{"id":43313,"date":"2021-09-21T22:31:23","date_gmt":"2021-09-21T20:31:23","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=43313"},"modified":"2021-09-21T22:31:23","modified_gmt":"2021-09-21T20:31:23","slug":"bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/","title":{"rendered":"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina"},"content":{"rendered":"<p style=\"font-weight: 400;\">Yanditswe na <strong>Nkurunziza Gad<\/strong><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><em>Ubwami bw\u2019Ububiligi na Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika banenze ubutabera bw\u2019u Rwanda kubera igifungo cy\u2019imyaka 25 cyakatiwe Paul Rusesabagina, abo mu muryango bo bavuze ko bazakora uko bashoboye kugeza avuye muri gereza.<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Nyuma yo gukatira igifungo cy\u2019imyaka 25 Paul Rusesabagina w\u2019imyaka 67, Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw\u2019u Bubiligi, n\u2019uburenganzira bwo gutura muri Amerika, ibi bihugu byasohoye amatangazo yamagana icyo gihano, u Rwanda naryo ruba ibamba.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Minisitiri w\u2019intebe wungirije akaba na Minisitiri w\u2019ububanyi n\u2019amahanga w\u2019Ububiligi Sophie Wilm\u00e8s yasohoye itangazo rivuga ko Rusesabagina ataburanishijwe mu mucyo.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Ati <em>\u201cNubwo hari ibyo Ububiligi bwakomeje gusaba kuri iyi ngingo, bigaragara ko Bwana Rusesabagina ataburanishijwe mu rubanza runyuze mu mucyo kandi rutabera, by\u2019umwihariko ku bijyanye n\u2019uburenganzira bwo kwiregura\u201d.<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Nyuma y\u2019iri tangazo, u Rwanda rwahise rwivumbura ruvuga ko inama yagombaga guhuza Dr Vincent Biruta, Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga w\u2019u Rwanda n\u2019uruhande rw\u2019u Bubiligi i New York itakibaye.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">U Rwanda ruvuga ko nubwo abagizweho ingaruka n\u2019ibitero bya FLN atari ibyamamare nka Rusesabagina, ariko na bo bakwiye ubutabera. Ruvuga kandi ko rwiteguye kwakira\u00a0Sophie Wilm\u00e8s wungirije Minisitiri w\u2019Intebe w\u2019u Bubiligi kugira ngo ibiganiro hagati y\u2019ibihugu byombi bikomeze. Ibyo biganiro ariko ngo byabera mu Rwanda (aho kuba muri Amerika nk\u2019uko Madame Sophie Wilm\u00e8s yari yabitangaje).<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika, aho umuryango wa Rusesabagina utuye, nabo bunze mu ry\u2019Ububiligi, bavuga ko uyu mugabo w\u2019icyamamare atahawe ubutabera.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Umuvugizi w\u2019ububanyi n\u2019amahanga w\u2019Amerika Ned Price yagize ati: \u201c<em>Ibitangazwa by\u2019uko ibisabwa mu butabera bitabayeho bituma hibazwa ku kutabogama kw\u2019umwanzuro w\u2019urubanza.<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><em>Twakomeje kugaragaza akamaro ko kubaha ibisabwa byose mu mategeko muri iyi miburanishirize kandi twagaragaje guhangayika ko ibi bisabwa bitakurikijwe mu buryo butabogamye bujyanye n\u2019ibyo u Rwanda rwiyemeje ku rwego mpuzamahanga\u201d.<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><em>\u201cDuhangayikishijwe n\u2019uko ibyo Bwana Rusesabagina yagaragaje yanze bijyanye no kutemererwa guhura n\u2019abunganizi be mu ibanga kandi mu buryo butabangamiwe hamwe n\u2019inyandiko zijyanye n\u2019urubanza ndetse no kuba mu ntangiriro yarangiwe abunganizi. Dushishikarije Leta y&#8217;u Rwanda gufata ingamba zo gusuzuma izi nenge mu rubanza rwa Bwana Rusesabagina no gushyiraho uburyo bwo gukumira inenge nk&#8217;izi mu gihe kiri imbere\u201d.<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><strong>Ndasaba umuryango mpuzamahanga kubona ko Data adahawe ubutabera<\/strong><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Anaise Kanimba, umukobwa wa Rusesabagina, yabwiye BBC ko imyaka 25 kuri se w\u2019imyaka 67 \u201cingana no gufungwa burundu kuri gereza tuzi zo mu Rwanda. Twari tubyiteze ntabwo bidutunguye kuko rwari urubanza rw\u2019ikinamico. Ati <em>\u201cNdababaye cyane kandi ndasaba n\u2019umuryango mpuzamahanga kubona ko data adahawe ubutabera.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Aim\u00e9e<strong>\u00a0<\/strong>Lys Rusesabagina nawe ni umukobwa wa Paul Rusesabagina yavuze ko batazadohoka gukorera Se ubuvugizi. Ati <em>\u201cUbu icyo tugiye gukora tugiye kugitekerezaho ariko papa niwe uzatanga ijambo rye rya nyuma, ariko natwe tuzamukorera ubuvugizi nk\u2019uko twabitangiye tuzakora igishoboka cyose kugeza igihe azavira hariya.