{"id":47806,"date":"2023-10-21T14:01:29","date_gmt":"2023-10-21T12:01:29","guid":{"rendered":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=47806"},"modified":"2023-10-21T14:01:29","modified_gmt":"2023-10-21T12:01:29","slug":"nutanyoboka-ndakwica","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/","title":{"rendered":"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d"},"content":{"rendered":"<div class=\"page\" title=\"Page 1\">\n<div class=\"layoutArea\">\n<div class=\"column\">\n<p><strong>Human Rights Watch yamaganye yivuye inyuma politiki ya FPR yo kubuza amahwemo impunzi z\u2019abanyarwanda hirya no hino ku isi.<\/strong><\/p>\n<p>Nyuma y\u2019itangazwa rya raporo y\u2019umuryango w\u2019abanyamerika Human Rights Watch (HRW), tariki ya 8 Ukuboza 2023, ku bikorwa bya guverinoma y\u2019u Rwanda bigamije kubuza amahwemo abatuvuga rumwe n\u2019ubutegetsi bwa FPR aho bahungiye hirya no ku isi, ikigo kitiriwe Nyakwigendera Seth Sendashonga (Institut Seth Sendashonga pour la citoyennete\u0301 de\u0301mocratique, Iscid asbl) kirageza ku Banyarwanda no ku nshuti z\u2019u Rwanda ubutumwa bukurikira :<\/p>\n<div class=\"page\" title=\"Page 1\">\n<div class=\"layoutArea\">\n<div class=\"column\">\n<ol>\n<li>Institut Seth Sendashonga irashimira byimazeyo umuryango Human Rights Watch kuba warafashe igihe gihagije ugashyira ingufu nyinshi mu gikorwa kigaragara nk\u2019ubushakashatsi bwimbitse ku marorerwa ubutegetsi bw\u2019u Rwanda buyobowe na Perezida Paul Kagame bukorera abanyarwanda bahunze icyo gihugu ku mpamvu z\u2019umutekano wabo. Muri ibyo bikorwa harimo kubahiga bukware aho baherereye hose, kubaneka mu byo baganira n\u2019ibyo bakora, kubahungeta ku buryo bunyuranye, kubanyereza, kubashimuta ndetse no kubica. Bamwe mu banyarwanda bishwe nyuma y\u2019uko bahawe ubutumwa bwa FPR bugira buti \u00ab nutaza muri FPR<br \/>\nuzicwa \u00bb. Iyo raporo y\u2019amapaji 129 yakozwe hifashishijwe ubuhamya bw\u2019abantu bagera ku 150 baba muri Afurika, mu Burayi, muri Australia no muri Amerika. Human Rights Watch yagiye inandikira ubutegetsi bw\u2019ibihugu binyuranye, birimo n\u2019u Rwanda, yaka ibisobanura ku bibazo bimwe na bimwe za leta zifitemo uruhare. Ni igikorwa cy\u2019agaciro kigamije kurengera uburenganzira bw\u2019abanyarwanda bahunze ingoma y\u2019igitugu ariko iyo ngoma ikaba ibona ko abo bantu itabagenzuriye hafi amaherezo bazayihirika.<\/li>\n<li>Nk\u2019uko iyo raporo ibyibutsa u Rwanda ruri mu bihugu byohereza ingabo nyinshi mu mahanga mu rwego rw\u2019ubutumwa bw\u2019amahoro bugenwa n\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye cyangwa Ubumwe bw\u2019Afurika. Biteye inkeke ariko kubona icyo gikorwa gihinduka uburyo bwo gukinga ikibaba kugirango leta ibashe gushyira mu bikorwa gahunda z\u2019ubwicanyi n\u2019andi marorerwa akorerwa impunzi z\u2019abanyarwanda. Raporo ya Human Rights Watch iributsa ko igihe umuryango w\u2019abibumbye usohora raporo y\u2019ubwicanyi bise Mapping Report bwakorewe impunzi z\u2019abanyarwanda muri Repuburika iharanira demokarasi ya Kongo (Ukwakira 2010), leta y\u2019u Rwanda yashinjwaga ubwo bwicanyi yavuze ko igiye kuvana ingabo zayo i Darfour muri Sudani aho zari mu butumwa bw\u2019amahoro. Ibyo byahaye ubunyamabanga bw\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye urwitwazo rwo gucisha make buhagarika ishyirwaho ry\u2019urukiko rwasabwaga mu myanzuro yatanzwe n\u2019impuguke zakoze iyo Mapping Report. Ikindi giteye inkeke nuko izo ngabo ubwazo aho zigeze zigira uruhare mu guhungabanya ubwisanzure bw\u2019abanyarwanda bahahungiye. Human Rights Watch ivuga ko muri Mozambike impunzi z\u2019abanyarwanda zari zifite umutekano uhagije kugeza mu mwaka wa 2021 ubwo ingabo z\u2019u Rwanda zagiyeyo mu butumwa bwo kugarura umutekano mu ntara ya Cabo Delgado. Guhera ubwo ibikorwa by\u2019ubwicanyi n\u2019inyerezwa ry\u2019impunzi byahise bitangira. Muri make ibyari ubutumwa bw\u2019amahoro byabaye akaga ku mpunzi z\u2019abanyarwanda.<\/li>\n<li>Raporo ya Human Rights Watch yerekana uburyo jenoside yagizwe iturufu ya politiki ubutegetsi bwa Perezida Kagame bukoresha kugirango bucecekeshe umuntu wese utavuga rumwe nabwo. Ni muri urwo rwego iyo raporo igaruka ku ijambo ryavuzwe na jenerali James Kabarebe tariki ya 16 ugushyingo 2019 imbere y\u2019urubyiruko rw\u2019abanyeshuri b\u2019abacikacumu ba jenoside yakorewe abatutsi. Yavuze ko abahunze ubutegetsi bwa FPR bose bafite ingengabitekerezo ya jenoside, bakaba nta yindi gahunda bafite uretse kuzagaruka bakarimbura abo batashoboye kwica muw\u20191994. Ati ibyo mwumva bita demokarasi n\u2019uburenganzira bw\u2019ikiremwamuntu burya nta kindi bihishe ni ingengabitekerezo ya