U Rwanda Ngo Ruzakira Ababaye Abere n’Abarangije Ibihano Bakatiwe na ICTR/IRMCT

Alain Mukuralinda wungirije Umuvugizi wa Leta y'u Rwanda

Leta y’u Rwanda iravuga ako yiteguye kwakira Abanyarwanda baherutse kwirukanwa mu gihugu cya Nijeri. Uwungirije umuvugizi wa Leta, Alain Mukuralinda yabwiye Ijwi ry’Amerika ko bariya Banyarwanda 8 bababye abere imbere y’urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda abandi bakaba barangije ibihano.

Avugana n’umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Venuste Nshimiyimana, Umuvugizi wungirijwe wa Leta y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko badashobora gukurikiranwa n’inkiko zo mu Rwanda ahubwo ko bazahabwa ibyangombwa byabo bakabaho nk’abandi Banyarwanda bishyira bakizana.