME zitandukanye n\u2019umuyobozi w\u2019inyeshyamba ukarishye, kandi wuje ubugome ngo abashe kugera ku ntego; nibwo twabonye ibihinda mu myaka ya za 2000. Ibi byahindanye Prezida Pasiteri BIZIMUNGU, avanwa mu nzira, abanza kunyuzwa mu gihome, ngo azavemo yize ko ari Inkotanyi itareshya n\u2019izindi \u2013aka wa mugani wa Bamporiki wasaze akagwa ku ijambo-. Ni uko BIZIMUNGU atozwa ikiruhuko cya burundu, gisa na rya ruhuko ridashira ryifurizwa abatabarutse!<\/p>\n<p>Aho niho Prezida KAGAME yatsinze icy\u2019umutwe, Inkotanyi zashoboraga kumuvuga imbere, ziba zeretswe igihandure; tubona inkotanyi nka Generali KAYUMBA NYAMWASA yoherezwa gukarishya ubwenge \u2013hatitawe ko yari imwe mu nkotanyi nke zaminuje iyo mu gicumbi cy\u2019intiti cya Uganda; ahazwi nko muri Kaminuza ya Makerere-. Ni koko yoherejwe mu Bwongereza, aho yavuye akurwa hambavu y\u2019ingoma, ngo hato atazayikubaganira, acirirwa kure; iyo isi iterwa inkingi\u2026 iyo mu Buhinde, avayo agana iy\u2019ubuhungiro. Tubona zibyara amahari; inkotanyi nka Colonel Patrick KAREGEYA yerekezwa mu gihome, ngo yigishwe ko uwo ageza kurya isataburenge atari mugenzi we, aho yavuye ahabwa ibiro bitagira inshingano, ngo acungirwemo, ahava yerekeza iy\u2019ubuhungiro!<\/p>\n<p>Muri ibyo bihe; ubwo Inkotanyi mu iz\u2019ibanze zahingwagamo ubudehe, umwiryane wa bucece mu nda y\u2019ingoma wakomeje kurikoroza, abacibwa baracibwa, abandi barekerwa mu byimbo bakihacungiwe ku jisho rikanuye kandi ridahuga, mu gihe bagitegurirwa ibirungo\u2026 Naho abandi berekezwa udutebe twa burundu, bazindukirizwa ikiruhuko mu mirimo ya gisirikari, bishingikirazagaho amashagaga\u2026<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>Nibwo KAGAME yari akiruma ahuha adakinduririraho, byo kutizera guhamya ibirenge mu byimbo mu bwami bushya\u2026 Nyamara ntibyaretse kuba<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>aka wa mugani, ko uwica imbeba atababarira n\u2019ihaka; ku nkotanyi z\u2019inyigakurunga : barahunga ba<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>Joseph KABUYE SEBARENZI, barakindurwa ba Assiel KABERA, bakenderezwa umukamo ba Tribert AYABATWA RUJUGIRO,<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>bari basanzwe bagororerwa ko baremeye Inkotanyi zikiri ku itabaro\u2026<\/p>\n<p>Ubwo KAGAME yahereye aho akomeza ubwami bushya, ari nako ba Mpatsibihugu bamubonamo umwambari uhamye; utwaye igihugu mu kwaha, mu gihugu kitagira urwego na rumwe rwamukoma imbere. Umunyagihugu ugerageje kubibona ukundi mu buryo ubwo ari bwo bwose, agacecekesherezwa mu gihome, ku gatebe gashyigikijwe ubworo, mu kwangara cyangwa guhotorwa\u2026 KAGAME ufite inzego z\u2019igihugu n\u2019abaturage mu nsi y\u2019ikirenge; yari imbonekarimwe mu bakuru b\u2019igihugu b\u2019Abanyagitugu, babasha gukinishwa imikino rurangiza, yo kuyogoza ibice bimwe by\u2019Isi, bigitsikamiriwe mu bukene bw\u2019akarande, imikino yagora abandi banyagitugu bagitewe icyugazi, n\u2019ubwisanzure runaka bw\u2019inzego z\u2019igihugu, n\u2019abanyagihugu babasha kuzamura ijwi muri opozisiyo, imiryango ya sosiyete sivile, n\u2019itangazamakuru ry\u2019imbere mu gihugu ryigenga\u2026<\/p>\n<p>Imikino ya vuba aha hagati ya Prezida KAGAME na ba Mpatsibihugu b\u2019u Burengerazuba; yari imaze iminsi ishobeye benshi, ubu iragenda itamurukira buri wese ! KAGAME mu mwambaro w\u2019u Rwanda rumudodeweho, umunywanyi w\u2019akadasohoka w\u2019u Bufransa mu minsi ya none; mu gihe ibihugu byombi bitacanaga uwaka. KAGAME mu mikino nshoberamahanga, yo kudurumbanya ibihugu by\u2019abaturanyi\u2026 KAGAME kwirukanwa muri Kongo, ahari umushinga muremure w\u2019ibyihebe ngo u Bufransa bucukure Petiroli bwisanzuye \u2013Petiroli mu Ikiyaga cya Albert, yitirirwa Uganda, kandi inyinshi iri ku ruhande rwa Kongo-, KAGAME akoherezwa muri Mozambique gusegasira umushinga muremure w\u2019ibyihebe ahavomwa gazi n\u2019Abafransa! Iryo cenga ryo kwirukana KAGAME, hambavu y\u2019inyungu z\u2019Abafransa muri Kongo-Kinshasa, ajya gusegasira inyungu zabo muri Mozambique, akanajyanwa kurinda umukuru w\u2019igihugu uhabanya n\u2019inyungu z\u2019Abafransa, mu gihugu cy\u2019Afrika yo Hagati\u2026 Uyu ni umuvuno wa ba Mpatsibihugu b\u2019u Burengerazuba ukenekanye ubuhanga buhanitse !!<\/p>\n<p><b>Umubare w\u2019ingabo zitangazwa n\u2019u Rwanda ko rwohereje muri Mozambique ushobora kuba uri hasi cyane y\u2019umubare nyakuri !<\/b><\/p>\n<p>Ingabo z\u2019u Rwanda zoherejwe muri Mozambique, byatangajwe ko ubu zishyika ku igihumbi; ni ukuvuga abasirikali 700, n\u2019abapolisi b\u2019inyunganizi 300. Umuyobozi mukuru w\u2019izo ngabo, akaba ari Innocent KABANDANA ufite ipeti rya Generali Majoro ! Iri peti ubwaryo rikaba risobanuye byinshi mu muteguro w\u2019igisirikari! Iri peti rya gisirikali ubundi riyobora abasirikali bari mu rwego rwa \u201cdivision\u201d; bakaba baba hagati y\u201910,000 na 15,000.