{"id":890,"date":"2012-08-08T11:42:17","date_gmt":"2012-08-08T09:42:17","guid":{"rendered":"http:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?p=890"},"modified":"2012-08-08T11:42:17","modified_gmt":"2012-08-08T09:42:17","slug":"hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/","title":{"rendered":"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga"},"content":{"rendered":"<p>Inzego zitandukanye z\u2019ubuyobozi bukuru bw\u2019igihugu zimaze igihe zisobanura ko uruhare rw\u2019Abanyarwanda mu kunganira ingengo y\u2019imari ya Leta rugiye kurushaho kuba runini nyuma y\u2019aho amahanga atangarije ko azahagarika inkunga yageneraga u Rwanda.<!--more--><\/p>\n<p>Ingengo y\u2019imari ya Leta y\u2019umwaka wa 2012-2013 irarenga tiriyali imwe na miliyoni 375. Ubwo yatangizaga umunsi w\u2019abasora muri uyu mwaka, Minisitiri w\u2019imari n\u2019igenamigambi, John Rwangombwa, yatangaje ko uruhare rw\u2019abikorera mu Rwanda ruzagera ku kigero cya 54%, kingana na miliyari zisaga 700 z\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda.<\/p>\n<p>Minisitiri Rwangombwa yanatangaje ko hagiyeho ikigega kizajya gishyirwamo intwererano yo kunganira ingengo y\u2019imari ya Leta cyitwa \u201cAgaciro development fund\u201d.<\/p>\n<p>Perezida wa Sena y\u2019u Rwanda, Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo yashimangiye ishyirwaho ryihuse ry\u2019icyo kigega, mu kiganiro yagiranye n\u2019abanyamakuru kuri uyu wa kabiri tariki 07\/08\/2012.<\/p>\n<p>Umukuru wa Sena yagize ati: \u201cTugiye kwihutisha cyane ishyirwaho rya \u2018Fond de solidarite\u2019, kuko na mbere y\u2019uko abaterankunga batangaza ko bashobora guhagarika imfashanyo bageneraga u Rwanda, twari twabyemeranyijweho mu mwiherero w\u2019ubushize ko icyo kigega kizajyaho.\u201d<\/p>\n<p>Abagize Inteko ishinga amategeko bongeraho ko hari itegeko risaba imisoro ibigo cyangwa imiryango inyuranye itari isanzwe isora, harimo na za kaminuza zose, zaba izigenga cyangwa iza Leta.<\/p>\n<p>Ubwo yifatanyaga n\u2019abaturage b\u2019akarere ka Burera kubaka amashuri yangijwe n\u2019imyuzure, mu muganda usoza ukwezi gushize, Ministiri w\u2019Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, nawe yasabye abaturage kurushaho gukora amasaha menshi cyane ku munsi, ndetse no kubyaza umusaruro mwinshi ibikorwa rusange nk\u2019umuganda.<\/p>\n<p>Indi gahunda ihoraho yo kunganira ingengo y\u2019imari ya Leta iherutse gutangazwa n\u2019umukuru w\u2019Itorero ry\u2019igihugu, Boniface Rucagu, ni uko buri munyeshuri urangije amashuri yisumbuye agomba kuzajya amara amezi arindwi ari umukorerabushake mu mirimo rusange inyuranye.<\/p>\n<p>Minisitiri John Rwangombwa we arema agatima Abanyarwanda, aho avuga ko amahanga afite ibikabyo mu byo avuga kurusha gushyira mu bikorwa, kuko ngo inkunga yatangajwe ko ishobora guhagarikwa itagera no kuri 1\/10 cy\u2019ingengo y\u2019imari.<\/p>\n<p>Bimwe mu bihugu bitera inkunga u Rwanda bihamya ko bitayihagaritse nk\u2019uko bivugwa, ahubwo ngo bishobora kuyikererezaho gato.<\/p>\n<p>Ibihugu bivuga bityo birimo Ubuholandi. Ambasaderi wabwo mu Rwanda ushoje igihe, Frans Makken yatangaje ko igihugu cye kitahagaritse inkunga, ahubwo ko bagitegereje ibizava muri raporo ya nyuma y\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye, izatangazwa mu kwezi k\u2019ugushyingo, ku ruhare u Rwanda ruregwa mu ntambara ibera muri Kongo.<\/p>\n<p>Simon Kamuzinzi<\/p>\n<p><em>Source:Kigali today<\/em><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Inzego zitandukanye z\u2019ubuyobozi bukuru bw\u2019igihugu zimaze igihe zisobanura ko uruhare rw\u2019Abanyarwanda mu kunganira ingengo y\u2019imari ya Leta rugiye kurushaho kuba runini nyuma y\u2019aho amahanga atangarije ko azahagarika inkunga yageneraga u Rwanda.<\/p>\n","protected":false},"author":3,"featured_media":891,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[69],"tags":[],"class_list":["post-890","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-ubukungu"],"yoast_head":"<!-- This site is optimized with the Yoast SEO plugin v27.8 - https:\/\/yoast.com\/product\/yoast-seo-wordpress\/ -->\n<title>Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga - Umunyarwanda<\/title>\n<meta name=\"robots\" content=\"index, follow, max-snippet:-1, max-image-preview:large, max-video-preview:-1\" \/>\n<link rel=\"canonical\" href=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/\" \/>\n<meta property=\"og:locale\" content=\"en_US\" \/>\n<meta property=\"og:type\" content=\"article\" \/>\n<meta property=\"og:title\" content=\"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga - Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"og:description\" content=\"Inzego zitandukanye z\u2019ubuyobozi bukuru bw\u2019igihugu zimaze igihe zisobanura ko uruhare rw\u2019Abanyarwanda mu kunganira ingengo y\u2019imari ya Leta rugiye kurushaho kuba runini nyuma y\u2019aho amahanga atangarije ko azahagarika inkunga yageneraga u Rwanda.