{"id":526,"date":"2012-07-23T12:54:52","date_gmt":"2012-07-23T10:54:52","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=526"},"modified":"2012-07-23T12:54:52","modified_gmt":"2012-07-23T10:54:52","slug":"aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/","title":{"rendered":"&#8220;Aho kwirukana ubukene, Leta yahisemo kwirukana abakene&#8221; ! Yozefu NGARAMBE"},"content":{"rendered":"<p>Imibare leta y\u2019u Rwanda itangaza ku bukungu bwayo yerekana ko umusaruro urushaho kwiyongera buri mwaka. Ibyo ndetse bituma hari bamwe bashima cyane ubutegetsi bwa Pawulo Kagame, bakanabwogeza mu rugaga rw\u2019amahanga, ngo burimo guhashya ubukene. Ndetse bamwe bagashaka kubiheraho bavuga ko igitugu kiri mu Rwanda ntacyo gitwaye kuko gituma ubukungu bwiyongera. Nk\u2019uko Yozefu NGARAMBE, impuguke mu by\u2019ubukungu abivuga, ngo iriya mibare leta y\u2019u Rwanda itangaza ku bukungu bwayo ishingiye ku binyoma.<!--more--> Byongeye kandi ngo ubusumbane mu Banyarwanda buragenda bukataza ku buryo n\u2019ubukungu buhari buba ari umwihariko w\u2019abantu bake, abaturage benshi bakaba bafite ikibazo cy\u2019ubukene burushaho kwiyongera. Ibi NGARAMBE yabivuze muri bya biganiro byateguriwe kwibuka isabukuru y\u2019imyaka 13 Seth SENDASHONGA amaze yishwe.<\/p>\n<p><strong>I. Leta yanduranya ku berekana ingeso yayo y\u2019ibeshyeshyamibare rivanze no kwivuguruza<\/strong><\/p>\n<p>Imibare itangazwa na Leta y\u2019u Rwanda ku bukungu bw\u2019igihugu ijya ijorwa kandi ikanengwa. Ibyo bikorwa n\u2019abantu ku giti cyabo cyangwa ibigo byamamaye mu busesenguzi. Iryo jora rikunze kandi kurakaza iyo Leta, akenshi igasubizanya umujinya.<br \/>\nMu ngero nyinshi twatanga, reka turebe impaka zigeze kuvuka hagati ya Leta y\u2019u Rwanda na Institut Mo Ibrahim, nyuma y\u2019uko icyo kigo gitangaje raporo yacyo yari iturutse ku bushakashatsi cyakoreye mu Rwanda mu ntangiriro z\u2019umwaka wa 2009.<\/p>\n<p>Leta y\u2019u Rwanda yihutiye kwamagana iyo Institut Mo Ibrahim, iyiziza ko imibare ikomoka ku bushakashatsi bwayo ivuguruza iyayo. Ibyo ubisanga mu nyandiko ikinyamakuru The New Times, umuntu yavuga ko ari icya Leta, cyasohoye tariki ya 13 Ukwakira 2009 ; inyandiko yiswe <a href=\"http:\/\/hungryoftruth.blogspot.no\/2009\/10\/mo-ibrahim-index-misleading-rwandan.html\">\u201cMo Ibrahim Index Misleading, the Rwandan Government Claims\u201d<\/a>. Nsemuye, iyo nyandiko iragira iti : <strong><em>\u00abLeta y\u2019u Rwanda iremeza ko ibipimo by\u2019imibare bya Mo Ibrahim bibeshya\u00bb<\/em><\/strong>.<\/p>\n<p>Mu bintu byinshi byashenguye Leta y\u2019U Rwanda rero, hari aho igira iti : <em>\u00ab mu bintu tutumvikanaho na busa, hariho ikinyuranyo giteye inkeke hagati y\u2019igipimo cy\u2019izamuka ry\u2019ubukungu ry\u2019umwaka kuri buri Munyarwanda [annual GDP per capita growth], aho icyegeranyo cy\u2019ubuyobozi bwiza muri Afrika [cya Mo Ibrahim] giha u Rwanda <strong>2,74<\/strong> <strong>kw\u2019ijana<\/strong>, mu gihe ikigo cya Leta yacu gitanga umubare wa <strong>14,6<\/strong> <strong>kw\u2019ijana<\/strong>, byerekana<strong> ikinyuranyo gikabakaba 12 kw\u2019ijana.<\/strong> \u00bb<\/em><\/p>\n<p><strong>1.Ku bipimo by\u2019ubukungu, abategetsi bakunze kuvuguruzanya no kwivuguruza.