Bannyahe: Umujyi wa Kigali urasaba ko urubanza rwapfundurwa!

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge i Kigali mu Rwanda rwaburanishije urubanza rw’imiryango isaga 75 yari ituye i Nyarutarama aho abaturage baheruka kwimurwa ku ngufu. Ni ku ngingo yo kwimurwa kubw’ibikorwa by’inyungu rusange.

Umujyi wa Kigali wari wasabye ko habaho gupfundura urubanza rwaburaga igihe gito ngo rusomwe. Uravuga ko wabonye abaturage bawusaba ubuhuza. Bamwe muri Abo baturage batsembeye urukiko ko umujyi wa Kigali ubabeshyera kuko wabategetse kwimuka ku gahato nyuma yo kubambura ibyangombwa by’imitungo yabo.

Uravuga ko wabimuye ku neza bo bakavuga ko wabimuye ku gahato nyuma yo kubafungiraho amazi n’umuriro.

VOA