{"id":43867,"date":"2021-10-30T00:52:18","date_gmt":"2021-10-29T22:52:18","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=43867"},"modified":"2021-10-30T00:56:55","modified_gmt":"2021-10-29T22:56:55","slug":"urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/","title":{"rendered":"NI KOKO SE MU RWANDA AMATEGEKO AGOREKWA NGO ABATURAGE BAVUTSWE UBURENGANZIRA BW\u2019IBANZE!?"},"content":{"rendered":"<p>Yanditswe <b>Albert MUSHABIZI<\/b><\/p>\n<p>Hariho inkuru z\u2019Ingoma z\u2019igitugu zo mu minsi ya vuba aha, udashobora kwemera ko ibyo zivugwaho byabayeho mu kuri kwamye! Ibyo biterwa n\u2019uko ibikorwa izo ngoma zagiriye abaturage bazo, biba birenze ukwemera; noneho ukarengwa no kwibaza uko abaturage babyitwaragamo icyo gihe? Iyo utibajije ku baturage, wibaza na none, aho isi y\u2019abantu yari iri; mu kurebera ibintu nk\u2019ibyo, igahumiriza nk\u2019aho nta kidasanzwe kiri kubaho mu gace runaka kitwa igihugu, gihurira n\u2019ibindi mu miryango itunganyije nk\u2019Uwabibumbye (ONU\/UN) cyangwa se uw\u2019Ubumwe bw\u2019Afrika. Bikongera bigashobera ukuntu igihugu nk\u2019icyo gitoteza Abanyagihugu bacyo, ku rugero rurenze urwo kubara inkuru, kibana n\u2019ibindi bihugu byo bifite ubuyobozi bushyira mu gaciro, kandi bukabungabunga Abanyagihugu.<\/p>\n<p><span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span>Mu gihugu cya Uganda, igituranyi cy\u2019u Rwanda, habayeho ingoma y\u2019umugabo w\u2019umunyagitugu udasanzwe witwaga Idi AMINI, mu myaka ya za 70! Ubu rwose ababaye kuri iyo ngoma bamwe ni ibikwerere n\u2019amajigija, abandi ni abakambwe. Iyo abo bataramye bibukiranya iby\u2019iyo ngoma, ukeka ko ahari bari guca umugani ku manywa y\u2019ihangu. Kubera ko uba wumva ibyakorwaga n\u2019ubuyobozi bw\u2019igihugu, bubikorera Abanyagihugu, biri ku rugero rubi rushoboka; rubisunikira ku makabyankuru! N\u2019abo ubwabo ba nyir\u2019inkuru, biba byabarenze; bati ni gute ibintu nka birya byashobokaga mu gihugu, kitari ikirwa, ahubwo kiri mu rusobe rw\u2019ibindi ku isi!? Mbese iby\u2019u Rwanda rwa none byo bizagira kibara?<\/p>\n<p>Ubwo nasomaga imyanzuro y\u2019ubushinjacyaha ku Abarwanashyaka ba DALFA-UMURINZI, Umunyamakuru, ndetse n\u2019inshuti y\u2019umunyapolitiki Victoire Ingabire UMUHOZA, baherutse gutabwa muri yombi, ubu bakaba bagaraguzwa agati, mu nkiko z\u2019ubutabera macuri za Kigali; byatumye nibuka ibya Uganda ku ngoma ya Idi Amini! Nibajije niba u Rwanda ari ikirwa gituye mu nyanja ngari, aho kitagira amahuriro n\u2019urusobe rw\u2019ibindi bihugu; niburira igisubizo. Iyo myanzuro y\u2019ubushinjacyaha, ni isaba ko abatawe muri yombi ku wa 14 Ukwakira 2021, bazira mu kuri kwamye imyiteguro ya <em>\u201cIngabire Day\u201d<\/em>; bafungwa by\u2019agateganyo iminsi 30, mu gihe bagitegereje kuburana urubanza mu mizi. Urwo rubanza rwo kuburana ifunga n\u2019ifungurwa ry\u2019agateganyo ry\u2019iminsi 30, rukaba rwarasubitswe kuri uyu 28 Ukwakira 2021.<\/p>\n<p><b>Amavu n\u2019amavuko y\u2019umunsi mukuru wa <em>\u201cIngabire DAY\u201d<\/em>, n\u2019impamvu Leta ya Kigali yawuhungese ibuza abayoboke ba DALFA-U, n\u2019abandi banyarwanda babyifuza kuwizihiza, ndetse ikaba ishaka ko wakibagirana ukagenda nk\u2019ifuni iheze.