{"id":44156,"date":"2021-11-24T21:31:58","date_gmt":"2021-11-24T19:31:58","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=44156"},"modified":"2021-11-24T21:31:58","modified_gmt":"2021-11-24T19:31:58","slug":"kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/","title":{"rendered":"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo &#8220;bisanzura ku kigero cya \u00a093%&#8221;!"},"content":{"rendered":"<p style=\"font-weight: 400;\">Yanditswe na <strong>Nkurunziza Gad<\/strong><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><em>Ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB (Rwanda Governance Board) cyatangaje ibyavuye mu bushakashatsi buzwi nka \u2018Rwanda Media Barometer\u2019 bugaragaza ko ubwisanzure bw\u2019itangazamakuru buri ku kigero cya 93% mu gihe ibindi bipimo birimo iterambere ry\u2019itangazamakuru nabyo ngo byatumbagiye bikaba bigeze ku rugero Leta yishimira.<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Ubu bushakashatsi Leta ya Kigali yikoraho buri myaka ibiri ntibuvugwaho rumwe n\u2019abanyamakuru ndetse n\u2019abanyarwanda muri rusange, dore ko bemeza ko ibibukubiyemo byose biba ari ibicupuri nta kuri kurimo.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Ubwo RGB yatangazaga ibyavuye muri ubu bushakashatsi kuri uyu wa kabiri tariki 23\/11\/2021 ku mbuga nkoranyambaga havutse impaka, abantu batandukanye bibaza igihe Leta iyobowe na Kagame izarekereraho \u00a0gutekinika.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Dr Usta Kayitesi\u00a0uyobora RGB yavuze ati <em>\u201cTwasanze ubwisanzure bw\u2019itangazamakuru buri kuri 93%, ubwo gutanga ibitekerezo kuri 86%, ubwigenge ku murongo w\u2019amakuru kuri 87%, naho uburenganzira bwo kugera ku makuru kuri 94%.\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><strong>Itangazamakuru ryisanzura rite kuri iki gipimo mu gihe bagenzi bacu bashiriye muri gereza?<\/strong><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">RGB ikimara gutangaza ubu bushakashatsi\u00a0 bamwe mu banyamakuru bipfutse ku munwa barumirwa, abandi bavuga ko ubushakashatsi nk\u2019ubu bukwiye gukorwa n\u2019abandi batari Leta.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Umwe mubo twaganiriye utifuje ko dutangaza amazina ye yavuze ati <em>\u201cBiteye isoni kuba leta itinyuka gushyira ibintu nk\u2019ibi ku mugaragaro mu gihe abanyamakuru batandukanye bagiye bafungwa bazira ibitekerezo byabo, abandi bakaba bahohoterwa umunsi ku munsi bazira inkuru batangaje.\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Yongeyeho ko <em>\u201cByari kuba byiza ubushakashatsi nk\u2019ubu bukozwe n\u2019abashakashatsi bigenga naho ubundi ibi nugukora ubusa nk\u2019umwana wenda undi.\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Mu bipimo bitanu byagendeweho muri ubu bushakashatsi icya mbere kijyanye n\u2019ishyirwaho n&#8217;iyubahirizwa ry\u2019amategeko na Politike by\u2019itangazamakuru biri ku kigero cya 92.1%, naho ubwinshi bw\u2019ibitangazamakuru n\u2019ubwiza n&#8217;ubwinshi b&#8217;ibyo bitangaza biri ku kigero cya 87.3%.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><strong>\u201cItangazamakuru mu Rwanda ntiryigenga riragengwa\u201d<\/strong><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Ukurikije uko urwego rw\u2019itangazamakuru ruhagaze mu Rwanda kugeza ubu ubona ko nta tangazamakuru ryigenga rihare ndetse ko ubwisanzure bw\u2019itangazamakuru buri ku gipimo cyo munsi ya 0% ushingiye ku makuru y\u2019ibifatika birimo abanyamakuru bafunzwe mu bihe bitandukanye, abirukanwa mu kazi bazira amaherere, abakora bagahembwa intica ntikize bigatuma bamwe bahitamo kuva muri uyu mwuga n\u2019ibindi.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Umwe mu bamaze imyaka isaga 20 akora itangazamakuru mu Rwanda yatubwiye ati:<em> \u201cMfite ubunararibonye muri uyu mwuga, nabonye byinshi numva byinshi itangazamakuru ryigenga mu Rwanda ntarihaba, ahubwo hari irigengwa na leta. Iyo ikinyamakuru runaka gitangaje inkuru leta idashaka gifungirwa amazi n\u2019umuriro ntikibone amasoko yo kwamamaza cyarambirwa kigafunga imiryango.&#8221;<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Arakomeza ati <em>\u201cWambwira gute ko itangazamakuru ryigenga kuri kiriya kigero mu gihe tukibona abantu runaka ntiriwe mvuga bategeka ko inkuru runaka yanditswe isibwa \u2018kuri website\u2019 ahandi ukabona ku maradio cyangwa televiziyo barasabwa kwisegura kubera inkuru runaka batangaje. Hari n\u2019ingero nyinshi z\u2019inkuru bimwe mubinyamakuru byandika kuri internet bitangaza ziba zandikiwe muri secr\u00e9tariat ya FPR. Uku niko kwigenga bavuga?\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Raporo z\u2019imiryango mpuzamahanga y\u2019abanyamakuru zishyira u Rwanda mu bihugu bya nyuma ku isi aho itangazamakuru ritisanzuye,\u00a0Raporo ya \u2018World Press Freedom Index\u2019 ku bwisanzure bw&#8217;itangazamakuru mu bihugu 180 ishyira u Rwanda ku mwanya wa 156, kimwe mu bihugu 130 ivuga ko itangazamakuru <em>&#8216;rikinizwe&#8217;<\/em>.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Itegeko Nshinga rya Repubulika y\u2019u Rwanda mu ngingo ya ryo ya 38 ivuga ko ubwisanzure bw\u2019itangazamakuru, ubwo kugaragaza ibitekerezo n\u2019ubwo guhabwa amakuru bwemewe kandi bwubahirizwa na Leta.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">N\u2019ubwo iri tegeko rihari raporo ya Human Rights Watch (HRW)<strong>\u00a0\u00a0<\/strong>yo mu 2021 ivuga ko abategetsi mu Rwanda <em>&#8220;bateye ubwoba, bafunze cyangwa bakurikiranye&#8221;<\/em> nibura abantu umunani batangaje ibinenga leta kuri YouTube.