{"id":781,"date":"2012-08-01T14:41:28","date_gmt":"2012-08-01T12:41:28","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=781"},"modified":"2012-08-01T15:21:23","modified_gmt":"2012-08-01T13:21:23","slug":"mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/","title":{"rendered":"Mu gihe u Rwanda rwisobanura ku byo ruregwa, Museveni ari muri Angola"},"content":{"rendered":"<p>Kuri uyu Kabiri tariki ya 31 Nyakanga Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga Louise Mushikiwabo yagiranye ikiganiro n\u2019abanyamakuru ku kibazo cy\u2019intambara mu gihugu cya Congo. Yavuze ko ngo Leta y\u2019u Rwanda nta ruhare ibifitemo, anagaragaza ibyo Leta y\u2019u Rwanda yise amakosa 10 agaragara mu cyegeranyo impuguke z\u2019umuryango w\u2019abibumbye zatanzemo ibirego bishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23.<!--more--><\/p>\n<p>&#8211; Ikigo cya gisirikare cya Kanombe ntigitangirwamo inyigisho za gisirikare nk\u2019uko bivugwa muri raporo<\/p>\n<p>&#8211; RDF ntiyigeze itanga ibikoresho bya gisirikare kuko ibyagaragajwe muri raporo byashaje bigatwikwa hambere<\/p>\n<p>&#8211; Brig. Gen Ruvusha uvugwa muri raporo ko ari mu bafashije M23 byagaragajwe ko atari muri Gisenyi (Rubavu) mu gihe kivugwa.<\/p>\n<p>&#8211; Ubwato bavuga ko bwakoreshejwe mu kwambutsa abantu n\u2019ibintu, ntibwabishobora ukurikije uko buteye.<\/p>\n<p>&#8211; Abacuruzi b\u2019abanyekongo bivugwa ko baje mu Rwanda mu rwego gukusanya inkunga M23 ntabwo bari mu Rwanda ku matariki atangwa na raporo.<\/p>\n<p>&#8211; Iyi raporo ngo ibeshyera Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y\u2019Ingabo Brig Gen Jack Nziza kuba ngo ariwe ushinzwe ibikorwa bya gisirikare n\u2019ibikoresho bigenerwa M23<\/p>\n<p>&#8211; Lt. Col Jomba Gakumba ntabwo yigeze yimurirwa mu Ruhengeri (Musanze) nk\u2019uko bivugwa muri iyo raporo raporo.<\/p>\n<p>&#8211; Iyi raporo ivuga ko yafashe amajwi y\u2019ibiganiro bya RDF na M23 ariko ayo majwi ngo ntagaragazwa<\/p>\n<p>&#8211; Inzu igaragazwa ku ifoto iri mu majyaruguru (Musanze) bivugwa ko ari iya Gen Bosco Ntaganda ibi nabyo ngo ntabwo ari byo.<\/p>\n<p>&#8211; u Rwanda ngo rwatanze inyandiko irambuye ivuguruza ibivugwa muri iyo raporo ko Ministre w\u2019Ingabo James Kabarebe n\u2019Umugaba w\u2019Ingabo Gen Charles Kayonga bafasha M23. Kimwe muri ibi akaba ari uko bombi ahubwo baheruka muri Congo kurebera hamwe n\u2019abasirikare ba Leta ya Congo na Monusco uko ikibazo cyakemurwa mu mahoro.<\/p>\n<p>Ministre Mushikiwabo yavuze ko ngo icyegeranyo cy&#8217;umuryango w&#8217;abibumbye kirimo amakosa. Tubibutse ko u Bufaransa bwatangaje ko buzakoresha ingufu bufite mu nama y\u2019umuryango w\u2019abibumbye ishinzwe amahoro kw\u2019isi kugira ngo busabe ko inyeshyamba za M23 n\u2019abazifasha bamaganwe. Ngo Ibisobanuro by\u2019ibyo Leta y\u2019u Rwanda yita amakosa mu cyegeranyo cya ONU, Leta y\u2019u Rwanda yabitanze mu muryango w\u2019abibumbye no mu kanama ka Komisiyo y\u2019ibibazo bijyanye n\u2019igihugu cya Congo.<\/p>\n<p>Yakomeje avuga ko ngo ari nta mpamvu y\u2019ibimenyetso n\u2019ibirego bidafite ishingiro. Yavuze ko abatanga ibi birego bafite imitekerereze mibi igaragaza ivangura kandi ngo icyo bifuza ni ugushaka ibimenyetso byanze bikunze ngo babigereho.<\/p>\n<p>Ntabwo yagarukiye aho kuko yahise anashinja amahanga aho yagize ko ikibazo cy\u2019umutekano muke ugaragara mu Burasirazuba bwa Congo kirimo inyungu z\u2019ibihugu byinshi n\u2019Umuryango Mpuzanahanga ukaba ubyongera, aho kugirango ubikemure. Yagize ati <em>\u201dUmuryango Mpuzamahanga ubifitemo amacenga menshi cyane nta bushake bwo kurangiza kiriya kibazo buhari.&#8221;<\/em><\/p>\n<p>Mu bisobanuro yatanze kandi yagerageje kuvuga aho we abona ngo ikibazo cya Congo gituruka. Kuri we ngo iki kibazo gishingiye ahanini no ku mateka yaranze ibihugu arimo imipaka, Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, impunzi z\u2019Abanyekongo, abanyarwanda b\u2019abahutu bahungiye muri Congo, bityo ayo mateka yose ataraturutse ku Rwanda ngo bayahindura bitwaje inyungu zabo maze bakabeshyera u Rwanda.