<\/b><\/p>\n<p>Iri fungwa ry\u2019aba barwanashyaka, umunyamakuru n\u2019inshuti ya Victoire Ingabire Umuhoza ryari umuteguro, cyangwa se umutego wateguwe witondewe, utezwe ibirori byo kwizihiza umunsi mukuru usanzwe uzwi neza. Nyamara uyu munsi mukuru wagombaga; kurimburwa kubera ko utera umusonga umukuru w\u2019igihugu Paul KAGAME. Uyu akaba asanzwe azira umunyarwanda wese, wagira akayihoyiho ko kumenyekana mu ruhando rwagutse, ku mpamvu z\u2019ibikorwa by\u2019ubutwari, impano idasanzwe, ubuhanga cyangwa se ubushobozi. U Rwanda rukaba rumaze kugwiza inzirakarengane zitabarika, zishingiye kuri iyi mico y\u2019ubudasa kuri Prezida w\u2019u Rwanda; umuhanzi Kizito MIHIGO yabyamburiwe ubuzima, Paul RUSESABAGINA arabigaragurizwa agati, urutonde ni rurerure\u2026<\/p>\n<p>Hari hagamijwe kuburizamo ibikorwa byo kwizihiza uwo munsi mukuru uzwi nka <em>\u201cIngabire Day,\u201d<\/em> -umunsi usanzwe wizihizwa buri wa 14 Ukwakira-. Igikorwa kikaba cyarateguwe n\u2019inzego z\u2019ibanga za Kigali, ku bufatanye n\u2019aba <em>\u201cagents\u201d<\/em> b\u2019izo nzego bakwirakwijwe mu nzego z\u2019umutekano n\u2019iz\u2019ubutabera. Izi nzego zikaba zari zaramaze no kohereza intasi, yari yarashoboye kwiyoberanya ikaba umwe mu Abanyamuryango b\u2019iryo shyaka rishya, ubarizwa muri imwe mu Intara 5, Intara y\u2019u Burasirazuba. Uyu yagombaga gufasha ubugenzacyaha (RIB), n\u2019ubushinjacyaha gutekenika urusyo rwo kwikoreza inzirakarengane, zari zateguye ibikorwa byo kwizihiza umunsi zibonamo, mu burenganzira busesuye bw\u2019umuturage, butagize aho bugongana n\u2019amategeko yanditse!<\/p>\n<p><em>\u201cIngabire Day\u201d<\/em> ni umunsi utanizihizwa mu Rwanda gusa, umuntu yavuga ko ari umunsi mpuzamahanga; n\u2019ubwo rwose utizihizwa mu bihugu byose. Gusa iminsi mpuzamahanga yose ni uko itangira ari iy\u2019imiryango, ibihugu bikayizihiza, nyuma ikazaba iminsi mikuru mpuzamahanga; bitewe n\u2019ubukangurambaga bwakorewe iyo minsi mikuru. Iyi minsi bitangiria gahoro gahoro, ikazaba mpuzamahanga iyo bimaze gusesengurwa n\u2019imiryango mpuzamahanga, ikemeza impamvu zifatika kuwuzirikana no kuwizihiza, hari icyo byakubakaho umuryango w\u2019Abantu, bitewe n\u2019impamvu zose zishingiye kuri uwo munsi. Iminsi mikuru ishingiye ku ngingo runaka, ni myinshi yuzuye kuri Kalendari, ku buryo imwe ihurira no ku itariki imwe; icyakora siko itangwaho ibiruhuko n\u2019amategeko agenga ibihugu byose. Aho idatangwaho ibiruhuko iratangazwa, ikizihizwa n\u2019inzego z\u2019igihugu, n\u2019imiryango ifite aho ihuriye n\u2019ingingo zizirikanwa kuri uwo munsi.<\/p>\n<p><em><span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span>\u201cIngabire Day\u201d<\/em> ni umunsi ngarukamwaka imiryango iri hanze y\u2019u Rwanda yashyizeho ngo ijye yibuka abanyepolitiki bafungwa bazize ibitekerezo byabo. Si uwa Ingabire gusa rero, n\u2019ubwo washyizweho ku itariki ya 14 Ukwakira; kuko ari wo munsi yafunzweho mu mwaka wa 2010. Ngo uyu munsi ntiwashyiriweho Ingabire wenyine; n\u2019ikimenyimenyi afunguwe warakomeje urizihizwa! Abawikanga bibwira ko ugamije kugira \u201cIngabire\u201d igihangange kubasumba; baribeshya kandi bahangayikishijwe n\u2019ubusa!