<\/strong><\/p>\n<p>Biragenda birushaho kugaragara ko imibare ififitse n\u2019iterabwoba bitagihagije mu kuzinzika ukuri. Kuko kwamagana ikinyoma bisigaye bituruka n\u2019aho Leta itakekaga. Nyuma y\u2019umwaka umwe gusa Leta yamaganye raporo ya Mo Ibrahim iyiziza ubusa, n\u2019abanyamakuru bo mu Rwanda bakomye akaruru. Ibyo byabarwa na Madame Diane KARUSISI, umuyobozi w\u2019agateganyo w\u2019Ikigo cya Leta gishinzwe ibarurishamibare ; ikigo cyiswe mu cyongereza <em>\u201cNational Institute of Statistics of Rwanda<\/em>\u201d[NISR], cyangwa \u00ab <em>Institut National de la Statistique du Rwanda<\/em> [INSR] mu gifaransa.<\/p>\n<p>Kuwa kabiri, tariki ya 12\/10\/2010, uwo mutegetsi yagiranye rero ingorane n\u2019abanyamakuru, nk\u2019uko tubitangarizwa n\u2019ikinyamakuru Rwanda News Agency [RNA], na cyo kibogamiye kuri Leta. Mu nyandiko cyise <a href=\"http:\/\/www.rnanews.com\/economy\/4317-individual-incomes-increase-4-new-figures-show\">\u00ab Individual incomes increase 4% &#8211; new figures show \u00bb<\/a>, kiragira kiti :<br \/>\n<em>\u201cMu kiganiro mbwirwaruhame cyo kuwa Kabiri, Diane KARUSISI, umuyobozi w\u2019agateganyo w\u2019Ikigo gishinzwe ibarurishamibare, yagize ingorane mu kugerageza kumvisha abanyamakuru ko ibyo bipimo-mibare bihuye n\u2019isura nyayo y\u2019ubukungu bw\u2019igihugu. Abanyamakuru bavuze ko ubukene bwigaragaza cyane mu byaro\u201d.<\/em><\/p>\n<p>N\u2019ubwo rero itangazamakuru ryo mu Rwanda rihozwa ku nkeke, abo banyamakuru ntibihanganiye ikinyoma cy\u2019ikigo cya Leta NISR\/INSR, aho cyerekana ko umusaruro w\u2019Umunyarwanda wiyongereyeho 4%, ukagera ku madolari ya Amerika <strong>541 muri 2010<\/strong>.<\/p>\n<p>Kwerekana ko imibare ari imifitirano, ntibinagoye. Reka turebe imibare NISR\/INSR yari imaze gutangariza abo banyamakuru: <em>\u201cKugeza mu mpera z\u2019ukwezi kwa Kamena 2010, umusaruro wa buri Munyarwanda [GDP\/PIB per capita] wari ugeze ku madolari ya Amerika [USD] 541, ugereranije na USD 520 muri 2009, hamwe n\u2019agera kuri USD 380 mu mwaka wawubanjirije [2008]\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Gusa rero, iyo usomye imibare y\u2019icyo kigo NISR\/INSR, ikubiye muri<a href=\"http:\/\/siteresources.worldbank.org\/INTRWANDA\/Resources\/EDPRS-English.pdf\"> EDPRS 2008-2012<\/a>, ubona ko GDP\/PIB per capita muri 2007 yari USD 272.<br \/>\nNta kuntu rwose umusaruro w\u2019Umunyarwanda wari USD 272 muri 2007 waba warikubye hafi kabiri ngo uhinduke USD 541 muri 2010. Kwikuba kabiri mu myaka 4, bisaba ko umutungo w\u2019Umunyarwanda waba waragiye wiyongera ku rwego rurenze 20 kw\u2019ijana buri mwaka. Abanyamakuru bashoboraga no kubaza Diane KARUSISI ibitangaza Leta yakoze, kugira ngo Umunyarwanda azimize, ave kuri USD 272 muri 2007 yikubite kuri USD 380 mu mwaka wakurikiyeho wa 2008. Uretse no kubeshya rero, abategetsi bo mu Rwanda barivuguruza, bakanavuguruzanya, kandi bose bitwaje imibare y\u2019ikigo rukumbi cy\u2019ibarurishamibare NISR\/INSR.