NTUZANKUNDE MU CYUNAMO GUSA: Amata mutatanze mu Ukwakira no muri Mata ntimuzankamire.

Yanditswe na Dady De Maximo Mwicira-Mitali

Hahahahhah nanga indyarya zimwe mu bayobozi, mu bantu aho hose, umuntu ukamwinginga kugera naho urondogora ubuzima bwawe umuganyira utera imbabazi ngo wenda yakumva akagufasha aho umukeneye! Ashwiiiii akagusubiza yishongora iyo atakwihoreye cyangwa ngo agutarange ; Ariko icyunamo cyagera akibuka ko utagira umuryango n’ubukire nkubwe, akibuka ko nta So ngo akurwanirire akaba uwambere mu gupostinga yigize ukunda imfubyi, abapfakazi n’abababaye ?!!!! Imbabazi utangiriye muri Nzeri ntuzazingirire muri Mata.

Nundi wese wibuka isano dufitanye ibihe bibi twanyuzemo ari uko bigeze nyemerera nkwibutse isano ntarerura ngo nkwite ko uri umutindi umwe mubi sinkibatinya murutwa n’imva n’ibituro kubabifite kuko byo biduhumuriza bidakomye kandi mwe muhari mwaramaze kunaga amajosi.

Uzi aho yavuye ntiyakwiremereje kuko n’imfura zambitswe ubusa ku gasi nkatswe twe. Ntacyo twatanze ngo Uwiteka Aturokore mugabanye kwibagirwa, ubwishongozi erega n’abarahiriye ku ibendera twubaha igihe kiragera Isi ikabota zikabarya peee intoki n’inshishi.

Uwabonye imfura mu miringoti ntiyakwiye kumanika ijosi. Icyo utankoreye mu yandi mezi ntuzakibuke mu cyunamo hari abagihoramo bagifite ubumfura batanabasha kubyuka.

Sinzarenzaho nanga indyarya n’inkundo zidatinda zigurumana nk’amashara.

Amata mutatanze mu Ukwakira no muri Mata ntimuzankamire.

Hanyuma wowe wakoze amaraso usoma ibi ntugirengo abo ngeneye ibi urabaruta wowe usibye no kuba impyisi uri rusahuzi iyo udahekura ntanuba yinginga abo mvuze ruguru muri make ceceka uce bugufi ikibi kigira aho gikomoka.