<\/p>\n<p>Nta gitangaza ko \u201cIngabire Day\u201d, nk\u2019umunsi wizihizwaga mu Rwanda, no mu bindi bihugu birimo ibyo ku migabane itandukanye, cyane cyane uw\u2019u Burayi, umunsi ushyigikiwe n\u2019imiryango mpuzamahanga; byashobokaga ko wazageraho ukaba umunsi mpuzamahanga wizihizwa mu bihugu byinshi! Ngiyo intangiriro y\u2019uko \u201cIngabire Day\u201d yabaye intandaro, yo gufatwa kw\u2019inzirakarengane, zigahimbirwa ibyaha byo kuwuzika, ngo uzahere nk\u2019amahembe y\u2019imbwa!? Birashoboka se!? Igisubizo ni <em>\u201coya\u201d<\/em>, mu gihe cyose waba udashobora gufunga abawizihiza bakwiragiye ku isi, ngo ufunge n\u2019imiryango itagengwa na Leta, ariko yemewe na Leta z\u2019ibyo bihugu iwutegura kandi ikawuha agaciro ukwiye!<\/p>\n<p><b>Usomye neza iyo myanzuro y\u2019ubushinjacyaha ku ifungwa n\u2019ifungurwa ry\u2019agateganyo, kandi umenyereye iby\u2019imitekenikire y\u2019ibyaha y\u2019inzego z\u2019umutekano n\u2019iz\u2019ubutabera za Kigali; uhita utahura uko<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>uburenganzira bw\u2019abaturage bwakenetswemo ibyaha by\u2019amaherere!<\/b><\/p>\n<p>Ntibyagusaba kuba umunyamategeko, ngo witahurire ibinyoma byuzuye mu inyandiko y\u2019imyanzuro y\u2019ubushinjacyaha ku ifunga n\u2019ifungurwa ry\u2019abayoboke barindwi ba DALFA-Umurinzi, umunyamakuru umwe, ndetse n\u2019inshuti imwe y\u2019Umunyapolitiki Victoire Ingabire Umuhoza. Agatego kakoreshejwe konyine ko kubashoramo intasi yabanje kubabera umuyoboke mu Intara y\u2019u Burasirazuba, ikurikirana ibikorwa byabo bya buri munsi, karasanzwe mu mikenekere y\u2019ubutabera bw\u2019u Rwanda. Kubera kugwiza intasi ahantu hose, uzasanga imanza zose zidashinga, zo kubuza uburenganzira bw\u2019ubwisanzure bwa politiki n\u2019ubw\u2019ibitekerezo; zitajya ziburamo abashinja bahoze bakorana n\u2019abakoze ibyaha, rimwe na rimwe ndetse ugasanga banafunganye! Kuba amategeko yo mu Rwanda, agenda ahindurwa kugira ngo afashe Leta y\u2019igitugu gucecekesha uwahirahira kuyinenga; itegeko ryo kwemerera uwakoranye ibyaha, gutanga ubuhamya bushingirwaho urubanza ni iryo mu myaka ya vuba; ubundi hambere yabaga ashobora gutanga amakuru gusa adashingirwaho nk\u2019ibihamya. Iri riri mu ngingo ya 48 y\u2019igitabo cy\u2019amategeko ku manza z\u2019inshinjabyaha.<\/p>\n<p>Ushinja bagenzi be nawe, usanga avuga ko ibyo bakoraga yari amahugurwa mu buryo busobanutse; ngo noneho hanyuma aza kugira amakenga atangira gukusanya ibimenyetso, abona ko ibikorwa bizavamo ibyaha. Ibi nabyo ni itekenika, kubera ko ibyaha ubwabyo nabyo ntibisobanutse. Amahugurwa yakorwaga, yigisha abantu ibigendanye n\u2019uburyo ingoma z\u2019igitugu zigamburuzwa, mu buryo buzira urugomo na ruke. Ibi bikaba bisobanuye ko nta kugirira nabi ubutegetsi, kubera ko imyigaragambyo yo mu mahoro yemewe n\u2019amategeko; ikaba inasanzwe itegurwa na Leta, imiryango itagengwa na Leta\u2026<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Ikindi ibyatangwaga ni ubumenyi, nta mugambi wo guhirika ubutegetsi wigeze ucurirwa hariya; kubera ko nta n\u2019uwatinyuka kuwucura mu buryo nka buriya, n\u2019iyo yaba ari umunyabwenge buke ku rugero rungana rute. Iyo umugambi ari uwo guhirika ubutegetsi, bake bawuziranyeho kandi ba nyambere, bakoresha abandi ibikorwa bazi iyo byerekera; mu gihe ababishowemo bo babona ikigamijwe, bamaze kugera mu gikorwa nyirizina ndetse cyafashe umurego kitagisubiye inyuma. Nta mugambi wo guhirika ubutegetsi utumirwamo