<\/p>\n<p>Mushikiwabo yabwiye abanyamakuru ko ibi birego byose bidafite ishingiro, yemeza ko ikibazo cya Congo Kinshasa kirebwa n\u2019ibihugu byinshi. Yagize ati <em>\u201dIbibazo bya Congo birimo ibihugu byinshi, ibi twita ko byateye imbere cyane.\u201d<\/em><\/p>\n<p>Abanyamakuru bamubajije ku kibazo cy\u2019uko guhagarikirwa imfashanyo k\u2019u Rwanda n\u2019ibihugu bimwe na bimwe bitazagira ingaruka ku bukungu bwarwo, Mushikiwabo yavuze ko bidakwiye gutera impungenge Abanyarwanda kuko n\u2019ubundi imfashanyo bahaga u Rwanda itageraga ku kigereranyo cya 50% y\u2019ingengo y\u2019imari. Bityo ko abanyarwanda batazabura kubaho kubera guhagarika iyo mfashanyo. Ati <em>\u201dU Rwanda n\u2019Abanyarwanda bagomba kubaho, \u2026,ayo mafaranga n\u2019ubundi aramutse atabonetse bagomba kubaho\u201d.\u00a0<\/em>Yongeye<em> ati:\u201cBene ziriya raporo zituvugaho tuzimaranye imyaka 18, izo kugusha indege, kwica abantu muri Congo n\u2019izindi. Naho inkunga ituruka hanze bazi ko tuyikoresha neza. Itabonetse kandi abantu ntibabura ibitotsi, icyangombwa ni ingufu abanyarwanda bakoresha biteza imbere kuko nizo zirugejeje aha\u201d\u00a0<\/em><\/p>\n<p>Kuri iyo ngingo Ministre John Rwangombwa we yatangaje ko Leta y\u2019u Rwanda izagerageza kuziba icyuho kizaterwa n\u2019imfashanyo zahagaritswe hakoreshwa amafaranga yikwinjira avuye mu gihugu imbere ndetse hakabaho no gusubika imishinga imwe n\u2019imwe.<\/p>\n<p>Tugarutse ku bisobanuro bya Ministre Mushiwabo yasobanuye ko ibihugu bimwe byabwiye u Rwanda mbere ko bizaba bihagaritse imfashanyo mu gihe runaka, ibyo u Rwanda rwabimenyeshejwe mbere y\u2019uko ibibazo by\u2019intambara ibera mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa biba . Avuga kandi ko kuba ibihugu bimwe byarahagaritse inkunga ku Rwanda bidasobanura ko umubano wabyo n\u2019u Rwanda wahagaze.\u00a0<em><\/em><\/p>\n<p>Mushikiwabo kandi yatunze agatoki itangazamakuru mu gutangaza amakuru yita ko ari ay\u2019ibihuha ng nta genzura rikozwe. Yavuze ko hari ibihugu biba byifitiye imigambi bikuka igitutu ibindi hari icyo bishaka kugera ho. Yavuze ko ibyegeranyo byinshi za Loni ikora ku Rwanda bihita bijya mu bitangazamakuru bityo bigakwirakwiza ibyo yita ibihuha bityo ngo n\u2019abantu bakaba bafata amakuru uko atari.<\/p>\n<p>Ariko biragaragara ko Leta y\u2019u Rwanda nta cyizere ifite ko ibisobanuro yatanze mu nyandiko isubiza icyegeranyo cy\u2019impuguke z\u2019umuryango w\u2019abibumbye bizahabwa agaciro n\u2019amahanga cyangwa inama y\u2019umuryango w\u2019abibumbye ishinzwe amahoro kw\u2019isi. Kuri ibyo Mushikiwabo yagize ati:<em>\u201dNtabwo twizera ko abantu biyizi nk\u2019impuguke (&#8230;) bazahindukira bakavuga ngo twasanze twaribeshye, ariko icyangombwa ni uko u Rwanda rwabonye umwanya wo gutanga ibisobanuro byagombaga kuba byaratanzwe mbere y\u2019uko iyo raporo isohoka.\u201d<\/em><\/p>\n<p>Ibi ntabwo byatuma umuntu atibaza icyo u Rwanda rupfa n\u2019impuguke z\u2019umuryango w\u2019abibumbye, mu gihe tuzi ku iyo hasohotse ibyegeranyo binenga u Rwanda, Leta ya Kigali buri gihe itanga impamvu ivuga ko intumwa z\u2019umuryango w\u2019abibumbye zitakoze akazi neza cyangwa zibogamye. Nabaha urugero nko kuri mapping report. Ariko umuryango w\u2019abibumbye iyo ufashe ibyemezo bishigikira Leta y\u2019u Rwanda icyo gihe Leta y\u2019u Rwanda ivuga ko bakora neza nabaha urugero rw\u2019ibyemezo by\u2019umuryango w\u2019abibumbye ku bijyanye na Genocide cyangwa urukiko rw\u2019Arusha.<\/p>\n<p>Andi makuru avugwa mu karere n\u2019urugendo rwa Perezida Museveni wa Uganda mu gihugu cy\u2019Angola. Urwo ruzinduko ruje rukurikirana n\u2019urwa Perezida Kabila nawe uherutse muri Angola.<\/p>\n<p>Perezida Museveni yageze mu gihugu cy\u2019Angola kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Nyakanga 2012 mu mugoroba kaba ateganya kubonana na mugenzi we Edouardo Dos Santos kuri uyu wa gatatu tariki ya 1 Kanama 2012.<\/p>\n<p>Uru ruzinduko rubaye mu gihe muri iyi minsi hari amakuru avuga ko igihugu cya Uganda cyaba gitera inkunga inyeshyamba za M23. Tubibutse kandi ko mu myaka yashize ingabo za Angola zifatanije n\u2019indi ngabo z\u2019ibihugu bya SADC zahanganye bikomeye n\u2019ingabo z\u2019u Rwanda na Uganda muri Congo.