<\/p>\n<p><span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span>Uwakibwira ko uyu muteguro utubahirizwa mu gisirikali cya RDF, yishingikirije ko gikunze kurangwa n\u2019imico yegereye cyane iya kinyeshyamba, yaba ari kure cyane y\u2019ukuri \u2013dushingiye ku makuru duhabwa n\u2019umuwofisiye watorotse igisirikari cya RDF mu myaka 3 ishize-. Umusirikali nka General Major muri RDF, aherekezwa n\u2019abandi bakoloneri batari hasi ya batatu, nibura n\u2019abamajoro batari hasi y\u20199. Umwe muri aba<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>bamajoro 9, akaba ariwe ukwiye kuyobora<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>ibatayo y\u2019Abasirikari bari hagati ya 600 n\u20191000. Ibi bikaba bisobanuye ko iby\u2019u Rwanda muri Mozambique ari ibindi bindi; bitandukanye kure cyane n\u2019ibitangazwa.<\/p>\n<p>Mu mikorere ya RDF, ku butumwa budahagarariwe n\u2019umuryango mpuzamahanga, tuvuge nk\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye, cyangwa uw\u2019Ubumwe bw\u2019Afrika; ibyo dutangarizwa biba bihabanye kure cyane n\u2019ukuri. Ibyo twatangiye kubona by\u2019uruzinduko rwa Philippe NYUSI, mu Rwanda mu kwezi kwa kane k\u2019uyu mwaka, aje kwitabaza u Rwanda; byari ikinamico yo gutangira gushyira hanze amabanga yari amaze igihe kirekire apfundikanywa. Ibi bikaba bisobanuye ko mu mikorere ya RDF, byaba bidatangaje cyane, byaratangajwe ko berekejeyo; nyamara ababanjirijeyo bamazeyo igihe kitari gito, twagereranya nk\u2019imyaka ibiri kujyana hejuru, mu buryo bwa kinyeshyamba. Ibi bikaba bisobanuye ko inyeshyamba zigereranywa n\u2019ibyihebe, muri Mozambique, zimaze imyaka zirikoroza; nta gitangaza ko zaba zirimo akaboko ka RDF y\u2019u Rwanda. Imikino u Rwanda rumaze ibihe rukinira mu burasirazuba bwa RDC\/DRC; ikaba ariyo ndorerwamo yo kugenekereza ibi, byo kuba hari umubare w\u2019ingabo zitazwi, waba umaze igihe muri Mozambique, kandi wenda zizakomeza no kwiyongerayo rwihishwa, kongera umubare n\u2019ibikorwa byo mu bwihisho.<\/p>\n<p>Ikindi kimenyetso simusiga kigaragaza ubwinshi bw\u2019ingabo za RDF muri Mozambique; ni ariya mayeri yo kubeshya ko u Rwanda ari rwo ruzishyura ibizagenda byose ku ngabo rwohereje muri Mozambique \u2013ibidashoboka mu buryo ubwo ari bwo bwose-; nk\u2019uko umuvugizi wa RDF, <a href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-57937162.amp\">Colonel Ronald RWIVANGA yabitangarije BBC mu nkuru dusoma ku rubuga bwite rwa BBC-Gahuza<\/a> \u00a0Ibi bikaba bigamije guhisha amakuru y\u2019ibarurishamibare (statistics); ryo mu mutungo ugenerwa ibikorwa by\u2019ingabo, ibizwi nka \u201clogistique\/logistics\u201d mu ndimi z\u2019amahanga; byari gutuma hagira amakuru asohoka ku mubare w\u2019ingabo z\u2019u Rwanda, n\u2019amakuru ku bikorwa bya gisirikari \u201coperations\u201d, bituma hamenyekana aho zinyanyagiye, ibyo zikora, abo zikorana nabo\u2026 Na none iki kinyoma kikaba gishingiye ko, ibihugu bya SADC bizatabara muri Mozambique aribyo biba bigomba kwirihira ibikenewe byose; u Rwanda rushobora kuba rufashwa n\u2019u Bufransa muri uyu mukino, nta shiti ko narwo rugomba kubeshya nkana, ko ruzimenya ku kiguzi cy\u2019iyi ntambara.<\/p>\n<p>Birashoboka ko General Majoro Innocent KABANDANA, azayobora ibikorwa by\u2019imitwe myinshi y\u2019ingabo, irimo n\u2019uriya w\u2019ingabo igihumbi uzwi. Amayeri yo gukora imitwe myinshi no kuyihanganisha, mu nyungu z\u2019ubujura bw\u2019umutungo kamere; u Rwanda rukaba rubifitemo uburambe bukomora mu Burasirazuba bwa RDC\/DRC, nk\u2019uko tubimurikirwa n\u2019igitabo cya Boniface MUSAVULI, yise \u201c<i>Les Massacres de Beni, Kabila, le Rwanda et les Faux Islamistes<\/i>\u201d. Iyi mitwe iba irimo abayobozi n\u2019abaterankunga bake cyane, basobanukiwe uko umukino uteye; mu gihe abandi basigaye baba batwawe buhumyi, ku nyungu n\u2019impamvu z\u2019ubujiji gusa, bakagira ishyaka ryo kumena amaraso y\u2019abo basangiye gakondo. Maze umutungo kamere ukibwa mu buryo bunogeye ba nyir\u2019umukino, ibyinshi bikagenda mu buryo butazwi, ibigiye mu buryo buzwi nabyo bikagurwa urumiya; k\u2019ubwo kuba biboneka mu buryo buruhije cyane, bwagereranywa n\u2019indya-nkurye.<\/p>\n<p><b>Ubufatanye bw\u2019u Rwanda na Mozambique mu ibyo guhungabanya umutekano!<\/b><\/p>\n<p>Kuwa 28 Mata 2021 Prezida NYUSI yaje mu Rwanda, mu rugendo rwiswe urwo gutsura umubano, no gusaba u Rwanda gufasha Mozambique guhashya imitwe y\u2019iterabwoba, iyogoje amajyaruguru y\u2019igihugu. Twibutse ko ariko atari rwo rugendo rwa mbere NYUSI yari agiriye mu Rwanda, kubera ko no kuwa 20 Nyakanga 2018 yari yahazindukiye, hagasinywa amasezerano atanu yari agamije ubuhahirane no gusaranganya ubumenyi, <a href=\"https:\/\/www.ktpress.rw\/2018\/07\/rwanda-mozambique-sign-trade-skills-exchange-agreements\/\">nk\u2019uko tubisoma ku rubuga rwa ktpress.rw<\/a> . Aya masezerano akaba akekwa ko ariryo tangiriro ry\u2019akaboko k\u2019u Rwanda, mu ntambara ziyogoza amajyaruguru ya Mozambique, aka gace kuva icyo gihe kakaba kari kamaze umwaka urengaho gake, karimo ubushyamirane bushobora kuba bugamije inyungu za ba mpatsibihugu, mu kuvoma umutungo kamere binyuze mu masezerano y\u2019ubuhahirane, bwambitswe amayeri y\u2019ubujura kabuhariwe, nk\u2019uko bikorwa n\u2019ahandi mu bihugu bikennye.