Isubukurwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Perezida Habyalimana, abatangabuhamya 2 bashya ni bande?

    Perezida Habyalimana mu 1992

    Umucamanza w’Umufaransa ukora amaperereza ku byaha by’iterabwoba, Marc Trevidic, agiye gusubukura iperereza yari yaravuze ko yarangije ku iraswa ry’indege y’uwari umukuru w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana.

    Hari hashize amezi make Marc Trevidic n’umucamanza bafatanije, Natalie Poux, barangije iryo perereza.

    Icyari kirindiriwe ubungubu kwari kumenya niba hari kuzaba urubanza cyangwa ntirube, rw’abakekwa kuba inyuma y’ihanurwa ry’iyo ndege.

    Naho umucamanza Trevici atamenyesheje impamvu z’iryo subukurwa, hari abibaza ko yaba afite amakuru mashya. Byatangiye kuvugwa ko haba hari abandi batangabuhamya 2 biyemeje gutanga ubuhamya, amakuru atangazwa na Radio y’abafaransa RFI aravuga ariko ko muri abo batangabuhamya nta Gen Kayumba Nyyamwasa urimo.

    Ku ruhande rw’abahagarariye imiryango y’abaguye mu ndege ngo ntabwo aribo batanze abo batangabuhamya, naho ababuranira uruhande rwa Leta ya Perezida Kagame bo baravuga ko ibi ntacyo bivuze ko bazogera bagasaba ko abo baburanira bagirwa abere nk’uko bari babigenje mbere.

    Amakuru ahwihwiswa atarabonerwa gihamya gifatika aravuga ko Leta y’u Rwanda yaba yakoresheje undi muvuno wo gusubiza i rudubi ibijyanye n’ihanurwa ry’indege ya Perezida Habyalimana ku buryo ubu ngo abo batangabuhamya bashya 2 n’ubwo batavuzwe amazina bashobora kuba ari ba jenerali Marcel Gatsinzi na Paul Rwarakabije bahoze mu ngabo z’u Rwanda (FAR).

    Ubwanditsi

    The Rwandan

    Email: [email protected]