jenoside. Ayo magambo yayavuze ari umujyanama wa Perezida Paul Kagame ariko ubu yagizwe umunyamabanga wa leta muri ministeri y\u2019ububanyi n\u2019amahanga ushinzwe ubutwererane n\u2019akarere. Ariya magambo afite uburemere bukomeye kuko ubwayo arerekana ko abari ku butegetsi kuva mu w \u20181994 nta kindi cyerekezo bafitiye igihugu uretse intambara hagati y\u2019abanyarwanda ubwabo, bamwe batsinda abandi bagahunga igihugu bagiye gutegura indi ntambara. Iki nicyo gisobanura impamvu ubutegetsi bwa Perezida Kagame aho gushyira ingufu muri politiki zigamije kubanisha abanyarwanda buhitamo gushyira ingufu mu kubuza amahwemo abaturage babuhunze kuko abari imbere mu gihugu bo basanzwe nta bwinyagamburiro bafite. Ni muri urwo rwego hatangwa amafaranga atagira ingano mu bantu bashinzwe gukurikirana ibikorwa by\u2019abanyarwanda b\u2019impunzi aho bari hose nokubahungeta bifashishije imbuga nkoranyambaga n\u2019itangazamakuru risanzwe. Human Rights Watch yibukije ko muri abo bifashishwa ku mbuga nkoranyambaga harimo uwiyita Kasuku ufite umwihariko wo gutesha agaciro abatavuga rumwe n\u2019ubutegetsi yifashishije amagambo y\u2019urukozasoni. Raporo ya Human Rights Watch yerekana ko hari n\u2019amafranga menshi yagiye atangwa mu bigo by\u2019ikoranabuhanga ajyanye no kuneka ibyo abantu baganira kuri terefoni. Kuvuga ko ibyo bikorwa byose biri mu rwego rwo kurwanya jenoside ni ikinyoma cyambaye ubusa.<\/li>\n<li>Institut Seth Sendashonga irongera gushimangira ko u Rwanda atari akarima k\u2019umuntu Runaka cyangwa agatsiko. U Rwanda ni iguhugu twese abanyarwanda twarazwe n\u2019abasokuruza bacu. Nta munyarwanda udafite uburenganzira bwo gutekereza ku miyoborere y\u2019igihugu cye ndetse nokunenga ibyo abona bitagenda neza. Leta y\u2019u Rwanda ifite inshingano zo gushyiraho politiki zibanisha abanyarwanda no guhumuriza abahunze igihugu kubera amakuba yaranze amateka yacu. Ntabwo abanyarwanda baba mu mahanga ari abanzi b\u2019igihugu. Nta n\u2019ubwo u Rwanda arirwo rufite umwihariko wo kugira abenegihugu benshi mu mahanga. Icyongera umubare w\u2019impunzi z\u2019abanyarwanda ni politiki mbi ituma abaturage babaho nk\u2019abafunze, batinyagambura, abagerageje kuvuga bakaba bicwa cyangwa bagafungwa. Gukurikirana impunzi mu buhungiro uzanywe no kuzibuza amahwemo ni ukuzisonga ubwa kabiri.<\/li>\n<li>Umuryango mpuzamahanga, cyane cyane ibihugu byakiriye impunzi z \u2018abanyarwanda n\u2019ibifitanye ubutwererane n\u2019u Rwanda bikwiye guha agaciro ibivugwa muri iyi raporo ya Human Rights Watch. Guhera muri 1994 u Rwanda rwahawe imfashanyo nyinshi kugirango rwiyubake nyuma y\u2019amakuba rwaciyemo ariko rukeneye n\u2019inkunga yo kurufasha gushyiraho politiki nyayo yo kubanisha abanyarwanda. Ntabwo rukeneye inkunga yo kugura pegasus yo kuneka ibyo abanyarwanda baganira ku materefoni yabo. Ntirukeneye inkunga yo guha ibinyamakuru bigomba gutaka ubutegetsi buriho no guharabika abanenga ubutegetsi bashingiye ku bimenyetso bifatika. Umuryango Human Rights Watch usabwe gukomeza umurimo mwiza watangiye, nko gukurikirana ababuriwe irengero hirya no hino barimo umunyamakuru Cassien Ntamuhanga waburiye muri Mozambike yari mu maboko y\u2019abapolisi, ndetse n\u2019umusizi Innocent Bahati, uyu we akaba yaraburiye mu Rwanda, n\u2019abandi benshi tutiriwe turondora.<\/li>\n<\/ol>\n<div title=\"Page 4\"><\/div>\n<div class=\"page\" title=\"Page 4\">\n<div class=\"layoutArea\"><\/div>\n<p>Bikorewe i Buruseli, tariki ya 20\/10\/2023<\/p><\/div>\n<div class=\"page\" title=\"Page 4\"><strong>Jean-Claude Kabagema<\/strong>,<br \/>\nPerezida wa Iscid asbl<\/div>\n<\/div>\n<\/div>\n<\/div>\n<\/div>\n<\/div>\n<\/div>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Human Rights Watch yamaganye yivuye inyuma politiki ya FPR yo kubuza amahwemo impunzi z\u2019abanyarwanda hirya no hino ku isi. Nyuma y\u2019itangazwa rya raporo y\u2019umuryango w\u2019abanyamerika Human Rights Watch (HRW), tariki ya 8 Ukuboza 2023, ku bikorwa bya guverinoma y\u2019u Rwanda bigamije kubuza amahwemo abatuvuga rumwe n\u2019ubutegetsi bwa FPR aho bahungiye hirya no ku isi, ikigo [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":26526,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[45],"tags":[],"class_list":["post-47806","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amatangazo"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Human Rights Watch yamaganye yivuye inyuma politiki ya FPR yo kubuza amahwemo impunzi z\u2019abanyarwanda hirya no hino ku isi. Nyuma y\u2019itangazwa rya raporo y\u2019umuryango w\u2019abanyamerika Human Rights Watch (HRW), tariki ya 8 Ukuboza 2023, ku bikorwa bya guverinoma y\u2019u Rwanda bigamije kubuza amahwemo