{"id":813,"date":"2012-08-03T23:38:34","date_gmt":"2012-08-03T21:38:34","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=813"},"modified":"2012-08-06T10:52:43","modified_gmt":"2012-08-06T08:52:43","slug":"mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/","title":{"rendered":"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya"},"content":{"rendered":"<p>Mu nkuru dukesha urubuga Jambonews, ngo ku wa gatandatu tariki ya 28 Nyakanga 2012, umusore w\u2019umunyarwanda, Jules M., ufite imyaka 22 yakubitiwe muri m\u00e9tro i Buruseli mu Bubiligi ahagana Arts Loi<!--more-->, n\u2019abanyekongo biyita aba \u201dcombattants\u201d bari bavuye mu myigaragambyo imbere y\u2019Ambassade y\u2019u Rwanda i Buruseli. Iyo myigaragambyo yari igamije kwamagana intambara iri mu burasirazuba bwa Congo kuva aho muri Mata uyu mwaka hatangiye kwivumbura k\u2019umutwe wiyise M23, impuguke za ONU zikaba zivuga ko u Rwanda rufasha uwo mutwe.<\/p>\n<p>Ahagana mu ma saa mbiri z\u2019ijoro, mu gihe uwo musore Jules yari muri m\u00e9tro iva Stockel igana muri Gare del\u2019Ouest, agaco k\u2019abanyekongo bagera nko kw\u2019icumi bambaye imyenda isa n\u2019iya gisirikare binjiriye kuri Station ya Montgomery, bagenda basakuza bamagana Perezida Kagame w\u2019u Rwanda ngo \u00ab Kagame Criminel \u00bb, \u00ab Kagame g\u00e9nocidaire \u00bb.<\/p>\n<p>Nk\u2019uko bisobanurwa na mugenzi w\u2019uwo musore Jules, ako gaco k\u2019abakongomani kashakaga aho kicara bagera aho Jules yari ari. Umwe muri abo bakongomani yamubajije niba ari umunyarwanda cyangwa umurundi, Jules yasubije ko ari umurundi, undi mukongomani yamubajije niba ari umuhutu cyangwa umututsi, abasubiza ko ari umuhutu, muri uko gusubiza undi mukongomani yahise avuga ko yigeze kumubona ko ari umunyarwanda. Akaduruvayo kaba karatangiye!<\/p>\n<p>Ako gaco kahise kagota Jules umwe muri bo ashaka kumutwarira ibintu birimo telefone igendanwa. Nyuma y\u2019aho umubiligi wari aho yagerageje kwitambika ngo abuze urwo rugomo, m\u00e9tro yageze ahitwa Arts-Loi, aho abo bakongomani bagombaga kuviramo.<\/p>\n<p>Mu gihe imiryango yari igiye kwifunga, umwe mu bakongomani yakubise Jules ingumi n\u2019ingufu nyinshi amumena urwasaya ndetse n\u2019uruhekenyero ruva mu mwanya warwo. Yajyanywe mu bitaro, yarabazwe ku wa gatatu tariki ya 1 Kanama 2012 bigenda neza.<\/p>\n<p>Kuva mu 1996, igihe u Rwanda rwateraga Congo bwa mbere rushyize imbere AFDL nk\u2019agakingirizo, hagiye habaho ibikorwa byinshi by\u2019urugomo byibasiye abanyarwanda bikorwa n\u2019abakongomani byaba ari ibitutsi cyangwa gukubita.<\/p>\n<p>Ibyo bikorwa byakunze kubaho igihe habaga habaye kubura kw\u2019imirwano muri Congo aho abanyekongo bagaragarije abanyarwanda batuye mu Bubiligi urwango.<\/p>\n<p>Igikorwa cy\u2019urugomo cyaherukaga n\u2019icyabaye ku itariki ya 16 Gashyantare 2012, ubwo umunyamakuru wa BBC, Jean Claude Nkubito yahohotewe igihe yari agiye gutara amakuru y\u2019imyigaragambyo yamaganaga kwiba amajwi mu matora ya Perezida wa Repubulika yari amaze iminsi abaye muri Congo. Jean Claude Nkubito yagoswe n\u2019abo bakongomani bigaragambyaga baramukubita ndetse bamutwarira ibikoresho bye birimo mudasobwa. Yamaze hafi ibyumweru bibiri adashobora gukora akazi ke neza, byari kuba bibi kurushaho iyo polisi idatabara.<\/p>\n<p>Nk\u2019uko Jean Claude Nkubito yabibwiye Jambonews ngo kuva uwo munsi ntagitara amakuru y\u2019imyigaragambyo yateguwe n\u2019abanyekongo.<\/p>\n<p>Mike, inshuti ya Jules y\u2019umunyekongo, yavuze ko yababajwe cyane n\u2019ihohoterwa ry\u2019uwo musore udafite aho ahuriye n\u2019ibibera mu burasirazuba bwa Congo. Mike avuga ko atumva impamvu kandi adashyigikiye icyo gikorwa kibi.<\/p>\n<p>\u00ab Mama Jos\u00e9e \u00bb, umu \u00ab combattante \u00bb w\u2019umunyekongo wari wanagiye muri iriya myigaragambyo yo ku wa gatandatu yavuze ko ababaye kubera uwo musore udafite aho ahuriye n\u2019ibirimo kuba ariko ngo aranababaye kubera abanyekongo bapfa buri munsi nabo badafite aho bahuriye nabyo.<\/p>\n<p>Ku kibazo cy\u2019uko iyo myitwarire idashobora gutuma ibikorwa byabo bita agaciro, uwo mudamu yasubije ko abanyekongo za miliyoni bapfuye, ngo barabica, barabasahura, barababaye cyane kandi nta muntu ubivuga. Yakomeje avuga ko bibabaje kuba uriya musore yakubiswe, ngo ku giti cye iyo ahaba aba yaratabaye ariko ngo ibibazo nk\u2019ibi bishobora kongera kuba niba akababaro k\u2019abaturage ba Congo kadahagaze.<\/p>\n<p>Placide Kayumba, Pr\u00e9sident de l\u2019ASBL Jambo, yavuze ko ababajwe no kubona intambara ituma abantu bitwara mu buryo butari bwo. Yakomeje avuga ko uburakari bw\u2019abanyekogo bwumvikana kubera ibikorwa by\u2019urugomo bikorerwa abaturage b\u2019abanyekongo bikozwe n\u2019agaco k\u2019abagizi ba nabi kari ku butegetsi mu Rwanda, ngo ubutegetsi babonye bakoresheje intwaro kandi bakomeje kugumana bakoresheje iterabwoba. Ariko avuga ko guhohotera abanyarwanda b\u2019inzirakarengane nabo bagiriwe nabi n\u2019ubwo butegetsi ntawe ugomba kubishyigikira.