{"id":46771,"date":"2022-12-27T20:24:19","date_gmt":"2022-12-27T18:24:19","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=46771"},"modified":"2022-12-28T20:26:41","modified_gmt":"2022-12-28T18:26:41","slug":"loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/","title":{"rendered":"LONI Ishinja u Rwanda Gufasha M23 mu Ntambara Ihanganyemo na FARDC"},"content":{"rendered":"<p>Raporo y\u2019impuguke za LONI kuri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo irashinja igisirikare cy\u2019u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23 mu ntambara zihanganyemo n\u2019igisirikare cya Kongo mu ntara ya Kivu ya Ruguru.<\/p>\n<p>Izo mpuguke zivuga ko hari ibihamya ndashidikanywaho ko u Rwanda rwoherereza izo nyeshyamba abasirikare n\u2019ibikoresho byo kwifashisha ku rugamba.<\/p>\n<p>Ni raporo ndende y\u2019amapaji 21 ndetse n\u2019imigereka yayo. Iragaruka ku kibazo cy\u2019umutekano muke mu burasirazuba bwa Kongo aho ivuga ko ibintu byarushijeho kuba bibi cyane cyane mu ntara za Kivu ya Ruguru na Ituli.<\/p>\n<p>Muri Kivu ya Ruguru, iri tsinda ry\u2019impuguke rivuga ko imirwano yarushijeho gukaza umurego hagati y\u2019igisirikare cya leta \u2013 FARDC n\u2019umutwe wa M23, aho izi nyeshyamba zarushijeho kwagurira mu mpande zose uturere zigenzura.<\/p>\n<p>Ku bijyanye n\u2019aho uyu mutwe ukura amikoro n\u2019ibikoresho, raporo ivuga ko uretse amahoro yishyuzwa abambukira ku mipaka M23 igenzura irimo n\u2019uwa Bunagana, izi nyeshyamba zinaka abaturage b\u2019aho zigaruriye imisoro. Iyo ngo ni ishingiye ku bworozi, aho inka imwe isoreshwa amadolari 7 y\u2019Amerika, naho umuturage ushaka kujya guhinga mu isambuye akishyuzwa amadolari 3 y\u2019Amerika.<\/p>\n<p>Kuri ibyo, nk\u2019uko iri tsinda ry\u2019impuguke ribitangaza, hiyongeraho ubufasha mu basirikare n\u2019ibikoresho M23 ihabwa n\u2019igihugu gituranyi cy\u2019u Rwanda. Muri raporo yazo, izi mpuguke zivuga ko kuva hagati mu mu kwezi kwa 6, abarwanyi ba M23 batangiye kugaragara mu myambaro mishya, ndetse bafite intwaro ziremereye zitandukanye n\u2019izo uwo mutwe wahoranye.<\/p>\n<p>Isesengura ryakorewe kuri izo ntwaro n\u2019ibyo bikoresho byabonekaga ahabaga habereye imirwano mu turere M23 yabaga igenzura, izo mpuguke zivuga ko rigaragaza ko byinshi byakozwe muw\u20192014 na 2019. Ibyo bigasobanura ko M23 yaba iherutse kugura ibyo bikoresho vuba nyuma y\u2019intambara y\u2019uwo mutwe iheruka yo kuva muw\u20192012 kugeza muw\u20192013. Cyangwa se ibyo bikoresho bikaba ari iby\u2019igisirikare kindi gifasha M23.<\/p>\n<p>Raporo y\u2019izi mpuguke kandi ivuga ko amashusho yafashwe n\u2019utudege tutagira abapilote, yemeza uburyo intwaro ziremereye, imbunda n\u2019amasasu byambutswa imipaka. Raporo ikibutsa ko M23 igenzura ibice byagutse by\u2019imipaka Kongo ihana n\u2019ibihugu by\u2019u Rwanda na Uganda, ibyagiye byorohereza izo nyeshyamba kwinjiza ibikoresho, no gushaka abarwanyi bashya baturutse hakurya y\u2019imipaka.<\/p>\n<p>Ku ruhare rw\u2019igihugu cy\u2019u Rwanda muri iyi ntambara, iri tsinda rivuga ko ryabonye ibihamya bifatika by\u2019ibikorwa bya gisirikare byakozwe n\u2019abasirikare b\u2019u Rwanda muri teritwari ya Rutsuhuru hagati y\u2019ukwa Cumi na kumwe kw\u20192021 n\u2019ukwa Cumi kw\u20192022.<\/p>\n<p>Izi mpuguke zikavuga ko kuva mu kwa Mbere k\u2019uyu mwaka wa 2022, abasirikare bagera kuri 5 b\u2019igisirikare cy\u2019u Rwanda \u2013 RDF bafatiwe ku butaka bwa Kongo.