{"id":469,"date":"2012-07-21T15:57:11","date_gmt":"2012-07-21T13:57:11","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=469"},"modified":"2012-07-21T15:57:11","modified_gmt":"2012-07-21T13:57:11","slug":"hugy","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/","title":{"rendered":"Ingabo za Angola na Zimbabwe ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo?"},"content":{"rendered":"<p>Muri iyi minsi mu nama y\u2019Afrika yunze ubumwe yabereye Addis-Abeba, hafashwe icyemezo cyo gushyiraho umutwe w\u2019ingabo zidafite aho zibogamiye zagenzura umupaka w\u2019u Rwanda na Congo kandi zikarwanya imitwe y\u2019inyeshyamba ya M23 na FDLR.<!--more--><\/p>\n<p>Kuri uyu wa kane tariki ya 19 Nyakanga 2012, Leta ya Congo mu ijwi ry\u2019abategetsi bayo barimo Ministre w\u2019ububanyi n\u2019amahanga Bwana Raymond Tshibanda yatangaje ko izo ngabo zidafite aho zibogamiye zava mu ngabo za MONUSCO zisanzwe muri Congo zigahabwa inshingano nshya zaba zijyanye n\u2019ubutumwa bushya zaba zihawe. Ari bwo kurinda umupaka w\u2019u Rwanda na Congo no kurwanya imitwe y\u2019inyeshyamba ya FDLR na M23, kuko ubusanzwe ingabo za MONUSCO zifite inshingano yo kurinda abasiviri no kuba zakwitabara gusa mu gihe zitewe. <\/p>\n<p>Ubu MONUSCO igizwe n\u2019abasirikare bagera ku 17000 bakaba bashinze ibirindiro cyane cyane mu burasirazuba bwa Congo.<\/p>\n<p>Bwana Ntumba Luamba, umunyamabanga nshingwabikorwa wa CIRGL (Le secr\u00e9taire ex\u00e9cutif de la Conf\u00e9rence internationale de la R\u00e9gion des Grands lacs) we yatangaje ko kuri uyu wa kane tariki ya 19 Nyakanga 2012 ko umutwe w\u2019ingabo mpuzamahanga udafite aho ubogamiye uzashyirwa ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo mu rwego rwo kugenzura umupaka no kurwanya inyeshyamba za M23 na FDLR, utaje gusimbura MONUSCO ahubwo bizuzuzanya, ibi yabitangaje mu mubonano yagiranye na Roger Meece umukuru wa MONUSCO mu rwego rwo kwiga imikoranire ya MONUSCO n\u2019uwo mutwe w\u2019ingabo mpuzamahanga uzashingwa.<\/p>\n<p>Ku rundi ruhande ariko hari benshi bavuga ko byaba byiza hakoreshejwe ingabo nyafrika, kuri urwo ruhande hari amakuru avuga ko Leta ya Congo yaba imaze iminsi mu biganiro n\u2019ibihugu bya Angola na Zimbabwe ngo bizatabare Congo mu gihe intambara yaba ikomeye. mu gihe ariko hashyirwaho ingabo nyafrika zishinzwe kugenzura umupaka w\u2019u Rwanda n\u2019Afrika, Congo ngo yaba yifuza ko hakwiganzamo ingabo z\u2019ibihugu bituruka mu majyepfo y\u2019Afrika bigize umuryango wa SADC. <\/p>\n<p>Uwa mbere mu bayobozi ba Congo wakoreye urugendo i Luanda muri Angola ni Ministre w\u2019ububanyi n\u2019amahanga Raymond Tshibanda. Akaba yaragiye yo igihe intambara n\u2019inyeshyamba za M23 yatangiraga. Hakurikiyeho ubu n\u2019Ambassadeur Ghonda Mangalibi. Bose bajya muri Angola bajyanye ubutumwa bwa Perezida Kabila bugenewe mugenzi we Dos Santos w\u2019Angola.<\/p>\n<p>Tubibutse ko hari amakuru avuga ko Perezida Kabila yaba yararekeye igihugu cya Angola amariba ya Peteroli ari mu nyanja hakurya ya Bas-Congo bityo igihugu cy\u2019Angola kikaba kiteguye kumufasha igihe yabigisaba.<br \/>\nIgiteye inkeke muri ibyo n\u2019ukuntu ingabo za Angola na Zimbabwe zajya ku mupaka w\u2019u Rwanda, mu gihe bizwi ko ingabo z\u2019ibyo bihugu zahanganye n\u2019iz\u2019u Rwanda na Uganda hagati ya 1998 na 2002 mu ntambara ya 2 ya Congo. Kuri Leta y\u2019u Rwanda byaba ari nko kuzana umwanzi mu mbere. <\/p>\n<p>Ikindi kandi Leta y\u2019u Rwanda ikuriwe n\u2019abahoze ari inyeshyamba za FPR izi neza uko yabigenje igihe yazanaga ingabo zayo muri Kigali yitwaje amasezerano y\u2019Arusha zikayifasha gufata ubutegetsi ku buryo bworoshye. Uretse u Rwanda kandi ntabwo inyeshyamba za M23 zishobora gutegereza ko izo ngabo zigera ku mupaka ahubwo zakora uko zishoboye zigafata ahantu hanini hashoboka ku buryo gushyira ingabo ku mupaka ntacyo byaba bikimaze mu gihe izo ngabo zaba zarafashe ahantu hanini kandi zimaze gushaka n\u2019indi mitwe myinshi y\u2019abakongomani bashyira imbere nk\u2019udukingirizo ndetse bafite n\u2019ibibuga by\u2019indege byatuma u Rwanda n\u2019ibindi bihugu bikomeza kubaha ibyo bashaka byose no gukomeza ubucukuzi bw\u2019amabuye y\u2019agaciro.