Ubuyobozi bw’ishyaka rya Opozisiyo, ISHEMA ry’u Rwanda, bushimishijwe no kumenyesha abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abanyamakuru, abayobozi b’amashyaka ya Politiki n’abahagarariye amashyirahamwe ya Sosiyete sivile ndetse n’abanyarwanda bose muri rusange ibi bikurikira :

  1. Igihe kirageze cyo kujya gukorera politiki mu Rwanda nk’uko Ishyaka ISHEMA ryabyiyemeje.
  2. « Kunga abenegihugu kugira ngo bafatanye kwiyubakira u Rwanda moderne », ni wo mushinga Ishyaka ISHEMA ryifuza kugeza ku Banyarwanda.
  3. Bwana Padiri Thomas NAHIMANA, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka ISHEMA ry’u Rwanda akaba n’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ya 2017, n’ikipe ayoboye bazahaguruka ku mugabane w’u Burayi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2016 ku isaha ya saa kumi n’iminota 50 z’umugoroba (16: 50). Ikibuga cy’indege bazahagurukiraho ni Paris Charles de Gaulle mu Bufaransa.
  4. Bazasesekara i Kigali kuwa Gatatu tariki ya 23 Ugushyingo 2016 ku isaha ya saa munani n’iminota 55 z’amanywa (14 :55).
  5. Turashishikariza ababyifuza bose kuzaza kuduherekeza i Paris no kudusanganira i Kigali.

Demokarasi ni urugamba rugoye, ntidushobora gusongongera ku byiza byayo hatabonetse abenegihugu b’intwari biyemeza kuyitangira.

Harakabaho u Rwanda ruha abana barwo bose amahirwe angana.

Bikorewe i Le HAVRE kuwa 21 Ugushyingo 2016.

 

Chaste GAHUNDE Umunyamabanga Nshingwabikorwa ISHEMA ry’u Rwanda
Chaste GAHUNDE
Umunyamabanga Nshingwabikorwa
ISHEMA ry’u Rwanda