{"id":43366,"date":"2021-09-25T04:20:32","date_gmt":"2021-09-25T02:20:32","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=43366"},"modified":"2021-09-25T04:20:32","modified_gmt":"2021-09-25T02:20:32","slug":"dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/","title":{"rendered":"Dr Kayumba arashinja Ubushinjacyaha Gupfobya ibyemejwe n\u2019abaganga\u00a0"},"content":{"rendered":"<p>Yanditswe na <strong>Frank Steven Ruta<\/strong><\/p>\n<p>Kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Nzeli 2021 nibwo Dr Kayumba Christopher yitabye Urukiko rw\u2019ibanze rwa Kicukiro ruri mu Kagarama, aho byari biteganyijwe ko atangira kuburana ifunga n\u2019ifungurwa ry\u2019agateganyo, mbere y\u2019uko urubanza rwe rutangira mu mizi.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019iminota ibarirwa muri 40 umucamanza atega amatwi impande zombi, iburanisha ryasubitswe, hafatiwe ku nzitizi zazamuwe n\u2019uregwa ari we Dr Kayumba Christopher.<\/p>\n<p>Iburanisha ryabaye hakoreshejwe uburyo bw\u2019ikoranabuhanga bw\u2019iyakure, ariko kuri iyinshuro ababuranyi bose ntibagaragaraga ku bitabiriye iburanisha mu cyumba cy\u2019urukiko, ahubwo humvikanaga amajwi yonyine, nta buryo bw\u2019amashusho bwari bwateganyijwe.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Inteko iburanisha igizwe n\u2019umucamanza umwe n\u2019umwanditsi, uruhande rurega ruhagarariwe n\u2019abashinjacyaha babiri, hakaba n\u2019uruhande rw\u2019uregwa ufite umwunganizi umwe.<\/p>\n<p>Iburanisha rigitangira Dr Kayumba yazamuye inzitizi eshatu, avuga ko inzitizi ya mbere ari uko akirwaye, kandi ko yavuye mu bitaro adakize ahubwo ari uko yahamagawe kuburanishwa, inzitizi ya kabiri ikaba iy\u2019uko atigeze ahabwa dosiye ye ngo ayinyuzemo amaso ayiburane ayizi, inzitizi ya gatatu ikaba ko amategeko amuha uburenganzira bwo kuburana adafunzwe, ariko akaba atiyumvisha impamvu bahisemo kumuburanisha afunzwe.<\/p>\n<p>Umucamanza ntiyahaye ishingiro inzitizi ya gatatu, yavuze ko itajyanye no kuba hari kurebwa ibyo kwimura urubanza, ko<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>ahubwo ari iyo mu iburanisha ku ifunga n\u2019ifungwa ry\u2019agateganyo. Umwunganizi wa Dr Kayumba Christopher ni Me Seif Ntirenganya Jean Bosco, yavuze ko dosiye ari nini kandi akaba yahujwe na yo mu gitondo hakoreshejwe inzira z\u2019ikoranabuhanga nazo zabanje kugorana kubera ikibazo cya Network, avuga ko uretse kuba na we ubwe atabonye umwanya wo kuyisoma uhagije, ngo uwo yunganira we nta makuru ahagije ayifiteho, na cyane ko irimo ubuhamya n\u2019abatangabuhamya atazi atigeze amenya bamushinja ibyaha.<\/p>\n<p>Umucamanza asubije ijambo ubushinjacyaha bwavuze ko butemera inzitizi ya mbere ishingiye ku burwayi, kuko ngo kuba<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>umuganga yarasezereye Dr Kayumba bisobanuye ko yakize neza. Ubushinjacyaha bwemeye inzitizi ya kabiri yo kuba dosiye itarasomwa, busaba ko n\u2019iyo iburanisha ryakwimuka<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>hatakongerwahoo iminsi myinshi, ahubwo bakagaruka vuba, kuko ku ruhande rwabo bari baje biteguye kuburana.<\/p>\n<p>Dr Kayumba yavuguruje ubushinjacyaha ku kuba yarakize neza, yongera gushimangira ko yavuye mu bitaro azanywe no kwitaba urukiko atari uko yakize, ko ndetse afite inyandiko ya Muganga wamuvuye ivuga ko uburwayi bwe bukwiye gukurikirananwa mu buryo bw\u2019umwiharikoihariye, asaba ibyumweru bibiri byo kwitegura kuburana kandi muri iyo minsi 14 akaba ari iwe cyangwa se kwa muganga, kuko ari ho yakurikiranwa mu buryo nyabwo bwihariye. Dr Kayumba ntiyemera ko ubushinjacyaha bufite ububasha bwo kuvuguruza abaganga b\u2019inzobere, bupfobya ibyo bemeje nyuma y\u2019isuzuma.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Dr Kayumba yanongeyeho ko ku kibazo cyo gusoma dosiye, Muganga yamubwiye ko afite ikibazo cy\u2019amaso akaba akeneye ibirahure bishya ku bindi bipimo by\u2019uburwayi bw\u2019amaso, asaba kuyivuza.<\/p>\n<p>Umucamanza yanzuye ko iburanisha ryimurirwa nyuma y\u2019iminsi itanu, ni ukuvuga kuwa 28 Nzeli 2021, asaba umwunganizi wa Dr Kayumba kuzafata umwanya akamusomera dosiye yose, kandi ashimangira ko Dr Kayumba aguma mu gihome cya RIB ku Kicukiro kuko urubanza rw\u2019ifunga n\u2019ifungurwa ry\u2019agateganyo rutari rwaburanishwa ngo rufatweho umwanzuro.<\/p>\n<p>Ma\u00eetre Ntirenganya Seif, atangaza ko dosiye irimo impapuro zibarirwa mu ijana, ko iminsi babahaye yo kuyisoma ari mike cyane ugeranyije n\u2019uko dosiye ireshya, kandi havuyemo iminsi ya Weekend akaba asigaranye iminsi ibiri yonyine yo guhura n\u2019umukiliya we, kuko kuri Kicukiro RIB Station aho Kayumba afungiye batemereye umwunganizi kuzavugana n\u2019umukiliya we mu mpera z\u2019icyumweru.<\/p>\n<p>Kayumba Christopher yatawe muri yombi mu gihe yari afite urubanza na we yarezemo, asaba ko igifungo yakatiwe cy\u2019umwaka umwe gikurwaho n\u2019ubwo yakirangije, akabishingira ku kuba icyaha bivugwa ko yakoreye ku kibuga cy\u2019indege ngo ari igihimbano. Ni urubanza ruri mu bujurire, akaba yarafunzwe agitegereje guhabwa itariki yo kuruburana.