n\u2019abanyamakuru, ndetse ukanakorwa n\u2019abantu bo ku rwego nk\u2019urwo abakoranaga amahugurwa barimo, ku bantu badafite ubwizerane bwo ku rugero ruhebuje bafitanye, nka kuriya n\u2019iriya ntasi yabashije kwinjira muri uwo mugambi. Umugambi wo guhirika ubutegetsi si uw\u2019abantu bari ku rwego ruciriritse, badafite ubunararibonye mu ngeri zimwe na zimwe nk\u2019ubutasi, gusesengura amakuru, ubuhanga muri mobilization, ubushobozi buhagije bwo gukora igikorwa, igikorwa kinyarutse kitari amahugurwa y\u2019ubumenyi busanzwe bwo hasi, yamaze ukwezi kurenga akoreshwa abantu nabo bo ku rwego ruciriritse, badafite ubunariribonye mu ngeri runaka ya bumwe mu bumenyi bwakenerwa, ngo icyo gikorwa kigende neza!<\/p>\n<p>Ibyinshi biri muri iyi dosiye, bisa n\u2019ibitangaje ku muntu waba atamenyereye iby\u2019ubutabera bwo mu Rwanda; uretse ko ari n\u2019ibisanzwe ku muntu umenyereye ibyibera mu nkiko z\u2019u Rwanda. Ni birya bya ntawe uburana n\u2019umuhamba; kubera ko amategeko ubwayo yibasira abaharanira uburenganzira bwabo bwo kwisanzura mu bitekerezo, n\u2019ubwa politiki, bahora bagongwa n\u2019amategeko amwe, asa n\u2019ayashyizweho ku mugambi mubisha nk\u2019uwo wa Leta ku baturage bayo. Abanyamategeko bakorera mu bwigenge bwabo ntibahwema kuyanenga, ko aburamo ingingo za ngombwa, kugira ngo akunde abe yabasha guhuza ibintu bitatu biba bigize icyaha aribyo: ubushake bwo kugikora (intention), ibihamya bifatika (faits materiels) no kuba icyo cyaha giteganywa n\u2019itegeko.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Nko ku cyaha cy\u2019ibihuha hakunze kwibazwa ukuntu, umuntu yagambirira kubiba ibihuha, noneho agafungwa mbere y\u2019uko abitangaza; byagera no ku itegeko rivuga kuri ibyo bihuha, hagasangwa riri mu gihirahiro, kubera ko ridasobanura neza ikiri ibihuha n\u2019ikitari ibihuha. Iri tegeko rigiye kuzatagangaza Abanyarwanda, rigafunga Abanyamakuru nk\u2019ufunga inzugi; riri mu ngingo ya 39 mu gitabo cy\u2019amategeko y\u2019imanza nshinjabyaha. Iki cyaha cyo gukwirakwiza ibihuha, kivugwamo gukoresha mudasobwa, cyangwa urusobe rwa za mudasobwa (Internet); nicyo bahora bagongesha abisanzura mu bitekerezo ku mbuga nkoranyambaga. Nyamara na none, ikibazo kikaguma ko itegeko ubwaryo ridasobanura neza ibihuha ibyo ari byo, n\u2019ibitari ibihuha ibyo ari byo. Iyo ikaba inenge ikomeye abanyamategeko bigenga bakomeje kurega iryo tegeko ngo ribe ryavugururwa, ariko Leta ikavunira ibiti mu matwi!<\/p>\n<p>Mu gusoza iyi nkuru nakibutsa abasomyi ibyigeze kuba ku umufilosofe w\u2019umunyarwanda witwa Laurien NTEZIMANA, wari warashinje Ikigo <em>\u201cAssociation Modeste et Innocent\u201d<\/em> (AMI), cyakoreraga i Butare hafi y\u2019inyubako za Kaminuza y\u2019u Rwanda i Ruhande. Uyu mufilozofe yatawe muri yombi kuwa 26 Mutarama 2002, na Polisi y\u2019u Rwanda idafite impapuro zo kumuhagarika. Yaziraga inkuru yari yatambutse mu Ikinyamakuru cy\u2019irya AMI, cyasohokaga buri mezi atatu cyitwaga \u201cUbuntu.\u201d Muri iyo nkuru yatondetse ibiranga ingoma y\u2019igitugu, ndetse arongera atondeka n\u2019ibiranga ingoma iyobora muri Demokarasi! Arangije yanzurira ku gika kigira kiti :<em>\u201dNgaho namwe mwiboneye ibiranga ingoma zombi bihabanye, ese iyoboye igihugu cyacu muri iki gihe mwayishyira ku ruhe ruhande?