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Raporo yayo ivuga ifungwa ry\u2019abanyamakuru bafite imirongo ya YouTube Dieudonn\u00e9 Niyonsenga, uzwi nka <em>&#8220;Cyuma Hassan,&#8221;<\/em> wa Ishema TV, na Th\u00e9oneste Nsengimana wa Umubavu TV .<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Kugeza ubu kandi hari abanyamakuru batatu bakoreraga shene ya YouTube yitwa Iwacu TV bashinjwa gukwirakwiza impuha zigamije kwangisha u Rwanda mu bihugu by\u2019amahanga, batawe muri yombi mu 2018 kugeza ubu ntibaragezwa imbere y\u2019urukiko.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Nkurunziza Gad Ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB (Rwanda Governance Board) cyatangaje ibyavuye mu bushakashatsi buzwi nka \u2018Rwanda Media Barometer\u2019 bugaragaza ko ubwisanzure bw\u2019itangazamakuru buri ku kigero cya 93% mu gihe ibindi bipimo birimo iterambere ry\u2019itangazamakuru nabyo ngo byatumbagiye bikaba bigeze ku rugero Leta yishimira. Ubu bushakashatsi Leta ya Kigali yikoraho buri myaka [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":44157,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[],"class_list":["post-44156","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-rwanda"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo &quot;bisanzura ku kigero cya \u00a093%&quot;! - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo &quot;bisanzura ku kigero cya \u00a093%&quot;! - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Nkurunziza Gad Ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB (Rwanda Governance Board) cyatangaje ibyavuye mu bushakashatsi buzwi nka \u2018Rwanda Media Barometer\u2019 bugaragaza ko ubwisanzure bw\u2019itangazamakuru buri ku kigero cya 93% mu gihe ibindi bipimo birimo iterambere ry\u2019itangazamakuru nabyo ngo byatumbagiye bikaba bigeze ku rugero Leta yishimira. Ubu bushakashatsi Leta ya Kigali yikoraho buri myaka [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-11-24T19:31:58+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/11\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"701\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"490\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo &#8220;bisanzura ku kigero cya \u00a093%&#8221;!\",\"datePublished\":\"2021-11-24T19:31:58+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/\"},\"wordCount\":610,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/11\\\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png\",\"articleSection\":[\"Rwanda\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/\",\"name\":\"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo \\\"bisanzura ku kigero cya \u00a093%\\\"! - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/11\\\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png\",\"datePublished\":\"2021-11-24T19:31:58+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/11\\\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/11\\\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png\",\"width\":701,\"height\":490},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo &#8220;bisanzura ku kigero cya \u00a093%&#8221;!\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo \"bisanzura ku kigero cya \u00a093%\"! - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo \"bisanzura ku kigero cya \u00a093%\"! - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Nkurunziza Gad Ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB (Rwanda Governance Board) cyatangaje ibyavuye mu bushakashatsi buzwi nka \u2018Rwanda Media Barometer\u2019 bugaragaza ko ubwisanzure bw\u2019itangazamakuru buri ku kigero cya 93% mu gihe ibindi bipimo birimo iterambere ry\u2019itangazamakuru nabyo ngo byatumbagiye bikaba bigeze ku rugero Leta yishimira. Ubu bushakashatsi Leta ya Kigali yikoraho buri myaka [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-11-24T19:31:58+00:00","og_image":[{"width":701,"height":490,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/11\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png","type":"image\/png"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo &#8220;bisanzura ku kigero cya \u00a093%&#8221;!","datePublished":"2021-11-24T19:31:58+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/"},"wordCount":610,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/11\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png","articleSection":["Rwanda"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/","name":"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo \"bisanzura ku kigero cya \u00a093%\"! - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/11\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png","datePublished":"2021-11-24T19:31:58+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/11\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/11\/Skjermbilde-2021-11-24-kl.-19.47.11.png","width":701,"height":490},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/kwikirigita-ugaseka-abanyamakuru-bo-mu-rwanda-ngo-bisanzura-ku-kigero-cya-93\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Kwikirigita ugaseka: Abanyamakuru bo mu Rwanda ngo &#8220;bisanzura ku kigero cya \u00a093%&#8221;!"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/44156","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=44156"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/44156\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":44158,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/44156\/revisions\/44158"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/44157"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=44156"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=44156"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=44156"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}