<\/p>\n<p>Ishingiro ryo gukeka ko aya masezerano yo kuwa 20 Nyakanga 2018, yari yiyubikije andi ataratangajwe; ni ukuba ibyazinduye Prezida NYUSI kuwa 28 Mata 2021, bidakubiye muri ayo masezerano. Mu masezerano 5 yashyizweho umukono, nta butwererane mu iby\u2019umutekano no gutabarana byarangwagamo. Ibyari bikubiyemo byagarukiraga gusa ku bucuruzi n\u2019ishoramari, ingendo z\u2019indege, ibijyanye na \u201cvisas\u201d z\u2019abadiplomate, guhana ubumenyi muri siyansi n\u2019ikoranabuhanga n\u2019amahugurwa, no gufungura za ambasade. Nyamara iyo urebye ibikorwa byaranze ambasade y\u2019u Rwanda i Maputo, birimo kwica impunzi zitwa abanzi b\u2019u Rwanda, gushimuta, guhuza ibikorwa by\u2019urugomo rugamije guhotora abitwa abanzi ba Kigali, n\u2019ubutasi mu bihugu bya SADC; usanga byanga bikunda hariho ubundi bwumvikane bw\u2019ibanga, hagati ya KAGAME na NYUSI bwashyigikiraga ibyo bikorwa byose by\u2019imbonekarimwe, ku gihugu kibikorera mu kindi gifite ubwigenge n\u2019ubusugire busesuye.<\/p>\n<p>Prezida KAGAME nawe akaba yarabashije gusura Mozambique, kuwa 06 Kanama 2019, mu gihe yitabiraga imihango yo gusinya amasezerano y\u2019Amahoro, hagati y\u2019Amashyaka akomeye mu gihugu cya Mozambique, ariyo FRELIMO riri ku butegetsi, na RENAMO ryahanganye mu ntambara z\u2019urudaca kuva muri za 1975. Uru rugendo rwa KAGAME i Maputo, rukaba rwarakangaranyije impunzi n\u2019impirimbanyi zitumva ibintu mu murongo wa Kigali; nk\u2019<a href=\"https:\/\/rpfgakwerere.org\/2019\/08\/06\/how-does-the-brain-of-the-enclaves-brutal-dictator-rotate-criminal-paul-kagame-in-mozambique\/\">uko tubisoma ku rubuga rw\u2019imwe mu mpirimbanyi rwa rpfgakwerere.org<\/a>. Izo mpungenge ntizari ku busa, kubera ko kuwa 26 Kanama 2019, iminsi 20 gusa KAGAME akubutse muri Mozambique; amakimbirane yo kurwanira ubuyobozi hagati y\u2019intore zibarizwa mu muryango wa Diaspora, yacuze inkumbi, Louis BAZIGA wari uwuyoboye akaraswa urufaya rw\u2019amasasu.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019aya masezerano, mu mwaka wakurikiyeho wa 2019, habayeho gufungura ambasade y\u2019u Rwanda i Maputo, maze hoherezwayo mu buryo butunguranye, Ambasaderi Claude NIKOBISANZWE, umwicanyi kabombo wari warirukanywe na Afrika y\u2019Epfo, nk\u2019umudiplomate wagize uruhare mu bikorwa, bihungabanya umutekano w\u2019igihugu, bigamije ubutasi no guhigira guhotora impunzi z\u2019Abanyarwanda, ziri ku butaka bw\u2019icyo gihugu. Ibi ubwabyo, bikaba byari bifite ubutumwa bw\u2019agasuzuguro ku gihugu gituranyi na Mozambique, cya Afrika y\u2019Epfo. Kuba Mozambique nayo yaremeye umudiplomate, wirukaniwe guhungabanya umutekano w\u2019igihugu gituranyi, nka Ambasaderi w\u2019igihugu cy\u2019iyo gihera; bigaragaza ko bitabaye ukwibeshya, ahubwo ari uko yemeranywaga n\u2019u Rwanda, kuri ubwo butumwa bw\u2019agasuzuguro, bwagombaga guhabwa Afrika y\u2019Epfo.<\/p>\n<p>Kuva aho NIKOBISANZWE agereye i Maputo, igihugu cya Mozambique cyahinduwe indiri, cyangwa se icyicaro gikuru cy\u2019intasi n\u2019abahotozi b\u2019u Rwanda; badurumbanya impunzi zahungiye ubutegetsi bwa Kigali, mu bihugu by\u2019Amajyepfo ya Afrika. Ubwisanzure bw\u2019izi ntasi n\u2019abicanyi, bwacaga amarenga, ko u Rwanda na Mozambique byaba bifitanye amasezerano y\u2019ibanga, kubigendanye no guhungabanya umutekano, waba uw\u2019Abanyarwanda b\u2019impunzi mu bihugu bya SADC, ndetse n\u2019AbanyaMozambique mu nyungu runaka za politiki \u2013kurema imitwe y\u2019abaterabwoba-; nk\u2019uko tuza kubibona mu nyangingo iribukurikire.<\/p>\n<p>Ubu bwisanzure bukaba butarasiganye no kurema umutwe w\u2019intore z\u2019inkotanyi, -zisanzwe zizwi nk\u2019imiryango ya diaspora aho bakorera ku isi yose-, mu gihugu cya Mozambique; ibitarabuzemo amakimbirane yatumaga n\u2019izo ntore, zikorwamo zigahotorwa na ba shebuja, nk\u2019uko byagendekeye Louis BAZIGA wari umukuru wazo, kuwa 26 Kanama 2019. Uguhotora Louis BAZIGA gushingiye ku mwiryane wari hagati mu ntore zo muri Mozambique, zarwaniraga ubuyobozi, no kuba yaragombaga kwikizwa kubwo kuba yari azi amabanga menshi, ubwo Ambasaderi NIKOBISANZWE yari atarahagera; <a href=\"https:\/\/rpfgakwerere.org\/2019\/08\/26\/dmi-operatives-led-by-well-known-assassin-lt-col-francis-gakwerere-assassinates-their-chief-operative-in-maputo-in-a-power-struggle-within-operatives-living-in-mozambique\/\">nk\u2019uko tubisoma na none ku rubuga rwa rpfgakwerere.org<\/a>.