Gatanazi asanga amwe mu makosa yakozwe 1992-1994 ari kugaruka ubu

Yanditswe na Frank Steven Ruta

Umunyamakuru w’Umunyarwanda Etienne Gatanazi asanga hari amakosa itangazamakuru n’inzego bigwamo ashobora gutuma bisanga basubiramo ayakozwe hagati y’umwaka wa 1992, 1993 na 1994.

Ibi Etienne Gatanazi abishingira ku kuba hari Abanyarwanda b’ingeri zinyuranye barimo n’abanyamakuru babiba urwango, batukana, basebya abandi bikareberwa. Akagira ati : “Dushobora kuzisanga mu bihe bisa n’ibyo muri iriya myaka”.

Umunyamakuru Gatanazi anavuga ku gipimo cy’ubwisanzure bw’Itangazamakuru mu Rwanda, akagaragaza ko n’ubwo butari bwose ku gipimo gihanitse, ariko ngo uko biri kose, hari ubuhari uko bwaba bungana kose. Ibi akabyemeza atanga urugero ko hari nibura ibibasha kuvugwaho bishobora kudakunda ko bivugwa muri Leta zimwe na zimwe.

Etienne Gatanazi avuga kandi ko kunenga kw’abanyamakuru bitagamije gusebya Leta, ahubwo biyifasha gukora akazi kayo, kuko iba yatungiwe agatoki aho ikwiye kunoza.

Byose biri mu kiganiro Etienne Gatanazi yagiranye n’Umunyamakuru John Williams Ntwali kuri PAX TV/IREME News ikorera i Kigali mu Rwanda.

Tega amatwi (Video) ikiganiro kirambuye: