{"id":44169,"date":"2021-11-25T21:50:13","date_gmt":"2021-11-25T19:50:13","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=44169"},"modified":"2021-11-25T21:50:13","modified_gmt":"2021-11-25T19:50:13","slug":"ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/","title":{"rendered":"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien!"},"content":{"rendered":"<p>Yanditswe na <b>Arnold Gakuba<\/b><\/p>\n<p>Mu gihe habura amezi atatu gusa ngo yizihize isabukuru ye y\u2019imyaka 89, Kabuga F\u00e9licien aracyategereje ko urubanza rwe rutangira nyuma y\u2019uko atabwa muri yombi n\u2019igipolisi cy\u2019Ubufaransa ku wa 20 Gicurasi 2020 i Paris, akaba akurikiranyweho uruhare akekwaho muri jenoside yo muri 1994 mu Rwanda.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Nk\u2019uko byatangajwe mu bitangazamakuru bitandukanye, uyu mugabo yaba akekwaho gutera inkunga jenoside yo muri 1994 mu Rwanda no gutumiza imihoro.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p><b><i>Dore uko bihagaze<\/i><\/b>: ibitangazamakuru bikomeye mpuzamahanga byatangaje amakuru amwerekeyeho kandi biyakwiza ku isi yose. N\u2019ubwo ibyo bitangazamakuru bishobora kuba biri kure y\u2019ukuri, ibyo byatangaje byamamaye ku isi yose, niyo mpamvu tuvuga ko Kabuga F\u00e9licien yamaganywe n\u2019ibitangazamakuru byo ku isi yose. Tugendeye ku byahise mu bitangazamakuru, izina rya Kabuga F\u00e9licien rizahora ryibukwa nk\u2019umuntu winjije imihoro mu Rwanda mu rwego rwo gutegura jenoside yo muri 1994. Nyamara ariko se ukuri kw\u2019impamo ni ukuhe?<\/p>\n<p><b>Imirimo itarashojwe y\u2019Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha ku Rwanda rwa Arusha (ICTR)<\/b><\/p>\n<p>Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha k\u2019u Rwanda (ICTR) rwashyizwe Arusha muri Tanzaniya, kuva mu 1994 kugeza 2015, rwagombaga gutanga imyanzuro ku bantu bagize uruhare muri jenoside hagati ya 1 Mutarama na 31 Ukuboza 1994, (uvanyeho ko iraswa ry\u2019indege ya perezida Habyarimana<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>ryo ku ya 6 Mata 1994, ryabaye nyirabayazana wa jenoside, Ubushinjacyaha bwanze kubikurikirana, n\u2019ubwo bwabanje kubikoraho iperereza). Ku itangizwa ryarwo, havuzwe ko hatizewe ubutabera bw&#8217;uwatsinze, ariko ikigaragara ni uko rwaciriye urubanza abatsinzwe gusa rukaba rwaranze gucira urubanza abatsinze, n\u2019ubwo ubushinjacyaha bw\u2019urwo rukiko bwari bufite dosiye y&#8217;ibyaha bikomeye byakozwe na FPR ubu iri mu butegetsi bw\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Mu myaka 21 urwo rukiko rubayeho, rufite ingengo y\u2019imari za miliyari ndetse n\u2019ibihumbi by\u2019abakozi bashinzwe iperereza, abantu 96 nibo bakurikiranwe, 85 baraburanishwa naho 61 bacirwa urubanza. Nyuma yo kurangiza inshingano kwa ICTR, imanza zisigaye zashyizwe mu maboko ya IRMCT ikorera i La Haye, Ubushinjacyaha bwarwo rukaba ruyobowe n&#8217;Umubiligi Serge Brammertz. Aha niho F\u00e9licien Kabuga afungiwe ategereje kuburanishwa.<\/p>\n<p>Umushinjacyaha w\u2019Umubiligi yatangaje ko iburanisha rizakorwa vuba muri uru rubanza ukurikije imyaka uregwa afite ndetse n\u2019uko ubuzima bwe bumeze nabi. Nyamara ariko hasigaye amezi 3 gusa ngo uregwa yizihize isabukuru y\u2019imyaka 89, ushinjwa aracyategereje ko urubanza rutangira.<\/p>\n<p>Ibyaha F\u00e9licien Kabuga aregwa byahinduwe inshuro nyinshi. Nyuma y\u2019imyaka 20 yose bivugwa ko ashakishwa ashinjwa gutumiza toni z\u2019imihoro yo gukoresha muri jenoside, mu ntangiriro z\u2019uyu mwaka ibyo birego byarazimiye. Abashakashatsi benshi bagaragaje mu myaka 20 ishize ko iryo shakishwa nta mpamvu na nke rifite, bityo Ubushinjacyaha bukaba bwarayivanye mu nyandiko y&#8217;ibirego kandi yaba u Rwanda cyangwa undi muntu nta n&#8217;umwe wigize agira icyo atangaza.<\/p>\n<p>Inyandiko y&#8217;ibirego yari ishingiye ku iperereza ryakozwe ku buryo bwihuse muri 1996 na Pierre Galand na Michel Chossudovsky. Bagaragaje ko muri 1993, Felicien Kabuga yatumije imihoro bityo ngo icyo akaba ari ikimenyetso cyo gutegura jenoside.<\/p>\n<p>Ubu bushakashatsi bwamaganywe kandi bunengwa n\u2019inzobere nyinshi. Uwa mbere ni Umunyarwanda Augustin Ngirabatware, umuhanga mu bumenyi bw\u2019ubukungu wize muri Kaminuza<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0 <\/span>ya Friborg yo mu Busuwisi akaba yarabaye na Minisitiri w\u2019igenamigambi mu Rwanda kuva mu 1990 kugeza 1994. Ngirabatware yerekanye amakosa akomeye mu mibare no mu bushakashatsi bwakozwe.