Rwanda: Ubuzima butoroshye bw’abarimu mu mpamvu zituma ireme ry’uburezi rikomeza kwangirika

Minisitiri w’Uburezi: Dr. Eugène Mutimura

Yanditswe na Jean Michel Twagirayezu

Akabaye icwende ntikoga, n’iyo koze ntigacya, Abarimu bavuga ko umushahara muto utuma batagira inzu zabo babamo’ naho REB iti ‘Hari uburyo buzabafasha buri gutekerezwa’, ngayo nguko naho Ireme ry’Uburezi mu Rwanda ripfira burundu bikagera n’aho umunyeshuri arangiza kaminuza atakwiyandikira igitabo, ahubwo hagakorwa icyo bise ”Kudoda igitabo ” (kudodesha igitabo bisobanura kwandikisha igitabo ku undi muntu kuko wowe uba utazi n’iyo bigwa kandi ngo uba uri kurangiza kaminuza! Akenshi abarangiza Kamunuza mu Rwanda bandikirwa ibitabo n’abari muri Gereza!)

Abarimu batandukanye bavuga ko umushahara muto bahabwa utuma bagorwa no kwiyubakira amazu yo guturamo bakavuga ko n’inguzanyo bahabwa n’Umwarimu Sacco itaborohereza kuba yabafasha kuyubaka, umwarimu muri kaminuza ya INATEK witwa Habakubaho J.M.V, ihereyeye i Kibungo mu karere ka Ngoma yatangarije itangazamakuru ko ireme bahanga mu banyeshyuri bahiga risa n’aho batangira bundi bushya kuko muri segonderi bahava nta kintu baba bazi, ibi biviramo bamwe kurangiza batazi kwiyandikira igitabo, ndetse yakomoje kukuba ababaha ubumenyi mu masegonderi baba nabo batanabufite, uretse kwifasha ko bahabwa umushahara muto

Ikigo cy’igihugu cy’Uburezi (REB) kikavuga ko hari gutekerezwa umushinga uzabafasha kubona amacumbi bishyize hamwe na leta ikabunganira” aha leta ivuga kububakira amazu bagakomeza bayakodesha kuko ari abarimu ba leta. Gusa kuri iyi ngoma ya Kagame utangiye gushaka imisanzu mu baturage ntimubyitege kabisa”

Umushahara w’abarimu ngo ntuborohereza kuba bakubaka, Umwe mu barimu na none wa 2 waganiriye na Radio Rwanda dukesha iyi nkuru wigisha mu mashyuri yisumbuye  yavuze ko bitewe n’umushahara muto bahabwa bitaborohera kubaka ndetse ngo no kuba bakwaka inguzanyo yo kubaka m’ Umwarimu Sacco nabyo ntibyoroshye kuko icyo kigega bashyirirweho kidapfa gutanga bene iyo nguzanyo kuko kubaka bisaba ubushobozi buhambaye nyamara umwarimu Sacco bawuguzamo amafaranga yo gukora ibikorwa bisanzwe nko kwishyura amashuri y’abana n’utundi tuntu duto duciriritse.

Yagize ati “Duhora tuguza nk’amafaranga yo kurihira abanyeshuri kandi n’ubwo tuba twemera kurihira abana bacu, iyo bavuye hasi duhembwa ipfa ntikire, bazamuka nta reme ry’uburezi, nayo tukagenda tuyishyura ariko mu buryo butatworoheye, urumva uba wigomwe cyane, reba uba uhembwa amafaranga make cyane, kugira ngo umwarimu yubake inzu ye muri iki gihe ntabwo byoroshye, ubu se wagura ikibanza? ubwo urumva ku myubakire n’ibintu bidukomereye cyane nk’abarimu ugereranyije n’imishahara yacu”

Umuyobozi mukuru wa REB, Gasana Janvier avuga ko harimo kwigwa umushinga wazafasha abarimu kubaka amazu bishyize hamwe bitabasabye inguzanyo m’Umwarimu Sacco kuko yashyiriweho gusabwamo inguzanyo zo kwiteza imbere, gusa akabizeza ko bishyobora kuzakorwa nyuma y’imyaka 10 kuko bisaba ngo ko n’abaturage biyumvamo gutanga imisanzu, ndetse n’abakunda kujya kugura ibintu mu masoko bagasabwa kujya babaza umugurisha inyemezabwishyu kugirango leta ibone iko yaka umusanzu uwo mucuruzi.

Yagize ati “Turimo turatekereza y’uko aho kugira ngo bagumye bake inguzanyo muri Sacco zo kubaka inzu kandi mu by’ukuri Sacco yarashyiriweho kwiteza imbere, noneho bakaba barimo baka inguzanyo inyinshi muri zo ari izo kubaka amacumbi noneho ugasanga iby’iterambere byo barasa nk’ababishyize ku ruhande, turimo gutekereza ukuntu muri ino gahunda rusange yo gushyiraho imidugudu y’ibyitegererezo hirya no hino mu gihugu, n’aba barimu turajya tububakira ahantu hamwe nk’umudugudu, hanyuma tuzajya tubishyuza ducye ku kwezi tubereranye na buri Murezi, niba tutashishikariza abarimu kwishyira hamwe, ahubwo niba n’iyo banki inabafashije ikareba niba hari icyo yakora kibunganira ariko bakagira amazu meza”

Gasana Janvier ntatangaza neza igihe gusa (akagaragaza ko bizakorwa muri iyi myaka 10) uyu mushinga uzashyirirwa mu bikorwa kuko avuga ko ukiri gukorerwa inyigo ngo ushyikirizwe inzego zishinzwe kuwushyira mu bikorwa ngo ziwusuzume kandi ziwemeze.

Agasoza avuga ko ibintu ari buhoro buhoro gusa ngo abijeje ko mu myaka 10 bazaba bagerageza kugicyemura, naho ubu bakaba baborohereza mu gucumbika mu mazu leta yubatse yita ko ari imidugudu y’Abarezi, aho usanga baba hamwe nk’abanyeshyuri muri Dorotwari.