{"id":45116,"date":"2022-02-21T19:30:30","date_gmt":"2022-02-21T17:30:30","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=45116"},"modified":"2022-02-26T19:32:00","modified_gmt":"2022-02-26T17:32:00","slug":"impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/","title":{"rendered":"Impaka zabaye urudaca mu bujurire bwa Cyuma Hassan (Niyonsenga Dieudonn\u00e9)"},"content":{"rendered":"<p>Yanditswe na <strong>Nkurunziza Gad<\/strong><\/p>\n<p><i>Mu Rukiko rw\u2019Ubujurire mu rubanza rwa Cyuma Hassan impaka zabaye urudaca, ubushinjacyaha bugaragagaza uburyo uyu munyamakuru yiyitirira umwuga w\u2019itangazamakuru nawe agaragaza uburyo kuba umunyamakuru mu Rwanda bitavuze gutunga ikarita \u201cPress Card\u2019 ya RMC kuko uru rwego rukora kinyeshyamba nta tegeko na rimwe rirushyiraho.<\/i><\/p>\n<p>Kuri uyu wa mbere Tariki 21 Gashyantare 2022, Umunyamakuru Niyonsenga Dieudonne uzwi cyane ku izina rya \u2018Cyuma Hassan\u2019 akaba n\u2019umuyobozi w\u2019umuyoboro wa Yotube Ishema TV yari mu Rukiko rw\u2019Ubujurire nyuma yo gukatirwa igifungo cy\u2019imyaka irindwi n\u2019Urukiko rukuru.<\/p>\n<p>Uyu munyamakuru wahamijwe n\u2019Urukiko Rukuru ibyaha birimo icyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, Kwiyitirira umwunga w\u2019Itangazamakuru, kubangamira ishyirwa mu bikorwa ry\u2019imirimo y\u2019ubutegetsi hamwe n\u2019icyaho cyo gukoza isoni abayobozi b\u2019igihugu n\u2019abashinzwe umurimo rusange w\u2019igihugu.<\/p>\n<p>Ahawe ijambo n\u2019umucamanza ngo avuge impamvu yatumye ajurira, \u00a0Cyuma yakoresheje imvugo zikakaye kandi akavuga ashize amanga.Yabwiye Urukiko ko Urukiko Rukuru rwamuhamijwe ibyaha rushingiye ku mategeko y\u2019ikigo kitakibaho kitwa Media High Council. Yakomeje avuga ko ibyaha byose yahamijwe ari ibihimbano byahimbwe na bamwe mu bayobozi kubera amafuti ndetse n\u2019ibyaha bakoraga \u201cAkabarega kuri Perezida Kagame\u201d akoresheje umuyoboro we wa youtube \u201cIshema TV.\u201d<\/p>\n<p>Yakomeje avuga ko mu Rwanda \u201cNta tegeko rihari ritegeka buri Munyamakuru wese gutunga ikarita ya Rwanda Media Commission (RMC) kuko RMC nta tegeko rihari ryayishyizeho.\u00a0 Ati \u201cRMC ijyaho yari ishinzwe gusa gukiza amakimbirane yaterwa n\u2019Umunyamakuru biturutse ku nkuru yakoze.\u201d<\/p>\n<p><b>\u201cRMC ikora kinyeshyamba\u201d<\/b><\/p>\n<p>Ku bijyanye n\u2019ikarita y\u2019abanyamakuru, Cyuma yavuze ikarita y\u2019abanyamakuru mu Rwanda mu buryo bwemewe n\u2019amategeko yatangwaga na \u2018Rwanda Media High Council\u2019 none ubu icyo kigo \u00a0cyamaze gukurwaho n\u2019Inama y\u2019Abaminisitiri, akaba asanga rero RMC nta bubasha ifite bwo gutanga ikarita y\u2019itangazamakuru cyane ko nta tegeko riyishyiraho. Ati \u201cRMC ikora kinyeshyamba\u201d.<\/p>\n<p>Umushinjacyaha yahawe ijambo, avuga ko Niyonsenga n\u2019abamwunganira birengagiza nkana itegeko rigenga umwuga w\u2019itangazamakuru ndetse riha ububasha RMC gutanga uburenganzira ku bakora umwuga w\u2019itangazamakuru.<\/p>\n<p>Ati \u201cTariki 13 Mata2020 nibwo Niyonsenga yishyuye umusanzu wa Frw 20, 000 ngo yemerewe kuba Umunyamakuru wemewe ndetse agaragaza ko akorera Umubavu TV. Tariki 15 Mata 2020 nibwo ibyo ashinjwa byabaye. Nubwo yishyuye umusanzu mbere yo gukurikiranwa, ntiyari yahawe ikarita ya RMC imwemerera gukora umwuga, ibi bigaragaragaza nta shiti ko yakoraga umwuga w\u2019itangazamakuru atabifitiye uburenganzira.\u201d<\/p>\n<p>N\u2019ubwo bimeze bityo ariko, ngo Niyonsenga yari yarandikishije Channel ye muri RDB\u00a0nk\u2019ikigo cy\u2019ubucuruzi (company), ibi akaba yarabikoze ubwo yiteguraga gusaba ikarita y\u2019itangazamakuru muri RMC.<\/p>\n<p>Umushinjacyaha ati \u201cKuba Ishema TV (Youtube channel) yari yanditse muri RDB, ikaba inatangaza inkuru kuri Internet dusanga ibyo bitaha uburenganzira Niyonsenga bwo kuba Umunyamakuru ngo anambare ikarita y\u2019ubunyamakuru kuko nta burenganzira yabiherewe n\u2019urwego rubishinzwe rwa RMC.\u201d<\/p>\n<p>Mu ntangiro z\u2019Ugushyingo 2021 nibwo Cyuma yatawe muri yombi urukiko rukuru rumukatiye gufungwa imyaka 7.<\/p>\n<p>Twabibutsa ko no mu mwaka wa 2020 Cyuma yari yatawe muri yombi, icyo gihe yaregwaga ko yarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID 19.\u00a0\u00a0Cyuma we yavuga ko yari mu kazi k\u2019itangazamakuru ariko urwego rw\u2019abanyamakuru RMC rukaba rwaramwihakanye ruvuga ko rutamuzi ku rutonde rw\u2019abakora uyu mwuga mu Rwanda<\/p>\n<p>Yafunzwe mu gihe cy\u2019amezi 11 ariko arekurwa ahanaguweho icyaha n\u2019urukiko rwisumbuye rwa Gasabo gusa ubushinjacyaha buhita bujuririra urukiko rukuru.<\/p>\n<p>Niyonsenga Dieudonne yamenyekanye cyane kuri Televiziyo Ishema yashinze ikorera ku murongo wa YouTube. Bimwe mu biganiro bye byakunze kwamaganwa n\u2019abari mu butegetsi basanga bigamije kwangiza isura y\u2019igihugu, intore zikoresha urubuga rwa Twitter zimusabira gufungwa birakorwa.