<\/p>\n<p>Nyuma y\u2019amezi abiri gusa Diane KARUSISI abwiye abanyamakuru ko GDP\/PIB per capita y\u2019Umunyarwanda ari USD 541 muri 2010, minisitiri John RWANGOMBWA, ushinzwe Imari n\u2019Ubukungu we yabatangarije ko<em> \u201cmu myaka isaga cumi n\u2019itandatu ishize hubatswe ubukungu butajegajega [\u2026] [ko] ikigereranyo cy\u2019amafaranga yinjizwa na buri munyarwanda ku mwaka kigeze ku <strong>madolari 360<\/strong>\u201d<\/em> (Izuba, 19\/12\/2010). Amezi hafi abiri yicumye, tariki ya 8\/3\/2011, icyo kinyamakuru cyegamiye kuri Leta cyanditse amagambo y\u2019uwo muminisitiri, agira ati: \u201cKugera muri 2010 umuturage wo mu Rwanda yinjizaga amadorali 560 ku mwaka.<\/p>\n<p>Mbere yaho kandi, kw\u2019itariki ya 13 Nyakanga 2010, mu nyandiko ikinyamakuru Izuba cyise <em>\u201cUbukungu bw\u2019u Rwanda bukomeje kwiyongera \u201c<\/em> RWANGOMBWA yari yagize ati: <em>\u201cumusaruro wa buri muturage [wavuye] ku madolari 200 mbere ya 1994 ubu ukaba ugeze ku madolari 520 muri 2010\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Uretse rero ko bigaragara ko Umunyarwanda atavuye kuri USD 272 muri 2007 ngo asimbukire kuri USD 380 muri 2008, imibare ntanzeho urugero, ku mwaka umwe gusa wa 2010, irerekana isura nyayo y\u2019ibeshyeshyamibare riranga Leta y\u2019u Rwanda. Kuri uwo mwaka, Umunyarwanda arahabwa USD 541 na Diane KARUSISI wa NISR\/INSR ; naho minisitiri RWANGOMBWA akamuha USD 520, USD 360, USD 560; iyo mibare yose itatu, kuri uwo mwaka wa 2010, akaba na we ayikura muri NISR\/INSR.<\/p>\n<p><strong>2.Ikigo cya Leta cy\u2019ibarurishamibare NISR\/INSR cyahanzwe muri 2005, hagamijwe ibeshyeshyamibare<\/strong><\/p>\n<p>Kuba ikigo cy\u2019ibarurishamibare NISR\/INSR cyarahindutse ikigo cy\u2019ibeshyeshyamibare, ni ubushake bwa Leta bwo guhuma amaso amahanga, ikoresheje intwaro y\u2019amajyambere. Iyo Leta isa n\u2019iyemeza ko amahanga n\u2019Abanyarwanda bakwiye kwihanganira ihonyora ry\u2019uburenganzira bwa muntu, kubera ko ngo ihora itsinda ibitego mu rwego rw\u2019ubukungu.<\/p>\n<p>Ubwisanzure mw\u2019ibarurishamibare, Leta yabunize muri 2005, ibugenza nk\u2019uko yagize amashyaka, amashyirahamwe anyuranye n\u2019itangazamakuru. Dore uko Louis MUNYAKAZI, umukuru wa mbere wa NISR\/INSR, atangaza ko hagiyeho ikigo kimwe rukumbi, ko ibindi bigomba guceceka:<\/p>\n<p><em>\u201cItangaza ry\u2019imibare ya Leta y\u2019u Rwanda, kuva ubungubu rizajya rikorwa na Institut National Rwandais des Statistiques (INRS) yonyine, rikaba rero ribujijwe izindi nzego za Leta, za ONG, cyangwa ibindi bigo by\u2019ubushakashatsi [\u2026] INRS, imaze ukwezi kumwe gusa ishinzwe, yagombye kugira mu mwihariko wayo akazi kose karebana n\u2019ibipimo-mibare byose by\u2019igihugu [\u2026] Ntidushaka kuguma guhatirwa ibisabwa n\u2019aba <strong>consultants mpuzamahanga badutegeka gutangaza imibare idahwitse<\/strong> [\u2026] Buri gihe, uRwanda rwagiye rubamo uruhuri rw\u2019Amashyirahamwe Atabogamiye kuri Leta (ONG) atangaza imibare itari nyakuri, <strong>ivuguruza isura nyakuri y\u2019Igihugu<\/strong>.\u201d<\/em> (PANA , Kigali &#8211; 20\/10\/2005, Louis MUNYAKAZI, le directeur g\u00e9n\u00e9ral de l&#8217;INRS).<\/p>\n<p>Birumvikana rero ko, kuva icyo gihe, Leta itongeye kwihanganira umuntu cyangwa ikigo kijora imibare y\u2019Ikigo cyayo gishinzwe Ibarurishamibare. Ikaba ari yo mpamvu yarakariye ibigo nka Mo Ibrahim.<\/p>\n<p><strong>II.Ubukungu butazamutse bihagije kandi budasaranganijwe, n\u2019ubwo Leta yiyuha akuya irata inyubako n\u2019isuku bya Kigali, mu rwego rwo guhisha ibibazo byinshi by\u2019ingutu.