\u201d\u00a0<\/em>Ku kijyanye no kujurira, uyu mukobwa yavuze ko bazabivuganaho n\u2019abunganizi ba Se.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Mu kiganiro na Radio Ijwi rya Amerika, Roger Rusesabagina, yavuze ibyo bateganya gukora.\u00a0Ati\u00a0<em><strong>\u201c<\/strong>Na we yari abyiteguye nta butabera nyine yari ategereje, ntabwo biri bumutungure, iyaba ari uvuga ngo nagiye mu rukiko ndaburana, kandi nziko hari abacamanza bigenga, bashobora kumpa ubutabera[\u2026 ]urubanza udashobora no kuburana, mbona ko bitari bumutungure.\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Umukobwa wundi wa Rusesabagina witwa Carine Kanimba, yabwiye Aljazeera\u00a0Ati: <em>\u201cUru rubanza ntacyo rusobanuye kuri twe. Data yarashimuswe.\u201d<\/em> Kanimba yabwiye Al Jazeera ko uburenganzira bwa Se bwahonyowe. Ati <em>\u201cUru rubanza ntacyo rusobanuye na gito. Data yarashimuswe amategeko mpuzamahanga yarahutajwe[\u2026] niyo mpamvu yahisemo kuva mu rubanza, kandi ibyo byose ni ibya politiki \u201d,<\/em> akomeza avuga ko se ari\u00a0<em>\u201cimfungwa ya politiki\u201d<\/em>.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Uyu mukobwa yavuze ko umuryango we <em>\u201cuhangayikishijwe cyane\u201d<\/em> n\u2019ubuzima bwa Se kandi ko afite ubwoba ko azapfira muri gereza.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><strong>\u201cUbutabera bw\u2019u Rwanda ntibwigenga\u201d<\/strong><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Umuryango mpuzamahanga wita ku<strong>\u00a0<\/strong>burenganzira bw\u2019ikiremwamuntu ku isi,\u00a0Amnesty International, Amnesty International wasohoye itangazo rivuga ko uburenganzira bwa Rusesabagina butubahirijwe ndetse ko habaye kurenga ku mategeko inshuro nyinshi mbere y\u2019uko uru rubanza rusomwa.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Yakomeje ivuga ko yasesenguye iby\u2019uru rubanza ihereye ku buryo Rusesabagina yafashwe akajyanwa mu Rwanda ashimuswe, hamwe n\u2019uko yafunzwe agejejwe mu Rwanda bitubahirije amategeko.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Sarah Jackson<strong>\u00a0<\/strong>, umuyobozi wungirije wa Amnesty International mu ntara ya Afrika, ihembe rya Afrika n\u2019ibiyaba bigari, ibyakozwe byose bitanyuze mu mucyo bigomba guhinduka.Yavuze kandi ko abishwe n\u2019abacitse kw\u2019icumu mu bitero byagabwe n\u2019umutwe wa FLN, ibyo Rusesabagina n\u2019abandi bashinjwa kugiramo uruhare bakwiye guhabwa ubutabera.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Lewis Mudge umuyobozi wa HRW muri Afurika yo hagati yunze mu rya Amnesty International. Ati <em>\u201cUru rubanza rugaragaza ko guverinoma ikoresha ubutabera kandi ko butigenga.\u00a0Abategetsi b\u2019u Rwanda bafite uburenganzira bwo gukurikirana ibyaha bihungabanya umutekano, ariko batesheje agaciro uru rubanza mu ntambwe zose, bahereye ku buryo bafunze Paul binyuranije n\u2019amategeko, uburyo bahonyoye uburenganzira bwe, n\u2019uburyo urubanza rwaburanishijwe mu buryo butanyuze mu mucyo.\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Yongeyeho ati <em>\u201cNtabwo bitangaje, twongeye kubona ko inkiko z\u2019u Rwanda zatsinzwe n\u2019ingaruka za politiki.\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Amnesty International\u00a0iravuga ibindi byaranze uru rubanza nko kwima Rusesabagina uburenganzira bwo kwihitiramo umwunganizi, kwimwa dosiye y\u2019ibyo ishinjwa, ko ibyo byari bihagije kugirango afungurwe kuko yari afunzwe mu buryo bunyuranyije n\u2019amategeko.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Perezida wa Fondasiyo Lantos, Madame\u00a0Katrina Lantos Swett, yavuze ko ibyabaye muri rubanza rwa Rusesabagina ari agahomamunwa kuko nta butabera bwabaye mu rubanza. Yongeyeho ko Perezida Kagame akoresha uburyo bwose agacecekesha abatavuga rumwe nawe cyangwa se abamunenga, ahamagarira guverinoma y&#8217;Amerika kugira icyo ikora Rusesabagina akarekurwa.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><strong>Icyo abanyamategeko ba Rusesabagina bavuze<\/strong><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Me Vincent Lurquin, umunyamategeko w\u2019Umubiligi wunganira Rusesabagina, yashimangiye ko ubutabera bw\u2019u Rwanda butigenga, asaba ko umukiriya we yakoherezwa mu Bubiligi kuko afite ubwenegihugu bw\u2019icyo gihugu.