\u201d<\/em><\/p>\n<p><span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span>Ibi ubwabyo byatumye bamuta muri gereza, ariko biyongereraho ko uretse no gusebya Leta y\u2019Inkotanyi \u2013nyamara atigeze afatira umwanzuro ku gice iherereyemo, ahubwo yarabirekeye abasomyi- ko itegekana igitugu, Asosiyasiyo ye AMI nayo ari \u201cigipinga\u201d. Ubwo bongeyeho ko muri filozofiya ye y\u2019<em>\u201dAmaboko Mahire\u201d<\/em> harangwamo igice kitwa <em>\u201cUbuyanja\u201d<\/em>, maze ngo ibyo bikaba byamuhuza n\u2019ishyaka rya Pasteur BIZIMUNGU ryitwaga gutyo, kandi ridacirwa akari urutega na Leta. Ibyo gushinja Leta igitugu byaje gufata ubusa, icyakora arekurwa yemeye ko azakura inyito y\u2019\u201dubuyanja\u201d mu bice bitatu bigize filozofiya ye y\u2019<em>\u201dAmaboko Mahire!\u201d<\/em> Ni koko aho afunguriwe rya jambo \u201cUbuyanja\u201d yarisimbuje \u201cAgasani\u201d! Nuko amahoro arahinda da! None abantu bigishijwe ku gitabo kirimo uburyo bw\u2019amahoro, ingoma y\u2019umujenosideri Slobadan MILOSEVIC, yahiritswe n\u2019impirimbanyi Srda POPOVIC, wigishaga uko wahangana n\u2019ubutegetsi bw\u2019igitugu, mu mahoro azira urugomo na ruke; maze ingoma y\u2019Inkotanyi iti: twagambaniwe! Tuvuge se ko i Kigali haba hari umutegetsi ufite amateka n\u2019amatwara nk\u2019aya Slobodan MILOSOVIC; n\u2019inzego z\u2019umutekano n\u2019iz\u2019ubutabera zikaba ariko zibibona!? Twifurije inzirakarengane zirebwa n\u2019iyi dosiye, ndetse n\u2019izindi zose zigaraguzwa agati mu butabera macuri bw\u2019u Rwanda, amahirwe nk\u2019aya Laurien NTEZIMANA nawe waziraga akarengane gasa n\u2019akazo muw\u20192002! <span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0\u00a0<\/span><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe Albert MUSHABIZI Hariho inkuru z\u2019Ingoma z\u2019igitugu zo mu minsi ya vuba aha, udashobora kwemera ko ibyo zivugwaho byabayeho mu kuri kwamye! Ibyo biterwa n\u2019uko ibikorwa izo ngoma zagiriye abaturage bazo, biba birenze ukwemera; noneho ukarengwa no kwibaza uko abaturage babyitwaragamo icyo gihe? Iyo utibajije ku baturage, wibaza na none, aho isi y\u2019abantu yari iri; [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":43841,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[77],"tags":[],"class_list":["post-43867","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-isesengura"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>NI KOKO SE MU RWANDA AMATEGEKO AGOREKWA NGO ABATURAGE BAVUTSWE UBURENGANZIRA BW\u2019IBANZE!? - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"NI KOKO SE MU RWANDA AMATEGEKO AGOREKWA NGO ABATURAGE BAVUTSWE UBURENGANZIRA BW\u2019IBANZE!? - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe Albert MUSHABIZI Hariho inkuru z\u2019Ingoma z\u2019igitugu zo mu minsi ya vuba aha, udashobora kwemera ko ibyo zivugwaho byabayeho mu kuri kwamye! Ibyo biterwa n\u2019uko ibikorwa izo ngoma zagiriye abaturage bazo, biba birenze ukwemera; noneho ukarengwa no kwibaza uko abaturage babyitwaragamo icyo gihe? Iyo utibajije ku baturage, wibaza na none, aho isi y\u2019abantu yari iri; [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-10-29T22:52:18+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2021-10-29T22:56:55+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/imfungwa-DALFA.