Centrafrique:Umusirikare w’u Rwanda yiyahuye yirashe!

    Amakuru aturuka i Bangui muri Centrafrika aravuga ko umusirikare w’u Rwanda wari muri icyo gihugu mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye yapfuye yirashe.

    Ibi biremezwa na Ministeri y’ingabo i Kigali mu ijwi ry’umuvugizi wayo Brig Gen Joseph Nzabamwita mu itangazo yashyize ku rubuga rwayo Kigali.

    Nk’uko iryo tangazo ribivuga uwo musirikare witwa Pte Ngabo Jean Claude yirashe kuri iki cyumweru tariki ya 22 Ugushyingo 2015, ngo kuri ubu ingabo z’u Rwanda n’ingabo za ONU ngo zirimo gukora iperereza ngo hamenyekane icyateye uku kwiyahura. Itangazo risoza rivuga ko umuryango wa nyakwigendera wamenyeshejwe urwo rupfu.

    Si ubwa mbere umusirkare w’u Rwanda aguye mu mahanga yiyahuye cyangwa yishwe na mugenzi kuko uretse muri Centrafrika uheretse kwica bagenzi be no muri Haiti umupolisi yishe mugenzi we nawe aboneka yapfuye ntawamenya niba yarishwe

    Email: [email protected]