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Yongeyeho ko uru rubanza rwaciwe rutaratangira, yanavuze uburyo yaje mu Rwanda \u00a0tariki 21 \/8\/2021 akangirwa kubonana n\u2019umukiriya we aho afungiye, ibintu abona nk\u2019akarengane.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Kate Gibson, umwunganizi wa Rusesabagina ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika, yavuze ko uru rubanza ari nk\u2019igitekerezo cy\u2019inkuru yanditswe mbere y\u2019uko Rusesabagina ashimutwa.\u00a0Yongeraho ko uru rubanza <em>\u201cruri munsi y\u2019ibipimo&#8221;<\/em> byemewe ku rwego mpuzamahanga kugira ngo ruburanishwe mu buryo buboneye.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Ati <em>\u201cBuri gihe wasangaga hariho gahunda \u00a0yo kuvuga ko azashyirwa mu rukiko kandi agahanwa n\u2019inzego z&#8217;ubutabera zo mu Rwanda.\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Gibson yagize ati: <em>&#8220;Ni urubanza rudafite ishingiro kuko iburanisha uburyo ryakozwe bigaragara ko ari akarengane.&#8221;<\/em> Yongeyeho ko uburenganzira bw\u2019ibanze nk\u2019ubufasha mu by&#8217;amategeko, uburenganzira ku gihe gihagije n\u2019ibikoresho byo kwitegura ndetse n\u2019uburenganzira bwo gufatwa nk\u2019umwere, Rusesabagina yarabyangiwe.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Abahagarariye ikigo cy\u2019abavoka muri Amerika (ABA) gishinzwe uburenganzira bwa muntu, bakurikiranaga urwo rubanza mu rwego rwa Fondasiyo ya Clooney, na bo bashimangiye imyumvire ya Gibson.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><strong>Bamwe bishimiye imikirize y\u2019urubanza, abandi basigarana akangononwa<\/strong><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Abanyarwanda b\u2019imbere mu gihugu ndetse n\u2019abari hanze, bagaragaje amarangamutima atandukanye nyuma y\u2019isomwa ry\u2019uru rubanza. Bamwe bati igihano yahawe yari agikwiriye, abandi bati yahawe igihano gito ugereranyije n\u2019ibyaha yakoze.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Emmanuel Hategeka uhagarariye u Rwanda muri Leta zunze Ubumwe z\u2019Abarabu (UAE), ati, <em>\u201cUrukiko rwakoze akazi karwo, ubutabera buboneye bwatanzwe\u201d.<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bagizweho ingaruka n\u2019ibitero by\u2019inyeshyamba za FLN, baravuga ko batanyuzwe n\u2019ubutabera.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Dukuzumuremyi Didas, avuga ko yabuze umuvandimwe we ubwo ibi bitero byagabwaga mu gace k\u2019iwabo. Ati \u201cSinabura kuvuga ko ubutabera bwabogamye. Umuvandimwe wanjye yishwe n\u2019ingabo za FLN none ngo Rusesabagina azafungwa imyaka 25 gusa? Kuba icyamamare se bivuga ko umuntu ataryozwa ibyo yakoze? Bari bakwiye kumufunga burundu.\u201d<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Nsengiyumva Vincent uri mu baregeye indishyi yabwiye yavuze ko wena bagenzi be batishimiye indishyi bahawe. Ati <em>\u201cMuri rusange icyadushimije ni uko bategetswe kwishyura indishyi, ariko abaregera indishyi abenshi bazajurira kuko urukiko ntacyo rwabageneye, rwirengangije ibimenyetso batanze.\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">U Bushinjacyaha bw\u2019u Rwanda nabwo bwagaragaje ko butishimiye ibihano bwita bito byahawe Rusesabagina n\u2019abo bareganwa, bityo ngo bukaba bushobora kujurira.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Rusesabagina yamenyekanye ku isi nyuma y&#8217;inkuru ye itavugwaho rumwe yashingiweho filime \u2018Hotel Rwanda\u2019, ivuga ko yarokoye abantu barenga 1,200 mu gihe cya jenoside yo mu Rwanda mu 1994. Yavuye iwe i San Antonio muri Leta ya Texas muri Kanama 2020 yerekeje i Burundi, ageze i Dubai ahahurira na Pasiteri Niyomwungere wamuyobeje yisanga i Kigali.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Johnston Busingye akiri Minisitiri w\u2019Ubutabera, yemereye Al Jazeera ko u Rwanda ari rwo rwishyuye indege yihariye (private jet) yakuye Rusesabagina i Dubai imuzana mu Rwanda.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Kuba yarazanwe akisanga i Kigali yari azi ko agiye i Bujumbura, bamwe babifashe nko kumushimuta ariko uruhande rw\u2019u Rwanda rukabihakana rwivuye inyuma.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Ibyaha yahamijwe n\u2019urukiko bijyanye n\u2019ibitero byagabwe ku Rwanda n\u2019umutwe wa FLN wari uw\u2019impuzamashyaka ya MRCD-UBUMWE yari umwe mu bakuru bayo.