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1000\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"666\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"9 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/\",\"name\":\"NI KOKO SE MU RWANDA AMATEGEKO AGOREKWA NGO ABATURAGE BAVUTSWE UBURENGANZIRA BW\u2019IBANZE!? - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/imfungwa-DALFA.jpg\",\"datePublished\":\"2021-10-29T22:52:18+00:00\",\"dateModified\":\"2021-10-29T22:56:55+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/imfungwa-DALFA.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/imfungwa-DALFA.jpg\",\"width\":1000,\"height\":666},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"NI KOKO SE MU RWANDA AMATEGEKO AGOREKWA NGO ABATURAGE BAVUTSWE UBURENGANZIRA BW\u2019IBANZE!?\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"NI KOKO SE MU RWANDA AMATEGEKO AGOREKWA NGO ABATURAGE BAVUTSWE UBURENGANZIRA BW\u2019IBANZE!? - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"NI KOKO SE MU RWANDA AMATEGEKO AGOREKWA NGO ABATURAGE BAVUTSWE UBURENGANZIRA BW\u2019IBANZE!? - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe Albert MUSHABIZI Hariho inkuru z\u2019Ingoma z\u2019igitugu zo mu minsi ya vuba aha, udashobora kwemera ko ibyo zivugwaho byabayeho mu kuri kwamye! Ibyo biterwa n\u2019uko ibikorwa izo ngoma zagiriye abaturage bazo, biba birenze ukwemera; noneho ukarengwa no kwibaza uko abaturage babyitwaragamo icyo gihe? Iyo utibajije ku baturage, wibaza na none, aho isi y\u2019abantu yari iri; [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-10-29T22:52:18+00:00","article_modified_time":"2021-10-29T22:56:55+00:00","og_image":[{"width":1000,"height":666,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/imfungwa-DALFA.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"9 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/","name":"NI KOKO SE MU RWANDA AMATEGEKO AGOREKWA NGO ABATURAGE BAVUTSWE UBURENGANZIRA BW\u2019IBANZE!? - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/imfungwa-DALFA.jpg","datePublished":"2021-10-29T22:52:18+00:00","dateModified":"2021-10-29T22:56:55+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/imfungwa-DALFA.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/imfungwa-DALFA.jpg","width":1000,"height":666},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/urubanza-rwabarwanashyaka-ba-dalfa-umurinzi-ni-koko-se-mu-rwanda-amategeko-agorekwa-ngo-abaturage-bavutswe-uburenganzira-bwibanze\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"NI KOKO SE MU RWANDA AMATEGEKO AGOREKWA NGO ABATURAGE BAVUTSWE UBURENGANZIRA BW\u2019IBANZE!?"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/43867","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=43867"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/43867\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":43870,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/43867\/revisions\/43870"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/43841"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=43867"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=43867"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=43867"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}