abatuvuga rumwe n\u2019ubutegetsi bwa FPR aho bahungiye hirya no ku isi, ikigo [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2023-10-21T12:01:29+00:00\" \/>\n<meta property=\"og:image\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/Seth-Sendashonga.jpg\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:width\" content=\"797\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:height\" content=\"583\" \/>\n\t<meta property=\"og:image:type\" content=\"image\/jpeg\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwda\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwda\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwda\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"headline\":\"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d\",\"datePublished\":\"2023-10-21T12:01:29+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/\"},\"wordCount\":984,\"commentCount\":0,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/05\\\/Seth-Sendashonga.jpg\",\"articleSection\":[\"Amatangazo\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/\",\"name\":\"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/05\\\/Seth-Sendashonga.jpg\",\"datePublished\":\"2023-10-21T12:01:29+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/#primaryimage\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/05\\\/Seth-Sendashonga.jpg\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/wp-content\\\/uploads\\\/sites\\\/3\\\/2018\\\/05\\\/Seth-Sendashonga.jpg\",\"width\":797,\"height\":583,\"caption\":\"Seth Sendashonga\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/nutanyoboka-ndakwica\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089\",\"name\":\"therwda\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwda\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwda\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d - Umunyarwanda","og_description":"Human Rights Watch yamaganye yivuye inyuma politiki ya FPR yo kubuza amahwemo impunzi z\u2019abanyarwanda hirya no hino ku isi. Nyuma y\u2019itangazwa rya raporo y\u2019umuryango w\u2019abanyamerika Human Rights Watch (HRW), tariki ya 8 Ukuboza 2023, ku bikorwa bya guverinoma y\u2019u Rwanda bigamije kubuza amahwemo abatuvuga rumwe n\u2019ubutegetsi bwa FPR aho bahungiye hirya no ku isi, ikigo [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2023-10-21T12:01:29+00:00","og_image":[{"width":797,"height":583,"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/Seth-Sendashonga.jpg","type":"image\/jpeg"}],"author":"therwda","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwda","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/"},"author":{"name":"therwda","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"headline":"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d","datePublished":"2023-10-21T12:01:29+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/"},"wordCount":984,"commentCount":0,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/Seth-Sendashonga.jpg","articleSection":["Amatangazo"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/","name":"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/Seth-Sendashonga.jpg","datePublished":"2023-10-21T12:01:29+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/#primaryimage","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/Seth-Sendashonga.jpg","contentUrl":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-content\/uploads\/sites\/3\/2018\/05\/Seth-Sendashonga.jpg","width":797,"height":583,"caption":"Seth Sendashonga"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/nutanyoboka-ndakwica\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"\u201cNUTANYOBOKA NDAKWICA\u201d"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/e7443e799cb2ddd036d77274bf6fc089","name":"therwda","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/638fa5c55f77e8c27e06281ee4e9bf4c68b2dd109665c9846f31bf16d42f64a5?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwda"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwda\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/47806","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=47806"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/47806\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":47807,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/47806\/revisions\/47807"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media\/26526"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=47806"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=47806"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=47806"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}