Ingingo nshya y’167 = ” ITEGEKO-GASHOZAMVURURU” mu Rwanda !

    Padiri Thomas Nahimana

    Ubwo ibyahoze byitwa Inzego nkuru z’Igihugu zishinzwe kuvugira rubanda no kurengera inyungu rusange zirangije kwerekana ko mu by’ukuri zibereyeho gusigasira inyungu bwite z’umuntu umwe gusa,  ni ngombwa rero ko RUBANDA ihaguruka ikivugira.

    Inzego 3 arizo Guverinoma kimwe n’ Inteko  Nshingamategeko  mu mitwe yayo  yombi,ari uw’Abadepite  ari n’uw ‘Abasenateri  ,  zihisemo kwitandukanya na rubanda izuba riva.  Koko rero abagize  izo nzego uko ari  eshatu  berekanye  bidasubirwaho ko  ntaho  bagihuriye  n’ibyifuzo  nyakuri  by’abaturage bamaze kuzahazwa n’imyaka irenga 21 y’ingoma y’igitugu n’iterabwoba  rikaze ya  FPR-INKOTANYI .

    Berekanye ko bashishikajwe no gusuzugura inyungu rusange z’abenegihugu bose bakazisimbuza “inzara n’inyota bidashira” by’umunyagitugu umwe rukumbi, mu kwiyemeza gusiribanga  Itegekonshinga ryari ryaratowe n’abaturage mu mwaka  w’2003, cyane cyane mu ngingo yaryo  y’101  igira ati  :

    “Prezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka irindwi. Ashobora kongera gutorwa inshuro imwe. Nta na rimwe umuntu yemererwa gutorerwa manda zirenze ebyiri ku mwanya wa Perezida wa Repubulika” . Iyi niyo ngingo y’itegeko rigikurikizwa kugeza uyu munsi,niyo ikwiye gukomeza gukurikizwa  kandi niyo twemera.

    Berekanye  ko  ntacyo bacyubaha   mu gutinyuka gukora kuri iriya nkingi ya mwamba (Ingingo y’101 yo mu 2003) bagamije kuyisimbuza indi y’AGAKAGAKINGIRIZO itazigera ikurikizwa dore ko batangiye kuyitesha agaciro no kuyica inyuma mu gihe  itaranemezwa ! Iyo ngingo iramutse yemejwe yazaba iteye itya  :

    “Perezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka itanu (5). Ashobora kongera gutorerwa indi manda imwe gusa”. Ibigambo gusa byo kujijisha rubanda!

    Berekanye ko bagamije  guheza rubanda  ku ngoyi y’igitugu n’ubuja  mu bashake bafite bwo kwimika IKIGIRWAMANA  ngo kidasa  n’abandi Banyarwanda , cyemererwa manda z’imyaka 7 zidashobora kwemererwa abandi Benegihugu….. bakaba babigaragarije mu kwandika  no kwemeza ingingo  y’urukozasoni  y’167, ishaka kugira itegeko ridakuka aya matakirangoyi y’abafatwaga  nk’Abadepite n’Abasenateri bahembwa akayabo gaturutse mu cyuya cya rubanda:

    “Perezida wa Repubulika uriho mu gihe iri Tegeko Nshinga rivuguruwe ritangira gukurikizwa akomeza manda yatorewe.

    Ibiteganywa mu ngingo ya 101 y’iri Tegeko Nshinga rivuguruwe bitagira gukurikizwa nyuma ya manda y’imyaka irindwi  (7) itagira nyuma y’isozwa rya manda ivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo.

    Hitawe ku busabe  bw’Abanyarwanda bwabaye mbere y’uko iri  Tegeko Nshinga rivuguruye ritangira gukurikizwa, bushingiye ku bimaze kugerwaho mu kubaka u Rwanda no kubaka umusingi w’iterambere rirambye,Perezida wa Repubulika urangije manda ivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo ashobora kongera gutorerwa manda y’imyaka irindwi (7).