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Mu minsi mike ishize na none, kuwa 22 Gicurasi 2021, Umunyamakuru wari ukunze kunenga Leta ya Kigali, kandi akaba yaratorotse uburoko bw\u2019akamama, Cassien NTAMUHANGA, akaba yarashimuswe, na magingo aya; akaba akiburiwe irengero. U Rwanda rwikorera ibyo rushaka, mu gihugu cya Mozambique, wagira ngo ntikigira ubwigenge n\u2019ubusugire; rukaba rwaraketswe na benshi kuba ari rwo rwakoze iki gikorwa kigayitse.<\/p>\n<p>Kuba u Rwanda hari icyo rwari ruhugiyeho muri Mozambique, muri iyi myaka itatu ibanziriza kujyayo ku mugaragaro kandi; bisobanurwa n\u2019amakimbirane Mozambique itahwemye kugirana na Leta y\u2019Afrika y\u2019Epfo, muri iki kibazo cy\u2019imitwe y\u2019ibyihebe ibarizwa mu Amajyaruguru ya Mozambique. Mozambique ikaba yarahanuye utudege tutagira abapilote twa Afrika y\u2019Epfo; twagenzuraga imiterere y\u2019imitwe yiswe iy\u2019iterabwoba ikorera muri Cabo Delgado. U Rwanda kandi rufite uburambe mu gukora imitwe ishyamiranye, yose ihanganye kandi imena amaraso, ku nyungu abayigize bataba basobanukiwe neza, cyane ko iba irimo abayikomeyemo n\u2019abaterankunga basobanukiwe neza umukino; naho abarwanyi n\u2019abashyigikira basigaye bakagendera mu kigare, cy\u2019inyungu z\u2019ubuhumyi, zigarukira gusa kugusesa amaraso y\u2019abasangiye gakondo.<\/p>\n<p>Ikindi kigaragaza ko ingabo z\u2019u Rwanda RDF zimenyeranye n\u2019iza Mozambique, zishobora kuba zimaranye igihe cy\u2019imyaka mu gukeneka ibyo tubona muri Cabo Delgado; ni ibigwi bikomeje kwigambwa n\u2019ingabo zombi, <a href=\"https:\/\/zitamar.com\/rwandan-forces-kill-26-insurgents-in-muidumbe\/\">nk\u2019uko tubisoma mu nkuru ku rubuga rwa zitamar.com<\/a> n\u2019inkuru <a href=\"https:\/\/clubofmozambique.com\/news\/mozambican-and-rwandan-forces-overrun-terrorist-base-aim-report-197662\">ku rubuga rwa clubofmozambique.com<\/a>. Ibi bigwi bikubiyemo kwigarurira ibirindiro by\u2019imitwe y\u2019iterabwoba, ndetse n\u2019icyerekezo cyo kuyihashya bayicira abarwanyi. Ibi byose bikaba byaba biri mu mugambi wo kwerekana imikoranire myiza y\u2019Ingabo z\u2019u Rwanda n\u2019iza Mozambique; mu buryo bwo kumvikanisha ko iz\u2019u Rwanda ari iz\u2019umumaro ntagereranywa, ku rugero rwo kudashidikanywaho, no kuzishingira igiti bazirutisha iza SADC.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Ingabo za SADC za Afrika y\u2019Epfo na Botswana zimaze kugera Cabo Delgado, birashoboka ko zitazihanganira imivuno yose, zizavumbura ko ihishe inyuma ya RDF gutabara muri Mozambique; iyi niyo izaba intangiriro y\u2019amakimbirane rero, na cyane ko Prezida NYUSI azakomeza gukoresha imbaraga z\u2019ibinyamakuru, n\u2019ijambo rye bwite, gushyigikira no kuvugira RDF. Ibihugu by\u2019u Burengerazuba birangajwe imbere n\u2019u Bufransa, bifite inyungu mu makimbirane yo muri Mozambique, nabyo ntibizabura kuvugira no gushyigikira RDF. Nyamara kandi ibihugu bya SADC bishyigikiwe cyane n\u2019abaturage n\u2019inzego za Mozambique; bishobora kuzakoresha iyi turufu, mu gutobera RDF bitishimiye ko itabara mu karere kayo, iyi nayo ni indi mpamvu y\u2019amakimbirane atazabura, hagati y\u2019ingabo zatabaye hamwe, zitavuga rumwe.<\/p>\n<p>Mu gusoza iyi nyangingo kandi ntitwabura no kwibutsa ko, inararibonye zitagira ibinya mu bikorwa by\u2019ubunyamaswa, arizo zirongoye umutwe w\u2019ingabo z\u2019u Rwanda zoherejwe muri Mozambique. Ibinyamakuru byo muri Mozambique byateye imboni Jeneral Majoro Innocent KABANDANA, ko ari umwicanyi kabuhariwe, wahagarikiye ibikorwa byo guhekura u Rwanda i Kabgayi, aho yaciye umutwe Kiliziya Gatorika, ayihotorera Abasenyeri n\u2019abandi bihaye Imana batagira ingano, akanayobora n\u2019ubundi butumwa bwinshi bugamije ubuhotozi, yatumwe n\u2019u Rwanda imbere no hanze y\u2019igihugu.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>N\u2019ubwo ibi binyamakuru byateye imboni uyu mwicanyi kabuhariwe, bikanamwandikaho nk\u2019ibiteza ubwega; icyo bitamenye ni uko na Chief Supritendent of Police Silas KAREKEZI, ari inararibonye mu bikorwa by\u2019ubunyamaswa, nawe wagororewe kugenda akuriye umutwe w\u2019Abapolisi 300 b\u2019ingobokarugamba, bamwe mu bantu 1000 u Rwanda rwohereje muri Mozambique. Uyu mupolisi akaba afite uburambe mu guhiga Abanyarwanda mu Rwanda no hanze yarwo; ndetse akaba ari nawe wagiye ayoboye itsinda ry\u2019inkozi z\u2019ibibi zateye urugo rw\u2019Impirimbanyi Yvonne IRYAMUGWIZA IDAMANGE, magingo aya ucunagurizwa mu butabera macuri bwa Kigali, nk\u2019uko <a href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/uwayoboye-igitero-kwa-idamange-ni-we-ukuriye-abapolisi-bu-rwanda-muri-mozambique\/\">ikinyamakuru The Rwandan cyabicukumbuye<\/a> <span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p><b>Akavuyo mu Amajyaruguru ya Mozambique ku nyungu za Total y\u2019u Bufransa, Prezida NYUSI, n\u2019ibihugu bizitabira ruriya rugamba harimo n\u2019u Rwanda rwitanguranijwe !