<br \/>\nAbatangabuhamya babyiboneye, abarwanyi ba M23 bafatiwe ku rugamba cyangwa bishyikirije abo bahanganye, abagize igisirikare cya Kongo, abo mu miryango ya sosiyete sivile mu biganiro bagiye bagirana n\u2019iritsinda bemeje ko babonye abasirikare b\u2019u Rwanda ku butaka bwa Kongo.<\/p>\n<p>Abo, nk\u2019uko iri tsinda ribivuga, baribwiye ko abasirikare b\u2019u Rwanda babaga rimwe na rimwe bagenda ku mirongo, nyuma yo kwinjira muri Kongo bavuye mu Rwanda. Izi mpuguke zivuga ko nazo ubwazo zashoboye kwigenzurira bimwe mu birindiro by\u2019ingabo z\u2019u Rwanda mu burasirazuba bwa Kongo.<\/p>\n<p>Abarwanyi 10 ba M23 bafatiwe ku rugamba babwiye iri tsinda ko ingabo z\u2019u Rwanda zishinga ibirindiro byo gutanga ubufasha hafi y\u2019aho abarwanyi ba M23 baba barwanira ku rugamba. Ingabo z\u2019u Rwanda, izi mpuguke za LONI zivuga ko zagiye zifatanya kenshi na M23 haba mu kugaba ibitero ku ngabo za leta ya Kongo \u2013FARDC, cyangwa mu gusubiza inyuma ibyo izo nyeshyamba zagabweho.<\/p>\n<p>Iri tsinda rikavuga ko rifite amashusho yafatiwe mu kirere yerekana abasirikare b\u2019u Rwanda bari mu biturage bitandukanye, mu duce two ku mipaka, no mu birindiro bya M23 mu burasirazuba bwa Kongo.<\/p>\n<p>Uretse gufatikanya na M23 mu mirwano ihanganyemo n\u2019igisirikare cya Kongo, iri tsinda ry\u2019impuguke rivuga ko abasirikare b\u2019u Rwanda, hari bimwe mu bitero bagiye bagaba ubwabo batari kumwe n\u2019izo nyeshyamba.<\/p>\n<p>Ibyo, izi mpuguke zivuga ko birimo ibyo RDF yagabye ku birindiro by\u2019inyeshyamba za FDLR mu kwezi kwa Gatanu n\u2019ukwa Gatandatu muri uyu mwaka. Iyi raporo kandi inavuga ko igisirikare cy\u2019u Rwanda cyagiye giha M23 abasirikare benshi, nk\u2019iyo izi nyeshyamba zabaga zitegura kugaba ibitero ku mijyi minini.<\/p>\n<p>Leta y\u2019u Rwanda ihakana gufasha izi nyeshyamba za M23 ikavuga ko ibibazo by\u2019umutekano muke mu burasirazuba bwa Kongo bishingiye ku kunanirwa kw\u2019inzego z\u2019ubutegetsi za Kongo. U Rwanda kandi rushinja leta ya Kongo gukorana n\u2019inyeshyamba za FDLR zirwanya ubutegetsi bwarwo, ibyo Kongo nayo ihakana.<\/p>\n<p>Umva ino nkuru mu majwi ya Themistocles Mutijima yasomye raporo ya LONI ku Rwanda.<\/p>\n<p><iframe loading=\"lazy\" src=\"https:\/\/www.radiyoyacuvoa.com\/embed\/player\/0\/6893253.html?type=audio\" width=\"100%\" height=\"144\" frameborder=\"0\" scrolling=\"no\" allowfullscreen=\"allowfullscreen\"><\/iframe><\/p>\n<p><strong>VOA<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Raporo y\u2019impuguke za LONI kuri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo irashinja igisirikare cy\u2019u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23 mu ntambara zihanganyemo n\u2019igisirikare cya Kongo mu ntara ya Kivu ya Ruguru. Izo mpuguke zivuga ko hari ibihamya ndashidikanywaho ko u Rwanda rwoherereza izo nyeshyamba abasirikare n\u2019ibikoresho byo kwifashisha ku rugamba. Ni raporo ndende y\u2019amapaji 21 ndetse [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":41716,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[80],"tags":[],"class_list":["post-46771","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ibyo-twabasomeye-ibihwihwiswa"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>LONI Ishinja u Rwanda Gufasha M23 mu Ntambara Ihanganyemo na FARDC - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"LONI Ishinja u Rwanda Gufasha M23 mu Ntambara Ihanganyemo na FARDC - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Raporo y\u2019impuguke za LONI kuri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo irashinja igisirikare