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Yanditswe na Nkurunziza Gad Mu Rukiko rw\u2019Ubujurire mu rubanza rwa Cyuma Hassan impaka zabaye urudaca, ubushinjacyaha bugaragagaza uburyo uyu munyamakuru yiyitirira umwuga w\u2019itangazamakuru nawe agaragaza uburyo kuba umunyamakuru mu Rwanda bitavuze gutunga ikarita \u201cPress Card\u2019 ya RMC kuko uru rwego rukora kinyeshyamba nta tegeko na rimwe rirushyiraho. Kuri uyu wa mbere Tariki 21 Gashyantare 2022, [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":44661,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[],"class_list":["post-45116","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-rwanda"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Impaka zabaye urudaca mu bujurire bwa Cyuma Hassan (Niyonsenga Dieudonn\u00e9) - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Impaka zabaye urudaca mu bujurire bwa Cyuma Hassan (Niyonsenga Dieudonn\u00e9) - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Yanditswe na Nkurunziza Gad Mu Rukiko rw\u2019Ubujurire mu rubanza rwa Cyuma Hassan impaka zabaye urudaca, ubushinjacyaha bugaragagaza uburyo uyu munyamakuru yiyitirira umwuga w\u2019itangazamakuru nawe agaragaza uburyo kuba umunyamakuru mu Rwanda bitavuze gutunga ikarita \u201cPress Card\u2019 ya RMC kuko uru rwego rukora kinyeshyamba nta tegeko na rimwe rirushyiraho. Kuri uyu wa mbere Tariki 21 Gashyantare 2022, [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-02-21T17:30:30+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2022-02-26T17:32:00+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2022\/01\/Cyuma-mu-rukiko.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1000\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"750\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/\",\"name\":\"Impaka zabaye urudaca mu bujurire bwa Cyuma Hassan (Niyonsenga Dieudonn\u00e9) - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2022\/01\/Cyuma-mu-rukiko.jpg\",\"datePublished\":\"2022-02-21T17:30:30+00:00\",\"dateModified\":\"2022-02-26T17:32:00+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2022\/01\/Cyuma-mu-rukiko.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2022\/01\/Cyuma-mu-rukiko.jpg\",\"width\":1000,\"height\":750},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Impaka zabaye urudaca mu bujurire bwa Cyuma Hassan (Niyonsenga Dieudonn\u00e9)\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Impaka zabaye urudaca mu bujurire bwa Cyuma Hassan (Niyonsenga Dieudonn\u00e9) - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Impaka zabaye urudaca mu bujurire bwa Cyuma Hassan (Niyonsenga Dieudonn\u00e9) - Umunyarwanda","og_description":"Yanditswe na Nkurunziza Gad Mu Rukiko rw\u2019Ubujurire mu rubanza rwa Cyuma Hassan impaka zabaye urudaca, ubushinjacyaha bugaragagaza uburyo uyu munyamakuru yiyitirira umwuga w\u2019itangazamakuru nawe agaragaza uburyo kuba umunyamakuru mu Rwanda bitavuze gutunga ikarita \u201cPress Card\u2019 ya RMC kuko uru rwego rukora kinyeshyamba nta tegeko na rimwe rirushyiraho. Kuri uyu wa mbere Tariki 21 Gashyantare 2022, [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2022-02-21T17:30:30+00:00","article_modified_time":"2022-02-26T17:32:00+00:00","og_image":[{"width":1000,"height":750,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2022\/01\/Cyuma-mu-rukiko.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/","name":"Impaka zabaye urudaca mu bujurire bwa Cyuma Hassan (Niyonsenga Dieudonn\u00e9) - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2022\/01\/Cyuma-mu-rukiko.jpg","datePublished":"2022-02-21T17:30:30+00:00","dateModified":"2022-02-26T17:32:00+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2022\/01\/Cyuma-mu-rukiko.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2022\/01\/Cyuma-mu-rukiko.jpg","width":1000,"height":750},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/impaka-zabaye-urudaca-mu-bujurire-bwa-cyuma-hassan-niyonsenga-dieudonne\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Impaka zabaye urudaca mu bujurire bwa Cyuma Hassan (Niyonsenga Dieudonn\u00e9)"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/45116","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=45116"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/45116\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":45117,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/45116\/revisions\/45117"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/44661"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=45116"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=45116"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=45116"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}