{"id":47645,"date":"2023-07-28T15:38:31","date_gmt":"2023-07-28T13:38:31","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=47645"},"modified":"2023-07-28T15:38:31","modified_gmt":"2023-07-28T13:38:31","slug":"aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/","title":{"rendered":"Aimable Karasira: \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere&#8221;"},"content":{"rendered":"<p>Bwana Aimable Karasira Uzaramba n\u2019abamwunganira mu mategeko barasaba urukiko rukuru gutesha agaciro raporo abaganga b\u2019inzobere bakoze ku burwayi bwe bwo mu mutwe. Baravuga ko ibumbatiye ukubogama gukabije.Ubushinjacyaha bwo barasaba ko yagumana agaciro kayo. Buravuga ko iyo raporo igaragaza Karasira nk\u2019umuntu ukora ibintu azi kandi atekereza neza.<\/p>\n<p>Umwe mu baganga b\u2019inzobere bakoze raporo ku burwayi bwa Aimable Karasira Uzaramba wakuruye impaka zateye uruhande rwa Karasira gusaba kuyitesha agaciro ni Charles Mudenge.<\/p>\n<p>Karasira avuga ko Muganga Mudenge yabaye umutangabuhamya agifungwa arangije agaragara mu itsinda ry\u2019abemeza ko bamusuzumye. Kuri Karasira Muganga Mudenge yafatanyije n\u2019abamugambaniye kugira ngo bamufunge kuko ubuhamya bwe bwemeza ko Karasira atarwaye mu mutwe ku buryo byatuma abura gutekereza neza.<\/p>\n<p>Raporo y\u2019abaganga Karasira ayinenga ko ititaye ku burwayi bwa murumuna we yemeza ko we arembye kumurusha. Karasira yibukije ko yagiriwe inama yo gutangira kwivuza kuva mu mwaka wa 2003 kugeza n\u2019ubu.<\/p>\n<p>Yavuze ko kuva yivuriza I Butare, Muganga Mudenge yamukuye ku miti yoroshya agahinda gakabije akamugenera imiti itanga ibyishimo ku buryo ufata ubwo bwoko bwayo aba asa nk\u2019uwanyoye inzoga cyangwa urumogi.<\/p>\n<p>Ku kuba urukiko rwibaza ku buryo yaba yarigishaga muri Kaminusza icyarimwe ari umurwayi wo mu mutwe, Karasira yakomeje kubishimangira. Kuri we n\u2019indi myaka yose isigaye yayigisha na neza cyane. Gusa yemeza ko ibyo ntaho bihurira no kuba umuntu arwaye.<\/p>\n<p>Avuga ko mu bihe bitandukanye yigishaga muri za kaminuza za leta n\u2019izigenga kandi yaratangiye gufata imiti. Kuba ubutegetsi bwaramwirukanye muri kaminuza yigishagamo kubera ibihangano bye bitakunzwe na bamwe n\u2019andi magambo yavugaga, Karasira abwira urukiko ko ufite ikibazo cy\u2019ihungabana bitamubuza gukora akazi. Avuga ko iyo yibuka amateka ya jenoside arushaho guta ubwenge ,ku bindi byose akiyumva ameze neza.<\/p>\n<p>Yabwiye umucamanza ko ku birego aburana atumva icyo yabivugaho mu gihe ataravurwa. Kuri we yagombye guhabwa umudari kuko agerageza gusobanura ibyo benshi batatinyuka.<\/p>\n<p>Ashingiye ku mateka yaranze u Rwanda, uregwa yibukije umucamanza ko rwategetsweho n\u2019umwami Yuhi III Mazimpaka kandi nawe yari arwaye amakaburo (Ibisazi) yamuteye kwiyicira igikomangoma ari na ho yahimbiye igisigo \u201cSingikunda ukundi\u201d.<\/p>\n<p>Karasira ati \u201cYari umusizi , nanjye ndi umusizi. Yari umusazi nkaba umusazi. Yari mwiza ku isura ; erega nanjye ntaraba gutya nari keza\u201d.<\/p>\n<p>Karasira yasabiye umugisha ku Mana Muganga Arthur Rukundo wo mu bitarobya Caraes Ndera kuri raporo yakoze ku burwayi bwe. Avuga ko yagerageje kutabogama no kudakorera ku bwoba. Yari yategetse ko yakurikiranwa n\u2019abaganga batatu batandukanye kandi bigakorerwa ahantu atabasha gusohoka.<\/p>\n<p>Kubwa Karasira wafashe ijambo umwanya muremure ntiyagakwiriye kuba ari mu rukiko aburana yambaye iroza iyo aza kuba ari mu maboko y\u2019abantu bagira umutima wa kimuntu. Ati \u201cNanjye nshinjagira nshira\u201d.<\/p>\n<p>Yasobanuriye urukiko ko gereza mu magambo ye ; Atari ahantu ho kumugororera ahubwo ari ahantu ho kumwihimuriraho; bityo ko iyo aje mu rukiko ataba aje kuburana ahubwo aba aje kuraga.<\/p>\n<p>Yabwiye umucamanza ko nta soni na nkeya azongera kugira zo kubabwiza ukuri kandi ko ntawe azasuzugura. Urukiko rwamubwiye ko bimwe mu byo avuga ntacyo bimaze. Rumusaba gufata umwanya uhagije akaburana urubanza rwe.