<\/strong><\/p>\n<p>Reka nkomeze ijambo ryanjye mvuga mu magambo ahinnye ku bintu bimwe bijyanye n\u2019iyo GDP\/PIB per capita : isaranganyamusaruro mu Banyarwanda, uko ubukungu bwifashe mu mujyi wa Kigali, aho u Rwanda rugeze mu guharanira kwihaza mu bukungu, intera ruriho mu nzira yo kurwanya ubukene, imfashanyo n\u2019imyenda.<\/p>\n<p><strong>1.Isaranganyamusaruro:<\/strong><\/p>\n<p>GDP\/PIB, umusaruro w\u2019igihugu, ukunze kubarirwa ku mwaka, ni igipimo nyamukuru cy\u2019ubukungu. Umusaruro wa buri muturage (GDP\/PIB per capita), ubarwa uwo musaruro ugabanijwe n\u2019umubare w\u2019abaturage bose. GDP\/PIB ni impuzandengo rero, bisobanura ko itagaragaza niba umutungo usaranganyijwe neza mu baturage.<\/p>\n<p><strong><em>\u201cCoefficient de Gini\u201d<\/em><\/strong> ni igipimo gikunze gukoreshwa mu kugenzura isaranganyamutungo. Kibara ubusumbane. Icyo gipimo gikora nka <em>\u201c\u00e9cart-type\u201d<\/em>. Kiri hagati ya zeru na rimwe. Nk\u2019ibihugu by\u2019intangarugero, usanga biri hafi ya za 0.25, naho ibyifashe nabi bikarenga za 0.40. Igihugu gifite <em>\u201ccoefficient de Gini\u201d<\/em> ingana na 0.00, byaba bisobanura ko abaturage bacyo bose bafite umutungo ungana ; naho igifite ingana na 1, byaba bivuze ko umutungo wose w\u2019Igihugu uri mu maboko y\u2019umuntu umwe gusa. Icyo gipimo gishobora no kuvugwa hakoreshejwe ijanisha: 0%, 100% (ariyo 1), 25%, 40%, etc.<\/p>\n<p>U Rwanda rwagize isaranganyamutungo ry\u2019intangarugero muri za 1985, aho <em>\u201ccoefficient de Gini\u201d<\/em> yarwo yari 0.25 (25%). Guhera mu myaka ya za 2000, icyo gipimo cyavuye kuri 0.45 (45%) kigera kuri 0.51(51%) muri 2006. Guhera icyo gihe, Leta isigaye isa n\u2019iyirinda no kukibara, kandi itayobewe amakuba igihugu nk\u2019u Rwanda gishobora kugwamo kubera ubusumbane, kandi butanashingiye ku bushobozi bw\u2019umuturage. Mu Cyerekezo cya 2020, Leta yari yarihaye intego kuri icyo gipimo cy\u2019ubusumbane. Kw\u2019ipaji y\u2019icyo cyerekezo, usoma ibi: <em>\u201cUbusumbane ku mutungo (Igipimo cya Gini -%- : 0.454 muri 2000 ; 0.400 muri 2010 ; 0.350 muri 2020)\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Muri iki gihe igipimo cy\u2019ubusumbane cyagombye kuba kigeze muri 40%, nk\u2019uko byari intego muri 2010, ubu rero nta n\u2019ukibara. Byahagarariye kuri 51% muri 2006, ni ukuvuga umubare mubi kurusha uwo muri 2000 (45%). Ubu, uwakibara atabeshye, ashobora no gusanga kirenze 60%, nk\u2019icya Afrika y\u2019Epfo ivuye muri politiki y\u2019irondakoko na gashakabuhake (apartheid). Muri EDPRS 2008-2012, ku rupapuro rwa 15, Leta y\u2019u Rwanda yiyemerera ko igipimo cy\u2019ubusumbane cyari kimeze nabi muri 2000 (aha naho irivuguruza, itanga umubare wa 47%, mu gihe muri Vision 2020 handitse 45.4 %). Yongeraho ko mu gace ka <em>East African Community<\/em>, igihugu cyazonzwe n\u2019ubusumbane kurusha u Rwanda rwa nyuma ya 1994 ari Kenya yonyine.<\/p>\n<p><strong>2.Abajyanama ba Leta bazi ububi bw\u2019ubusumbane.