\" \/>\n<meta property=\"og:url\" content=\"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/\" \/>\n<meta property=\"og:site_name\" content=\"Umunyarwanda\" \/>\n<meta property=\"article:published_time\" content=\"2012-08-08T09:42:17+00:00\" \/>\n<meta name=\"author\" content=\"therwd.com\" \/>\n<meta name=\"twitter:card\" content=\"summary_large_image\" \/>\n<meta name=\"twitter:label1\" content=\"Written by\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data1\" content=\"therwd.com\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:label2\" content=\"Est. reading time\" \/>\n\t<meta name=\"twitter:data2\" content=\"2 minutes\" \/>\n<script type=\"application\/ld+json\" class=\"yoast-schema-graph\">{\"@context\":\"https:\\\/\\\/schema.org\",\"@graph\":[{\"@type\":\"Article\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/#article\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/\"},\"author\":{\"name\":\"therwd.com\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"headline\":\"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga\",\"datePublished\":\"2012-08-08T09:42:17+00:00\",\"mainEntityOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/\"},\"wordCount\":389,\"commentCount\":3,\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"articleSection\":[\"Ubukungu\"],\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"CommentAction\",\"name\":\"Comment\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/#respond\"]}]},{\"@type\":\"WebPage\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/\",\"name\":\"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga - Umunyarwanda\",\"isPartOf\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\"},\"primaryImageOfPage\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/#primaryimage\"},\"image\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/#primaryimage\"},\"thumbnailUrl\":\"\",\"datePublished\":\"2012-08-08T09:42:17+00:00\",\"author\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\"},\"breadcrumb\":{\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/#breadcrumb\"},\"inLanguage\":\"en-US\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"ReadAction\",\"target\":[\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/\"]}]},{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/#primaryimage\",\"url\":\"\",\"contentUrl\":\"\",\"width\":\"222\",\"height\":\"227\"},{\"@type\":\"BreadcrumbList\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\\\/#breadcrumb\",\"itemListElement\":[{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":1,\"name\":\"Home\",\"item\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\"},{\"@type\":\"ListItem\",\"position\":2,\"name\":\"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga\"}]},{\"@type\":\"WebSite\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#website\",\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/\",\"name\":\"Umunyarwanda\",\"description\":\"The Rwandan\",\"potentialAction\":[{\"@type\":\"SearchAction\",\"target\":{\"@type\":\"EntryPoint\",\"urlTemplate\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/?s={search_term_string}\"},\"query-input\":{\"@type\":\"PropertyValueSpecification\",\"valueRequired\":true,\"valueName\":\"search_term_string\"}}],\"inLanguage\":\"en-US\"},{\"@type\":\"Person\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/#\\\/schema\\\/person\\\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2\",\"name\":\"therwd.com\",\"image\":{\"@type\":\"ImageObject\",\"inLanguage\":\"en-US\",\"@id\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"url\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"contentUrl\":\"https:\\\/\\\/secure.gravatar.com\\\/avatar\\\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g\",\"caption\":\"therwd.com\"},\"url\":\"https:\\\/\\\/www.therwandan.com\\\/ki\\\/author\\\/therwd-com\\\/\"}]}<\/script>\n<!