<\/p>\n<p>Uko bigaragara u Rwanda iki kibazo kiragenda kirukomerana, dore ko inama y\u2019ibihugu bivuga igifaransa (Francophonie) izateranira i Kinshasa kuva ku ya 12 kugeza ku ya 14 Ukwakira 2012, Leta ya Congo ishobora kuyikoresha mu kwibasira u Rwanda mu rwego rwa diplomasi dore ko hari na rapport ya ONU. <\/p>\n<p>N\u2019ikimenyimenyi ururimi rw\u2019igifaransa rusa nk\u2019aho rwahawe akato mu Rwanda ku buryo ibihugu byibumbiye mu muryango wa Francophonie n\u2019iyo bitagendera ku marangamutima ntabwo byakwirengagiza ibimenyetso bitangwa na ONU.<\/p>\n<p>Marc Matabaro<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Muri iyi minsi mu nama y\u2019Afrika yunze ubumwe yabereye Addis-Abeba, hafashwe icyemezo cyo gushyiraho umutwe w\u2019ingabo zidafite aho zibogamiye zagenzura umupaka w\u2019u Rwanda na Congo kandi zikarwanya imitwe y\u2019inyeshyamba ya M23 na FDLR.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":470,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[66,64,62],"tags":[],"class_list":["post-469","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-akarere","category-amakuru","category-politiki"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Ingabo za Angola na Zimbabwe ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo? - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Ingabo za Angola na Zimbabwe ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo? - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Muri iyi minsi mu nama y\u2019Afrika yunze ubumwe yabereye Addis-Abeba, hafashwe icyemezo cyo gushyiraho umutwe w\u2019ingabo zidafite aho zibogamiye zagenzura umupaka w\u2019u Rwanda na Congo kandi zikarwanya imitwe y\u2019inyeshyamba ya M23 na FDLR.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-07-21T13:57:11+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"3 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/\",\"name\":\"Ingabo za Angola na Zimbabwe ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo? - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-07-21T13:57:11+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"250\",\"height\":\"167\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Ingabo za Angola na Zimbabwe ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo?\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Ingabo za Angola na Zimbabwe ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo? - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Ingabo za Angola na Zimbabwe ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo? - Umunyarwanda","og_description":"Muri iyi minsi mu nama y\u2019Afrika yunze ubumwe yabereye Addis-Abeba, hafashwe icyemezo cyo gushyiraho umutwe w\u2019ingabo zidafite aho zibogamiye zagenzura umupaka w\u2019u Rwanda na Congo kandi zikarwanya imitwe y\u2019inyeshyamba ya M23 na FDLR.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-07-21T13:57:11+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"3 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/","name":"Ingabo za Angola na Zimbabwe ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo? - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-07-21T13:57:11+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"250","height":"167"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hugy\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Ingabo za Angola na Zimbabwe ku mupaka w\u2019u Rwanda na Congo?"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/469","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=469"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/469\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=469"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=469"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=469"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}