<\/strong><\/p>\n<p>Nka raporo yo muri za 2004 ya IRDP nigeze gusoma, hari aho ivuga ko ubusumbane ari impamvu nyamukuru yatumye haba revolisiyo ya 1959. Ubusumbane burarushaho kwiyongera hagati y\u2019imijyi n\u2019ibyaro ; hari kandi n\u2019ubusumbane mu bari mu mijyi n\u2019abari mu byaro, hagati yabo. Ibyo, umuntu ashobora kubisoma ku buryo burambuye muri raporo ya PNUD yo muri 2007, raporo yiswe <a href=\"http:\/\/planipolis.iiep.unesco.org\/upload\/Rwanda\/Rwanda%20HDR%202007.pdf\"><em>\u201c Turning Vision 2020 onto Reality &#8211; From Recovery to Sustainable Human Development\u201d<\/em><\/a>, ikaba yarakozwe na PNUD, ifatanije na Leta. Kimwe na Raporo ya Institut Mo Ibrahim, iyo raporo ya PNUD yakirijwe umujinya na KAGAME, ategeka minisitiri James MUSONI kuyamagana, kandi yari yayisinye. Yazize gushyira ahagaragara ubusumbane n\u2019ubushake bucye mu kurwanya ubukene bw\u2019abaturage.<\/p>\n<p>Ubusumbane bujyanye n\u2019ivangura, byanahagurukije abepisikopi bo muri Nijeriya, baza i Kigali, aho bavugiye amagambo akomeye, tariki ya 18\/12\/2008. Urugero: <strong><em>\u201cItsinda risa n\u2019iryihariye igisirikare, politiki, n\u2019ubukungu, rikaba ritihanganira ijorwa cyangwa umuhigo uwo ari wo wose ku butegetsi bwaryo, ntabwo rishobora kwemerwa\u201d<\/em><\/strong>. Na nyuma y\u2019ibyo, kuzamuka kw\u2019ubusumbane birabonwa na benshi, harimo n\u2019inkoramutima z\u2019ingoma ya KAGAME.<\/p>\n<p>Imivumo n\u2019ubusebanyi bya Leta y\u2019u Rwanda rero, hari ubushishozi bwo mu muco nyarwanda byirengagiza. Nk\u2019ibikubiye mu mugani ugira uti : <em>\u00ab uvuze ko nyiri urugo yapfuye, si we uba yamwishe \u00bb<\/em>. Leta y\u2019u Rwanda yibagirwa kandi ko n\u2019ukuri guca mu ziko ntigushye. Uko kuri kubabaje kwigaragariza mu bukene bugenda bwiyongera mu Banyarwanda, cyane cyane abo mu cyaro bagize hafi 90 kw\u2019ijana by\u2019abaturage bose. Kandi rero, n\u2019ubwo Leta yashyizeho ikigo kimwe rukumbi ngo kigomba kwiharira ibarurishamibare n\u2019itangazwa ry\u2019ibipimo by\u2019ubukungu n\u2019imiberho myiza y\u2019abaturage, amajwi araturuka hirya no hino akamagana ko n\u2019ubwo Leta yabonye imfashanyo nyinshi, igasonerwa n\u2019imyenda, ubukene butagabanutse.<\/p>\n<p>Mu nyandiko z\u2019impuruza, umuntu yavuga nk\u2019iy\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye, inyandiko yasohotse muri RNA, tariki ya 4\/00\/2010, inyandiko yiswe: <em><a href=\"http:\/\/www.rnanews.com\/economy\/4431-over-75-rwandans-spend-less-than-730-francs-per-day--un\">\u201cOver 75% Rwandans spend less than 730 Francs per day \u2013 UN\u201d.<\/a> <\/em>Nsemure<em> : \u201cUmubare urenze 75% w\u2019Abanyarwanda babeshejweho n\u2019amafaranga ari munsi ya 730 ku munsi, nk\u2019uko byabonywe n\u2019inyigo ya ONU\u201d.<\/em><\/p>\n<p>Ntawakwibagirwa n\u2019inyandiko za UNICEF zihamya ko mu Rwanda, abana barenga 50 kw\u2019ijana barangwa n\u2019indwara ziturutse ku ndyo mbi no kugwingira, ibyo bikaba byabaviramo ubumuga buhoraho, butazatuma bagira icyo bimarira mu buzima. Ibyo byose ni ingaruka z\u2019ubukene n\u2019isaranganyamutungo ribi. Binyuranije n\u2019imvugo ya Leta yamamaza ko u Rwanda rugana inzira ya Singapour, maze abategetsi bo bakarushanwa kwigwizaho ibya mirenge.