<\/p>\n<p>&nbsp;<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Nkurunziza Gad Ubwami bw\u2019Ububiligi na Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika banenze ubutabera bw\u2019u Rwanda kubera igifungo cy\u2019imyaka 25 cyakatiwe Paul Rusesabagina, abo mu muryango bo bavuze ko bazakora uko bashoboye kugeza avuye muri gereza. Nyuma yo gukatira igifungo cy\u2019imyaka 25 Paul Rusesabagina w\u2019imyaka 67, Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw\u2019u Bubiligi, n\u2019uburenganzira bwo gutura muri Amerika, [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":37929,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[],"class_list":["post-43313","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-rwanda"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Nkurunziza Gad Ubwami bw\u2019Ububiligi na Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika banenze ubutabera bw\u2019u Rwanda kubera igifungo cy\u2019imyaka 25 cyakatiwe Paul Rusesabagina, abo mu muryango bo bavuze ko bazakora uko bashoboye kugeza avuye muri gereza. Nyuma yo gukatira igifungo cy\u2019imyaka 25 Paul Rusesabagina w\u2019imyaka 67, Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw\u2019u Bubiligi, n\u2019uburenganzira bwo gutura muri Amerika, [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-09-21T20:31:23+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/09\/rusesa-mu-rukiko.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1023\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"575\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"7 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina\",\"datePublished\":\"2021-09-21T20:31:23+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/\"},\"wordCount\":1392,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/09\\\/rusesa-mu-rukiko.jpg\",\"articleSection\":[\"Rwanda\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/\",\"name\":\"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/09\\\/rusesa-mu-rukiko.jpg\",\"datePublished\":\"2021-09-21T20:31:23+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/09\\\/rusesa-mu-rukiko.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2020\\\/09\\\/rusesa-mu-rukiko.jpg\",\"width\":1023,\"height\":575},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Nkurunziza Gad Ubwami bw\u2019Ububiligi na Leta Zunze Ubumwe z\u2019Amerika banenze ubutabera bw\u2019u Rwanda kubera igifungo cy\u2019imyaka 25 cyakatiwe Paul Rusesabagina, abo mu muryango bo bavuze ko bazakora uko bashoboye kugeza avuye muri gereza. Nyuma yo gukatira igifungo cy\u2019imyaka 25 Paul Rusesabagina w\u2019imyaka 67, Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw\u2019u Bubiligi, n\u2019uburenganzira bwo gutura muri Amerika, [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-09-21T20:31:23+00:00","og_image":[{"width":1023,"height":575,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/09\/rusesa-mu-rukiko.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"7 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina","datePublished":"2021-09-21T20:31:23+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/"},"wordCount":1392,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/09\/rusesa-mu-rukiko.jpg","articleSection":["Rwanda"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/","name":"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/09\/rusesa-mu-rukiko.jpg","datePublished":"2021-09-21T20:31:23+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/09\/rusesa-mu-rukiko.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2020\/09\/rusesa-mu-rukiko.jpg","width":1023,"height":575},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/bombori-bombori-hagati-yu-rwanda-nibihugu-byibihangange-kubera-ibihano-byahawe-rusesabagina\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Bombori bombori hagati y\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu by\u2019ibihangange kubera ibihano byahawe Rusesabagina"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/43313","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=43313"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/43313\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":43315,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/43313\/revisions\/43315"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/37929"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=43313"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=43313"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=43313"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}