<\/p>\n<p><b>Tega amatwi inkuru mu majwi<\/b><\/p>\n<p><iframe loading=\"lazy\"  id=\"_ytid_34336\"  width=\"640\" height=\"360\"  data-origwidth=\"640\" data-origheight=\"360\" src=\"https:\/\/www.youtube.com\/embed\/FchJS1kTCHI?enablejsapi=1&#038;autoplay=0&#038;cc_load_policy=0&#038;cc_lang_pref=&#038;iv_load_policy=1&#038;loop=0&#038;modestbranding=0&#038;rel=1&#038;fs=1&#038;playsinline=0&#038;autohide=2&#038;theme=dark&#038;color=red&#038;controls=1&#038;\" class=\"__youtube_prefs__  epyt-is-override  no-lazyload\" title=\"YouTube player\"  allow=\"accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture\" allowfullscreen data-no-lazy=\"1\" data-skipgform_ajax_framebjll=\"\"><\/iframe><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Frank Steven Ruta Kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Nzeli 2021 nibwo Dr Kayumba Christopher yitabye Urukiko rw\u2019ibanze rwa Kicukiro ruri mu Kagarama, aho byari biteganyijwe ko atangira kuburana ifunga n\u2019ifungurwa ry\u2019agateganyo, mbere y\u2019uko urubanza rwe rutangira mu mizi. Nyuma y\u2019iminota ibarirwa muri 40 umucamanza atega amatwi impande zombi, iburanisha ryasubitswe, hafatiwe [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":42235,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[63],"tags":[],"class_list":["post-43366","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Dr Kayumba arashinja Ubushinjacyaha Gupfobya ibyemejwe n\u2019abaganga\u00a0 - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Dr Kayumba arashinja Ubushinjacyaha Gupfobya ibyemejwe n\u2019abaganga\u00a0 - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Frank Steven Ruta Kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Nzeli 2021 nibwo Dr Kayumba Christopher yitabye Urukiko rw\u2019ibanze rwa Kicukiro ruri mu Kagarama, aho byari biteganyijwe ko atangira kuburana ifunga n\u2019ifungurwa ry\u2019agateganyo, mbere y\u2019uko urubanza rwe rutangira mu mizi. Nyuma y\u2019iminota ibarirwa muri 40 umucamanza atega amatwi impande zombi, iburanisha ryasubitswe, hafatiwe [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-09-25T02:20:32+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/Skjermbilde-2021-07-15-kl.-20.00.33.png\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"533\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"464\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/\",\"name\":\"Dr Kayumba arashinja Ubushinjacyaha Gupfobya ibyemejwe n\u2019abaganga\u00a0 - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/Skjermbilde-2021-07-15-kl.-20.00.33.png\",\"datePublished\":\"2021-09-25T02:20:32+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/Skjermbilde-2021-07-15-kl.-20.00.33.png\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/Skjermbilde-2021-07-15-kl.-20.00.33.png\",\"width\":533,\"height\":464},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Dr Kayumba arashinja Ubushinjacyaha Gupfobya ibyemejwe n\u2019abaganga\u00a0\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Dr Kayumba arashinja Ubushinjacyaha Gupfobya ibyemejwe n\u2019abaganga\u00a0 - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Dr Kayumba arashinja Ubushinjacyaha Gupfobya ibyemejwe n\u2019abaganga\u00a0 - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Frank Steven Ruta Kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Nzeli 2021 nibwo Dr Kayumba Christopher yitabye Urukiko rw\u2019ibanze rwa Kicukiro ruri mu Kagarama, aho byari biteganyijwe ko atangira kuburana ifunga n\u2019ifungurwa ry\u2019agateganyo, mbere y\u2019uko urubanza rwe rutangira mu mizi. Nyuma y\u2019iminota ibarirwa muri 40 umucamanza atega amatwi impande zombi, iburanisha ryasubitswe, hafatiwe [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-09-25T02:20:32+00:00","og_image":[{"width":533,"height":464,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/Skjermbilde-2021-07-15-kl.-20.00.33.png","type":"image\/png"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/","name":"Dr Kayumba arashinja Ubushinjacyaha Gupfobya ibyemejwe n\u2019abaganga\u00a0 - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/Skjermbilde-2021-07-15-kl.-20.00.33.png","datePublished":"2021-09-25T02:20:32+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/Skjermbilde-2021-07-15-kl.-20.00.33.png","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/07\/Skjermbilde-2021-07-15-kl.-20.00.33.png","width":533,"height":464},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/dr-kayumba-arashinja-ubushinjacyaha-gupfobya-ibyemejwe-nabaganga\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Dr Kayumba arashinja Ubushinjacyaha Gupfobya ibyemejwe n\u2019abaganga\u00a0"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/43366","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=43366"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/43366\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":43367,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/43366\/revisions\/43367"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/42235"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=43366"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=43366"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=43366"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}