<\/b><\/p>\n<p>Nk\u2019uko twabisobanuye mu nyangingo ibanziriza iyi, u Rwanda rugenekerezwa kuba rwaratangiye ibikorwa bya gisirikari mu buryo bw\u2019ibanga muri Mozambique, ubwo rwasinyanaga amasezerano atanu n\u2019icyo gihugu kuwa 20 Nyakanga 2018, nyamara muri aya masezerano nta na rimwe ryarebanaga n\u2019ubutwererane mu iby\u2019umutekano.<\/p>\n<p><span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span>Nk\u2019uko twongeye tukabikomozaho kandi, duhereye ku bikorwa byo kuvogera ubusugire bwa<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>Mozambique, bikozwe n\u2019inzego z\u2019ibanga zo mu Rwanda, ubuhuzabikorwa bukaba muri Ambasade y\u2019u Rwanda i Maputo, byatangiriye aho; bigaragara ko mu masezerano yatangajwe, hariho n\u2019irindi cyangwa se ayandi ataratangajwe, ari nayo Prezida NYUSI yahereyeho aza gusaba u Rwanda, kuwa 28 Mata 2021, kuzana ingabo zarwo ku mugaragaro muri Mozambique. Uku kuzana ingabo z\u2019u Rwanda ku mugaragaro muri Mozambique; bwari ubusabe ku mugaragaro bugamije gutanguranwa n\u2019iza SADC, zari zicyumvikanaho uburyo bwo gutabara muri Mozambique.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Uku gutanguranwa kandi kukaba kunasobanukira neza, ku kuntu Ingabo z\u2019u Rwanda zahise zigaba, zititaye ku mbogamizi zerekanywe na Afrika y\u2019Epfo, nk\u2019igihugu cyari cyashinzwe na SADC kuba umuhuzabikorwa w\u2019umutwe wo gutabara wa SADC, ubuhuzabikorwa iki gihugu cyunganirwaho n\u2019igihugu cya Botswana, nacyo cyamaze kugeza ingabo zacyo muri Mozambique kuwa 26 Nyakanga 2021, <a href=\"https:\/\/clubofmozambique.com\/news\/bostwana-sends-nearly-300-troops-to-mozambique-197578\/\">nk\u2019uko tubitangarizwa n\u2019urubuga rwa Clubofmozambique.com<\/a>. <span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Izi mbogamizi na none zikaba zarerekanywe n\u2019igihugu cya Zimbabwe, Nk\u2019uko tubisoma <a href=\"https:\/\/allafrica.com\/stories\/202107130898.html\">mu nkuru iri ku rubuga rwa allafrica.com<\/a>, cyerekanye ko intambara yo muri Cabo Delgado ari intambara ihenze cyane, kandi igoye kubera ko imitwe y\u2019iterabwoba irwana intambara yo kwihisha, gutungurana n\u2019ubutero-shuma; ibisaba ubushobozi bwinshi cyane, ibikorwa bihenze by\u2019ikoranabuhanga rya none nka za \u201cdrones\u201d, n\u2019intambara yo mu kirere, idasigana n\u2019ubutasi bwo mu rwego rwo hejuru.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>Izi mbogamizi na none, ntizahwemye kugaragazwa n\u2019imiryango iharanira uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu muri Mozambique, Ishyaka rikomeye mu atavuga rumwe n\u2019ubutegetsi rya RENAMO\u2026<\/p>\n<p>Uku gutanguranwa kwa RDF, kukaba kwaba gufite impamvu zikomeye zo gutanguranwa ibirindiro, bitunganiye RDF kuba bagera ku nyungu runaka, no kuba babasha gukora ibikorwa \u201coperations\u201d by\u2019ibanga bihabanye n\u2019ibyabajyanyeyo ku mugaragaro, izindi ngabo zatabaye zitarabutswe. Ibi bikorwa bikaba bitaba kure cyane, yo kwatsa umuriro ujunditse amazi; tugendeye ku ngeso za RDF mu gihugu cya RDC\/DRC, ahaba harakozwe imitwe ihanganye ku nyungu zo guteza akavuyo, ahagomba gusahurwa umutungo kamere. Izi ngeso kandi n\u2019igihugu cy\u2019u Bufransa kikaba cyarazivuzweho mu karere ka Sahel\u2026 aho bivugwa ko ingabo z\u2019u Bufransa ziba ziriyo, zitwa ko zagiye kurwanya iterabwoba, nyamara zifite abayobozi n\u2019abaterankunga b\u2019iyo mitwe y\u2019iterabwoba bakorana nayo, mu rwego rwo gukuza no kurambisha amakimbirane; ngo umutungo kamere wibwe mu mayeri menshi.<\/p>\n<p>Iyo ahavomwa umutungo kamere hari imidugararo, igiciro cyo kuwuvomayo kiba kiri hasi cyane cy\u2019icyakagombye; kandi hakagira igice kinini kiburirwa irengero mu buryo budashobora gukurikiranwa. Nko kuba ubu sosiyete TOTAL yarahagaritse imirimo ku mpamvu zo kubura umutekano; igihombo kizabarwa maze uruhande rutanga isoko arirwo rwa Leta ya Mozambike rugushwemo. Uko kugushwamo kuzabarirwa mu giciro TOTAL yakarishye, urugero-fatizo runaka rwa gazi izavomwa. Ibi bikaba bivuze ko byanga bikunda, aho TOTAL izagarukira, amasezerano yariho agomba kuvugururwa, agahuzwa n\u2019ibihe, hagendewe ku bihombo byatewe n\u2019umutekano muke, ibihombo bizakomeza kubera gukorera ahantu hadatekanye; ibi bikaza buri gihe bitsikamira uruhande rwatanze isoko, arirwo rwa Leta ya Mozambike. Bitabujije ko bigirira inyungu z\u2019umurengera ababiri inyuma ku giti cyabo.