Rwanda:Umuryango wa Rwigara Urashinja Leta Kwigarurira Ibibanza Byawo

Leta y’u Rwanda kuwa Mbere yatangaje ko itangiye gahunda yo kwaka abantu ubutaka bwabo buri mu mujyi wa Kigali badakoresha uko bikwiye. Ubutegetsi buravuga ko ari ibibanza byagombye kuba byubakwaho inzu zigendanye n’umurwa mukuru w’u Rwanda.

Kuri uyu wa Kane, umuryango wa Nyakwigendera Assinapol Rwigara watabaje uvuga ko abakozi b’Umujyi wa Kigali baraye bazitira ikibanza bafite mu Kiyovu. Nk’uko Mme Adeline Rwigara yabitangarije Ijwi ry’Amerika. Yavuganye n’umunyamakuru Venuste Nshimiyimana. Madame Adeline Rwigara yabanje kumusobanurira uko ikibazo giteye.