<\/p>\n<p>Undi wagize icyo abuvugaho ni Umufaransa Andr\u00e9 Guichaoua, impuguke ku batangabuhamya bo mu Bushinjacyaha bwa ICTR (1996-2010) n\u2019izindi nkiko, na Roland Tissot, umwe mu bagize ihuriro ry\u2019ihohoterwa no gusohoka mu ihohoterwa rya Fondasiyo Maison des Sciences de l&#8217;Homme, wakoze ubushakashatsi ku iperereza rishinja, maze agera ku mwanzuro w&#8217;uko raporo ituzuye, idahwitse kandi itizewe.<\/p>\n<p>Abashinjacyaha b&#8217;i La Haye ubwabo bashoboye kwemeza ko kwinjiza imihoro byari bisanzwe mu karere kose; ko abacuruzi benshi bayitumizaga muri icyo gihe, atari Kabuga F\u00e9licien gusa; ko nta kidasanzwe kigeze gitumizwa mu mahanga muri 1993. (ibi bikaba bikekwa ko ari amakosa y\u2019imyandikire muri raporo ya Galand-Chossudovsky); kandi ko mu baturage biganjemo abo mu cyaro, igikoresho cyabo cyari icyo, kandi u Rwanda ntaho rwari rutandukaniye n\u2019ibindi bihugu byo mu karere, haba mbere cyangwa na se nyuma ya jenoside.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Twibaze uko byagenda Felicien Kabuga yitabye Imana atagereje gucibwa urubanza, cyangwa mu rubanza, cyangwa nyuma gato y\u2019urubanza hakagaragara mu bitangazamakuru by\u2019isi yose ngo \u2018<i>umunyemari watumije imihoro yo gukora jenoside yitabye Imana<\/i>\u2019.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Ikindi cyaha Kabuga aregwa ngo ni uko yari umwe mu banyamigabane 2000 ba Radio T\u00e9l\u00e9vision Libre des Mille Collines. Muri 1994 yari perezida mukuru w\u2019iryo shyirahamwe. Muri iki kiganiro, umwuzukuru w&#8217;uregwa, Stacey Uwimana, abigereranya cyane, &#8220;nkaho BBC ikwirakwiza inzangano&#8221;.<\/p>\n<p><b>Amateka ababaje cyane<\/b><\/p>\n<p>Urubanza rwe ruributsa urwa Colonel Bagosora. Th\u00e9oneste Bagosora wapfiriye muri gereza ya Mali afite imyaka 80, yakatiwe igihano kubera uruhare yahamijwe muri jenoside yo mu Rwanda. Igihe yapfaga ku itariki ya 21 Nzeri 2021, ibitangazamakuru bitandukanye byakoresheje amagambo atangaje kandi akakaye mu gutangaza urupfu rwe. Ikinyamakuru \u2018The Guardian, HRW, New York Times, AP\u2019 kiti &#8220;<i>Uwateguye jenoside yo mu Rwanda yapfuye<\/i>&#8220;, AFP iti &#8220;<i>Nyirabayazana<\/i>&#8220;, Reuters, El Pa\u00eds na BBC biti &#8220;<i>Igihangange<\/i>&#8220;, Washington Post iti &#8220;<i>umukoloneli witwaga ibyahishuwe<\/i>&#8221; , &#8220;uwacuze <i>umugambi mubisha<\/i>&#8220;, &#8220;<i>uwatangije<\/i>&#8221; &#8230; n&#8217;ibindi.<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n<p>Ariko ukuri kuri Theoneste Bagosora kuratandukanye cyane n\u2019ibyatangajwe, ICTR yari ifite ingengo y\u2019imari ya za miliyari ifite abashinzwe iperereza benshi, yashyize amafaranga n\u2019imbaraga byinshi mu gushakisha ibimenyetso bimushinja &#8220;<i>gutegura umugambi mubisha wa jenoside<\/i>&#8220;, ariko ntibabonye ibimenyetso byo kumuhamya ibyaha aregwa kandi yari azwi cyane nka &#8220;<i>Uwatekereje<\/i>&#8221; cyangwa &#8220;<i>Uwatangije<\/i>&#8221; jenoside. Urundi ruhande nyarwo rw&#8217;inkuru, nk&#8217;uko byavuzwe n&#8217;umwunganizi we, Umunyakanada John Philpot, ntibyigeze bitangazwa.<\/p>\n<p>Muri iki kiganiro, umwunganizi we avuga ko Koloneli yahamijwe icyaha cyo gutegeka ubwicanyi bumwe na bumwe. Iki cyemezo cyajuririwe na bo kandi nyuma y\u2019urubanza rw\u2019ubujurire, na we yahamijwe ibyo byaha. Mu gusoza, yahamijwe gusa &#8220;<i>uburangare bw&#8217;icyaha<\/i>&#8221; kubera ko yari umuyobozi mukuru muri Minisiteri y&#8217;Ingabo kandi akaba yari akwiye kumenya ko abo ayoboye barimo bakorera ubwicanyi abo bagombye kurinda. Ntabwo kandi yakatiwe igifungo cya burundu nk\u2019uko byasabwaga ahubwo yakatiwe imyaka 35, kubera icyo cyaha cyonyine urukiko rwamuhamije.<\/p>\n<p>Mu by\u2019ukuri, urubanza rwe n&#8217;ibyagerwaho, nk&#8217;uko byavuzwe n&#8217;umunyamategeko Philpot, &#8220;<i>byari intsinzi ugereranije n\u2019uko byavugwaga ko jenoside yateguwe kandi ikanagenzurwa n&#8217;umusirikare mukuru<\/i>&#8221; wa Leta yari iriho icyo gihe. Ariko ikibababaje, itangazamakuru ntabwo ryita kuri uku kuri kutajegajega. Si byiza guha inkuru umutwe utajyanye n\u2019ukuri!<span class=\"Apple-converted-space\">\u00a0<\/span><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Arnold Gakuba Mu gihe habura amezi atatu gusa ngo yizihize isabukuru ye y\u2019imyaka 89, Kabuga F\u00e9licien aracyategereje ko urubanza rwe rutangira nyuma y\u2019uko atabwa muri yombi n\u2019igipolisi cy\u2019Ubufaransa ku wa 20 Gicurasi 2020 i Paris, akaba akurikiranyweho uruhare akekwaho muri jenoside yo muri 1994 mu Rwanda.\u00a0 Nk\u2019uko byatangajwe mu bitangazamakuru bitandukanye, uyu mugabo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":43532,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[63],"tags":[],"class_list":["post-44169","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien! - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien! - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Arnold Gakuba Mu gihe habura amezi atatu gusa ngo yizihize isabukuru ye y\u2019imyaka 89, Kabuga F\u00e9licien aracyategereje ko urubanza rwe rutangira nyuma y\u2019uko atabwa muri yombi n\u2019igipolisi cy\u2019Ubufaransa ku wa 20 Gicurasi 2020 i Paris, akaba akurikiranyweho uruhare akekwaho muri jenoside yo muri 1994 mu Rwanda.\u00a0 Nk\u2019uko byatangajwe mu bitangazamakuru bitandukanye, uyu mugabo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-11-25T19:50:13+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"638\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"448\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien!\",\"datePublished\":\"2021-11-25T19:50:13+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/\"},\"wordCount\":979,\"commentCount\":1,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/10\\\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png\",\"articleSection\":[\"Ubutabera\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/\",\"name\":\"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien! - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/10\\\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png\",\"datePublished\":\"2021-11-25T19:50:13+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/10\\\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2021\\\/10\\\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png\",\"width\":638,\"height\":448,\"caption\":\"F\u00e9licien Kabuga\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien!\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien! - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien! - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Arnold Gakuba Mu gihe habura amezi atatu gusa ngo yizihize isabukuru ye y\u2019imyaka 89, Kabuga F\u00e9licien aracyategereje ko urubanza rwe rutangira nyuma y\u2019uko atabwa muri yombi n\u2019igipolisi cy\u2019Ubufaransa ku wa 20 Gicurasi 2020 i Paris, akaba akurikiranyweho uruhare akekwaho muri jenoside yo muri 1994 mu Rwanda.\u00a0 Nk\u2019uko byatangajwe mu bitangazamakuru bitandukanye, uyu mugabo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-11-25T19:50:13+00:00","og_image":[{"width":638,"height":448,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png","type":"image\/png"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien!","datePublished":"2021-11-25T19:50:13+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/"},"wordCount":979,"commentCount":1,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png","articleSection":["Ubutabera"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/","name":"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien! - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png","datePublished":"2021-11-25T19:50:13+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/10\/Skjermbilde-2021-10-08-kl.-22.30.32.png","width":638,"height":448,"caption":"F\u00e9licien Kabuga"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/ibidasanzwe-mu-rubanza-rwa-kabuga-felicien\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ibidasanzwe mu rubanza rwa Kabuga F\u00e9licien!"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/44169","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=44169"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/44169\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":44171,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/44169\/revisions\/44171"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/43532"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=44169"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=44169"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=44169"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}