<\/p>\n<p><strong>3.Muri 2006 u Rwanda rwahanaguriwe hafi imyenda yose y\u2019amahanga yari igeze ku madolari ya Amerika hafi miliyari 1 na miliyoni 600<\/strong><\/p>\n<p>Ubukire buratwa, umuntu yakwibaza aho bushingiye, mu gihe abarimu n\u2019abanyeshuri bicwa n\u2019inzara. Binyuranije n\u2019intego y\u2019Icyerekezo cya 2020 ivuga ko u Rwanda ruzaba igihugu gishingiye ku bumenyi. Amahanga yarunze imfashanyo ku uRwanda, ariko zikaribwa n\u2019agatsiko. Uretse kandi n\u2019imfashanyo, u Rwanda rwahanaguriwe hafi imyenda yose y\u2019amahanga muri 2006, imyenda yari igeze ku madolari ya Amerika hafi miliyari 1 na miliyoni 600. Ibyo byose byagombaga kurufasha kuzamuka, no kudakenera imyenda, nk\u2019uko Icyerekezo 2020 cyateganyaga kubigeraho muri za 2005-2006.<\/p>\n<p>Kugira ngo intego yo kwihaza igerweho, hari ibintu bibiri by\u2019ingenzi byagombaga kugerwaho : kugira ingengo y\u2019imari itarimo icyuho gikabije, no kohereza mu mahanga ibicuruzwa bituma u Rwanda rutumiza ibyo rukeneye. Ingengo y\u2019imari ikomeje kugaragaza icyuho gikomeye, kandi u Rwanda rukomeje guca agahigo mu cyuho cya <em>\u201cbalance commerciale\u201d <strong>(ibitumizwa mu mahanga biruta ibihoherezwa, ikinyuranyo kikaba kirenga miliyari 1 y\u2019amadolari ya Amerika)<\/strong><\/em>. Mu rwego rwo kuziba icyuho cy\u2019ingengo y\u2019imari, Leta igiye kumara ibigo byayo, ibigurisha. Naho mu rwego rwo kubasha guhaha hanze, ikomeje kwirundaho imyenda, ku buryo, kuva muri 2006 iyihanagurirwa, ubu yongeye gukura, ikaba igeze hafi ya USD miliyoni 800 (iyo hanze), mu gihe iy\u2019imbere irenze USD miliyoni 300.<br \/>\nUretse imfashanyo u Rwanda rurushaho gukenera uko umwaka uje, n\u2019imyenda rukomeje kongera kwirundaho, ibibazo by\u2019ubukene n\u2019ubusumbane bitangiye kwigaragaza no muri Kigali. Ibyo bikaba biboneka mu ngengo y\u2019imari y\u2019uwo murwa mukuru yo mu mwaka 2011\/2012, aho iteganya ko umutungo wawo bwite uzaba hafi 27%, imfashanyo y\u2019amahanga ikagera kuri 45%, naho Leta ikawugoboka kuri 20% (kandi nayo irafashwa), andi mafaranga asigaye akava mu nguzanyo.<\/p>\n<p>Ubundi, ahari ubukungu, haba n\u2019umusaruro w\u2019imisoro, cyane cyane ko Leta ivuga ko Rwanda Revenue Authority yayo ari ingenzi, ishema ry\u2019igihugu. 27% gusa nk\u2019amafaranga bwite y\u2019Umurwa mukuru mu ngengo y\u2019imari yawo, ibyo byerekana ko nta kigenda no muri uwo murwa mukuru Leta y\u2019u Rwanda yashoyemo iby\u2019Abanyarwanda hafi byose.<\/p>\n<p><strong>Umwanzuro<\/strong><\/p>\n<p>Kuvuga ko rero ko u Rwanda rugana inzira ya Singapour ni ukwirengagiza cyangwa kubeshya ku bushake. <strong>Ikirunga gishobora ahubwo guturika vuba<\/strong>. Nk\u2019uko tubibonye, no muri Kigali, <em><strong>\u201caho kwirukana ubukene, Leta yirukanye abakene\u201d<\/strong><\/em>. Ibyo byavuzwe kandi na Koleta BRAECKMAN, umwe mu bakunzi b\u2019ingoma ya Kagame.<\/p>\n<p><strong>Joseph Ngarambe<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Imibare leta y\u2019u Rwanda itangaza ku bukungu bwayo yerekana ko umusaruro urushaho kwiyongera buri mwaka. Ibyo ndetse bituma hari bamwe bashima cyane ubutegetsi bwa Pawulo Kagame, bakanabwogeza mu rugaga rw\u2019amahanga, ngo burimo guhashya ubukene. Ndetse bamwe bagashaka kubiheraho bavuga ko igitugu kiri mu Rwanda ntacyo gitwaye kuko gituma ubukungu bwiyongera. Nk\u2019uko Yozefu NGARAMBE, impuguke mu [&hellip;]<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":527,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[],"tags":[],"class_list":["post-526","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>&quot;Aho kwirukana ubukene, Leta yahisemo kwirukana abakene&quot; ! Yozefu NGARAMBE - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"&quot;Aho kwirukana ubukene, Leta yahisemo kwirukana abakene&quot; ! Yozefu NGARAMBE - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Imibare leta y\u2019u Rwanda itangaza ku bukungu bwayo yerekana ko umusaruro urushaho kwiyongera buri mwaka. Ibyo ndetse bituma hari bamwe bashima cyane ubutegetsi bwa Pawulo Kagame, bakanabwogeza mu rugaga rw\u2019amahanga, ngo burimo guhashya ubukene. Ndetse bamwe bagashaka kubiheraho bavuga ko igitugu kiri mu Rwanda ntacyo gitwaye kuko gituma ubukungu bwiyongera. Nk\u2019uko Yozefu NGARAMBE, impuguke mu [&hellip;]\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-07-23T10:54:52+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"11 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/\",\"name\":\"\\\"Aho kwirukana ubukene, Leta yahisemo kwirukana abakene\\\" ! Yozefu NGARAMBE - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-07-23T10:54:52+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"160\",\"height\":\"152\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"&#8220;Aho kwirukana ubukene, Leta yahisemo kwirukana abakene&#8221; ! Yozefu NGARAMBE\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"\"Aho kwirukana ubukene, Leta yahisemo kwirukana abakene\" ! Yozefu NGARAMBE - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"\"Aho kwirukana ubukene, Leta yahisemo kwirukana abakene\" ! Yozefu NGARAMBE - Umunyarwanda","og_description":"Imibare leta y\u2019u Rwanda itangaza ku bukungu bwayo yerekana ko umusaruro urushaho kwiyongera buri mwaka. Ibyo ndetse bituma hari bamwe bashima cyane ubutegetsi bwa Pawulo Kagame, bakanabwogeza mu rugaga rw\u2019amahanga, ngo burimo guhashya ubukene. Ndetse bamwe bagashaka kubiheraho bavuga ko igitugu kiri mu Rwanda ntacyo gitwaye kuko gituma ubukungu bwiyongera. Nk\u2019uko Yozefu NGARAMBE, impuguke mu [&hellip;]","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-07-23T10:54:52+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"11 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/","name":"\"Aho kwirukana ubukene, Leta yahisemo kwirukana abakene\" ! Yozefu NGARAMBE - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-07-23T10:54:52+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"160","height":"152"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/aho-kwirukana-ubukene-leta-yahisemo-kwirukana-abakene-yozefu-ngarambe\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"&#8220;Aho kwirukana ubukene, Leta yahisemo kwirukana abakene&#8221; ! Yozefu NGARAMBE"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/526","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=526"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/526\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=526"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=526"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=526"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}