    Perezida wa Repubulika ushoje manda y’imyaka irindwi  (7) ivugwa mu gika cya gatatu  (3) cy’iyi ngingo ashobora gutorwa nk’uko biteganywa mu ngingo ya 101 “.

    Harya ngo ubuhake bwaraciwe mu Rwanda? Abaja baruta abanditse iyi ngingo wabakura he kuri iyi si ya Rurema?!

    Mu by’ukuri iyi ngingo y’167 bashaka kutwemeza si  Itegeko risanzwe,  ni AGASOMBOROTSO,  ni IGITERO  Kagame n’abaja be bongeye kugaba ku  Banyarwanda!  Ubu koko twese tuzinge imirizo, twituramire,  Kagame akomeze atugaraguze agati uko yishakiye, kuzageza mu mwaka w’2034 ?

    URUGAMBA  rwo kwibohoza ruje  rwatangira

    Ubwo bigeze  ku cyiciro cyo gusubiza  Abenegihugu  ijambo ngo bavuge  niba  bemeye  cyangwa batemera gukomeza kugirwa ka gatebo kayora ivu,  IGIHE NI IKI nyine.

    (1)Ndasaba Abanyarwanda benshi bashoboka ko bafunga umwuka bakitabira gutora  OYA-OYA-OYA muri  Referendum  yegereje.

    (2)Gusa kubera  ko tuzi  ko ingeso  ya  TORA AHA ntaho yagiye kubera ko yabaye  karande  kwa FPR-INKOTANYI  , turasanga  abaturage  bakwiye kwitegura kunyura mu buryo bwose bushoboka  ririya tegeko-gashozamvururu tukaribuza  gusenya u Rwanda  indi  myaka 17  !

    (3)Mu Ishyaka ISHEMA  ry’u Rwanda dukomeje kwemeza ko Revolisiyo ya Rubanda ariyo  nzira  ikwiye.  Igihe cyayo ni ikingiki !

    (4)Tuzashyigikira umwenegihugu wese cyangwa itsinda ry’abenegihugu rizahaguruka, maze mu nziza yose ibabangukiye bakagira uko bumvisha ziriya NZEGO zicyuye igihe ko guhera taliki ya mbere Nyakanga 1962 u Rwanda ari Repubulika  kandi  Repubulika ikaba itagikeneye kuyoborwa n’IBIGIRWAMANA  cyangwa ABAMI biyimitse.

    (5)Hakenewe  Perezida mushya utowe na rubanda,  agahabwa manda isobanutse,yarangira agahigama nta yandi mananiza,hagatorwa undi. Mu 2017 tugomba kwitorera Perezida mashya, ni we utegerejwe.

    (6)Nk’uko uwari Perezida Paul  Kagame ariho arangiza umubare wa manda agenerwa n’Itegeko Nshinga, igihe cye cyo kugenda adasasa imigeri ni iki nyine.  U Rwanda si umunani yasigiwe  na se,  niyegame twitorere  abayobozi  bashya.  Niba kandi  yiyemeje gukomeza gufata bugwate u Rwanda rwose kuzageza mu 2034, akwiye kurwanywa mu nzira zose zishoboka.

    (7)Icyo nzi neza ni uko IMPINDUKA ije kandi akaba ntawe ugishoboye kuyihagarika. Banyarwanda nimukanguke kandi buri wese yitegure gutanga Umuganda we wubaka.

    (8)Iri TEGEKO-GASHOZAMVURURU (Ingingo ya 167) ntirikwiye guhita, nirihita ntirizakurikizwa.  Nk’abenegihugu basonzeye kubaho batari INDOREREZI n’ABAGERERWA mu Rwababyaye, ntidushobora kuryemera.
    Tugire amahoro.

    Padiri  Thomas Nahimana, ISHEMA ry’u Rwanda

    Umukandida mu matora ya Perezida ya 2017.