<\/p>\n<p><a href=\"https:\/\/issafrica.org\/iss-today\/mozambicans-divided-over-rwandan-deployment\/\">Inkuru dusoma ku rubuga rwa issafrica.org<\/a>, iduhamiriza ko Prezida NYUSI ari muri uyu mukino w\u2019u Rwanda n\u2019u Bufransa, nkawe ku giti cye; cyangwa se n\u2019agatsiko k\u2019abantu bake cyane, batazwi ariko bazi inyungu ziri muri uyu mukino. Muri iyi nkuru bagaragaza ko nyuma y\u2019imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, n\u2019Inteko Ishinga Amategeko yanenze iby\u2019u Rwanda kwitanguranwa muri Cabo Delgado, Ishyaka RENAMO irikomeye mu arwanya ubutegetsi, ryahoze mu ntambara z\u2019ubutitsa n\u2019iriri ku butegetsi rya FRELIMO, ryabyamaganye; mu gihe ishyaka riri ku butegetsi rya FRELIMO ritaragira icyo ribivugaho, gusa rikaba ritaranatangaje ko rishyigikirye umukino wa NYUSI n\u2019u Rwanda, ibitabuze kuba byatera kwibaza byinshi.<\/p>\n<p>Nk\u2019uko tubisoma <a href=\"https:\/\/www.dailymaverick.co.za\/article\/2020-10-22-the-war-in-mozambiques-cabo-delgado-four-scenarios-that-will-potentially-materialise\/amp\/\">mu nkuru y\u2019urubuga rwa dailymaverick.co.za<\/a>\u00a0si gazi ivomwa na total y\u2019u Bufransa iboneka hariya mu gace ka Cabo Delgado yonyine. Ako karere kanakungahaye ku mabuye y\u2019agaciro y\u2019ingeri nyinshi arimo na zahabu, kanakungahaye kandi ku biti byiza bikenerwa n\u2019amahanga. Imikino tubona rero y\u2019ibihugu bihihata, irimo inyungu nyinshi cyane, zigamije kwiba umutungo kamere. U Rwanda kwitanguranwayo, rukaba rwaragiye guhitamo ibirindiro bimeze neza, kandi bizarworohereza kwikorera ubujura bw\u2019umutungo kamere. Abari inyuma y\u2019umutekano muke muri Cabo Delgado, ni abazi uko bazawusaruriramo; mu buryo bwenda gusa n\u2019ibyo tumenyereye mu gihugu cya RDC\/DRC. Imitwe ihari igamije kubangamira Mozambique nka Leta, kugira amasezerano yo mu mucyo ahamye n\u2019abavoma umutungo kamere, ku nyungu zisesuye z\u2019igihugu. Uyu mutekano muke kandi, ushobora kuzafasha Prezida NYUSI, ushobora kuba yaribonye nk\u2019umukandida wa FRELIMO ku mwanya w\u2019umukuru w\u2019igihugu, ku buryo butunguranye kandi bw\u2019amayobera; gukomeza kugundira ubutegetsi, agendeye mu gihu cy\u2019uko muri Mozambique ari ibicika.<\/p>\n<p><b>Gahunda yitwa iy\u2019ubutabazi bw\u2019igihe gito; ishobora kuzaba iy\u2019igihe kirekire kibasha no kuzavamo ubushyamirane n\u2019ibihugu bya SADC, bitaretse no gusubiza Mozambique nk\u2019igihugu mu mwiryane hagati y\u2019abenegihugu !<\/b><\/p>\n<p>Biraca amarenga ko ibyitwa ubutabazi bw\u2019igihe gito, mu ntara ya Cabo Delgado, bishobora kuzabyara amakimbirane y\u2019igihe kirekire; mu nyungu z\u2019abazi neza umukino urimo ukinwa, nk\u2019uko twabikomojeho mu nyangingo dusoje haruguru. Tugendeye <a href=\"https:\/\/issafrica.org\/iss-today\/mozambicans-divided-over-rwandan-deployment\/\">ku nkuru dusoma ku rubuga rwa issafrica.org<\/a>, ntibyaba biri kure cyane y\u2019ukuri, gukeka ko iki kibazo cya Cabo Delgado, gishobora kubyutsa intambara hagati ya RENAMO na FRELIMO, byari bimaze imyaka iyingayinga ibiri bisinye amasezerano y\u2019amahoro yo kurangiza burundu, intambara yari imaze imyaka itari hasi ya 44, dore ko yatangiye mu myaka ya za 1975, amasezerano y\u2019amahoro agasinywa kuwa 06 Kanama 2019. Nk\u2019uko iriya nkuru ikomeza ibitubwira kandi, no hagati mu ishyaka rya FRELIMO, riri ku butegetsi; bishobora kutazaba mahire, bigakurura umwiryane, na cyane ko ibyo Prezida NYUSI arimo bitazwi n\u2019inzego z\u2019ubutegetsi nk\u2019Inteko Ishinga Amategeko, n\u2019ishyaka rye rikaba ritarabiha umugisha n\u2019umunsi wa rimwe.<\/p>\n<p>Ibihugu bya Afrika y\u2019Epfo na Botswana, byamaze kugeza imutwe y\u2019ingabo zitabaye muri Mozambique, kuwa 21 na 26 Nyakanga 2021. Ibi bihugu cyo kimwe n\u2019ibindi byo muri SADC, bizirihira igiciro cyose cy\u2019ibizagenda ku ngabo zabyo. Ibi by\u2019uko ibihugu byose bizitabira gutabara, bizirihira uburyo buzagenda ku ngabo zabwo, bikaba byongeye gushimangirwa na Prezida NYUSI, mu mbwirwaruhame igenewe Abanyagihugu yo kuwa 26 Nyakanga 2021, <a href=\"https:\/\/clubofmozambique.com\/news\/mozambique-nyusi-says-foreign-troops-have-not-asked-for-a-reward-for-intervention-dw-197543\/\">nk\u2019uko tubisoma mu nkuru y\u2019urubuga clubofmozambique.com<\/a>.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Birashoboka ko uyu mutego wo kwirihira uburyo bwo gutabara, ari uwo ba Mpatsibihugu b\u2019u Burengerazuba bw\u2019isi bari bateze SADC; ngo ye kwitabira uru rugamba rwo muri Mozambique. SADC yitabaje Umuryango w\u2019Abibumbye, ngo ube watera inkunga y\u2019uburyo, impuruza ishobora kuba itarahawe agaciro \u2013byashoboka na none ko ari akagambane ka ba mpatsibihugu b\u2019u Burengerazuba-; ariko birangiye biyemeje gutabara, ku buryo nyuma ya Afrika y\u2019Epfo na Botswana dushobora no kubona ibindi bihugu bya SADC bitabara.