-- \/ Yoast SEO plugin. -->","yoast_head_json":{"title":"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga - Umunyarwanda","robots":{"index":"index","follow":"follow","max-snippet":"max-snippet:-1","max-image-preview":"max-image-preview:large","max-video-preview":"max-video-preview:-1"},"canonical":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/","og_locale":"en_US","og_type":"article","og_title":"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga - Umunyarwanda","og_description":"Inzego zitandukanye z\u2019ubuyobozi bukuru bw\u2019igihugu zimaze igihe zisobanura ko uruhare rw\u2019Abanyarwanda mu kunganira ingengo y\u2019imari ya Leta rugiye kurushaho kuba runini nyuma y\u2019aho amahanga atangarije ko azahagarika inkunga yageneraga u Rwanda.","og_url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/","og_site_name":"Umunyarwanda","article_published_time":"2012-08-08T09:42:17+00:00","author":"therwd.com","twitter_card":"summary_large_image","twitter_misc":{"Written by":"therwd.com","Est. reading time":"2 minutes"},"schema":{"@context":"https:\/\/schema.org","@graph":[{"@type":"Article","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/#article","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/"},"author":{"name":"therwd.com","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"headline":"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga","datePublished":"2012-08-08T09:42:17+00:00","mainEntityOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/"},"wordCount":389,"commentCount":3,"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","articleSection":["Ubukungu"],"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"CommentAction","name":"Comment","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/#respond"]}]},{"@type":"WebPage","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/","name":"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga - Umunyarwanda","isPartOf":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website"},"primaryImageOfPage":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/#primaryimage"},"image":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/#primaryimage"},"thumbnailUrl":"","datePublished":"2012-08-08T09:42:17+00:00","author":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2"},"breadcrumb":{"@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/#breadcrumb"},"inLanguage":"en-US","potentialAction":[{"@type":"ReadAction","target":["https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/"]}]},{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/#primaryimage","url":"","contentUrl":"","width":"222","height":"227"},{"@type":"BreadcrumbList","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/hafashwe-ingamba-zo-guhangana-nikibazo-cyo-guhagarikirwa-inkunga\/#breadcrumb","itemListElement":[{"@type":"ListItem","position":1,"name":"Home","item":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/"},{"@type":"ListItem","position":2,"name":"Hafashwe ingamba zo guhangana n\u2019ikibazo cyo guhagarikirwa inkunga"}]},{"@type":"WebSite","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#website","url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/","name":"Umunyarwanda","description":"The Rwandan","potentialAction":[{"@type":"SearchAction","target":{"@type":"EntryPoint","urlTemplate":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/?s={search_term_string}"},"query-input":{"@type":"PropertyValueSpecification","valueRequired":true,"valueName":"search_term_string"}}],"inLanguage":"en-US"},{"@type":"Person","@id":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/#\/schema\/person\/989bb81b2eeef857abb5a737f9ab67a2","name":"therwd.com","image":{"@type":"ImageObject","inLanguage":"en-US","@id":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","url":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","contentUrl":"https:\/\/secure.gravatar.com\/avatar\/285303380296f314668f153a5ba824b1b307f15cfc801fd77e866a972e19d2c0?s=96&d=mm&r=g","caption":"therwd.com"},"url":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/author\/therwd-com\/"}]}},"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/890","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/users\/3"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=890"}],"version-history":[{"count":0,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/890\/revisions"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=890"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=890"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/www.therwandan.com\/ki\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=890"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}