<\/p>\n<p>Karasira yabwiye urukiko ko ihungabana afite ataritewe n\u2019ubujura cyangwa ihohoterwa yakoreye uwo ari we wese, yaritewe na jenoside ari na ryo zingiro rya byose. Agasanga nta n\u2019icyo yagombye kuba ari kubazwa ahubwo yagombye kuba aburana abaganga bamuri hafi.<\/p>\n<p>Aravuga ko raporo y\u2019abaganga batatu bakoze batigeze bamusuzuma ahubwo bamusanze muri gereza baterana amagambo. Arabifata nko kuburana ngo abe igitambo. Ati \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere mu buryo bugezweho kugira ngo nzasohoke yo ntakibasha kuvuga, ntakibona.\u201d<\/p>\n<p>Urukiko rwakunze kumuhumuriza rumwibutsa ko imbere y\u2019abacamanza Karasira akiri umwere na cyane ko nta cyaha kiramuhama ku rubanza rutaraburanishwa mu mizi.<\/p>\n<p>Uregwa avuga ko abakoze raporo iheruka ku burwayi bwe ari abaganga bashinzwe gutanga imiti gusa. Nyamara kuri we hagombaga kuboneka ukurikirana imitekerereze, utanga imiti n\u2019ukurikirana imyitwarire ye muri bagenzi be.<\/p>\n<p>Yongeye gusubira mo ko we n\u2019abavandimwe be bari bararokotse jenoside nyuma baza kwicwa n\u2019abari abarwanyi b\u2019inkotanyi babajugunya mu cyobo ahitwa I Rilima. Akavuga ko imiryango ifasha abarokotse yabatereranye bashishikazwa no gufatira imitungo y\u2019iwabo.<\/p>\n<p>Akabaza umucamanza ati \u201cUshyize mu kuri ari wowe byabayeho waba ubayeho ute?\u201d Urukiko ruti \u201c guma ku bijyanye na raporo urubanza ntiturarutangira mu mizi\u201d.Undi ati \u201cCyangwa mvuze aho mudashaka?\u201d. Urukiko ruti \u201cHano tuburanisha imanza zirenze uru nta gitangaje kirimo kuvuga ko abawe bishwe n\u2019inkotanyi\u201d<\/p>\n<p>Karasira yasoje asaba kuvurwa n\u2019abaganga bigenga kuko asanga nta muganga wa leta uzemeza uburwayi yatewe n\u2019iyo leta. Mu magambo akomeye kandi yasabye urukiko ko niba rwumva koko rukurikiza amategeko yo ku rwego mpuzamahanga rwashingira ku mategeko yo mu gihugu cy\u2019Ubuholande rugategeka ambamufunze bakamukorera \u201cEuthanasie\u201d bakamufangurira, bakamwica vuba aho kuzamwica nabi. Yavuze ko kuri we nta cyo byamutwara.<\/p>\n<p>Umunyamategeko Gatera Gashabana avuga ko Muganga mudenge atagombaga kuba umutangabuhamya ushinja Karasira icyarimwe n\u2019inzobere muri raporo ku burwayi bwe. Aramubonamo ukubogama gukomeye. Asaba irindi tsinda ry\u2019abaganga bigenga kandi bakazabanza kumusuzuma.<\/p>\n<p>Uyu munyamategeko yasabye gutesha agaciro raporo y\u2019abaganga ku burwayi bwa Karasira. Ku bushinjacyaha kugira ihungabana kuri Karasira byonyine ntibihagije ko byakuraho ibyaha biremereye akurikiranyweho. Bukomeza gushimangira ko iryo hungabana ritamwambuye ubushobozi bwo kugenga ibikorwa bye ubwo yavugaga amagambo agize ibyaha bumukurikiranyeho.<\/p>\n<p>Buremeranya bidasubirwaho na raporo y\u2019abaganga, bugasaba ko yagumana agaciro kayo. Bwasabye ko binabaye ngombwa urukiko rwahamagaza abayikoze bakayisobanura n\u2019icyo bashingiyeho. Buravuga ko imyitwarire ya Karasira mu rukiko ihuza n\u2019ibikubiye muri raporo ko atatakaje ubushobozi bwo gutekereza neza. Kuri Muganga Mudenge ubushinjacyaha bwavuze ko nta tegeko rimubuza gutanga ubuhamya no kugaragara ku rutonde rw\u2019inzobere zasuzumye Karasira.<\/p>\n<p>Icyemezo kuri zi mpaka kizafatwa mu kwezi kwa Cyenda uyu mwaka.<\/p>\n<p>VOA<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Bwana Aimable Karasira Uzaramba n\u2019abamwunganira mu mategeko barasaba urukiko rukuru gutesha agaciro raporo abaganga b\u2019inzobere bakoze ku burwayi bwe bwo mu mutwe. Baravuga ko ibumbatiye ukubogama gukabije.Ubushinjacyaha bwo barasaba ko yagumana agaciro kayo. Buravuga ko iyo raporo igaragaza Karasira nk\u2019umuntu ukora ibintu azi kandi atekereza neza. Umwe mu baganga b\u2019inzobere bakoze raporo ku burwayi bwa [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":47383,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[63],"tags":[],"class_list":["post-47645","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubutabera"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Aimable Karasira: \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere&quot; - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Aimable Karasira: \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere&quot; - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Bwana Aimable Karasira Uzaramba n\u2019abamwunganira mu mategeko barasaba urukiko rukuru gutesha agaciro raporo abaganga b\u2019inzobere bakoze ku burwayi bwe bwo mu mutwe. Baravuga ko ibumbatiye ukubogama gukabije.Ubushinjacyaha bwo barasaba ko yagumana agaciro kayo. Buravuga ko iyo raporo igaragaza Karasira nk\u2019umuntu ukora ibintu azi kandi atekereza neza. Umwe mu baganga b\u2019inzobere bakoze raporo ku burwayi bwa [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2023-07-28T13:38:31+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2023\/04\/Skjermbilde-2023-04-04-kl.-04.37.08.png\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"1022\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"575\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/png\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/\",\"name\":\"Aimable Karasira: \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere\\\" - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2023\/04\/Skjermbilde-2023-04-04-kl.-04.37.08.png\",\"datePublished\":\"2023-07-28T13:38:31+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2023\/04\/Skjermbilde-2023-04-04-kl.-04.37.08.png\",\"contentUrl\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2023\/04\/Skjermbilde-2023-04-04-kl.-04.37.08.png\",\"width\":1022,\"height\":575},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Aimable Karasira: \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere&#8221;\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Aimable Karasira: \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere\" - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Aimable Karasira: \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere\" - Umunyarwanda","og_description":"Bwana Aimable Karasira Uzaramba n\u2019abamwunganira mu mategeko barasaba urukiko rukuru gutesha agaciro raporo abaganga b\u2019inzobere bakoze ku burwayi bwe bwo mu mutwe. Baravuga ko ibumbatiye ukubogama gukabije.Ubushinjacyaha bwo barasaba ko yagumana agaciro kayo. Buravuga ko iyo raporo igaragaza Karasira nk\u2019umuntu ukora ibintu azi kandi atekereza neza. Umwe mu baganga b\u2019inzobere bakoze raporo ku burwayi bwa [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2023-07-28T13:38:31+00:00","og_image":[{"width":1022,"height":575,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2023\/04\/Skjermbilde-2023-04-04-kl.-04.37.08.png","type":"image\/png"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/","name":"Aimable Karasira: \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere\" - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2023\/04\/Skjermbilde-2023-04-04-kl.-04.37.08.png","datePublished":"2023-07-28T13:38:31+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2023\/04\/Skjermbilde-2023-04-04-kl.-04.37.08.png","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2023\/04\/Skjermbilde-2023-04-04-kl.-04.37.08.png","width":1022,"height":575},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aimable-karasira-simfungiwe-i-mageragere-ndi-kwicirwa-i-mageragere\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Aimable Karasira: \u201cSimfungiwe I Mageragere ndi kwicirwa I Mageragere&#8221;"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/47645","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=47645"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/47645\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":47646,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/47645\/revisions\/47646"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/47383"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=47645"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=47645"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=47645"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}