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p><span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>Afrika y\u2019Epfo kandi cyagaragaje kitarya iminwa, ko kidashyigikiye iby\u2019u Rwanda kwitanguranwa muri Mozambique, rutagendeye ku mategeko ya SADC. Mu buryo ubu cyangwa ubundi, ingabo z\u2019ibihugu bya SADC zibonwamo n\u2019abaturage ba Mozambique kurusha u Rwanda; kubera ko hari byinshi abaturage b\u2019ibihugu bituranyi bahuriyeho. Ibihugu bya SADC kandi bishobora gukinisha opozisiyo irangajwe imbere n\u2019ishyaka RENAMO, mu kugamburuza Prezida NYUSI, u Bufransa n\u2019u Rwanda rubuhagarariye, ndetse n\u2019ibindi bihugu bikihishe inyuma y\u2019umukino wo muri Cabo Delgado.<\/p>\n<p>Mu bundi buryo kandi, ibihugu bya SADC bishobora kuzagirana amakimbirane n\u2019u Rwanda, ashingiye ku nyungu ziboneka mu bikorwa by\u2019ubutabazi nka biriya, mu duce tw\u2019ibihugu bikungahaye ku mutungo kamere. Afrika y\u2019Epfo na Botswana, ntibizabura kubyumva kimwe n\u2019ikindi gihugu icyo ari cyo cyose cya SADC kizakurikiraho gutabara. Amakimbirane y\u2019umutwe w\u2019u Rwanda n\u2019iy\u2019ibihugu bya SADC, muri Cabo Delgado, kuyatekereza nk\u2019inzozi zitakabywa, byaba bihabanye cyane n\u2019ukuri, tugendeye ku ibyashyikiye u Rwanda na Uganda i Kisangani muw\u20191999.<\/p>\n<p>Uguhiga ubutwari muratabarana ! Biragoye ko ibihugu bya SADC bizihanganira agasuzuguro nka kariya, nk\u2019uko bitihanganiye aka Uganda n\u2019u Rwanda; ubwo byarimo bivogera ubusugira bwa RDC\/DRC, maze bikajya gutabara L.D. KABILA, mu ntambara bivugwa ko yaba ariyo ya mbere yahanganishije ibihugu byinshi muri Afrika. Nta gitangaza rero hongeye kuboneka intambara irimo ibihugu byinshi, birwanira aho byari byagiye gutabara.<\/p>\n<p><b><span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span>Ingabo z\u2019u Rwanda muri Mozambique, bishobora kugira ingaruka ki ku butegetsi bwa KAGAME?<\/b><\/p>\n<p>Haramutse havutse amakimbirane hagati y\u2019ingabo z\u2019u Rwanda n\u2019iza SADC muri Cabo Delgado; byabera umutwaro ukomeye ubutegetsi bwa Kigali. U Rwanda ruzengurutswe n\u2019ibihugu bibiri binini cyane bya DRC\/RDC na Tanzania biri mu muryango wa SADC, i Burengerazuba n\u2019i Burasirazuba. Amajyepfo hari igihugu cy\u2019u Burundi, gifatwa nk\u2019umwana wa Tanzania, urebye amateka ya vuba y\u2019amashyaka yombi ari ku butegetsi, n\u2019umubano w\u2019ibihugu byombi. Iki gihugu cy\u2019u Burundi kikaba cyarasabiwe na Tanzania kwinjizwa muri SADC, bikaba bikigwaho, kandi bifite amahirwe menshi yo kuzacamo, na cyane ko u Burundi buri kwiyubaka neza cyane, busohoka mu bihe bibi bwari bwaroshywemo na ba Mpatsibihugu, ku kagambane n\u2019u Rwanda. Amajyaruguru y\u2019igihugu<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>hari Uganda itarebana ryiza n\u2019u Rwanda, kandi yagira inyungu nyinshi, mu kubogamira ku nyungu za SADC, mu gihe yaba ifite amakimbirane n\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Uyu mukino u Bufransa bwinjijemo u Rwanda, ni umukino wo kwitonderwa cyane, tugendeye ko Mozambique igifite ibisare by\u2019amakimbirane yakibesheje mu ntambara ndende; kandi iyo ntambara iramutse ikangutse, mu buryo ubu cyangwa ubundi ikaba yahangayikisha ibihugu bya SADC. Ibihugu bya SADC kandi byaryoherwa, no kubona u Bufransa buzibukira burundu umushinga wabwo, wo muri Cabo Delgado, ubu usa n\u2019aho wubaraweho n\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Amwe mu mayeri y\u2019urugamba, ni uguca intege uwo muhanganye, iyo hari uburyo bushoboka bwose bwo kumuturuka mu bitugu. Ibi bivuze ko ibihugu bya SADC nibyinjira mu makimbirane n\u2019u Rwanda; bishobora kubona umuvuno wo kuba u Rwanda rwasohoka muri Mozambique, rujya kurwana ku rugo. Ibi bikaba bisobanuye ko amakimbirane y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu bya SADC muri Mozambique, yaba ay\u2019intambara yeruye cyangwa se iy\u2019ubutita; yaha amahirwe menshi, abarwanya Leta y\u2019u Rwanda, mu buryo bwa Demokrasi cyangwa se bw\u2019intambara. Ibi bikaba bisobanuye ko nta gitangaza kirimo, habonetse umuyaga w\u2019impinduka utwawe n\u2019imbaraga nyinshi zitagaragara \u2013nyamara zihishwe inyuma na SADC-, zitwara abarwanya ubutegetsi bwa Kigali; n\u2019ibyemezo bitentebura Kigali, n\u2019ubundi yarimo irira ku mpembyi. Biramutse bigenze bitya, ingoma ya FPR-Inkotanyi igahirikwa kubera ubukubaganyi bwa Prezida KAGAME, no gukunda gusarurira mu nduru; iyi ngoma yazajya igenurirwaho ko, \u201cImbeba yakurikiranye akaryoshye mu nsi y\u2019ibuye, ikahakura inda y\u2019akabati!