{"id":44523,"date":"2021-12-27T21:29:39","date_gmt":"2021-12-27T19:29:39","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=44523"},"modified":"2021-12-27T21:29:39","modified_gmt":"2021-12-27T19:29:39","slug":"u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/","title":{"rendered":"U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu"},"content":{"rendered":"<p style=\"font-weight: 400;\">Yanditswe <strong>Nkurunziza Gad<\/strong><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\"><em>Mu kiganiro cyanyuze kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yavuze ku bihugu u Rwanda rwoherejemo ingabo avuga ko rushobora kugira ubwo bufatanye no mu bindi bihugu.<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Yavuze ko u Rwanda rukomeje gushimangira umubano n\u2019ibindi byo mu karere no hanze, ndetse ko runashakisha ibindi bishya byarubyarira inyungu.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Ati \u201c<em>Ibi birimo ubufatanye mu gukemura ibibazo by\u2019umutekano muri Repubulika ya Centrafrique na Mozambique. U Rwanda rushobora kugira ubwo bufatanye n\u2019ibindi bihugu kuko umutekano n\u2019umutuzo by\u2019igihugu cyacu birinzwe kandi bikomeje gushyirwa imbere.\u201d<\/em><\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">N\u2019ubwo Kagame ateruye ngo avuge ibihugu bizoherezwamo ingabo z\u2019u Rwanda mu minsi iri imbere, imvugo ye yumvikanishije ko iki gikorwa cyarangije gutegurwa.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Kuva muri Nyakanga 2021, Ingabo z&#8217;u Rwanda zinjiye mu ntambara yo kurwanya inyeshyamba ziyitirira idini ya Islam zigaruriye uduce twinshi twa Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique kuva mu 2017. Bivugwa ko hariyo ingabo z\u2019u Rwanda zisaga 2000.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Muri Nzeri 2021, Umuvugizi w\u2019Ingabo z\u2019u Rwanda yatangaje ko bamaze gupfusha abasirikare mu gihe ku ruhande rw\u2019inyeshyamba hari hamaze kwicwa\u00a0abarenga 100.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Muri Gashyantare 2019, u Rwanda rwohereje ingabo 750 muri Centrafrique,\u00a0Tariki 20 Ukuboza 2020 rwoherezayo izindi zo mu mutwe wihariye (Special Forces) hari hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo habe amatora rusange.\u00a0Magingo aya ingabo z\u2019u Rwanda n\u2019abapolisi bari muri\u00a01300.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Bivugwa kandi\u00a0 ko ingabo z\u2019u Rwanda zifite ibirindiro bikomeye mu duce dutandukanye twa Repuburika ya Demukarasi ya Congo.<\/p>\n<p style=\"font-weight: 400;\">Icyo abantu batandukanye bakomeje kwibaza ni uburyo ingabo z\u2019igihugu gifite ubwigenge zisigaye zikora nk\u2019abacancuro dore ko mu bihugu bimwe na bimwe zijyayo mu nyungu z\u2019abantu ku giti cyabo, urugero rwa hafi ni mu gihugu cya Mozambique, aho bivugwa ko zagiyeyo nyuma y\u2019amasezerano Kagame yasinyanye n\u2019ubuyobozi bwa Sosiyete icuruza ibikomoka kuri Peteroli yitwa \u2018Total\u2019 yari yarakomwe mu nkokora n\u2019ibikorwa by\u2019inyeshyamba.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe Nkurunziza Gad Mu kiganiro cyanyuze kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yavuze ku bihugu u Rwanda rwoherejemo ingabo avuga ko rushobora kugira ubwo bufatanye no mu bindi bihugu. Yavuze ko u Rwanda rukomeje gushimangira umubano n\u2019ibindi byo mu karere no hanze, ndetse ko runashakisha ibindi bishya byarubyarira [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":28028,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[77],"tags":[],"class_list":["post-44523","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-isesengura"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe Nkurunziza Gad Mu kiganiro cyanyuze kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yavuze ku bihugu u Rwanda rwoherejemo ingabo avuga ko rushobora kugira ubwo bufatanye no mu bindi bihugu. Yavuze ko u Rwanda rukomeje gushimangira umubano n\u2019ibindi byo mu karere no hanze, ndetse ko runashakisha ibindi bishya byarubyarira [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2021-12-27T19:29:39+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/08\/RDF-1.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"900\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"600\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"1 minute\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/\",\"name\":\"U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/08\/RDF-1.jpg\",\"datePublished\":\"2021-12-27T19:29:39+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/08\/RDF-1.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/08\/RDF-1.jpg\",\"width\":900,\"height\":600},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe Nkurunziza Gad Mu kiganiro cyanyuze kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, Perezida Kagame yavuze ku bihugu u Rwanda rwoherejemo ingabo avuga ko rushobora kugira ubwo bufatanye no mu bindi bihugu. Yavuze ko u Rwanda rukomeje gushimangira umubano n\u2019ibindi byo mu karere no hanze, ndetse ko runashakisha ibindi bishya byarubyarira [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2021-12-27T19:29:39+00:00","og_image":[{"width":900,"height":600,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/08\/RDF-1.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"1 minute"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/","name":"U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/08\/RDF-1.jpg","datePublished":"2021-12-27T19:29:39+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/08\/RDF-1.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/08\/RDF-1.jpg","width":900,"height":600},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/u-rwanda-rushobora-kohereza-ingabo-mu-bindi-bihugu\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"U Rwanda rushobora kohereza Ingabo mu bindi bihugu"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/44523","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=44523"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/44523\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":44529,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/44523\/revisions\/44529"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/28028"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=44523"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=44523"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=44523"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}