cy\u2019u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23 mu ntambara zihanganyemo n\u2019igisirikare cya Kongo mu ntara ya Kivu ya Ruguru. Izo mpuguke zivuga ko hari ibihamya ndashidikanywaho ko u Rwanda rwoherereza izo nyeshyamba abasirikare n\u2019ibikoresho byo kwifashisha ku rugamba. Ni raporo ndende y\u2019amapaji 21 ndetse [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2022-12-27T18:24:19+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2022-12-28T18:26:41+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/06\/RDF-RWANDA.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1024\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"683\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/\",\"name\":\"LONI Ishinja u Rwanda Gufasha M23 mu Ntambara Ihanganyemo na FARDC - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/06\/RDF-RWANDA.jpg\",\"datePublished\":\"2022-12-27T18:24:19+00:00\",\"dateModified\":\"2022-12-28T18:26:41+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/06\/RDF-RWANDA.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/06\/RDF-RWANDA.jpg\",\"width\":1024,\"height\":683},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"LONI Ishinja u Rwanda Gufasha M23 mu Ntambara Ihanganyemo na FARDC\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"LONI Ishinja u Rwanda Gufasha M23 mu Ntambara Ihanganyemo na FARDC - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"LONI Ishinja u Rwanda Gufasha M23 mu Ntambara Ihanganyemo na FARDC - Umunyarwanda","og_description":"Raporo y\u2019impuguke za LONI kuri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo irashinja igisirikare cy\u2019u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23 mu ntambara zihanganyemo n\u2019igisirikare cya Kongo mu ntara ya Kivu ya Ruguru. Izo mpuguke zivuga ko hari ibihamya ndashidikanywaho ko u Rwanda rwoherereza izo nyeshyamba abasirikare n\u2019ibikoresho byo kwifashisha ku rugamba. Ni raporo ndende y\u2019amapaji 21 ndetse [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2022-12-27T18:24:19+00:00","article_modified_time":"2022-12-28T18:26:41+00:00","og_image":[{"width":1024,"height":683,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/06\/RDF-RWANDA.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/","name":"LONI Ishinja u Rwanda Gufasha M23 mu Ntambara Ihanganyemo na FARDC - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/06\/RDF-RWANDA.jpg","datePublished":"2022-12-27T18:24:19+00:00","dateModified":"2022-12-28T18:26:41+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/06\/RDF-RWANDA.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2021\/06\/RDF-RWANDA.jpg","width":1024,"height":683},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/loni-ishinja-u-rwanda-gufasha-m23-mu-ntambara-ihanganyemo-na-fardc\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"LONI Ishinja u Rwanda Gufasha M23 mu Ntambara Ihanganyemo na FARDC"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/46771","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=46771"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/46771\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":46772,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/46771\/revisions\/46772"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/41716"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=46771"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=46771"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=46771"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}