\u201d<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Albert MUSHABIZI Kwitiranya KAGAME n\u2019u Rwanda, byahoze ari ugucyaha; kuba uwo mugabo asigaye aruta igihugu yahwanishwaga nacyo, ntibigishidikanywaho! Mu gihe zimwe mu nkotanyi zo mu nda y\u2019ingoma zari zitangiye kuva mu bitotsi, zirabutswe ko inzozi za KAGAME zitandukanye n\u2019umuyobozi w\u2019inyeshyamba ukarishye, kandi wuje ubugome ngo abashe kugera ku ntego; nibwo twabonye ibihinda mu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":42175,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[77],"tags":[],"class_list":["post-42503","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-isesengura"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>U RWANDA MURI MOZAMBIQUE: IBIMENYETSO BY\u2019INTAMBARA Y\u2019IGIHE KIREKIRE, Y\u2019IBIKORWA BYA KINYAMASWA,\u00a0 NO KUZASHYAMIRANA N\u2019INGABO Z\u2019IBIHUGU BYA SADC. - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"U RWANDA MURI MOZAMBIQUE: IBIMENYETSO BY\u2019INTAMBARA Y\u2019IGIHE KIREKIRE, Y\u2019IBIKORWA BYA KINYAMASWA,\u00a0 NO KUZASHYAMIRANA N\u2019INGABO Z\u2019IBIHUGU BYA SADC. - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Albert MUSHABIZI Kwitiranya KAGAME n\u2019u Rwanda, byahoze ari ugucyaha; kuba uwo mugabo asigaye aruta igihugu yahwanishwaga nacyo, ntibigishidikanywaho! Mu gihe zimwe mu nkotanyi zo mu nda y\u2019ingoma zari zitangiye kuva mu bitotsi, zirabutswe ko inzozi za KAGAME zitandukanye n\u2019umuyobozi w\u2019inyeshyamba ukarishye, kandi wuje ubugome ngo abashe kugera ku ntego; nibwo twabonye ibihinda mu [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-07-29T21:47:26+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/RDF-moza.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"800\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"533\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"21 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/\",\"name\":\"U RWANDA MURI MOZAMBIQUE: IBIMENYETSO BY\u2019INTAMBARA Y\u2019IGIHE KIREKIRE, Y\u2019IBIKORWA BYA KINYAMASWA,\u00a0 NO KUZASHYAMIRANA N\u2019INGABO Z\u2019IBIHUGU BYA SADC. - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/RDF-moza.jpg\",\"datePublished\":\"2021-07-29T21:47:26+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/RDF-moza.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/RDF-moza.jpg\",\"width\":800,\"height\":533},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"U RWANDA MURI MOZAMBIQUE: IBIMENYETSO BY\u2019INTAMBARA Y\u2019IGIHE KIREKIRE, Y\u2019IBIKORWA BYA KINYAMASWA,\u00a0 NO KUZASHYAMIRANA N\u2019INGABO Z\u2019IBIHUGU BYA SADC.\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"U RWANDA MURI MOZAMBIQUE: IBIMENYETSO BY\u2019INTAMBARA Y\u2019IGIHE KIREKIRE, Y\u2019IBIKORWA BYA KINYAMASWA,\u00a0 NO KUZASHYAMIRANA N\u2019INGABO Z\u2019IBIHUGU BYA SADC. - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"U RWANDA MURI MOZAMBIQUE: IBIMENYETSO BY\u2019INTAMBARA Y\u2019IGIHE KIREKIRE, Y\u2019IBIKORWA BYA KINYAMASWA,\u00a0 NO KUZASHYAMIRANA N\u2019INGABO Z\u2019IBIHUGU BYA SADC. - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Albert MUSHABIZI Kwitiranya KAGAME n\u2019u Rwanda, byahoze ari ugucyaha; kuba uwo mugabo asigaye aruta igihugu yahwanishwaga nacyo, ntibigishidikanywaho! Mu gihe zimwe mu nkotanyi zo mu nda y\u2019ingoma zari zitangiye kuva mu bitotsi, zirabutswe ko inzozi za KAGAME zitandukanye n\u2019umuyobozi w\u2019inyeshyamba ukarishye, kandi wuje ubugome ngo abashe kugera ku ntego; nibwo twabonye ibihinda mu [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-07-29T21:47:26+00:00","og_image":[{"width":800,"height":533,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/RDF-moza.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"21 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/","name":"U RWANDA MURI MOZAMBIQUE: IBIMENYETSO BY\u2019INTAMBARA Y\u2019IGIHE KIREKIRE, Y\u2019IBIKORWA BYA KINYAMASWA,\u00a0 NO KUZASHYAMIRANA N\u2019INGABO Z\u2019IBIHUGU BYA SADC. - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/RDF-moza.jpg","datePublished":"2021-07-29T21:47:26+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/RDF-moza.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/RDF-moza.jpg","width":800,"height":533},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-muri-mozambique-ibimenyetso-byintambara-yigihe-kirekire-yibikorwa-bya-kinyamaswa-no-kuzashyamirana-ningabo-zibihugu-bya-sadc\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"U RWANDA MURI MOZAMBIQUE: IBIMENYETSO BY\u2019INTAMBARA Y\u2019IGIHE KIREKIRE, Y\u2019IBIKORWA BYA KINYAMASWA,\u00a0 NO KUZASHYAMIRANA N\u2019INGABO Z\u2019IBIHUGU BYA SADC."}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/42503","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=42503"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/42503\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":42504,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/42503\/revisions\/42504"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/42175"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=42503"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=42503"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=42503"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}