\u00a0Yarangije avuga ko abaturage batagomba gukomeza kubabara kubera ingaruka z\u2019iyi ntambara.<\/p>\n<p>Michel Malherbe, umuvugizi wa Minist\u00e8re y\u2019ububanyi n\u2019amahanga y\u2019u Bubiligi abajijwe na Jambonews kuri iki kibazo, yasubije ko ku bijyanye n\u2019umutekano amategeko y\u2019u Bubiligi akurikizwa kuri buri wese hatitawe kuwakoze icyaha iwo ari we cyangwa uwagikorewe uwo ari we.<\/p>\n<p>Ku bijyanye n\u2019imvano y\u2019ibi bibazo (ni ukuvuga ibibera mu burasirazuba bwa Congo) yasubije ko u Bubiligi bwabishyizemo ingufu nyinshi za doplomasi kugira ngo butange umuganda wabwo mu gushakira umuti ibibazo biri muri Congo, biciye muri ONU, mu muryango w\u2019ibihugu by\u2019u Burayi, no mu biganiro n\u2019ibihugu byo mu karere k\u2019ibiyaga bigari.<br \/>\nAsoza avuga ko igihugu cy\u2019u Bubiligi kiyemeje gufasha mu kugarura umutekano mu nyungu z\u2019abaturage bakomeje kuba mu kaga ndetse n\u2019ingaruka z\u2019intambara.<\/p>\n<p>Ruhumuza Mbonyumutwa<br \/>\n<a href=\"http:\/\/www.jambonews.net\/actualit%C3%A9\/20120803-belgique-agression-dun-jeune-rwandais-dans-le-metro-bruxellois\/\">Jambonews<\/a><\/p>\n<p>Byashyizwe mu kinyarwanda na Marc Matabaro<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu nkuru dukesha urubuga Jambonews, ngo ku wa gatandatu tariki ya 28 Nyakanga 2012, umusore w\u2019umunyarwanda, Jules M., ufite imyaka 22 yakubitiwe muri m\u00e9tro i Buruseli mu Bubiligi ahagana Arts Loi<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":814,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[67,64],"tags":[],"class_list":["post-813","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-amahanga","category-amakuru"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Mu nkuru dukesha urubuga Jambonews, ngo ku wa gatandatu tariki ya 28 Nyakanga 2012, umusore w\u2019umunyarwanda, Jules M., ufite imyaka 22 yakubitiwe muri m\u00e9tro i Buruseli mu Bubiligi ahagana Arts Loi\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-08-03T21:38:34+00:00\" \/>\n<meta property=\"article:modified_time\" content=\"2012-08-06T08:52:43+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"4 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwd.com\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"headline\":\"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya\",\"datePublished\":\"2012-08-03T21:38:34+00:00\",\"dateModified\":\"2012-08-06T08:52:43+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/\"},\"wordCount\":774,\"commentCount\":2,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"articleSection\":[\"Amahanga\",\"Amakuru\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/\",\"name\":\"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-08-03T21:38:34+00:00\",\"dateModified\":\"2012-08-06T08:52:43+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"300\",\"height\":\"225\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwd-com\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya - Umunyarwanda","og_description":"Mu nkuru dukesha urubuga Jambonews, ngo ku wa gatandatu tariki ya 28 Nyakanga 2012, umusore w\u2019umunyarwanda, Jules M., ufite imyaka 22 yakubitiwe muri m\u00e9tro i Buruseli mu Bubiligi ahagana Arts Loi","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-08-03T21:38:34+00:00","article_modified_time":"2012-08-06T08:52:43+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"4 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/"},"author":{"name":"therwd.com","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"headline":"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya","datePublished":"2012-08-03T21:38:34+00:00","dateModified":"2012-08-06T08:52:43+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/"},"wordCount":774,"commentCount":2,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","articleSection":["Amahanga","Amakuru"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/","name":"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-08-03T21:38:34+00:00","dateModified":"2012-08-06T08:52:43+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"300","height":"225"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/mu-bubiligi-umunyarwanda-yakubiswe-nabanyekongo-bamumena-urwasaya\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Mu Bubiligi umunyarwanda yakubiswe n\u2019abanyekongo bamumena urwasaya"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/813","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=813"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/813\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=813"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=813"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=813"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}