<\/p>\n<p><strong>Marc Matabaro<\/strong><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuri uyu Kabiri tariki ya 31 Nyakanga Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga Louise Mushikiwabo yagiranye ikiganiro n\u2019abanyamakuru ku kibazo cy\u2019intambara mu gihugu cya Congo. Yavuze ko ngo Leta y\u2019u Rwanda nta ruhare ibifitemo, anagaragaza ibyo Leta y\u2019u Rwanda yise amakosa 10 agaragara mu cyegeranyo impuguke z\u2019umuryango w\u2019abibumbye zatanzemo ibirego bishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":16548,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[64,62],"tags":[],"class_list":["post-781","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amakuru","category-politiki"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v25.3.1 - https:\/\/yoast.com\/wordpress\/plugins\/seo\/ -->\n<title>Mu gihe u Rwanda rwisobanura ku byo ruregwa, Museveni ari muri Angola - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Mu gihe u Rwanda rwisobanura ku byo ruregwa, Museveni ari muri Angola - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Kuri uyu Kabiri tariki ya 31 Nyakanga Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga Louise Mushikiwabo yagiranye ikiganiro n\u2019abanyamakuru ku kibazo cy\u2019intambara mu gihugu cya Congo. Yavuze ko ngo Leta y\u2019u Rwanda nta ruhare ibifitemo, anagaragaza ibyo Leta y\u2019u Rwanda yise amakosa 10 agaragara mu cyegeranyo impuguke z\u2019umuryango w\u2019abibumbye zatanzemo ibirego bishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-08-01T12:41:28+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2012-08-01T13:21:23+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"5 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\/\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/\",\"name\":\"Mu gihe u Rwanda rwisobanura ku byo ruregwa, Museveni ari muri Angola - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-08-01T12:41:28+00:00\",\"dateModified\":\"2012-08-01T13:21:23+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Mu gihe u Rwanda rwisobanura ku byo ruregwa, Museveni ari muri Angola\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website\",\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/\",\"url\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Mu gihe u Rwanda rwisobanura ku byo ruregwa, Museveni ari muri Angola - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Mu gihe u Rwanda rwisobanura ku byo ruregwa, Museveni ari muri Angola - Umunyarwanda","og_description":"Kuri uyu Kabiri tariki ya 31 Nyakanga Minisitiri w\u2019Ububanyi n\u2019Amahanga Louise Mushikiwabo yagiranye ikiganiro n\u2019abanyamakuru ku kibazo cy\u2019intambara mu gihugu cya Congo. Yavuze ko ngo Leta y\u2019u Rwanda nta ruhare ibifitemo, anagaragaza ibyo Leta y\u2019u Rwanda yise amakosa 10 agaragara mu cyegeranyo impuguke z\u2019umuryango w\u2019abibumbye zatanzemo ibirego bishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-08-01T12:41:28+00:00","article_modified_time":"2012-08-01T13:21:23+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"5 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/","name":"Mu gihe u Rwanda rwisobanura ku byo ruregwa, Museveni ari muri Angola - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-08-01T12:41:28+00:00","dateModified":"2012-08-01T13:21:23+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#primaryimage","url":"","contentUrl":""},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-gihe-u-rwanda-rwisobanura-ku-byo-ruregwa-museveni-ari-muri-angola\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Mu gihe u Rwanda rwisobanura ku byo ruregwa, Museveni ari muri Angola"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/image\/","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/781","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=781"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/781\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=781"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=781"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=781"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}